Leta yatangiye umushinga wo kongera amafaranga itanga y’ifunguro ku ishuri

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Werurwe 2022, ubwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, ushinzwe Ikoranabuhanga, Amashuri y’Imyuga n’Ubumenyingiro, Irere Claudette yitabiraga inama y’uburezi yamuhuje n’abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu karere ka Kayonza, yatangaje ko Leta yatangiye umushinga wo kongera amafaranga itanga kugira ngo buri mwana afate ifunguro ku ishuri. Iyi nkuru ije ari nk’igisubizo kuko ubusanzwe umunyeshuri abarirwa amafaranga 150 Frw yo kurira ku ishuri, Leta itanga amafaranga 56 Frw naho umubyeyi agatanga 94 Frw, ibi ubuyobozi bunyuranye bw’ibigo by’amashuri byakomeje kwerekana ko ari ikibazo cyane ko…

SOMA INKURU

Byahinduye isura muri Ukraine

Ingabo za Ukraine “zirimo kongera igitutu” ku ngabo z’Uburusiya ziri mu karere ko mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw’umurwa mukuru Kyiv, nkuko bikubiye mu isesengura rishya ry’ubutasi rya minisiteri y’ingabo z’Ubwongereza. Ukraine ikomeje gukora “ibitero byo kwigaranzura” Abarusiya hanze y’umurwa mukuru, nkuko ayo makuru abivuga, kandi Abanya-Ukraine bashobora kuba bisubije imijyi ya Makariv na Moschun. Minisiteri y’ingabo z’Ubwongereza irasesengura iti “Igishoboka kirimo gushyira mu gaciro ni uko ingabo za Ukraine ubu zishobora kugota imitwe y’abasirikare b’Uburusiya i Bucha n’i Irpin”. Abategetsi bo mu gisirikare cy’Ubwongereza bavuga ko ingabo z’Uburusiya ziri ku…

SOMA INKURU

U Rwanda rwizihije isabukuru y’imyaka 52 y’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa

Kuri iki Cyumweru tariki 20 Werurwe 2022, u Rwanda rwifatanyije n’ibindi bihugu mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 52 y’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa “OIF”, runashima intambwe nziza umaze gutera mu guhaza ibyifuzo by’urubyiruko, kuko ari rwo ejo hazaza hawo. Mu butumwa bwe kuri uyu munsi mpuzamahanga wa Francophonie wizihizwa tariki 20 Werurwe buri mwaka., Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yavuzeko u Rwanda ruzakomeza gushyigikira ibikorwa bya “OIF”. Yagize ati “Kuri uyu munsi ubwo twizihiza ururimi rw’Igifaransa n’Umuryango wa Francophonie, nongeye gushimangira ko u Rwanda ruzakomeza gushyigikira ibikorwa bya OIF, hamwe…

SOMA INKURU

U Burusiya bwakoresheje intwaro karundura mu guhashya Ukraine

Bwa mbere mu ntambara yo muri Ukraine, u Burusiya bwakoresheje ibisasu byabwo bizwi nka Kinzhal hypersonic missiles, bigendera ku muvuduko urenze uw’ijwi, hagamijwe gusenya ububiko bw’intwaro Ukraine yahawe n’ibihugu by’i Burayi, mu burengerazuba bwa Ukraine. Ibiro ntaramakuru byo mu Burusiya, Interfax byatangaje ko ari ubwa mbere ibyo bisasu bikoreshejwe kuva tariki 24 Gshyantare ubwo ingabo zabwo zinjiraga muri Ukraine. U Burusiya ni kimwe mu bihugu bifite intwaro zigezweho kandi zikomeye. Mu Ukuboza umwaka ushize Perezida Vladimir Putin yavuze ko aricyo gihugu cya mbere kiyoboye mu bisasu byihuta bizwi nka hypersonic…

SOMA INKURU

U Burusiya bwafatiye ibihano binyuranye ibihangage binyuranye byo ku isi

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, ni umwe mu bayobozi bafatiwe ibihano n’u Burusiya aho batemerewe gukandagiza ikirenge cyabo i Moscow. Urwo rutonde rw’abafatiwe ibihano rurimo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken; ushinzwe ibikorwa bya gisirikare, Lloyd Austin; ushinzwe itangazamakuru, Jen Psaki n’abandi. Hariho kandi abahoze mu buyobozi bukuru bwa Amerika nka Hillary Clinton wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga ndetse n’umuhungu wa Biden witwa Hunter. Imitungo yabo iri mu Burusiya yamaze gufatirwa ndetse ntibemerewe no kwinjira muri icyo gihugu. Gusa ku rundi…

SOMA INKURU

Ukraine irishyuza u Burusiya asaga miliyari 500 z’amadorali

Minisitiri w’Intebe wa Ukraine, Denys Shmyhal, yatangaje ko igihugu cye kimaze guhomba miliyari 500$ z’ibintu byangirikiye mu ntambara u Burusiya bwagishojeho mu minsi 20 ishize. Uyu muyobozi yashimangiye ko Guverinoma ya Putin ariyo izishyura ibyo byose mu gihe urugamba ruzaba rurangiye. Shmyhal ntabwo yigeze asobanura mu buryo burambuye uko gusana ibyo byangiritse bizakorwa cyangwa se niba mu gihe Ukraine izaba itsinze urugamba nabwo ari u Burusiya buzishyura ibyangiritse gusa yakomoje ku mitungo y’Abarusiya yafatiriwe hirya no hino. Yanavuze ko mu gusana ibyangiritse, igihugu cye cyiteguye gusaba inkunga ibihugu by’inshuti. Yabigarutseho…

SOMA INKURU

Uburusiya bwatangiye guhungabanwa n’ibihano bwafatiwe

Minisitiri w’Imari w’Uburusiya Anton Siluanov yemeje ko binyuze mu bihano bwafatiwe n’ibihugu byo mu Burayi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, hafatiriwe hafi kimwe cya kabiri cy’ubwizigame iki gihugu cyari gifite muri zahabu no mu mafaranga y’amahanga bifite agaciro ka miliyari hafi 300$. Yagize ati “Dufite ubwizigame bwose bugera muri miliyari 640$, ariko ubugera kuri miliyari hafi 300$ ubu ntidushobora kubukoresha.” Yari mu kiganiro na Televiziyo Rossiya 1 ku Cyumweru. Yongeyeho ko ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi birimo gushyira igitutu k’u Bushinwa, kugira ngo nabwo bugabanye ubucuruzi burimo gukorana n’u…

SOMA INKURU

Abaturage bo ku kirwa cya Gihaya baratabaza

Abatuye ku Kirwa cya Gihaya barifuza kwimurwa bagatuzwa ahegereye ibikorwaremezo bakeneye dore ko aho batuye bigoye ko bihagezwa, gusa babangamiwe n’uko bahabwa ingurane idashyitse ku butaka bwabo. Umushoramari uteganya kuhubaka hoteli, mu myaka yashize yagiyeyo agurira imiryango 26, aho ayimuye ahatera ubusitani. Abatuye kuri iki kirwa bifuza ko Leta yabimura ikabatuza nk’uko ituza indi miryango itishoboye, cyangwa umushoramari akaba ingurane ikwiye bakimukira ahamaze kugezwa ibikorwaremezo. Kugeza ubu ikibazo bafite ni uko umushoramari, ubutaka bwabo abubarira amafaranga make, atatuma batangira ubuzima ahandi igihe baba bavuye kuri iki kirwa. Milindi Emmanuel yavuze…

SOMA INKURU

Ibitero by’Uburusiya bikomeje gushegesha Ukraine, ari nako hatangwa integuza mu gihugu cyose

Amabombe yatewe n’Uburusiya mu mijyi ya Severodonetsk na Rubizhne mu ntara ya Luhansk yasenye inyubako zitari nke anatuma habaho inkongi y’umuriro, nk’uko bivugwa n’ikigo cy’ubutabazi cya Ukraine, State Emergency Service (SES). Aya makuru aje mu gihe amafirimbi ateguza ibitero by’indege yumvikana hafi mu gihugu cyose, nk’uko byanditswe n’ikinyamakuru Kyiv Independent. Iki kinyamakuru cyanditse kiti “Amafirimbi yo kuburira avugira hafi mu ntara zose za Ukraine”. Inzu zigera kuri 60, harimo n’iz’abigenga, zatewe amabombe mu ijoro ryakeye, ariko ibyangijwe byose bikaba bitaramenyekana nk’uko bivugwa na leta. SES yanditse ku rubuga rwa Instagram…

SOMA INKURU

Centrafrique: Ingabo z’u Rwanda zikomeje guha abaturage ubufasha bunyuranye

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga Amahoro muri Centrafrique (MINUSCA), zatanze serivisi z’ubuvuzi ku baturage bo mu karere ka Bossembele nka kimwe mu bikorwa bihuza abasivile n’abasirikare ku wa 12 Werurwe 2022. Izo serivisi zahawe abaturage zirimo gupima indwara zitandura zirimo umuvuduko w’amaraso, malaria no kuvura abo byagaragaye ko barwaye. Umuyobozi w’Akarere ka Bossembele, Aristide Semungubo yashimiye ingabo z’u Rwanda ku kubungabunga amahoro no gutanga ubufasha mu by’ubuvuzi ku baturage bo muri aka gace. Yashimangiye ko serivisi zatanzwe zizagira uruhare mu guhindura ubuzima bw’abazihawe bukarushaho kuba…

SOMA INKURU