Akarere ka Rutsiro kahawe umuyobozi mushya, haravugwa byinshi ku iseswa rya Njyanama

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, rivuga ko “hasheshwe Inama Njyanama y’akarere ka Rutsiro nyuma yo kubona ko ubuyobozi bw’aka karere bwateshutse ku nshingano zabwo”. Prosper Mulindwa yagizwe umuyobozi w’agateganyo w’aka karere. Amakuru yemeza ko ibibazo byari mu Kkrere ka Rutsiro bishingiye ku kudakorana hagati ya Komite Nyobozi y’akarere. Mu minsi ishize, aka karere kavuzwe mu bucukuzi budahwitse bwa kariyeri bwagejeje n’aho ku wa 23 Gicurasi 2023, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yandikira Guverineri w’Intara amusaba ibisobanuro, amuha iminsi irindwi yo kuba yabitanze. Muri…

SOMA INKURU

Imigabo n’imigambi y’ubuyobozi bushya wa FERWAFA

Kuwa Mbere, tariki ya 26 Kamena 2023, ni bwo habaye ihererekanyabubasha hagati ya Munyantwali Alphonse uheruka gutorerwa kuyobora FERWAFA na Habyarimana Matiku Marcel wayoboye inzibacyuho y’iminsi 39, uzanakomeza kuba Visi Perezida wa Mbere ushinzwe Imiyoborere n’Imari, bemeje ko bashyize imbere guha isura nziza iri Shyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda. Mu ihererekanyabusha ryabaye nyuma yo gutangira inshingano ze, yasabye ubufasha abo bazafatanya mu rwego rwo guha FERWAFA indi sura itandukanye n’imenyerewe. Ati “Akazi mwashoboye muri bane ntabwo katunanira tungana gutya. Dufite inshingano ziremereye. Abanyamuryango, abanyarwanda n’abafatanyabikorwa badutegerejeho byinshi. Ibyo dukora byose…

SOMA INKURU

NIRDA awards best innovators in Smart Agro Processing hackathon

 The National Industrial Research and Development Agency (NIRDA) on Friday awarded young innovators who participated in Innovate for Smart Agro-Processing hackathon; a competition that brought together innovators who came up with innovative ideas around Modern Agro Processing. The event took place in Kigali at NIRDA STEM for Industry laboratory. The selected projects were incubated through NIRDA STEM for Industry Lab and NIRDA life Sciences laboratory and were turned into tangible projects for three months. During the event to award the best projects in Innovate for Smart Agro Processing hackathon, innovators…

SOMA INKURU

Kayonza: Abaturage beretswe uburyo ubuhinzi bwaba inzira y’ubukire

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Musafiri Ildephonse, yasabye abaturage bashaka gukira ko bashora imari mu buhinzi, kuko ari umwuga ushobora kuzamura imibereho y’uwukora. Yabitangaje kuri uyu wa gatanu tariki ya 16 Kamena 2023, ubwo yasuraga imishinga y’ubuhinzi itandukanye mu karere ka Kayonza akanifatanya n’abandi bayobozi mu guha impamyabushobozi abafashamyumvire mu buhinzi 255 bahuguwe mu ishuri ry’abahinzi mu murima. Umuyobozi w’akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, yagaragaje amahirwe y’imishinga ubuyobozi bw’Igihugu bwahaye abaturage ba Kayonza agamije guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, kuzamura imibereho myiza y’abaturage no kurwanya ubukene. Akaba yashimye uruhare rwa buri wese mu…

SOMA INKURU

Iby’urubanza rwa Karasira rukomeje gufata indi ntera

Ubushinjacyaha bwongereye ibyaha bibiri bishya ku byo bukurikiranyeho Karasira Uzaramba Aimable, birimo icyaha cyo kudasobanura inkomoko y’umutungo n’icyaha cy’iyezandonke. Ibi birego bije byiyongera ku byaha bitatu Karasira ugiye kumara imyaka ibiri afunzwe yari akurikiranyweho, ari byo guhakana Jenoside, guha ishingiro Jenoside, gukurura amacakubiri no gutangaza amakuru y’ibihuha. Karasira ntiyitabiriye iburanisha ryo kuri uyu wa Mbere tariki ya 19 Kamena 2023, aho byari biteganyijwe ko hagaragazwa raporo nshya ku buzima bwe bwo mu mutwe yakozwe muri uku kwezi ndetse, no kugira icyo bavuga kuri ibyo birego by’ibyaha bishya. Umunyamategeko wa Karasira,…

SOMA INKURU

Rwanda: Umusaruro mbumbe warazamutse, dore ahawuzamuye kurusha ahandi

Mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2023, Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wageze kuri miliyari 3.901 Frw uvuye kuri miliyari 3.021 Frw wari uriho mu gihembwe cya mbere cy’umwaka ushize. Ugereranyije n’igihembwe cya mbere cya 2022, Umusaruro mbumbe wiyongereye ku kigero cya 9,02%. Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarururishamibare, Yusuf Murangwa, yavuze ko izamuka rya 9,02% rigomba kujyana n’impinduka mu mibereho y’abaturarwanda. Ati “ Iyo ubukungu bwazamutse, tuba tugomba kubona imibereho y’abanyarwanda izamuka, iyo buzamutse bivuze ko baba bakoze imirimo, bakunguka. Iyo ubucuruzi bw’abantu badangaza bwazamutse biba bivuze ko abanyarwanda bari kugura. Nk’uko…

SOMA INKURU

U Burusiya bukomeje kwihimura kuri Ukraine

U Burusiya bumaze gushwanyaguza ibifaru 16 by’intambara Ukraine yahawe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bizwi nka Bradley fighting vehicles. Ni ibifaru byarashwe mu bihe bitandukanye mu minsi ishize nk’uko CNN yabitangaje ibikesha urubuga rw’Abaholandi, Oryx, rumaze igihe rukusanya amakuru y’ubutasi y’ibibera muri Ukraine. Ibifaru bya Bradley bigendera ku minyururu aho kuba ku mapine, bifite ubushobozi bwo gutwara nibura abasirikare icumi bagiye kurwana. Byifashishwa mu gutwara abasirikare, bikaba byakwifashishwa haraswa umwanzi washaka kubyitambika. Bivugwa ko iki gifaru kimwe kibarirwa miliyoni 3,2$. Muri Mutarama uyu mwaka nibwo Amerika yoherereje Ukraine ibifaru…

SOMA INKURU

Idosiye y’uwahoze ari umujyanama wa Tshisekedi ushinjwa gukorana n’u Rwanda igeze he?

Urukiko rw’ubujurire i Kinshasa rwimuye urubanza ruregwamo Fortunat Biselele wahoze ari umujyanama wa Perezida Tshisekedi, nyuma yo gushakisha dosiye ye mu bwanditsi bw’urukiko ikabura. Biselele yatawe muri yombi muri Mutarama uyu mwaka ashinjwa kubangamira ituze ry’igihugu no gukorana n’u Rwanda, nyuma y’ikiganiro yatanze mu itangazamakuru avuga ku mubano wa Perezida Tshisekedi n’ubuyobozi bw’u Rwanda mbere yo gushwana. Biselele yavuze ko Tshisekedi yashakaga ko u Rwanda rumufasha kubona abashoramari mpuzamahanga, bagateza imbere igihugu cye narwo rukabyungukiramo. Byari byitezwe ko kuri uyu wa kabiri humvwa abanyamategeko ba Biselele ku bujurire batanze bagaragaza…

SOMA INKURU

Impinduka zikomeye mu gisirikare cy’u Rwanda

Perezida Paul Kagame akaba n’umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) yirukanye mu gisirikare abofisiye 16 mu ngabo barimo Maj Gen Aloys Muganga na Brig Gen Francis Mutiganda. Général Major Aloys Muganga yahoze ari Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara guhera mu Ugushyingo 2018, umwanya yavuyeho muri Mata 2019 ubwo yagirwaga Umuyobozi ushinzwe ishami rya gisirikare rishinzwe ibikoresho. Brig Gen Mutiganda yahoze ari Umuyobozi w’agateganyo ushinzwe iperereza ryo hanze ry’igihugu, mbere yo kuvanwa muri izo nshingano mu 2018. Mu birukanywe kandi harimo abandi basirikare 116 ndetse n’abandi 112 amasezerano yabo y’akazi muri RDF araseswa,…

SOMA INKURU

Gakiriro-Kigali: Ibintu bikomeje guhindura isura

Nyuma y’inkongi z’umuriro zakomeje kwibasira mu Gakiriro ka Gisozi, bamwe mu bacururizagamo bararira ayo kwarika nyuma y’aho ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bufunze imiryango y’amaduka 130. Bamwe muri aba bacuruzi bari mu makoperative akorera mu Gakiriro ka Gisozi arimo ADARWA, COPCOM ndetse n’Umukindo na APARWA, batangaje ko babangamiwe cyane n’uburyo ubuyobozi bwabafungiye amaduka mu buryo butunguranye bubabwira ko ari mu rwego rwo kwirinda inkongi z’umuriro. Aba bacuruzi bavuga ko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwabafungiye amaduka nyuma y’aho mu minsi ishize hari agace gaherereye haruguru y’aho bakorera kafashwe n’inkongi ndetse umuntu umwe…

SOMA INKURU