Rwanda: Umusaruro mbumbe warazamutse, dore ahawuzamuye kurusha ahandi

Mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2023, Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wageze kuri miliyari 3.901 Frw uvuye kuri miliyari 3.021 Frw wari uriho mu gihembwe cya mbere cy’umwaka ushize. Ugereranyije n’igihembwe cya mbere cya 2022, Umusaruro mbumbe wiyongereye ku kigero cya 9,02%. Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarururishamibare, Yusuf Murangwa, yavuze ko izamuka rya 9,02% rigomba kujyana n’impinduka mu mibereho y’abaturarwanda. Ati “ Iyo ubukungu bwazamutse, tuba tugomba kubona imibereho y’abanyarwanda izamuka, iyo buzamutse bivuze ko baba bakoze imirimo, bakunguka. Iyo ubucuruzi bw’abantu badangaza bwazamutse biba bivuze ko abanyarwanda bari kugura. Nk’uko…

SOMA INKURU

U Burusiya bukomeje kwihimura kuri Ukraine

U Burusiya bumaze gushwanyaguza ibifaru 16 by’intambara Ukraine yahawe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bizwi nka Bradley fighting vehicles. Ni ibifaru byarashwe mu bihe bitandukanye mu minsi ishize nk’uko CNN yabitangaje ibikesha urubuga rw’Abaholandi, Oryx, rumaze igihe rukusanya amakuru y’ubutasi y’ibibera muri Ukraine. Ibifaru bya Bradley bigendera ku minyururu aho kuba ku mapine, bifite ubushobozi bwo gutwara nibura abasirikare icumi bagiye kurwana. Byifashishwa mu gutwara abasirikare, bikaba byakwifashishwa haraswa umwanzi washaka kubyitambika. Bivugwa ko iki gifaru kimwe kibarirwa miliyoni 3,2$. Muri Mutarama uyu mwaka nibwo Amerika yoherereje Ukraine ibifaru…

SOMA INKURU

Idosiye y’uwahoze ari umujyanama wa Tshisekedi ushinjwa gukorana n’u Rwanda igeze he?

Urukiko rw’ubujurire i Kinshasa rwimuye urubanza ruregwamo Fortunat Biselele wahoze ari umujyanama wa Perezida Tshisekedi, nyuma yo gushakisha dosiye ye mu bwanditsi bw’urukiko ikabura. Biselele yatawe muri yombi muri Mutarama uyu mwaka ashinjwa kubangamira ituze ry’igihugu no gukorana n’u Rwanda, nyuma y’ikiganiro yatanze mu itangazamakuru avuga ku mubano wa Perezida Tshisekedi n’ubuyobozi bw’u Rwanda mbere yo gushwana. Biselele yavuze ko Tshisekedi yashakaga ko u Rwanda rumufasha kubona abashoramari mpuzamahanga, bagateza imbere igihugu cye narwo rukabyungukiramo. Byari byitezwe ko kuri uyu wa kabiri humvwa abanyamategeko ba Biselele ku bujurire batanze bagaragaza…

SOMA INKURU

Impinduka zikomeye mu gisirikare cy’u Rwanda

Perezida Paul Kagame akaba n’umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) yirukanye mu gisirikare abofisiye 16 mu ngabo barimo Maj Gen Aloys Muganga na Brig Gen Francis Mutiganda. Général Major Aloys Muganga yahoze ari Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara guhera mu Ugushyingo 2018, umwanya yavuyeho muri Mata 2019 ubwo yagirwaga Umuyobozi ushinzwe ishami rya gisirikare rishinzwe ibikoresho. Brig Gen Mutiganda yahoze ari Umuyobozi w’agateganyo ushinzwe iperereza ryo hanze ry’igihugu, mbere yo kuvanwa muri izo nshingano mu 2018. Mu birukanywe kandi harimo abandi basirikare 116 ndetse n’abandi 112 amasezerano yabo y’akazi muri RDF araseswa,…

SOMA INKURU

Gakiriro-Kigali: Ibintu bikomeje guhindura isura

Nyuma y’inkongi z’umuriro zakomeje kwibasira mu Gakiriro ka Gisozi, bamwe mu bacururizagamo bararira ayo kwarika nyuma y’aho ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bufunze imiryango y’amaduka 130. Bamwe muri aba bacuruzi bari mu makoperative akorera mu Gakiriro ka Gisozi arimo ADARWA, COPCOM ndetse n’Umukindo na APARWA, batangaje ko babangamiwe cyane n’uburyo ubuyobozi bwabafungiye amaduka mu buryo butunguranye bubabwira ko ari mu rwego rwo kwirinda inkongi z’umuriro. Aba bacuruzi bavuga ko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwabafungiye amaduka nyuma y’aho mu minsi ishize hari agace gaherereye haruguru y’aho bakorera kafashwe n’inkongi ndetse umuntu umwe…

SOMA INKURU

Minisiteri y’Ubuzima yanenze abaganga bakoraga muri CHK

Minisiteri y’Ubuzima yanenze abaganga bakoraga mu Bitaro bya Kaminuza bya CHUK, bakurikiye inzira y’urwango n’amacakubiri kugeza ubwo batatiye indangagaciro yo gutanga ubuzima bakica bagenzi babo bakoranaga b’Abatutsi n’abandi baturage babahungiyeho. Ibi byagarutsweho kuri uyu wa 26 Gicurasi 2023, mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 29 abari abakozi, abarwayi, abarwaza n’abari bahungiye mu bitaro bya CHUK muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakahaburira ubuzima. Abakozi b’ibi bitaro bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi zishyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi. Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu…

SOMA INKURU

Mbere yo kurekura abahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi bazajya babanza guhugurwa

Minisitiri w’ubumwe n’inshingano mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yasobanuriye abadepite bagize komisiyo y’ubumwe bw’Abanyarwanda, uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside ko aya mahugurwa azahabwa abari bafungiye icyaha cya Jenoside yakorewe abatutsi azajya abafasha kubana neza n’abo bazasanga hanze ya gereza. Uyu muyobozi yagize ati “Abahamijwe ibyaha bya jenoside bakatiwe imyaka hagati ya 20 na 30 bari gufungurwa. […]Bakwiye gutegurwa, bakagororwa mbere yo gusubizwa muri sosiyete kubera ko igihugu cyahindutse byihuse mu myaka 30, kandi turi gushyira imbaraga mu bumwe n’ubwiyunge mu gihe turwanya ingengabitekerezo ya jenoside no guhakana.” Nk’uko The…

SOMA INKURU

Racisme en Liga contre Vinicius: une enquête ouverte pour les insultes, quatre personnes arrêtées

La justice espagnole a ouvert une enquête après de nouvelles insultes racistes proférées contre Vinicius, l’attaquant brésilien du Real Madrid, lors d’un match de Liga. Mardi, quatre personnes ont été arrêtées pour avoir pendu en janvier un mannequin à l’effigie du joueur. Quatre personnes ont été arrêtées en Espagne dans le cadre de l’enquête sur la pendaison, fin janvier à Madrid, d’un mannequin à l’effigie de l’attaquant du Real Madrid, Vinicius Junior, a annoncé, mardi 23 mai, la police. À voir aussiRacisme dans le football : “Basta!” Ces arrestations interviennent…

SOMA INKURU

Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mpunzi ukomeje gushinjwa uburyarya

Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mpunzi (UNHCR) ni umwe mu baterankunga ba gahunda yatangijwe mu 2019 yo kohereza mu Rwanda abimukira baheze muri Libya bashaka kujya i Burayi, bakisanga mu maboko y’abagizi ba nabi ariko Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza yawushinjije uburyarya bushingiye ku kuba unenga ubufatanye u Rwanda rwagiranye n’u Bwongereza bwo kurwoherezamo abimukira nyamara wo hari andi masezerano rufitanye narwo. Kuva gahunda yatangira, abasaga 1500 bamaze kunyuzwa i Gashora, mu gihe abagera ku gihumbi babonye ibihugu bibaha ubuhungiro. Nubwo bimeze gutyo, mu barwanya iyoherezwa mu Rwanda ry’abimukira bavuye mu Bwongereza…

SOMA INKURU

Abakekwaho kwica umupolisi batawe muri yombi

Mu gitondo cyo ku wa 12 Gicurasi 2023 ni bwo mu kagari ka Karenge, umurenge wa Rwimbogo, mu karere ka Rusizi hatoraguwe umurambo w’umupolisi wasanzwe yishwe ariko abamwishe ntibahita bamenyekana. Kuri uyu wa gatatu Urwego rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko ku bufatanye na Polisi y’Igihugu rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umupolisi uherutse gusangwa mu muhanda yapfuye. Uwo mupolisi witwa Sibomana Simeon yatoraguwe ku muhanda uva mu Mujyi wa Rusizi ujya mu murenge wa Bugarama, aho umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Mucyo Rukundo, yavuze ko uyu…

SOMA INKURU