Mugisha Samuel ukinira ikipe y’u Rwanda ni we wegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2018, ahita anafata umwambaro w’umuhondo dore ko ari we uyoboye urutonde rusange nyuma yo kwanikira bagenzi be kuva i Kigali kugera i Huye. Mugisha Samuel usanzwe akinira ikipe ya Dimension Data for Qhubeka yo muri Afurika y’epfo ariko yitoreza mu Butaliyani yatangiye guca amarenga yo kuba yakwegukana aka gace ubwo bari bakiri mu Karere ka Kamonyi, aho we na Uwizeye Jean Claude basigaga bagenzi babo, ariko umunya Ethiopia Mulu Hailemichael akomeza kubizirikaho. Aba bakomeje…
SOMA INKURUCategory: Imikino
Tour du Rwanda: Abanyarwanda bari biteze gutwara agace ka mbere bibananiye ku munota wa nyuma
Ku nshuro ya mbere irushanwa ry’amagare rya Tour du Rwanda ryatangiriye mu ntara, aho ryatangiriye ahazwi nk’iwabo w’amasiganwa y’amagare mu karere ka Rwamagana mu ntara y’iburasirazuba, aho abakinnyi b’abanyarwanda bahatanye kugeza ku munota wa nyuma, aka gace ka mbere kakegukanwa n’umunya algeriya. Aka gace ka mbere kari ibirometero bisaga 104, aho abasiganwaga bazengurutse mu mujyi wa Rwamagana, kuva aho bita muri Arete bakazenguruka ahazwi nka Poids rould, Azzedine Lagab wo muri Algeria yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda, Azzedine yegukanye iri siganwa akoreshe igihe kingana n’amasaha 2h12min21sec ku…
SOMA INKURUHaravugwa byinshi ku mukino wa chelsea na man city nyuma yo kujyenda kwa antonio conte
Mu gihe habura amasaha abiri Abatari bake baribaza niba nyuma yo kujyenda kwa Antonio conte Chelsea ibasha kwikura imbere ya mancity kuri iki cyumweru saa kumi z’igicamunsi. Uyu mukino akaba ari nawo uri butangize shampiyona y’Ubwongereza (season 2018-2019). Akaba ari kuri icyi cyumweru rwambikana hagati y’ikipe ya Chelsea na man city mu guhatanira igikombe gihuza ikipe yatwaye igikombe cya shampiyona n’iyatwaye igikombe cya AF cup (community shield) uyu mupira ukaba uribubere kuri stade nkuru y’igihugu cy’u Bwongereza yitwa Wembley stadium. Man city akaba ariyo yatwaye igikombe cya shampiona cy’umwaka wa…
SOMA INKURURayons Sports irahumuriza abakunzi bayo
Umunyamabanga mukuru w’ikipe ya Rayon Sports, Itangishaka Bernard King akigera i Kigali kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Kanama avanye na Rayon Sports muri Algeria yijeje abafana b’iyi ikipe ko amafaranga bazabona kuri Diarra biteguye kuyaguramo abandi bakinnyi bakomeye kugira ngo bazibe icyuho bamwe mu bakinnyi bayivuyemo basize. Yagize ati: “Amafaranga bazaduha n’ibihumbi makumyari na bitanu ariko hari andi asigaye bazaduha hafi ibihumbi bitanu by’amayero. Ubwo rero ni ukuvuga ko muri ayo ngayo tuzagerageza kuba twaguramo abandi bakinnyi. Turashaka kuba twaguramo abakinnyi b’abanyamahanga byibura batatu cyangwa bane kugira ngo tuzibe icyuho…
SOMA INKURUImikino ya Playoffs muri Baskettball irakomeza
Kuri uyu wa Kane tariki ya 2 Kanama 2018 nibwo imikino ya playoffs isoza umwaka w’imikino muri Basketball iza kuba ikomeza hakinwa umukino wa Gatatu haba mu bagabo ndetse no mu bagore. Mu bagabo ikipe ya Patriots BBC izaba icakirana na REG BBC aho amakipe yombi amaze gutsindana umukino umwe kuri umwe kuko ikipe ya Patriots BBC yatsinze umukino wa mbere ku manota 63-58, naho ikipe ya REG BBC igatsinda umukino wa kabiri ku manota 73-65. Kuwa Kane tariki ya 2 Kanama 2018 18:00: APR WBBC vs IPRC-South WBBC 20:00:…
SOMA INKURUAbahanzikazi b’abanyarwanda baciye agahigo
Ni ku nshuro ya gatanu hagiye gutangwa ibihembo bya Africa Muzik Magazine Awards bihurizwa hamwe n’iserukiramuco ry’indirimbo. Bizatangirwa Muri Leta Zunze Ubumwe Z’Amerika muri Leta ya Texas, mu Mujyi wa Dallas kuwa 07 Ukwakira 2018, muri iryo hatana hakaba mu batoranyijwe harimo abahanzikazi b’abanyarwanda Knowless Butera n’itsinda rya Charly na Nina n’umubyinnyi Sherrie Silver. Aha bahanganye n’abandi barimo Julina Kanyomozi, Rema, Sheebah Karungi, bo muri Uganda, Victoria Kimani, Akothee bo muri Kenya, Nandi na Vanessa Mdee bo muri Tanzaniya. Nta muhanzi w’umugabo ukomoka mu Rwanda, ugaragara ku rutonde rw’abahatanira ibi…
SOMA INKURUIkorwa ry’imihanda yo mu migi yunganira Umujyi wa Kigali igeze kure
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo ushinzwe ubwikorezi Eng. Uwihanganye Jean de Dieu, yabwiye itangazamakuru ko hamaze kubakwa imihanda ya kaburimbo ifite uburebure bwa Kilometero 29 mu Mujyi iteganywa mu kunganira Umujyi wa Kigali, ikaba yuzuye itwaye amadolari y’Amerika miliyoni 28, ni ukuvuga amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyari 25. Iyo migi itandatu yunganira Kigali ni Muhanga, Huye, Rusizi, Rubavu, Musanze, Nyagatare. Iyubakwa ry’imihanda rikaba rikorwa muri gahunda y’Umushinga wo kuvugurura iyo migi watewe inkunga na Banki y’Isi. Eng. Uwihanganye avuga ko igice cya kabiri cy’umushinga kiri mu nyigo. Yagize…
SOMA INKURU