Abayobozi banyuranye bakomeje gushyira imbaraga mu gukumira ebola

Abaminisitiri 3 b’ u Rwanda barimo uw’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, uw’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase n’uw’ibikorwa by’ubutabazi Germaine Kamayirese, ejo hashize tariki 5 Kanama 2018 nibwo bazindukiye mu Karere ka Rubavu, mu Ntara y’Iburengerazuba, ku mupaka w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagamije kugenzura uko ibikorwa byo gukumira Ebola yibasiye iki gihugu cy’abaturanyi bihagaze. Aba baminisitiri basuye imipaka ihuza u Rwanda na DRC i Rubavu, mu rwego rwo gusuzuma uko gahunda igamije gukumira Ebola mu Rwanda ihagaze ndetse no kureba ko ingamba zafashwe ziri gukurikizwa uko bikwiye. Minisitiri…

SOMA INKURU

Imyitozo yo guhangana na ebola yatangirijwe mu bitaro 8 byo mu Rwanda

Tariki 29 Nyakanga 2019 nibwo hatangijwe imyitozo na  Minisiteri y’Ubuzima mu bitaro umunani byo hirya no hino mu Rwanda,  hagamijwe kwimenyereza kwakira umurwayi ufite ebola mu gihe yaramuka abonetse, bikaba bitegenyijwe ko izasozwa kuya 13 Kamena 2019. Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima, Malick Kayumba, yatangaje ko iyi myitozo ije nyuma yo guhugura abantu uko bahangana n’icyorezo cya ebola. Ati “ Ibi ni bimwe mu bikorwa bikomeje turimo gukora mu kwitegura harebwa aho tugeze twitegura Ebola no kureba niba hari icyo twakongeramo ingufu.” Yashimangiye ko intego nyamukuru y’iyi myitozo ari ukureba ubushobozi…

SOMA INKURU

Muhanga: Barasaba ubwishingizi bw’insimburangingo n’inyunganirangingo by’abafite ubumuga

Mu Karere ka Muhanga kugeza ubu habarurwa abafite ubumuga bagera kuri 5098. Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukagatana Fortunée avuga ko ikibazo gikomeye abenshi mu bafite ubumuga bw’ingingo bahura nacyo ari ukubura insimbura cyangwa inyunganirangingo kuko zihenze kandi kugeza ubu ubwisungane mu kwivuza butaratangira kuzibishyurira. Ibi kandi byemezwa  n’umuyobozi w’ikigo cyakira abana bafite ubumuga “La misercorde”, witwa Soeur  Ntawiha Nyirakarire Annonciata.  Yemeza ko ibikoresho by’inyunganirangingo z’abana bafite ubumuga bihenze cyane. Soeur Nyirakarire ati “  Mu by’ukuri insimburangingo cyangwa inyunganirangingo zirahenda. Bituma abana batabasha kubona uko bagenda…

SOMA INKURU

Umuti Dolutegravir ugabanya ubukana bwa VIH/SIDA ugiye kongera gusuzumwa

Inyigo zimwe zagaragaje ko y’umuti mushya ugabanya ubukana bwa virusi itera Sida witwa Dolutegravir “DTG” waba utera ibibazo bimwe na bimwe ku mwana uvutse igihe umubyeyi we yawukoresheje amutwite. Gusa hashingiwe ku zindi nyigo, OMS yagaragaje ko uwo ari umuti abantu benshi bashobora kwifashisha mu kugabanya ubukana bwa virusi ya Sida, harimo n’abagore batwite, akaba ari muri urwo rwego u Rwanda rwiyemeje kugenzura no gusuzuma imikorere yawo. Mu kwezi gutaha u Rwanda akaba aribwo ruzakira inama y’abahanga izagaruka ku ikoreshwa ry’uwo muti, hagire n’imyanzuro iyifatirwamo irebana na wo. Impungenge kuri…

SOMA INKURU

Icyumba ntangamibare cy’ikigo nderabuzima kitezweho serivizi inoze

Ikigo nderabuzima cya Rukoma kiri mu Murenge wa Sake, mu Karere ka Ngoma kishyiriyeho buryo bwa rusange bwo gukurikirana no kugaragaza uko ubuzima bw’abagana iki kigo nderabuzima uko buhinduka nuko abaturage bahabwa serivisi z’ubuvuzi. Ikigo nderabuzima cya Rukoma, giherereye mu Mudugudu w’Isovu, mu Kagari ka Gafunzo, kuri ubu abaturage 28479 nibo bari mu mbibi zaho gitangira serivisi ni ukuvuga aba baturage ari bo bakigana, nicyo cyonyine kibarizwa mu Murenge wa Sake. Icyumba ntangamibare cy’ikigo nderabuzima cya Rukoma gifite umwihariko w’uko abaturage bagana iki cyumba bahabwa amakuru y’indwara zikunze kubibasira, uburyo aba…

SOMA INKURU

OMS yemeje ko mu Rwanda nta ebola iharangwa

Mu itangazo OMS yasohoye kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Nyakanga 2019, Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus yatangaje ko u Rwanda rwashyize imbaraga ku nzego zose mu gutanga amasomo ku bijyanye na Ebola n’uburyo bwo kuyikumira, hakaba hari icyizere ko ntayo irangwa mu Rwanda nubwo mu gihugu  cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gukaza umurego. Yagize ati “Turashima ibyemezo bimaze gufatwa kandi turemeza ko kugeza ubu nta Ebola iragaragara mu Rwanda, nubwo hari urujya n’uruza ruri hejuru hagati y’abaturage b’ibi bihugu byombi.”…

SOMA INKURU

Ingaruka zo guhagarika ingendo zijya muri RDC hirindwa Ebola

Umuyobozi w’Ikigo cya Afurika gishinzwe kugenzura no gukumira indwara, Dr John Nkengasong mu kiganiro n’abanyamakuru i Addis-Abeba muri Ethiopia kuwa Gatanu w’iki cyumweru, yasabye ko amabwiriza yo guhagarika ingendo zijya cyangwa ziva muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yahagarara, aho yemeje ko izi ngamba zo guhagarika ingendo nta musaruro zatanga. Yashimangiye ko kubuza abaturage kugenderana ntacyo byageraho ahubwo byakongera urujya n’uruza rw’abaturage rutemewe n’amategeko bikagabanya uburyo bw’ubugenzuzi bityo bikongera ibyago byo gukwirakwiza Ebola. Iki gitekerezo kinashyigikiwe na sosiyete sivile ndetse n’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi muri RDC, aho bemeza ko…

SOMA INKURU

Mu ruganga rw’abangaga hakomeje kuvugwamo ikibazo

Ejo hashize kuwa kane tariki 18 Nyakanga 2019,  ubwo Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan hamwe na Minisitiri w’Ubutabera Busingye Johnston, bari imbere y’abasenateri bavuga ku mbogamizi z’umurimo zikigaragara,  Senateri Dr Sindikubwabo Jean Népomuscène yatangaje ko ikibazo cya ruswa igaragara mu bizamini by’abashaka kujya mu rugaga rw’abaganga gihari kandi gikwiriye guhagurukirwa. Senateri Dr Sindikubwabo Jean Népomuscène yashimangiye ko kugira ngo umuntu wize iby’ubuganga yemererwe kuba yakora ibizamini by’akazi, asabwa kubanza kujya mu rugaga, kandi kwinjiramo hatangwa ruswa. Yagize ati “Abakozi bo kwa muganga kugira ngo bajye mu myanya…

SOMA INKURU

Mu Rwanda hagiye gukorerwa umuti uvura kanseri

Ikigo LEAF Rwanda binyuze ku cyo gishamikiyeho cyo muri Amerika L.E.A.F. Pharmaceuticals LLC, cyasinye amasezerano agihesha gutangira gukora umuti uvura kanseri uzwi nka LEAF-1404, uzakorwa hakurikijwe amabwiriza mpuzamahanga, “Current Good Manufacturing Practices’ (cGMP)”. Aya masezerano yasinywe hamwe n’ikigo Contract Manufacturing Organization (CMO) cyo muri Amerika, gifite ubunararibonye mu gufasha ibigo n’inganda mu gukora imiti. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, biteganywa ko icyo kigo kizahugura abantu bazaturuka mu Rwanda n’ibindi bihugu bya Afurika, bagahugurirwa muri Amerika mbere yo gutangira uruganda rukora imiti ruzubakwa i Kigali. LEAF-1404 izaba ubundi bwoko bwa mbere bw’umuti…

SOMA INKURU

Ku rutonde rw’imiti ya kanseri hongereweho ibiri

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima “OMS” ryashyize ahagaragara imiti ibiri ari yo “nivolumab” na “pembrolizumab”, ifite igipimo kirenga 50% cyo kuvura kanseri y’uruhu izwi nka melanoma, ubusanzwe idakira. Iyi miti ikaba yiyongereye rutonde rw’imiti y’ingenzi muri uyu mwaka wa 2019 buri gihugu kigomba kugira kandi igakoreshwa inywebwa aho kuyikoresha mu buryo bwo kuyiterwa. Iri shami rivuga ko imiti itanu ryongeye ku rutonde rw’imiti ari ingirakamaro mu kongera igipimo cyo kubaho binyuze mu kuvura kanseri y’uruhu , iy’ibihaha, amaraso n’iy’ubugabo. Uru rutonde akaba ari inyandiko ifasha ibihugu kumenya imiti n’ibikoresho…

SOMA INKURU