Hagiye gutangizwa uburyo bushya bwo gutanga urukingo rwa Covid-19 ariko bigakorwa ku buryo butandukanye n’ubusanzwe, aho abantu batazongera guterwa inshinge ahubwo bazajya bashyirwa ibitonyanga mu mazuru. Izi nkingo zo mu mazuru zizaba zifite akamaro nk’izisanzwe zitangwa hakoreshejwe inshinge. Umushakashatsi muri Kaminuza ya Virginia, Mayuresh Abhyankar, urimo gukora kuri izi nkingo, yasobanuye ko gukingira umuntu aho Covid-19 ihera yinjira bizatanga ubwirinzi bwinshi. Uru rukingo rwo mu mazuru ruzabasha guhagarika virusi ruyibuze kwinjira mu mubiri. Kurukora no kurugeza mu bihugu bitandukanye bizaba byoroshye kuko kurubika bizasaba gukoresha firigo isanzwe bitandukanye n’izindi nkingo…
SOMA INKURUCategory: Ubuzima
U Rwanda rwinjiye mu kigo mpuzamahanga gishinzwe Inkingo “IVI”
Tariki 3 Kamena 2022 nibwo Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Koreya, Yasmin D. Amri Sued, yarazamuye ibendera ry’u Rwanda ku cyicaro cy’ikigo mpuzamahanga gishinzwe inkingo “IVI”. Ambasaderi Yasmin Sued yatangaje ko u Rwanda rwiteguye kwigira ku kigo “IVI” nk’umuryango ukuze, ufite ubunararibonye n’ubumenyi kandi rwiyemeje gukorana umurava kugira ngo rugere ku ntego yarwo. Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya IVI, George Bickerstaff, yahaye ikaze u Rwanda mu muryango avuga ko ari ishema gusangira na rwo intego zo kurandura indwara ahanini zitizwa umurindi n’ubukene n’ubusumbane mu kubona imiti n’inkingo. Perezida Kagame aheruka…
SOMA INKURUIsano hagati ya covid-19 na diyabete
Kuva icyorezo cya Covid-19 cyakwaduka, byakunze kugaragara ko abantu bacyanduraga bari basanzwe barwaye diyabete, bagiraga ikibazo cyo guhita baremba cyane. Ariko ubushakashatsi bwa vuba aha, bwo bwagaragaje ko kwandura Covid-19, byongera ibyago byo kurwara diyabete no ku bantu batari basanzwe bayirwaye, nk’uko biri mu nkuru ya Aljaazira. N’ubwo ku ntangiriro z’icyorezo byavugwaga ko iyo virusi yangiza ibihaha, ariko uko iminsi yakomeje kugenda, byaje kugaragara ko yangiza n’izindi ngingo z’umubiri zitandukanye, nk’uko byemezwa na Dr Nkeshimana Menelas. Abaganga benshi bavuraga abarwayi ba Covid-19 mu ntangiriro z’icyorezo, bakunze gutangaza ko ngo byabagoraga…
SOMA INKURUYatanze inama mu kubaka ubudahangarwa ku bindi byorezo byakwibasira Isi
Mu kiganiro cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu kabiri tariki 24 Gicurasi 2022 i Davos mu Busuwisi ahakomeje kubera inama mpuzamahanga y’ihuriro ry’ubukungu ku Isi, “World Economic Forum”, Perezida Paul Kagame asanga kubaka ubudahangarwa ku bindi byorezo bishobora kwibasira Isi mu bihe biri imbere bisaba ibihugu cyane cyane ibikiri mu nzira y’amajyambere gushora imari mu rwego rw’ubuzima n’ubuvuzi nta nk’uko icyorezo cya COVID19 cyabyerekanye. Ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho mu kiganiro cyagarutse ku bikwiriye gukorwa mu rwego rwo kwitegura guhangana n’ibyorezo bishobora kwibasira Isi mu bihe biri imbere, Muri iki kiganiro…
SOMA INKURUMuhanga: Umusirikare Yahamwe n’icyaha cyo gusambanya umwana
Urukiko rwa Gisirikare rukorera i Kigali, rwakatiye umusirikare wo ku rwego rwa Caporal igihano cy’imyaka 20 kubera icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 15 y’amavuko. Urubanza rwabereye mu Murenge wa Nyamabuye, aho Caporal Barame Jonas ashinjwa gukorera icyaha. Urukiko rwa Gisirikare rwavuze ko icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 15 y’amavuko, Caporal Barame Jonas ashinjwa, yagikoze taliki ya 03/05/2021 mu mudugudu wa Nyarutovu, akagari ka Gitarama mu murenge wa Nyamabuye. Urukiko ruvuga ko uyu mwana w’umukobwa akimara gusambanywa yahise ajyanwa kwa muganga i Kabgayi basanga mu myanya ndangagitsina ye arimo kuva amaraso.…
SOMA INKURURwanda: Hari abagomba gukomeza kwambara agapfukamunwa
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere, RDB, rwasabaye abakora muri serivisi zirimo Restaurant, Salon n’ahandi gukomeza gukora akazi kabo bambaye agapfukamunwa mu gihe bari kwakira ababagana. Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 13 Gicurasi 2022 muri Village Urugwiro, iyobowe na Perezida Paul Kagame yashyize abayobozi mu myanya, ifata ibyemezo n’ingamba zo gukomeza guhangana n’icyorezo cya Covid-19. Iyi nama yavuze ko ingamba zisanzweho zizakomeza gukurikizwa, kandi zizongera kuvugururwa mu gihe cy’ukwezi kumwe hashingiwe ku isesengura ry’inzego z’ubuzima. Iri tangazo rivuga ko Abanyarwanda n’abaturarwanda barasabwa kwikingiza byuzuye, kugira ngo bemererwe kujya ahantu hahurira abantu benshi…
SOMA INKURURutsiro: Kwitwa inganzwa bakarinda abana babo imirire mibi nta pfunwe bibatera
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare “DHS” muri 2015 bwagaragaje ko abana bari bagwingiye bari 45,8%, muri 2020 bwagaragaje ko igwingira ryari rigeze kuri 44,4%, Guverinoma ikaba yarihaye intego yo kugabanya igwingira rikagera munsi ya 19% bitarenze umwaka wa 2024. Akaba ari muri urwo bamwe mu bagabo bemeje gufatanya n’abagore babo muri uru rugamba nubwo babita inganzwa. Akarere ka Rutsiro ni kamwe mu turere 13 two mu Rwanda turi kwitabwaho byihariye nyuma y’aho bigaragaye ko igwingira ry’abana riri hejuru cyane, ni muri urwo rwego hari abagabo bahagurukiye iki kibazo nubwo bagenzi…
SOMA INKURUKimwe mu bihugu bigize EAC cyabeshye abishwe na covid-19
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ryatangaje ko Kenya yabeshye imibare y’abishwe na Covid-19, iwugabanyaho ibihumbi 20 mu mwaka ushize. Mu 2021, Kenya yagize umubare munini w’impfu zatewe na COVID-19, aho nibura mu bantu 100.000, iki cyorezo cyicaga 45. Bisobanuye ko nibura abantu 24.471 bahitanywe nacyo. Minisiteri y’Ubuzima muri Kenya yo yatangaje ko kugeza mu mpera z’umwaka ushize, abari bamaze guhitanwa na COVID-19 bari 5,381, mu mwaka wabanje [2020] bari 1.681, bisobanuye ko mu 2021 bageraga kuri 3.700. The Nation yo muri Kenya yanditse ko imibare ya OMS yo…
SOMA INKURUIkibazo cy’abarwayi batahabwaga imiti ku bitaro bya Muhima cyahagurukiwe
Abasenateri bagize Komisiyo y’imibereho y’abaturage n’uburenganzira bwa muntu, basabye ko ikibazo cy’abarwaye indwara zitandura bavurirwa mu bitaro bya Muhima batabona imiti uko bikwiye cyabonerwa igisubizo kugira ngo hirindwe ko uburwayi bafite bwarushaho kubakomerera. Ibitaro bya Muhima bivuga ko hari abaturage 902 barwaye indwara zitandura bikurikirana barimo abafite ikibazo cy’umuvuduko w’amaraso, Diyabete, indwara z’umutima ndetse na Asima, abafite izi ndwara bavuga ko imiti ari ingenzi cyane ku buzima bwabo. Ikibazo cy’ibura ry’imiti irimo ikoreshwa mu kuvura umuvuduko w’amaraso ndetse n’indwara ya Asima, ni kimwe mu byo umuyobozi w’ibitaro bya Muhima Dr.…
SOMA INKURU27% by’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi bafite ihungabana -RBC
Ubushakashatsi buheruka gukorwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’ Ubuzima, “RBC” , ku bijyanye n’ihungabana mu banyarwanda bwagaragaje ko 27% by’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 barifite. Misigaro Nancy, ukora muri RBC mu ishami ry’ubuzoma bwo mu mutwe yatangaje ko ikibazo cy’ihungabana by’umwihariko mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kiri ku rwego ruhangayikishije igihugu ari nayo mpamvu ku bufatanye n’izindi nzego hakomeje gukora ibishoboka byose mu kugihashya. Ati “Turimo kurwana no kugira ngo Umunyarwanda ugira ibibazo by’ihungabana yaba uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi cyangwa undi wese ugira ibibazo abashe kubona ubuvuzi. Ibyo byose ni uruhererekane…
SOMA INKURU