Madamu Jeannette Kagame yazamuye amarangamutima ya benshi anahumuriza abahuye n’ibiza

Kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Gicurasi 2023,  Madamu Jeannette Kagame yakomeje abahuye n’ibiza bo mu Ntara y’Uburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo, byaturutse ku mvura yaguye mu ntangiriro z’uku kwezi, abagenera ubutumwa bwo kubihanganisha, anasura abana bo mu irerero bazanye n’ababyeyi babo bavanywe ahashyiraga ubuzima bwabo mu kaga. Ati “Birasanzwe mu muco wacu kuba hafi y’uwagize ibyago. Natwe nk’ababyeyi uyu munsi twabazaniye ubutumwa bwo kubakomeza, mukomere kandi mukomeze kwihangana. Iteka kubura uwawe mu buryo nk’uko byagenze bishengura imitima, ababuze ababo mukomere mwihangane kandi turabizeza ko turi kumwe namwe”. Yabashimiye ko bakomeje kwihangana…

SOMA INKURU

Kigali: Hari abahisemo amafaranga bayarutisha ubuzima

Kicukiro kamwe mu turerere tugize umujyi wa Kigali, ukaba uvugwaho ubwiganze bw’ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA ku gipimo cya 4,3% ikaba iri hejuru ugereranyije n’izindi ntara, uhasanga urubyiruko rutangaza ko ubushomeri bubateza ubukene bugatanga urwaho mu bagabo bakuze bwo kubashora mu busambanyi, hakanavugwa ikindi kibazo cy’urubyiruko rwishyizemo ko kwifata bitakibaho. Ubu busambanyi hagati y’urubyiruko n’abakuze bugaragara muri Kicukiro, dore ko abahatuye bemeza ko buhabwa urwaho n’amazu y’abakire aba ari mu bipangu afunze, mu by’ukuri nta muryango utuyemo ahubwo ari inzu z’ibanga abagabo runaka baba baziranyeho akaba ari naho basambanyiriza…

SOMA INKURU

Bugesera: Abatungwa agatoki mu kubangamira gahunda zo kwirinda virusi itera SIDA

Urubyiruko runyuranye rwo mu karere ka Bugesera rushinja abacuruza udukingirizo kuzamura ibiciro mu gihe nyirizina baba badukeneye, ibi bikaviramo bamwe kwishora bagakora imibonano mpuzabitsina idakingiye (nta gakingirizo) imwe mu nzira virusi itera SIDA yanduriramo. Ndayambaje Claude, utuye mu murenge wa Nyamata yagize ati: “Hano haba ubushyuhe bwinshi, abakobwa benshi kandi bicuruza ku giciro gito, ariko kubona udukingirizo ni ikibazo kuko tuboneka hake n’aho ukabonye ugasanga gahenda, ntibatinya kukagurisha amafaranga 1000 kandi twumva ko i Kigali badutangira ubuntu cyangwa wanakagura ntikarenze amafaranga 200. Iki giciro iyo gihuye n’imyumvire ko gukora imibonano…

SOMA INKURU

Ngoma-Sake: Nta gikozwe ubuzima bw’urubyiruko mu kaga gakomeye

Hamaze iminsi havugwa ko ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA bwiganje mu rubyiruko by’umwihariko ku gitsina gore. Ibi iyo ugeze mu karere ka Ngoma, mu murenge wa Sake, mu kagari ka Gafunzo, mu duce dukikije isoko (mu isantire) uhasanga imyitwarire idahwitse aho batangaza ko SIDA ari indwara nk’izindi aho kwicwa n’inzara ariyo yabica. Mu masaha y’amanywa, usanga mu tubari dukikije isoko muri santire higanjemo urubyiruko uretse ko n’abakuze baba batatanzwe, banywa inzoga z’inkorano, bavuga amagambo y’urukozasoni, ari nako abinyabya bajya gusambana babikora ku mugaragaro kuko usanga abenshi muri uru rubyiruko…

SOMA INKURU

Rwamagana: Urubyiruko rwahagurukiye kurwanya umwanzi urwibasiye

Akarere ka Rwamagana ni kamwe mu turere turangwamo ibigo by’amashuri byinshi, muri ibyo bigo hakaba higanjemo abari mu myaka y’urubyiruko kandi ubushakashatsi bukaba bwarerekanye ko ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA bwiganje mu rubyiruko, ni muri urwo rwego hifujwe kumenya imigabo n’imigambi yabo mu rugamba rwo kurwanya virusi itera SIDA. Mukamwezi, w’imyaka 18, wiga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye muri kimwe mu bigo by’amashuri biri i Rwamagana yagize ati “Njye numva nakwirinda virusi itera SIDA nirinda kuryamana n’umuhungu udasiramuye kuko namenye ko abantu batisiramuje baba bafite ibyago byinshi byo…

SOMA INKURU

Gatsibo: Imyitwarire y’ababyeyi inengwa mu gushora abana kwandura virusi itera SIDA

Gatsibo ni kamwe mu turere tugize intara y’Iburasirazuba ikaba ifite umubare munini w’ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA by’umwihariko mu rubyiruko hamwe n’Umujyi wa Kigali. Ubuyobozi bw’aka karere, abarezi n’abana batangaza imyitwarire y’ababyeyi ituma abana babo bishora mu busambanyi, bikongera umubare w’abandura virusi itera SIDA. Abanyeshuri banyuranye biga muri TTC Kabarore batangaje ko ubumenyi kuri virusi itera SIDA hari ubwo bakura ku ishuri ko ariko hari ibiganiro by’umwihariko ku buzima bw’imyororokere baba bakeneye ko bahabwa n’ababyeyi babo ariko bakabima umwanya. Umunyeshuri uvuka muri Gatsibo, ati “Akenshi abana nzi bagiye batwara…

SOMA INKURU

Igitungwa urutoki nk’intandaro y’ubwandu bwa virusi itera SIDA muri Matimba

Mu murenge wa Matimba, mu karere ka Nyagatare, ababyeyi banyuranye bagiye bagaragagaza ko ikibazo kibaremereye ari ubushomeri mu bana babo by’umwihariko abamaze kurenza imyaka 16, ibi bikaba intandaro yo kudashimishwa n’ibyo ababyeyi babaha, uko kujya gushakisha ibijyanye n’ibyifuzo byabo bikabaviramo kwandura virusi itera SIDA n’inda zitateganyijwe zidasigaye. Umubyeyi Uwicyeza wo mu karere ka Nyagatare, mu murenge wa Matimba, akagali ka Kagitumba yagize ati “Nutarabyara si uko atabikora, ubukene buri mu rubyiruko buterwa n’ubushomeri bafite, ntacyo gukora, nta bushobozi, ibi byose nibyo bituma abana bacu bishora mu baraya bakanduriramo virusi itera…

SOMA INKURU

Nyagatare: Abanyeshuri bagaragaje icyabafasha kwibona muri gahunda yo kurwanya SIDA

Ubushakashatsi bwerekanye ko buri mwaka mu Rwanda handura abantu 5000, muri bo 33% ni urubyiruko ni ukuvuga abantu 1500, igitsina gore bakaba ari 1000 mu gihe igitsina gabo ari 500. Nubwo bimeze gutya urubyiruko rw’abanyeshuri bo muri Nyagatare batangaza icyo bakeneye cyabafasha kwirinda iki cyorezo, dore ko harimo n’abemeza ko nta makuru ahagije yo kurwanya no kwirinda virusi itera SIDA bafite. Ibi aba banyeshuri banyuranye bo mu bigo by’amashuri yisumbuye yo mu mirenge ya Karangazi na Kagitumba byo mu karere ka Nyagatare batangaje byo kutagira ubumenyi n’amakuru ahagije kuri virusi…

SOMA INKURU

Musanze in new drive to curb malnutrition

Musanze district in Rwanda has launched a new community campaign aimed at combating stunting, a condition resulting from malnutrition that affects physical and mental development in children. The campaign aims to encourage the population to raise at least two chickens to lay eggs, which are a nutritious source of protein and essential vitamins. Latest data from the Rwanda Demographic Health Survey in 2020 shows that Musanze district has a prevalence rate of 45.4 per cent, making it the third district with the highest prevalence in the country. Ngororero and Nyabihu…

SOMA INKURU

Nkombo: Nta gikozwe inzara yavuza ubuhuha

Nkombo ni ikirwa cyo mu karere ka Rusizi gihingwaho imyaka itandukanye yiganjemo ibishyimbo, soya n’ibigori. Magingo aya imyinshi muri iyi myaka yamaze kumira mu mirima ndetse iyo ucukuye kuri buri gihingwa cyamaze kuma usanga mu mizi yacyo harimo igishorobwa, abahatuye bakavuga ko mu gihe hatagira igikorwa mu maguru mashya bashobora kwibasirwa n’inzara. Muri Werurwe 2023, ni bwo imyaka ihinze ku Nkombo yatangiye kwibasirwa n’ibishorobwa binyura mu butaka bikarya imizi y’ibihingwa abahinzi bakabona igihingwa gitangiye kuraba. Cyekumi Francine yavuze ko soya ze ibishorobwa byazitangiye zitangiye kurabya. Ati “Ntabwo nzigera ngeramo kuko…

SOMA INKURU