Algerian president says Morocco ties reach ‘point of no return’

The North African neighbours have been locked in a bitter rivalry for decades over the disputed territory of Western Sahara. Algeria’s relations with Morocco have reached “the point of no return”, according to Algerian President Abdelmadjid Tebboune, the latest evidence of the continued poor relationship between the two countries, which broke off relations in 2021. Speaking to Al Jazeera in an interview on Tuesday, Tebboune said that while he regretted the deteriorating relations between Algeria and its neighbour, he blamed Morocco for the current state of affairs. “We have practically…

SOMA INKURU

Uganda: Inteko ishingamategeko yemeje umushinga w’itegeko ryo gufunga abatinganyi

Inteko ishingamategeko ya Uganda yemeje umushinga w’itegeko rishobora guhana mu rwego rw’amategeko abantu bavuga ko bahuza ibitsina ari ab’igitsina kimwe, bazwi nk’abatinganyi (LGBT). Abo bantu bashobora gufungwa igihe kirekire mu gihe uyu mushinga w’itegeko waba ushyizweho umukono ukemezwa nk’itegeko na Perezida Yoweri Museveni. Bijyanye n’uyu mushinga w’itegeko, inshuti, abo mu muryango n’abandi baturage bafite inshingano yo gutanga amakuru ku bategetsi mu gihe bamenye abantu bahuza ibitsina ari ab’igitsina kimwe. Ibikorwa by’ubutinganyi bisanzwe binyuranyije n’amategeko muri Uganda. Ariko uyu mushinga w’itegeko urashaka gufata indi ntera ugahindura icyaha kuba abantu baba ari…

SOMA INKURU

M23 yashyize hanze itangazo rishinja ingabo za FARDC kurenga ku masezerano

Mu itangazo inyeshyamba z’umutwe wa M23  zashyize hanze, rirashinja ingabo za FARDC kwirukira mu bice bavuyemo kandi byemerewe gucungwa n’ingabo za EAC.  M23 yatangaje ko izi ngabo za Congo hari ibice zigaruriye kandi byagombaga kujya mu maboko y’ingabo z’umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba. Izi nyeshyamba kandi zashimiye ingabo z’uyu muryango EACRF ku gikorwa ziri gukora cyo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa DRC, ariko basaba izi ngabo kujya no mu bice bya Mweso,Kibirizi no mu tundi duce tuhakikije kugira ngo barinde umutekano w’abaturage bahatuye kandi bakaba bashobora kwibasirwa n’ingabo za DRC. Bagarutse kandi…

SOMA INKURU

Yikanze gufungwa ahamagarira abaturage kwigaragambya

Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe bw’Amerika Donald Trump yatangaje ko yiteze gufungwa kuwa kabiri tariki 21 Werurwe, asaba abakunzi be ko batangira imyigaragambyo. Hagati aho, umunyamategeko we avuga ko nta butumwa bwatanzwe n’abashinzwe umutekano, akavuga ko amagambo y’uyu wahoze ari umukuru w’igihugu ashyingiye ku bivugwa mu binyamakuru. Abacamanza bamaze igihe bashaka uburyo baburanisha Trump,  amakuru avuga ko bishobora kuba mu cyumweru gitaha. Mu gihe yaburanishwa, byaba bibaye ubwa mbere uwahoze ari umukuru w’igihugu cya Amerika agejejwe imbere y’urukiko mpanabyaha. Uru rubanza rushingiye cyane cyane ku mafaranga avugwa ko…

SOMA INKURU

Umupolisi yarashwe ahita apfa ubwo yateraga akabariro

TimesLive yatangaje ko Bwana Judas Chiloane w’imyaka 60, umuyobozi muri polisi ushinzwe umutekano wo mu muhanda ahitwa Bushbuckridge,muri Afurika y’Epfo  bivugwa ko yarasiwe mu ntebe z’inyuma z’imodoka ya Ford Ranger bakkie ubwo yari ashishikaye ari kwiha akabyizi n’umukunzi we. Icyakora ngo abarashe ntacyo batwaye umukunzi w’uyu mupolisi. Ku wa mbere, tariki ya 15 Werurwe,nibwo abantu babiri bakekwaho icyaha, Charles Mbungeni Mabuza na Howard Mashego bakekwaho ubwo bwicanyi, bagejejwe imbere y’urukiko. Kapiteni Dineo Sekgotodi, umuvugizi wa Polisi ya Hawks yagize icyo avuga ku byabaye kuri uyu wa kane, tariki ya 16…

SOMA INKURU

Ni iki kihishe inyuma y’igongwa rya Drone?

Indege y’intambara y’Uburusiya yagonganye na drone ya Amerika,bituma iyi ndege itagira umupilote ya Amerika igwa mu Nyanja yirabura (Mer Noire/Black Sea), nk’uko bitangazwa n’igisirikare cya Amerika. Ibi byerekana ko intambara hagati y’Uburusiya na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ishoboka,kubera intambara yo muri Ukraine igenda ifata indi ntera. Amerika ivuga ko iyo drone yari ku kazi kayo ka buri munsi mu kirere mpuzamahanga ubwo indege ebyiri z’intambara z’Uburusiya zageragezaga kuyitangira. Uburusiya buvuga ko iyi drone yahanutse nyuma yo “kugerageza gukwepa n’ubuhanga bwinshi”, bugahakana ko izi ndege ebyiri zitigeze zikoranaho. Minisiteri y’ingabo…

SOMA INKURU

USA: Buri masegonda 40 umwana aburirwa irengero

Raporo y’Urwego rw’Ubutasi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FBI) igaragaza ko buri masegonda 40 umwana wo muri icyo gihugu aba ashimuswe cyangwa akaburirwa irengero. Iyi raporo igaragaza ko kimwe cya kabiri cy’abana bari munsi y’imyaka itandatu bashimutwa n’abo mu miryango yabo, cyane cyane bigakorwa n’umwe mu babyeyi b’uwo mwana bahanye gatanya. Ni mu gihe umwe mu bana barindwi uri hagati y’imyaka 10-18 aburirwa irengero ari we wafashe umwanzuro wo kuva mu muryango we akagenda ameze nk’uwuhunze, ibimuviramo kuba mu buzima bwo ku muhanda. Abo bikura mu muryango yabo, 75%…

SOMA INKURU

Nyuma y’imyaka 55 akatiwe urwo gupfa urukiko rwaba rugiye kwisubiraho

Urukiko Rukuru rwa Tokyo mu Buyapani kuri uyu wa Mbere, rwategetse ko Iwao Hakamada wakatiwe igihano cyo gupfa mu 1968, urubanza rwe rusubirwamo ndetse mu gihe rugitegerejwe akaba arekuwe. Ni icyemezo cyashimishije abantu b’ingeri zitandukanye nk’umuryango we n’imiryango mpuzamahanga irengera uburenganzira bwa muntu. Mu mateka y’Isi bivugwa ko Hakamada ari we muntu umaze imyaka myinshi muri gereza akatiwe igihano cy’urupfu, nyuma y’uko yari yashinjwe kwica umuryango w’uwari umukoresha we. Uyu mugabo w’imyaka 87 yari umuteramakofi yakatiwe iki gihano nyuma yo gushinjwa kwica uwari umukoresha we n’umugore n’abana babiri babo, nyuma…

SOMA INKURU

8 mars : à Paris, les manifestantes appellent à l’égalité “au travail comme dans la vie”

Des milliers de personnes sont descendues dans les rues de Paris, mercredi, à l’occasion de la Journée internationale des droits des femmes. Au lendemain d’une “mobilisation historique” contre la réforme des retraites, les manifestants ont donné de la voix pour dénoncer un projet dont elles sont présentées comme les grandes perdantes, tout en dénonçant un système qui continue “à les maltraiter”. “En 2023, la fin du patriarcat !” Des milliers de personnes ont manifesté mercredi 8 mars à Paris, pour la Journée internationale des droits des femmes. Une mobilisation fortement imprégnée par la…

SOMA INKURU

Hagati ya M23 na FARDC ni uruhe ruhande rwiteguye guhagarika imirwano?

Nyuma y’imirwano ikaze kuri uyu wa mbere tariki 6 Werurwe 2023 yabereye mu nkengero za Sake, M23 yafashe ahitwa Kibirizi ariko birangira idafashe umujyi wa Sake nyirizina wegereye Umujyi wa Goma. Ibi byabaye habura amasaha make ngo M23 yubahirize ibyo yasabwe na Perezida Emmanuel Macron byo guhagarika imirwano kuri uyu wa 7 Werurwe 2023. Umutwe wa M23 wafashe Kibirizi mu masaha y’umugoroba kuri uyu wa mbere, nyuma y’imirwano ikomeye yawuhanganishije na FARDC, ifatanyije na FDLR ,Mai Mai, Nyatura CMC, APCLS n’abacanshuro b’Ababazungu mu nkengero z’aka gace. Aya makuru, akomeza avuga…

SOMA INKURU