Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, yatangaje ko atumva uburyo ingabo z’icyo gihugu (FARDC) zemera gupfa zirwanya umutwe wa ADF washinzwe n’abakomoka muri Uganda ariko yo ikaba idashaka ko ingabo zayo zirasa M23. Muyaya yavuze ko ingabo za Congo zidashobora gukomeza gupfira Uganda yo itemera kubafasha kurwanya M23. Uganda ifite ibyiciro bibiri by’ingabo muri Congo. Zimwe zifatanya na FARDC kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF mu gihe izindi ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bwo kugarura amahoro no gucunga umutekano mu duce twahoze turi…
SOMA INKURUCategory: Amakuru yo mu Mahanga
Umugore w’imyaka 78 yafatiwe mu cyuho
Umugore w’imyaka 78 wigeze gufungwa inshuro ebyiri kubera kwiba banki yongeye gutabwa muri yombi bwa gatatu nyuma y’ubujura bwa banki muri leta ya Missouri muri Amerika, nk’uko polisi ibivuga. Bonnie Gooch yinjiye muri Goppert Financial Bank maze ngo ahereza akandiko umukozi wo kuri ‘guichet’ ya bank amusaba ibihumbi by’amadorari muri cash. Agiye kandi yasize akandi kandiko kavuga ngo “Urakoze, umbabarire sinari ngambiriye kugutera ubwoba”, nuko yatsa imodoka yandurukana izo cash. Bonnie ubu ari muri kasho aho ashobora kurekurwa atanze $25,000 (27,000,000 Frw). Yambaye agapfukamunwa, amataratara y’umukara n’uturindantoki, uyu mukecuru yinjiye…
SOMA INKURUNta biganiro hagati ya leta na M23 -Muyaya
Umuvigizi wa leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Patrick Muyaya yatangaje ko nta biganiro birimo kuba hagati ya leta ya Kinshasa n’umutwe wa M23. Ni nyuma y’uko muri iki gihe hari agahenge kagereranyije mu mirwano imaze amezi menshi hagati y’inyeshyamba za M23 n’ingabo za leta ya DR Congo. Ako gahenge kariho mu gihe ingabo z’ibihugu by’akarere (Burundi, Kenya, Uganda na Sudani y’Epfo) zikomeje kwinjira no kugenzura ibice byari byarafashwe na M23 muri teritwari za Rutshuru, Masisi na Nyiragongo. Mu kiganiro n’abanyamakuru kuwa mbere i Kinshasa, Patrick Muyaya yavuze ko…
SOMA INKURUImpaka ni zose ku gitekerezo cyo guhuta abaremye
Kuri iki Cyumweru tariki 3 Mata 2023, nibwo Abafaransa 184 bari mu biganiro bigamije kurebera hamwe amavugurura akenewe mu itegeko rijyanye no gufasha umuntu urembye kurangiza ubuzima bwe atababaye, buri wese akakaba yagaragaje aho ahagaze, abenshi bakaba bemeza ko mu Bufaransa ubwo buryo bukwiriye gukoreshwa umurwayi bigaragara ko nta cyizere cyo gukira kandi ari kubabara, agahutwa. Nubwo abenshi bemeza ko umuntu urembye cyane kandi ababara akwiriye gufashwa gusoza ubuzima bwe, abitabiriye ibiganiro bose bahurije ku kuba ubwo buryo budakwiriye gukoreshwa ku bana n’abandi badafite ubushobozi bwo kwifatira umwanzuro. Ihuriro ry’abaganga…
SOMA INKURUHakomeje gututumba urunturuntu hagati y’u Bufaransa na Burkina Faso
Guverinoma ya Burkina Faso yafunze ibikorwa bya Televiziyo y’Abafaransa (France 24), izira guha ikiganiro Umuyobozi w’Umutwe wa Al Qaeda muri Maghreb (AQIM). Itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Burkina Faso, Jean-Emmanuel Ouedraogo, rivuga ko mu guha urubuga Umuyobozi Mukuru wa AQIM (Al Qaeda in the Islamic Maghreb), France 24 yahindutse umuyoboro w’itumanaho ry’abakora iterabwoba, inaha rugari iterabwoba n’imvugo z’urwango ziganisha ku ntego z’uyu mutwe muri Burkina Faso. Itangazo rikomeza riti “Bityo, Guverinoma mu nshingano zayo no mu nyungu zikomeye z’igihugu, yafashe icyemezo cyo guhagarika gahunda z’ibiganiro za France 24…
SOMA INKURUJack Ma washinze Alibaba yongeye kuboneka
Jack Ma washinze ikigo Alibaba, wari umaze igihe aboneka gacye cyane mu ruhame mu myaka itatu ishize, yabonetse ku ishuri riri i Hangzhou mu Bushinwa, nk’uko amakuru abivuga. Uyu mugabo w’imyaka 58 ntiyakunze kuboneka kuva yanenga abashinzwe ubukungu bw’Ubushinwa mu 2020. Jack Ma ni we muntu ukomeye cyane mu batunze za miliyari mu Bushinwa wari uherutse kubura mu kwibasira guheruka kuri ba rwiyemezamirimo mu ikoranabuhanga. Ikinyamakuru South China Morning Post kivuga ko aherutse kugaruka mu Bushinwa nyuma y’igihe kirenga umwaka ari mu mahanga. Iki kinyamakuru cy’ikigo cye Alibaba kivuga ko…
SOMA INKURUUwahoze ari Perezida wa USA yatangije ibikorwa byatunguye benshi
Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangiye ibikorwa byo kwiyamamariza kuzongera kuyobora iki gihugu binyuze mu matora ya Perezida ateganyijwe mu 2024. Ibikorwa byo kwiyamamaza Donald Trump yabitangiye ku wa Gatandatu tariki 25 Werurwe mu 2023, ahera i Waco muri Leta ya Texas. Muri aka gace uyu mugabo yakiriwe n’abakunzi be babarirwa mu bihumbi, abagezaho imigabo n’imigambi ye yazashyira mu bikorwa mu gihe baba bongeye kumugirira icyizere. Trump yabwiye ibihumbi by’abari bamukurikiye ko hari abantu bamaze igihe bamugendaho ariko uburyo bwonyine bwo kubacecekesha ari ukongera gusubira…
SOMA INKURUM23 ikomeje gushinja igisirikare cya Congo ubwicanyi bw’abasivile
Umutwe wa M23 wasabye Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba ziri mu butumwa bw’amahoro muri RDC, EACRF, n’itsinda rishinzwe kugenzura ibibera ku mipaka, EJVM, gukora iperereza ku byaha birimo gukorwa n’ingabo za Leta ya Congo. Uyu mutwe washinje ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugaba ibitero mu bice bya Busumba na Rugogwe, byaguyemo abasivili 17 naho 14 bagakomereka bikomeye. Ni ibitero byabaye mu gitondo cyo ku wa 25 Werurwe 2023, mu rugamba rumaze igihe ruhanganishije impande zombi. Mu itangazo yasohoye, M23 yakomeje ivuga ko uretse abasivili bapfuye abandi bagakomereka,…
SOMA INKURUUbwato bw’abimukira bukomeje gukora impanuka
Muri Tunisia habereye impanuka y’ubwato butwaye abimukira bwashakaga kujya i Burayi banyuze mu nyanja ya Méditerranée, hapfa abagera kuri 19. Amakuru y’iyi mpanuka yabereye ku cyambu kiri mu Mujyi wa Sfax, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 26 Werurwe 2023. Bivugwa ko umubare munini w’abapfuye ari abakomoka muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bashakaga kujya mu Butaliyani. Imibare igaragaza ko mbere y’iyi mpanuka mu gihe cy’iminsi ine kuri iki cyambu hamaze kurohamira ubwato butanu butwaye abimukira, impanuka zasize abagera kuri 67 baburiwe irengera mu gihe icyenda bitabye…
SOMA INKURUGoma:Abo mu bwoko bw’Abatutsi bari gutabwa muri yombi bashinjwa gukorana na M23
Abanye congo bo mu bwoko bw’Abatutsi batuye mu mujyi wa Goma ,bakomeje guhohoterwa n’inzego zishinzwe umutekano ,aho bari gutabwa muri yombi umusubirizo bakagerekwaho ibyaha byo gukorana n’umutwe wa M23. Urwego rushinzwe ubutasi muri Repubulika Iharaniranira Demokarasi ya Congo ANR(Agence National de Reseignment) ruvuga ko rwataye muri yombi abavuga Ikinyarwanda bagera kuri batanu mu mujyi wa Goma, bari mu bikorwa byo gukangurira urubyiruko kujya muri M23 . Lt Col Guillaume Ndjike Kaiko Umuvugizi w’ingabo za FARDC zo muri regiyo ya 34 ikorera muri Kivu y’Amajyaruru, yeretse itangazamakuru abatawe muri yombi ejo…
SOMA INKURU