Ni ugutinya cyangwa ni amayeri mu kwihakana drone yari yoherejwe ku nyubako ya Perezida Putin?

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahakanye uruhare mu gutegura igitero cya drone cyaburijwemo ku wa Gatatu, ku nyubako Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, akoreramo izwi nka Kremlin. Icyo gitero u Burusiya bwemeza ko cyagabwe na Ukraine, nubwo inzego z’umutekano z’u Burusiya zabashije kukiburizamo kuko zarashe iyo drone nta cyo irakora. Ukraine yo ivuga ko ari ibintu byahimbwe n’u Burusiya kugira ngo bubone icyo bushinja Ukraine no gukomeza intambara bwatangije muri Ukraine umwaka ushize. U Burusiya buvuga ko Ukraine itari kwishoboza gutegura icyo gitero idafashijwe na Amerika. Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida…

SOMA INKURU

Congo: Ubwicanyi bwakorewe i Kizimba burabazwa inyeshyamba cyangwa igisirikare cya leta?

Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, yamaganye ubu bwicanyi mbere yo gusaba abaribo EJVM, Urwego rushinzwe gucukumbura ibibazo bya Congo ndetse n’Urwego rwa EAC rushinzwe ubugenzuzi gukora iperereza kuri buriya bwicanyi. Yagize ati “M23 iramagana yivuye inyuma ubwicanyi bwakorewe i Kizimba bukozwe n’Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa. Turahamagarira urwego rushinzwe gucukumbura umuzi w’ibibazo biri mu Burasirazuba bwa Congo, EJVM ndetse n’Urwego rushinzwe ubugenzuzi rwa EAC gukora iperereza bagatangaza ibyarivuyemo.” Sosiyete Sivile yo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru yatangaje ko abasivile 16 barimo abagabo, abagore n’abana…

SOMA INKURU

Dore abizitabira umuhango wo kwimika Umwami Charles III w’Abongereza

Kuri uyu wa gatandatu Umwami Charles III w’Abongereza azimikwa ari kumwe n’umugore we Camilla bita Queen Consort, i Westminster Abbey mu murwa mukuru London. Iyi ni ishusho y’abantu ibihumbi batumiwe muri uwo muhango. Umwami yahisemo ko waba umuhango muto, mugufi kandi w’urunyurane rwa benshi kurusha umuhango nk’uyu uheruka wo kwimika nyina mu 1953. Ubutumire bwohererejwe abantu bagera ku 2,000 – ibi ni bimwe tuzi ku rutonde rw’abatumiwe.   Abo mu muryango w’ibwami Kimwe no mu bindi birori byose, abo mu muryango baza mbere, rero na benshi mu bo mu muryango…

SOMA INKURU

Perezida Joe Biden ntazitabira umuhango wo kwimika Umwami w’u Bwongereza

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko atazitabira umuhango wo kwimika Umwami w’u Bwongereza, Charless III ko ahubwo azahagararirwa n’umugore we, Jill Biden. Umuhango wo kwimika Charles III uteganyijwe mu Bwongereza ku wa 6 Gicurasi, uzanagaragaramo umugore w’uyu Mwami, Camilla, na we uzimikwa nk’Umwamikazi nubwo azaba adategeka. Nubwo uyu muhango biteganyijwe ko uzitabirwa n’abayobozi bavuye mu bihugu bitandukanye hirya no hino ku Isi, Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden we yamaze kuvuga ko atazaboneka. BBC yatangaje ko Perezida Biden ari umwe mu bakuru…

SOMA INKURU

Bugarijwe n’ikibazo cy’ibura ry’imiti y’abana

Abaganga bavura indwara z’abana bo mu Budage, u Bufaransa, Austria n’u Busuwisi bandikiye ibaruwa ifunguye Minisiteri z’Ubuzima muri ibyo bihugu bazisaba gukora ibishoboka zikita ku kibazo cy’ibura ry’imiti y’abana mu bihe u Burayi buba bwugarijwe n’ubukonje. Perezida w’uUrugaga rw’Abaganga bavura Indwara z’Abana mu Budage, BKVJ Thomas Fischbach, yatangaje ko mu kuva muri Nzeri kugera mu Ugushyingo hashobora kuzabaho ikibazo cyo kubura abazana imiti ivura abana ndetse akeka ko byazaba bibi cyane ugereranyije n’umwaka ushize. Ati “Itumba ntabwo riri kera. Tuzongera duhure n’ikibazo cy’imiti mike cyane izanwa ndetse bishobora kuzaba bibi…

SOMA INKURU

Ubuhinde bugiye guca ku Bushinwa mu guturwa n’abaturage benshi

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko bitarenze mu mpera y’iki cyumweru Ubuhinde buzaca ku Bushinwa bukaba igihugu cya mbere ku isi gituwe n’abaturage benshi. Biteganyijwe ko abaturage b’Ubuhinde bazagera kuri 1,425,775,850 mu mpera y’uku kwezi kwa Mata, nkuko bigaragazwa n’amakuru mashya ya ONU. Mu cyumweru gishize, irindi shami rya ONU ryateganyaga ko Ubuhinde buzaca ku Bushinwa hagati muri uyu mwaka. Ibi bihugu byo ku mugabane w’Aziya bimaze imyaka irenga 70 byihariye abarenga kimwe cya gatatu (1/3) cy’abatuye isi. Mu itangazo, ishami rya ONU rishinzwe ubukungu n’imibereho, DESA (Department of Economic and Social…

SOMA INKURU

Sudani: Intambara ikomeje gufata indi ntera, ibihugu bikomeye bihungisha abaturage babyo

Imirwano hagati y’Umutwe wa RSF n’Igisirikare cya Sudani yatangiye mu mpera z’icyumweru gishize ikomotse ku kutumvikana ku masezerano yagombaga gusinywa ku wa 1 Mata 2023 agamije kuvanga ingabo za Leta zihagarariwe na Gen Abdel Fattah al-Burhan usanzwe uyoboye Akanama ka Gisirikare gategeka igihugu na RSF iyobowe na Gen Mohamad Hamdan “Hemedti” Dagalo usanzwe unamwungirije, ibi byatumye ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bwongereza n’u Bufaransa bitangira guhungisha abaturage babyo babaga muri Sudani. Itangazo ryasohowe n’Igisirikare cya Sudani ryahamije ko Umugaba w’Ingabo zemewe za Leta, Gen Abdel Fattah al-Burhan,…

SOMA INKURU

Dore icyo abanyarwanda bari muri Sudani basabwa

Ambasade y’u Rwanda muri Sudani kuri uyu wa 21 Mata 2023 yasohoye itangazo rivuga ko iri gukurikiranira hafi intambara iri kubera muri iki gihugu, isaba Abanyarwanda bose bahatuye kwitwararika. Itangazo rigira riti “[Ambasade] Irasaba abanyarwanda bahatuye gukomeza kwitwararika ku bw’umutekano wabo. Ni muri urwo rwego ibasaba gukomeza kuyisangiza amakuru y’umutekano wabo no kuyimenyesha aho baherereye muri iki gihe.” Rinasobanura ko Ishami rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga rishinzwe Abanyarwanda baba mu mahanga hamwe n’Ibiro bishinzwe Abinjira n’abasohoka bishobora kubafasha. Umuryango w’Ibihugu by’i Burayi, EU wo watangaje ko uteganya gukura abaturage bo mu…

SOMA INKURU

Byemejwe ko Gen Alain Guillaume Bunyoni yaburiwe irengero

Kuri uyu wa Gatatu nibwo Minisitiri w’Umutekano mu Burundi, Martin Niteretse yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, atangaza ko urugo rwa Gen Alain Guillaume Bunyoni rwasatswe kuri uyu wa Kabiri, ariko abamushakaga ntibamusanze iwe, mu gihe bivugwa ko yahunze. Ntabwo kugeza ubu icyo ubushinjacyaha bukurikiranye kuri Bunyoni kiratangazwa, icyakora mbere yo gukurwaho byavuzwe ko yaba yari mu mugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye. Yagize ati “Nibyo habaye isakwa imuhira kwa Alain Guillaume Bunyoni kuko hariho amaperereza ubutabera bwashakaga kumukoraho. Ariko ntibamubonye.” Yakomeje ati “Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe, ubushinjacyaha bukuru bwagiye gusaka…

SOMA INKURU

urukurikirane rw’imodoka z’abadiplomate b’Amerika rwarashweho

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Amerika Antony Blinken yavuze ko urukurikirane rw’imodoka z’abadiplomate b’icyo gihugu rwarashweho muri Sudan ku wa mbere ariko nta wakomeretse. Ari mu Buyapani, nyuma y’ibiganiro by’itsinda ry’ibihugu bikize cyane ku isi rya G7, Blinken yabwiye abanyamakuru ati: “Iki cyari igikorwa kitagize icyo cyitayeho, kidashyize mu gaciro kandi birumvikana kitarimo umutekano”. Mbere, byatangajwe ko ambasaderi w’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU/UE) muri Sudan, Aidan O’Hara, yagabweho igitero mu rugo iwe mu murwa mukuru Khartoum. Uyu mujyi urimo gushegeshwa n’imirwano yapfiriyemo abantu, ishyamiranyije igisirikare cya Sudan n’umutwe witwara gisirikare. Uyu mudiplomate w’Umunya-Ireland…

SOMA INKURU