Perezida wa Centrafrique yageze i Kigali, uruzinduko ruvuze byinshi

Nk’uko byari biteganyijwe none kuwa kane, tariki ya 5 Kanama 2021, ku isaha ya saa tanu n’igice, Perezida wa Centrafrique, Faustin-Archange Touadéra, yasesekaye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, aho yaje mu ruzinduko rwo gushimangira umubano afitanye n’u Rwanda ruzamara iminsi . Uru ruzinduko rw’iminsi ine ruteganyijwe kuva kuri uyu wa kane tariki ya 5-8 Kanama 2021,  Perezida Touadéra arakirwa na Perezida Paul Kagame, bagirane ibiganiro byihariye mbere yo gukurikirana isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye n’imikoranire mu nzego zitandukanye. Perezida Touadéra azasura Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside iri mu…

SOMA INKURU

Icyo Minisitiri Gatabazi atangaza kuri gitifu washyizeho ‘Guma mu rugo’

Tariki ya 3 Kanama 2021, nibwo hasohotse itangazo ryanditswe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gatare ashyira muri Guma mu Rugo akagari ka Gatare kari mu murenge ayobora. Ni ibintu byatunguye benshi ndetse abandi batanga ibitekerezo ko uyu muyobozi yarengereye, abandi bamushima gufata icyemezo agamije kurinda abaturage ayobora. Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bwahise butesha agaciro itangazo ry’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gatare, ndetse abantu batangira kuvuga ko uyu muyobozi ashobora gufatirwa ibihano, abandi bakavuga ko ashobora no kwirukanwa. Ministiri Jean Marie Vianney Gatabazi aganira n’itangazamakuru yavuze ko icyo umuyobozi yakoze nta gikuba yaciye.…

SOMA INKURU

Uko gahunda yo gukingira igituntu ihagaze mu Rwanda

Imyaka 100 irashize havumbuwe urukingo rw’indwara y’igituntu. Abahanga mu buvuzi bagaragaza ko itangwa ryarwo bagabanyije imfu ziterwa n’iyi ndwara ndetse n’abaturage bagasobanukirwa ubukana bwayo. Ku kigo nderabuzima cya Kinyinya mu Karere ka Gasabo, ababyeyi baje muri gahunda yo gukingiza abana bavuga ko bamaze gusobanukirwa ibyiza by’inkingo, birimo urukingo rw’indwara y’igituntu ruhabwa abana bakivuka. Mukankuranga Nadine yagize ati “Urukingo rw’igituntu naruhesheje umwana, bizamurinda kwandura igituntu no kurwaragurika, bityo akure neza.” Nyirahabimana Alphonsine we yagize ati ‘’Batubwira ko gukingiza abana hakiri kare, bibarinda indwara nyinshi kandi bikabaha gukura neza. Bisaba guhora umuntu…

SOMA INKURU

Impamvu umuryango wa Kabuga usaba gusesa urubanza rwe

Umuryango w’umunyemari Kabuga Félicien ufatwa nk’umuterankunga mukuru wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wasabye ko urubanza rwe ruseswa kuko adafite ubushobozi bwo kuburana. Félicien Kabuga kuri ubu ari mu maboko y’ubutabera bw’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), aho akurikiranyweho ibyaha birimo icya Jenoside no kuba icyitso cy’abakoze Jenoside. Kabuga akurikiranyweho kandi guhamagarira abantu ku mugaragaro kandi mu buryo butaziguye gukora Jenoside, ubwinjiracyaha bwa Jenoside, ubwumvikane bugamije gukora Jenoside, itoteza n’itsembatsemba nk’ibyaha byibasiye inyokomuntu byakorewe mu Rwanda mu 1994. Abo mu muryango we kuri ubu batangaje ko uyu…

SOMA INKURU

Abakozi b’akarere ka Rwamagana bakomeje kuzira agasembuye

Abakozi batatu b’Umurenge wa Gishari uherereye mu Karere ka Rwamagana bahagaritswe mu kazi nyuma yo gufatirwa mu kabari bari kurya, bananywa inzoga barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19. Aba bakozi bahagaritswe mu kazi amezi abiri barimo umukozi ushinzwe ubworozi ku Murenge, ushinzwe ubutaka n’umukozi w’urwego rushinzwe kunganira uturere mu by’umutekano Dasso bose bakaba basanzwe bakorera ku Murenge wa Gishari. Amakuru agera ku itangazamakuru avuga ko aba bakozi mu cyumweru gishize ubwo bari bagiye mu kazi bafatiwe ahantu mu kabari bari kurya ndetse bananywa inzoga mu gihe Akarere ka Rwamagana kari…

SOMA INKURU

Icyegeranyo cya covid-19 mu Rwanda no ku isi

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri taliki ya 3 Kanama 2021,  habonetse abantu bashya 775 basanganywe icyorezo cya COVID-19, batumye abamaze gutahurwaho iki cyorezo basaga 72,800 barimo abasaga 26,000 bamaze gukira. Muri iyo mibare y’abamaze gutahurwa kandi harimo na 844 bahitanywe n’icyo cyorezo, aho 13 bapfuye mu masaha 24 ashize. Abarwayi bashya babonetse mu bipimo 10,636 bakaba bangana na 7.2%% . Mu minsi 7 ishize, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 5,854 bangana na 9.2% by’ibipimo 63,378, mu gihe ibipimo byose bimaze gufatwa guhera muri Werurwe 2020 bimaze kugera kuri…

SOMA INKURU

Wuhan ubwoba ni bwose nyuma yo kwirara ko icyorezo bagisezereye

Kugeza ubu ubwoba ni bwose  mu Mujyi wa Wuhan wagaragayemo bwa mbere icyorezo cya covid-19 kuko hongeye  kugaragara abantu banduye iki cyorezo, abenshi bakaba basanganywe ubwoko bwa delta. Ibi byatumye u Bushinwa bugira icyoba nyuma y’uko hongeye kugaragara abarwayi ba Covid-19 bagera kuri 300 mu minsi 10 gusa. Inzego z’ubuzima zitangaza ko ubwandu bushya buri kuboneka buri guterwa ahanini n’ubwoko bushya bwa virus ya Delta n’ubukerarugendo bw’imbere mu gihugu. Igiteye impungenge ni uko ubwandu bukomeje kugaragara mu Ntara 15 zitandukanye ari nabyo bigiye gutuma Guverinoma ishyiraho ingamba zo gupima abantu…

SOMA INKURU

Ikihishe inyuma y’igisa n’imyigaragambyo y’abafana ba Rayon Sports

Kuri uyu wa Mbere tariki 2 kanama 2021, Komite Nyobozi ya Rayon Sports yagize inama igamije kwiga ku mibereho y’ikipe n’uburyo hazagurwa abakinnyi bashya, ariko mu gihe iyi nama yabaga, bamwe mu bafana b’iyi kipe bageze aho yabereye ku Kimihurura, bafite ibyifuzo byazamura ikipe yabo. Aba barimo abasanzwe bazwi nka Rwarutabura, Malaika, Kabulimbo, Nkundamatch, Nyamasheke, Grace, Cyumba na Sarpong. Bavuze ko bashakaga kuganira n’ubuyobozi bw’iyi kipe kugira ngo bubasobanurire icyo bugiye gukora kugira ngo izitware neza mu mwaka utaha w’imikino. Umwe yabwiye itangazamakuru ati “Turifuza Rayon Sports twahoranye.” Bavuze ko…

SOMA INKURU

Historically meaningfull of nyabarongo River in the region

By NIKUZE NKUSI Diane The fact that Nyabarongo is the real source of the Nile is now undisputable, after the overdue research that was carried out in 2006 and its subsequent findings. But even without the research, many Ugandans who live on the shores of Lake Victoria and the river’s biggest beneficiaries, had reckoned with this truth in 1994 when they started seeing headless and mutilated bodies that were floating deep inside Uganda during the horrendous genocide. The same bodies went as far as the port of Kisumu, a fact…

SOMA INKURU

Perezida Samia Suluhu mu Rwanda, uruzinduko rwitezweho byinshi

Kuri uyu wa mbere tariki 2 Kamena nibwo Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yasesekaye i Kigali, uru ruzinduko rwe rw’imisi ibiri rukaba rwitezweho byinshi mu iterambere ry’u Rwanda.  Uru ruzinduko rwa Perezida Samia, rwitezweho ko ibihugu byombi bisinyana amasezerano y’imikoranire agamije iterambere mu ngeri zitandukanye. Perezida Samia wagiye ku butegetsi muri Werurwe uyu mwaka wa 2021, asimbuye nyakwigendera John Pombe Magufuri, yageze mu Rwanda muri iki  gitondo, akaba yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta, akaba yaherukaga mu Rwanda muri 2016 akiri visi perezida ubwo yari yitabiriye inama…

SOMA INKURU