Abadepite batabarije abaturarwanda ku izamuka ry’ibiciro rya hato na hato

Abagize Inteko Ishinga Amategeko basabye Banki Nkuru y’u Rwanda kugira icyo ikora ku izamuka ry’ibiciro by’ibicuruzwa bitandukanye bikenerwa na benshi ariko Guverineri John Rwangombwa avuga ko nta kibazo gihari. Abadepite bagaragaje ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2021. Bagaragaje ko mu byahenze harimo ibiribwa, ibikoresho by’ubwubatsi, ibikomoka kuri peteroli n’ibindi. Senateri Mugisha Alexis yavuze ko mu nshingano z’ibanze za Banki Nkuru y’Igihugu harimo kubungabunga ubusugire bw’ibiciro ku masoko ariko kuri ubu bikaba bihindagurika cyane. Ati “Nyuma y’ukwezi kumwe usubira ku isoko ugasanga ibiciro byahindaguritse by’umwihariko iby’ibiribwa bikoreshwa kenshi,…

SOMA INKURU

Iyangirika ry’umuhanda Huye-Nyamagabe intandaro y’urupfu rw’abantu babiri

Ikamyo ya rukururana yaturukaga i Nyamagabe yerekeza i Huye yaguye mu iteme ririmo gusanwa ku mugezi wa Nkungu, abari bayirimo barapfa. Iteme ryo ku mugezi wa Nkungu utandukanya imirenge ya Gasaka na Kamegeri mu Karere ka Nyamagabe, ryacitse mu minsi yashize, bituma umuhanda wa kaburimbo Huye-Nyamagabe utaba nyabagendwa. Icyakora mu gihe ririmo gusanwa, habaye hakozwe agahanda ko kuba kifashishwa n’imodoka, ariko iyi kamyo yaraye iguye aho abasana umuhanda bacukuye, bagatangira no kubaka iteme bundi bushya. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Théobald Kanamugire, yatangarije Kigali Today ko iyo kamyo…

SOMA INKURU

Icyo guverineri Gasana yasabye abaturage ayoboye

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel  Gasana, arasaba abahinzi n’aborozi kubana neza batabangamiranye ahubwo bakuzuzanya, umworozi agaha umuhinzi amata n’ifumbire undi akamuha ibisigazwa by’imyaka bikagaburirwa amatungo. Yabibasabiye mu muganda wo kurwanya amapfa wabereye mu Kagari ka Kirebe, Umurenge wa Rwimiyaga, aho abahinzi bijujutiye konesherezwa n’aborozi. Guverineri Gasana avuga ko ubworozi bugezweho ari ubukorwa aborozi bagaburira amatungo yabo, aho kuyazerereza cyangwa kwizera ko ubwatsi buri mu rwuri buzayahaza. Avuga ko ubuhinzi bugezweho ari ubukoreshwa ifumbire mborera n’imvaruganda, kuko aribwo birushaho gutanga umusaruro. Asaba abahinzi n’aborozi kubana neza bagafashanya mu bikorwa byabo, bahanahana ibikomoka…

SOMA INKURU

Minisitire w’ubuzima wa Kenya yatunguwe n’uruhare rw’abajyanama b’ubuzima mu guhashya malariya

Kuri uyu wa gatatu tariki 17 Ugushyingo 2021, Minisitiri w’Ubuzima wa Kenya, Mutahi Kagwe akaba ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, yashimye uruhare rw’abajyanama b’ubuzima mu kurwanya Malaria avuga ko ibihugu byo mu karere bikwiriye gutahiriza umugozi umwe mu rugamba rwo guhashya iyi ndwara. Minisitiri Kagwe yashimye uburyo abajyanama b’ubuzima bafatanya n’abakozi ku bigo nderabuzima gushakisha aho imibu iterera amagi ngo hafatwe ingamba zo kuyirinda hakiri kare. Yavuze ko ibi bikorwa abajyanama b’ubuzima bakora ari indashyikirwa kuko bifasha igihugu mu kuzigama amafaranga menshi yakabaye agenda mu bikorwa byo kuvuza abarwayi…

SOMA INKURU

Sudani: Ibintu bikomeje guhindura isura, abaturage baricwa bamagana ubutegetsi

Abantu bagera kuri 15 bishwe barashwe, abandi barakomereka ubwo ibihumbi by’abaturage biraraga mu mihanda kuri uyu wa Gatatu bamagana ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye mu kwezi gushize muri Sudani. Abigaragambyaga baririmbaga bikiranya bati “ntidushaka ubutegetsi bwa gisirikare.” Nibura abantu 39 bamaze kwicwa mu Mujyi wa Khartoum by’umwihariko mu turere two mu majyaruguru mu myigaragambyo yabaye kuva igisirikare cyafata ubutegetsi. Abandi amagana barakomeretse nk’uko byatangajwe n’ihuriro ry’abaganga baharanira demokarasi. Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa byatangaje ko imyigaragambyo yabereye mu bice bitandukanye by’Umurwa Mukuru nubwo imirongo ya telefoni yari yafunzwe ndetse serivisi za internet zikaba zidakora…

SOMA INKURU

Kigali: Gupima no gukingira Covid-19 byatangiye gukorerwa ahahurira abantu benshi

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC), cyatangaje ko guhera kuri uyu wa Kabiri taliki 16 hatangijwe igikorwa cyo gukingira COVID-19 kirimo kubera muri za gare zinyuranye zo mu Mujyi wa Kigali kikaba cyatangiriye muri gare ya Nyabugogo.   Iyi gahunda biteganyijwe ko ikorerwa muri gare zose zo mu mujyi wa Kigali aho abagenzi bategera imodoka ari zo gare ya Nyabugogo, Nyarugenge (DownTown), Kimironko, Remera na Nyanza. Gahunda ni  ‘Ikingize utegereje bisi’ . Nkuko byatangajwe kuri twitter ya RBC harimo gutangwa doze ya mbere n’iya kabiri ku bantu bose bafite imyaka 18 kuzamura…

SOMA INKURU

Iburengerazuba: Bane mu bayoboraga uturere ntibisanze mu batowe muri njyanama

Uturere tw’Intara y’Iburengerazuba twabonye abagize Inama Njyanama zizatorwamo abayobozi b’uturere, muri iyo Ntara ariko hari abari abayobozi b’uturere batatu biyamamaje ntibatorwa, mu gihe hari undi umwe utiyamamaje. Abatowe muri Rusizi Ni amatora yitabiriwe n’abashaka kujya mu Nama Njyanama benshi kandi bafite byinshi bashaka guhindura, umubare w’abitabiriye kwinjirana mu nama njyanama uyu mwaka ukaba uruta abahatanye mu matora yabaye mu bihe byashize. Buri Karere byari biteganyijwe ko gatora abakandida umunani (8) bagomba kwiyongeramo abavuye muri 30% by’abagore hamwe n’uhagarariye urubyiruko, abafite ubumuga hamwe n’abikorera bakuzura 17. Mu Karere Rubavu kwiyamamaza mu…

SOMA INKURU

Icyasabwe abajyanama bashya b’uturere

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye abatorerwa kujya mu nama njyanama z’uturere kumanuka bagasanga abaturage mu ngo bakamenya ibibazo byabo, kugira ngo mu gihe cyo kubakorera ubuvugizi, babe bafite amakuru ahagije y’ubuzima bwabo. Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Ugushyingo 2021 mu Karere ka Rwamagana, ubwo yari yitabiriye ibikorwa byo kugenzura uko amatora y’abajyanama rusange umunani bajya mu nama njyanama z’uturere ari kungenda. Ni igikorwa kiri kubera hirya no hino mu turere dutandukanye aho hari gutorwa abajyanama umunani buzuza abatowe mu mpera z’icyumweru gishize, barimo…

SOMA INKURU

Perezida Kagame yakiriye uwashinze ishuri ryigisha ibijyanye n’Ubuyobozi muri Afghanistan

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 16 Ugushyingo 2021, Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye Shabana Basij-Rasikh washinze akaba na Perezida w’Ishuri ryigisha ibijyanye n’Ubuyobozi muri Afghanistan (SOLA) riheruka kwimurira ibikorwa byaryo mu Rwanda by’agateganyo. Village Urugwiro, ibinyujije ku rukuta rwa Twitter rwanditse ko aba bombi bahuye, banagirana ibiganiro byihariye ariko nta makuru arambuye abyerekeye yigeze atangazwa. Shabana Basij-Rasikh w’imyaka 31 yasuye u Rwanda nyuma y’amezi agera kuri abiri ibikorwa by’ishuri rye abyimuriye mu rw’Imisozi 1000 nyuma y’inkubiri yakurikiye ifatwa ry’ubutegetsi kw’Abataliban. Abakobwa 250 bo mu Ishuri rikuru ryigisha…

SOMA INKURU

Hakwiye gushimangira ubufatanye bwa Afurika n’u Bushinwa -Minisitiri w’intebe 

Kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Ugushyingo 2021, hifashishijwe ikoranabuhanga,Minisitiri w’Intebe Dr Edourd Ngirente yitabiriye ihuriro rya kane ry’ubufatanye bw’inzego z’ibanze rya Afurika n’u Bushinwa ashimangira ko hakwiye kugumaho ubushake bwa politiki mu gushimangira ubufatanye bwa Afurika n’u Bushinwa.  Mu ijambo Minisitiri w’Intebe, Dr. Edourd Ngirente yagejeje kubitabiriye iri huriro hifashishijwe ikoranabuhanga,  avuga ko Guverinoma y’u Rwanda ishima  ubufatanye buhari hagati y’ ibihugu byombi, ndetse no hagati y’ ubushinwa na Afurika muri Rusange. Minisitiri w’ intebe Edourd Ngirente kandi yavuze ko ubu bufatanye bwafashije mu iterambere mu nzego zitandukanye. Yagize…

SOMA INKURU