Icyo umwiherero w’abacamanza b’urukiko rw’ikirenga n’ab’urw’ubujurire witezweho

Kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Werurwe 2022, abacamanza b’urukiko rw’ikirenga n’ab’urukiko rw’ubujurire n’abandi bakozi  b’urwego rw’ubucamanza mu Rwanda batangiye umwiherero uzamara iminsi itatu. Uyu mwiherero ufite insanganyamatsiko igira iti “insobanurampamo  ry’Itegeko Nshinga n’andi mategeko,ubunararibonye bwo gutegura ingingo z’amategeko no gushingira ku byemezo by’inkiko (imanza zasomwe.” Atangiza uyu mwiherero, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Faustin Ntezilyayo yavuze ko wagombaga kuba warabaye mbere ariko ntibyashoboka bitewe n’ubukana bw’ icyorezo cya COVID19. Avuga ko uyu mwiherero uzasigira  uzafasha uru rwego gutunganya neza no kurangiza inshingano zo gutanga ubutabera ruhabwa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u…

SOMA INKURU

Igihugu cy’abaturanyi cyemejwe mu bihugu bize EAC bidasubirwaho

Mu nama y’abakuru b’ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’u Burasirazuba “EAC” yabeye kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Werurwe 2022, hafashwe umwanzuro w’uko Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yinjira muri uyu muryango. Ni icyemezo cyatangajwe na Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta ari na we uyoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri iki gihe. Kwinjira muri EAC kwa DRC bitumye uyu muryango uhita ugira ibihugu 7 binyamuryango. Ari byo Tanzania, Kenya na Uganda, u Rwanda, Burundi,  Repubulika ya Sudan y’Epfo na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo. Ufashe abaturage b’ibi bihugu byose bigize umuryango…

SOMA INKURU

CHUK habonetse imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyarugenge bwasohoye itangazo rihamagarira abantu baburiye ababo mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuza kureba niba mu mibiri yahabonetse hari abo bamenyamo. Akarere ka Nyarugenge kavuga ko iyo mibiri igera kuri 89, yabonetse ku itariki 10 Werurwe 2022 mu byobo byacukuwe muri CHUK, ubwo harimo kubakwa inzu nshya zunganira abarwayi, hafi y’ahari uburuhukiro bw’abitabye Imana (Morgue). Itangazo rigira riti “Turasaba ababa bafite ababo bakeka ko bahaguye kuzagera aho iyo mibiri izatunganyirizwa mu Rwunge rw’Amashuri rwa Cyivugiza, ruherereye mu Murenge wa…

SOMA INKURU

Ibyitezwe ku nama izahuza abakuru b’Ibihugu bigize EAC

Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ‘EAC”, bagiye guhurira mu nama ya 19 idasanzwe izaba mu buryo bw’ikoranabuhanga kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Werurwe 2022. Iyi nama yitezweho ko izemeza raporo y’Akanama k’Abaminisitiri ivuga ku biganiro byabaye hagati ya EAC na Repubulika Ihranira Demokarasi ya Congo (RDC), bigamije kwinjiza iki gihugu muri uyu muryango. Inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yabanjirijwe n’iy’Akanama k’Abaminisitiri yabaye kuwa Gatanu w’icyumweru gishize, yari igamije kugena ibizigwaho na gahunda izakurikizwa mu kwemeza RDC ko yinjiye muri EAC. Kwinjiza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri…

SOMA INKURU

Perezida wa Ukraine yaba agiye kwisubiraho

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kuganira n’u Burusiya ku ngingo zirimo kuba kitazagira aho kibogamira mu bice bihanganye muri iki gihe, kugira ngo kibashe kugera ku masezerano y’amahoro. Ni ibyemezo ariko ngo byasaba ko iki gihugu cyizezwa umutekano usesuye, kandi bikabanza kwemezwa binyuze muri kamarampaka. Zelensky yabivuze kuri iki Cyumweru, mbere y’uko ibihugu byombi bisubukura ibiganiro bigamije guhagarika intambara, bibera muri Turikiya hagati y’amatariki ya 28-30 Werurwe. Intumwa z’ibihugu byombi ziraba ziri hamwe. Yabwiye abanyamakuru ko biteguye kuganira no ku ngingo zirimo umutekano wa Ukraine…

SOMA INKURU

Umuryango Transparancy International Rwanda uratabariza abahinzi

Umuryango urwanya ruswa n’Akarengane Transparancy International Rwanda wagaragaje ko nubwo Imihigo ari gahunda igira uruhare mu iterambere bikanafasha ko buri muyobozi abazwa inshingano ze, hakiri ikibazo cyo kuba abahinzi nk’urwego rufatiye ubukungu bw’igihugu runini basa n’abirengagizwa mu gihe cy’imihigo. Mu bushakashatsi bwakozwe n’uyu muryango, bugaragaza ko abahinzi bagihabwa umwanya muto cyane mu mihigo nyamara aribo bashyira mu bikorwa izo gahunda. Transparancy Rwanda yagaragaje ko mu turere dutatu twakoreweho ubushakashatsi ari two Rubavu, Burera na Kamonyi, bugaragaza ko muri Burera abahinzi bagira uruhare bagera kuri 34.41%, Rubavu ifite 16.86% mu gihe…

SOMA INKURU

Kigali: ubukangurambaga mu kurwanya imyuka ihumanya ikirere burakomeje

Kuri uyu wa gatanu tariki 25 Werurwe 2022, ubukangurambaga bwo kurwanya ihumana ry’ikirere riterwa n’ibinyabiziga bikoresha ibikomoka kuri Peterori bwakomereje mu karere ka Nyarugenge, mu murenge wa Kanyinya n’uwa Kigali. Ubu bukangurambaga buzamara ukwezi bwatangijwe kuwa 24 Werurwe 2022 na Minisiteri y’Ibidukikije ibinyujije mu kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije “REMA” ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gitsura ubuziranenge “RSB”, na Polisi y’u Rwanda, bukaba bugamije gukumira ingaruka zikomoka ku mihindagurikire y’ibihe kuko ubushakashatsi bwerekanye ko imyuka iva mu modoka ari kimwe muri nyirabayazana w’iki kibazo by’umwihariko mu mijyi ndetse inangiza umwuka duhumeka.…

SOMA INKURU

Perezida Tshisekedi yahawe impano n’umukinnyi wa Maroc

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo “RDC” Felix Tshisekedi yagiye mu rwambariro rw’abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Maroc nyuma y’aho umukino bakinaga n’ikipe ya RDC urangiye banganyije 0-0, yifata amafoto nabo, hanyuma Ashraf Hakimi amuha umupira yakinannye. Uwarebye umupira wese yakwemera ko ikipe ya Les Leopards yatengushye bikomeye Abakongomani barimo na Perezida Tshisekedi wari uyishyigikiye bikomeye kuko amahirwe akomeye Mbokani na Bakambu babonye bakayapfusha ubusa yababaje benshi. Muri uyu mukino wa Kamarampaka wo gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Qatar uyu mwaka,Maroc yatangiye uyu mukino irushwa bikomeye , byatumye ku…

SOMA INKURU

U Burusiya bukomeje guterwa utwatsi nubwo bwemeza ko bwavumbuye ibanga rikomeye

Mu kiganiro Minisiteri y’Ingabo mu Burusiya yagiranye n’abanyamakuru kuwa Kane tariki 24 Werurwe 2022 yerekanye inyandiko zihamya ko sosiyete ya Rosemont Seneca Partners iyoborwa na Hunter Biden umuhungo wa Perezida wa USA Joe Biden yateye inkunga ibikorwa byo gukorera intwaro za kirimbuzi muri Ukraine. Umuyobozi ushinzwe ibijyanye n’intwaro za kirimbuzi mu gisirikare cy’u Burusiya, Igor Kirillov yavuze ko izi nyandiko ari ikimenyetso simusiga cy’uko Amerika ifite akaboko mu mugambi wa Ukraine wo gukora intwaro za kirimbuzi. Ati “Ibi bimenyetso byatuma umuntu abasha gukurikirana uruhare rw’ibigo bya Guverinoma ya Amerika mu…

SOMA INKURU

Kamonyi: Bibukijwe akamaro k’ihame ry’uburinganire mu muryango

Kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Werurwe 2022, mu karere ka Kamonyi, hakozwe ubukangurambaga bugamije kumenyekanisha ihame ry’uburinganire n’akamaro karyo hagamijwe kugera ku iterambere rirambye. Umugenzuzi Mukuru w’uburinganire mu kigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’umugore n’umugabo (Gender Monitoring Office “GMO”) Madamu Rwabuhihi Rose yasabye abagabo bamwe na bamwe kwivanamo ko ihame ry’uburinganire rireba abagore, ahubwo ko ari ngombwa ko n’abagabo barisobanukirwa kugira ngo bagire uruhare mu iterambere ry’igihugu. Yagize ati “Turi hano kugira ngo twumve neza Ihame ry’Uburinganire , iri hame ntirireba abagore ahubwo rirareba abanyarwanda twese…

SOMA INKURU