Minisiteri y’Ubuzima muri Sénégal yatangaje ko ibitaro byo mu Murwa Mukuru, Dakar ubushobozi bwabyo bwo kwakira abarwayi ba Covid-19 bwarenze kubera ubwiyongere bw’abandura. Ubwandu bwa Covid-19 muri icyo gihugu bumaze iminsi bwiyongera aho nibura ku munsi ubu handura abantu 1700. Abayobozi mu nzego z’ubuzima batangaje ko nibura 99 % by’ibitanda byari bigenewe abarwayi ba Covid-19 mu bitaro byo mu murwa mukuru byashize. Laboratwari nazo ubushobozi bwazo bwo gupima abarwayi bashya buri kugenda bugabanyuka. BBC yatangaje ko bishobora kuza kuba ngombwa ko Perezida Macky Sall afata izindi ngamba zikomeye mu guhangana n’ubwiyongere…
SOMA INKURUYear: 2021
Umushinga wakomwe mu nkokora na Covid-19 ugiye gusubukurwa
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo iratangaza ko umushinga wa Gari ya Moshi u Rwanda ruhuriyeho n’ibihugu bya Tanzania na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ugiye gusubukurwa ndetse ukihutishwa kurushaho nyuma yaho ukomewe mu nkokora n’ibibazo birimo n’icyorezo cya COVID-19. Ni umushinga wo kubaka inzira ya gari ya moshi yambukiranya umuhora wo hagati (Central Corridor), igomba guhuza Dar Es Salam na Kigali ndetse igakomeza muri DRC inyuze i Rubavu. Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Amb. Claver Gatete, avuga ko uyu mushinga ugiye gukomeza nyuma y’uko undi wo mu muhora wa ruguru (Northern Corridor) wagombaga…
SOMA INKURUPerezida Kagame yavuze ku bijyanye n’ibiribwa muri Afurika
Ubutumwa bukubiye mu ijambo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango w’Ubufatanye Bugamije Iterambere rya Afurika (NEPAD), yagejeje ku bayobozi bitabiriye inama ibanziriza Ihuriro ry’Umuryango w’Abibumbye riziga ku bijyanye n’ibiribwa hibandwa ku bimaze kugerwaho mu cyerekezo 2030. Ati ” Kuri Afurika, umugambi ni uwo guhagarika gukomeza kwishingikiriza bikabije ku biribwa biva mu mahanga, kurandura imirire mibi no guhanga amamiliyoni y’imirimo mu bukungu bushingiye ku ruhererekane rw’ibiribwa. Nitubikora dutyo tuzaba dushyizeho iringaniza rizima hagati y’abantu n’umubumbe”. Iyo nama yakiriwe na Roma mu Butaliyani guhera ku wa Mbere…
SOMA INKURUIcyo Minisitiri Gatabazi atangaza ku bayobozi bahohotera abaturage
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yavuze ko Leta itazigera na rimwe yemera ko abaturage bavutswa uburenganzira bwabo, ananenga abayobozi babakubita ko bafite ubudahangarwa budakwiye kuvogerwa. Minisitiri Gatabazi yavuze ko ababazwa n’umuyobozi uhohotera umuturage mu gihe afite ibyo amugomba kandi biri mu nshingano ze. Yabitangarije mu Kiganiro “Zinduka” cya Radio 10 cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 22 Nyakanga 2021. Yagize ati “Leta y’u Rwanda iha umuturage agaciro. Umuturage ni umunyagitinyiro no mu Itegeko Nshinga biranditse rero afite kuhabwa, guhabwa agaciro no kwigishwa. Iyo twigisha abaturage tuba dushaka…
SOMA INKURURwanda: Menya umubare w’abamaze guhabwa ibiribwa bari muri ‘Guma mu rugo’
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) imaze gutangaza ko ingo ibihumbi 184 ziri mu Mu mujyi wa Kigali n’ingo ibihumbi 26 ziri mu turere twashyizwe muri gahunda ya Guma Mu Rugo, zimaze kubona ibiribwa. MINALOC ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yanagaragaje ko mu Mujyi wa Kigali ingo ibihumbi 184 kugeza ku mugoroba w’ejo hashize ku wa Gatatu zari zimaze kubona ibiribwa bizitunga muri iki gihe cya Guma Mu Rugo. Iti “Gahunda yo gutanga ibiribwa ku baturage bagizweho ingaruka na Guma Mu Rugo irakomeje, ku mugoroba wo ku wa Gatatu ingo ibihumbi 184…
SOMA INKURUAfurika y’Epfo: Imyigaragambyo ikomeje gufata indi ntera
Umubare w’abamaze gutangazwa ko bapfiriye mu rugomo rwakurikiye ifungwa ry’uwari Perezida w’Afurika y’Epfo Jacob Zuma wazamutse ugera ku bantu 276. BBC yavuze ko ibikorwa by’ubucuruzi bibarirwa mu bihumbi na byo byarasahuwe mu bisa n’imyigaragamyo yuzuye urugomo ahanini yibasiye intara ebyiri za KwaZulu-Natal na Gauteng. Rwabaye urugomo rwo ku kigero kitari cyarigeze kibaho muri Afurika y’epfo ya nyuma y’ubutegetsi bw’ivanguramoko bwa ba nyamucye b’abazungu buzwi nka apartheid bwarangiye mu ntangiriro y’imyaka ya 1990. Khumbudzo Ntshavheni, Minisitiri mu biro bya Perezida, yavuze ko 234 bapfiriye muri KwaZulu-Natal (intara Zuma avukamo) naho abandi…
SOMA INKURUByinshi mu bivugwa ku bakobwa ba Obama
Abakobwa ba Obama bavugwaho ibintu bitandukanye kimwe n’umuryango w’uyu mugabo uri mu bikomerezwa iy’isi ifite bamwe bati uwitwa nyina siwe wababyaye kuko ntiyashobora kubyara n’umugabo bahinduyemo umugore, abandi bakagaruka ku buryo aba bakobwa ari ibirara banywa itabi banatwara inda. Umuntu wese ukimauk kuvuka umaze guca akenge icyo atangira gutekereza ni uko yatera imbere akagira umuryango ukomeye n’abazawukomokaho bagakomera. Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika wa 44 akaba uwa mbere w’umwirabura wabayeho, Barak Obama yasezeranye n’umufasha we Michelle Obama kuwa 03 Ukwakira 1992 ariko baza gutinda kubona urubyaro bitewe n’uko…
SOMA INKURURuhango: Yakoreye ikizamini cya leta mu bitaro
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Nyakanga 2021, ni bwo mu Rwanda hatangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri y’icyiciro rusange n’ayisumbuye, umukobwa w’imyaka 20 wiga mu rwunge rw’Amashuri rwa Gisari mu Murenge wa Kinazi, we yagikoreye mu bitaro. Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurera Valens, yatangaje ko bamushyiriye ikizamini mu bitaro kugira ngo adacikanwa akavutswa uburenganzira bwe kandi yarize. Yavuze ko hashize iminsi itatu abyaye ariko uruhinja rwe rwavukanye ibibazo rukaba rugikurikiranwa n’abaganga. Ati “Ni umwana w’imyaka 20 waterewe inda mu rugo iwabo, arangije mu wa gatatu w’amashuri yisumbuye. Twaramufashije…
SOMA INKURUAbana bo mu muhanda barataka inzara, dore icyo ubuyobozi butangaza
Abana baba mu muhanda babarizwa mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Muhima, barataka inzara nyuma y’uko Umujyi wa Kigali ushyizwe muri gahunda ya Guma mu rugo aho bakuraga ibibatunga hagafungwa. Umujyi wa Kigali washyizwe muri Guma mu rugo n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14 Nyakanga, aho kubera ubwiyongere bwinshi bwa Covid-19 washyizwe muri iyi gahunda n’utundi turere umunani. Iyi gahunda yatangiye kubahirizwa ku wa 17 Nyakanga, yagize ingaruka zikomeye ku bana baba mu muhanda kuko usanga batunzwe n’ibiryo bisigara muri za Restaurants ubu zafunze. Bamwe mu bana baganiriye na…
SOMA INKURUMenya uturere tutabonetse ubwandu bushya bwa covid-19 n’aho umubare watumbagiye
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Nyakanga 2021, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ibikorwa byo gupima covid-19 byakozwe mu buryo budasanzwe, aho byakorewe kuri buri kagari nibura hapimwa 15% by’abagatuye. Hafashwe ibipimo 50.880 byagaragayemo abantu 1.997 banduye. Ubwandu bwabonetse mu gihugu bwatumye abamaze kwandura bagera ku 54.549 mu gihe abamaze gupfa bo ari 638. Kuri uyu munsi abakize ni 976, umubare watumye muri rusange bagera ku 38.186. Nyanza, Karongi, Rwamagana na Rutsiro niho hatigeze haboneka ubwandu bushya bwa covid-19, ariko byabaye ikinyuranyo k’Umujyi wa Kigali aho umubareuw’abanduye watumbagiye ukagera ku 1391.…
SOMA INKURU