Urupfu rwa Adnan Abu Walid ni intsinzi mu kurwanya iterabwoba -Perezida Macron

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko umuyobozi w’umutwe wa Leta ya Kiyisilamu ukorera muri Sahara, Adnan Abu Walid Al-Sahrawi, yishwe n’igisirikare cy’icyo gihugu, akaba abona ari intsinzi ikomeye. Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, Perezida Macron yavuze ko urupfu rwa Adnan Abu Walid Al-Sahrawi, ari intsinzi ikomeye mu kurwanya imitwe y’iterabwoba muri Sahara. Ingabo z’Abafaransa zishyigikiwe n’ubutasi bwa Amerika, zimaze imyaka zihiga uduce twose tubarizwamo imitwe y’abajihadiste ngo ziturimbure. Ikinyamakuru cy’Abongereza, BBC, kivuga ko imitwe y’inyeshyamba z’abayisilamu imaze gukwirakwira mu turere twinshi two muri Afurika, harimo Mali, Niger, Tchad…

SOMA INKURU

Tanzania: Icyoba ni cyose mu bayobozi

Kuya 14 Nzeri 2021, nyuma yo kurahiza abaminisitiri bashya bane n’umunyamategeko umwe, Perezida Samia Suluhu yatangaje ko ashyize akitso ku mpinduka yifuza gukora muri Guverinoma, ibi bikaba byakuruye icyoba mu bayobozi. Kugira ngo yerekane ko impinduka zikomeje, ubwo Perezida Suluhu yari agiye gusoza imbwirwaruhame yari yateguye, yifurije Abaminisitiri bari bamaze kurahira kuzagira akazi keza, asoza agira ati “Nanjye ngiye gukomeza gukora akazi ko kuvugurura”. Perezida Samia yagize ati “Aha ngeze, ni nk’aho nshyizeho akitso, sinigeze nshyiraho akabago, izi mpinduka zizakomeza”. Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Mwananchi, Perezida Samia ajya gusoza uwo muhango…

SOMA INKURU

Perezida Vladmir Putin yishyize mu kato

Nyuma y’aho Perezida Vladmir Putin yemeje ko mu ntangiro z’iki Cyumweru hamenyekanye ko covid-19 yibasiye bikomeye abakozi bo mu biro bye, ubu nawe yishyize mu kato. Yagize ati “Ubwandu bwa Coronavirus bwagaragaye mu bakorera hafi yanjye. Si umwe cyangwa babiri ahubwo ni abantu benshi.” Kugeza ubu u Burusiya buza ku mwanya wa gatanu mu bihugu byugarijwe na COVID-19 kurusha ibindi ku isi. Iki gihugu kikaba kimaze kugira abanduye iki cyorezo cya covid-19 barenga miliyoni 7,2 muri bo abarenga ibihumbi 195 cyarabahitanye.   NIYONZIMA  Theogene

SOMA INKURU

Kenya yiyemeje kwikorera inkingo za covid-19

Kenya yatangaje ko iri guteganya gutangiza uruganda rukora inkingo za Covid-19 bitarenze umwaka wa 2022. Ntabwo haratangazwa ikigo cyangwa sosiyete izafatanya n’icyo gihugu gukora inkingo. Minisitiri w’Ubuzima, Mutahi Kagwe, yavuze ko bazatangira mu gihembwe cya mbere cya 2022, bahereye ku byoroheje nko gushyira inkingo mu ducupa twabugenewe ariko bikazagera mu 2024 uruganda rukora inkingo guhera hasi. Guverinoma ya Kenya yatangaje ko ishaka kongera site zikingirirwaho ziri hirya no hino mu gihugu, zikava kuri 800 zikagera ku 3000. Ibyo bivuze ko hakenewe inkingo nyinshi. Kugeza ubu muri Kenya abaturage bamaze guhabwa…

SOMA INKURU

Icyegeranyo cy’abamaze kwikingiza covid-19 mu Rwanda

Raporo Ngarukamunsi ya Minisiteri y’Ubuzima yerekanye ko abaturarwanda 1.000.439 bamaze gukingirwa COVID-19 mu buryo bwuzuye nyuma yo guhabwa dose ebyiri z’urukingo. Iyi raporo igaragaza ko 1.000.439 bakingiwe nyuma y’uko ku wa 13 Nzeri 2021, abahawe dose ya kabiri y’urukingo rwa Covid-19 bari 13.081 mu gihe abafashe iya mbere bari 26.299 byatumye umubare wabo ugera kuri 1.822.054. U Rwanda rwashyize imbaraga mu bikorwa byo gukingira abaturage barwo ndetse hari icyizere ko mu bihe biri imbere, batangira gusubira mu buzima busanzwe mu gihe bakomeza kwirinda ndetse n’inkingo zikaboneka. U Rwanda rwizere ko…

SOMA INKURU

Muhanga: Ikirombe cyishe abantu bane

Ejo hashize kuwa mbere tariki 13 Nzeli  2021, Ikirombe cya Sosiyete AFRICOM cyagwiriye abantu 5 abagicukuragamo, bane bahita bahasiga ubuzima. Ibi byabereye mu mudugudu wa Rubimba mu kagari ka Sholi, mu murenge wa Muhanga ho mu karere ka Muhanga. Abapfuye ni Turatimana Vianney w’imyaka 19, Rwendeye Medard w’imyaka 19, Dusabamahoro Ignace w’imyaka 21 na Nsabimana Eugène w’imyaka 24. Uwakuwemo ari muzima ni Habinshuti Eric w’imyaka 16 y’amavuko. Imirambo ikaba yajyanywe ku bitaro bya Kabgayi gukorerwa isuzuma. Uwakomeretse na we niho ari kuvurirwa. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Muhanga, Rwakana John, yavuze…

SOMA INKURU

Urubanza rusubitswe inshuro 7 ruvugwamo kunyereza asaga miliyari

Mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo kuwa Gatanu tariki ya 10 Nzeri 2021 hari kubera urubanza rw’abantu baregwa kunyereza asaga miliyari  ya koperative COPCOM ariko rurasubikwa, izi nyubako za COPCOM ziherereye mu gakinjiro ka Gisozi mu mujyi wa Kigali. Urubanza ruregwamo abantu 18 baregwa kunyereza umutungo wa Koperative COPCOM yo mu Gakinjiro ka Gisozi, icururuza ibikoresho by’ubwabatsi. Ni urubanza rusubitswe inshuro 7, rwagiye rusubikwa kubera impamvu zitandukanye harimo n’izatewe n’icyorezo cya Covid-19 n’izituruka ku baburanyi. Nta munsi n’umwe uru rubanza rwasubitswe biturutse ku impamvu z’Urukiko. Abaregwa bose baburana ibyaha bifitanye isano n’ibimunga…

SOMA INKURU

Nyuma y’igihe kitari gito hahwihwiswa ko agiye kwegura byarangiye abikoze

Kuri iki Cyumweru tariki 12 Nzeri 2021, nibwo uwari Umunyamabanga mukuru w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yandikiye umuyobozi wayo, Mugabo Nizeyimana Olivier amumenyesha ko guhera tariki 12 Ukwakira 2021 azaba yahagaritse inshingano ze. Iyi baruwa yo kwegura iragira iti “Mbandikiye mbamenyesha ko neguye ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA. Ni umwanzuro nafashe ku giti cyange, tariki ya 12 Nzeri 2021 niwo munsi wange wa nyuma w’akazi.” Uwayezu Francois Regis yashimye igihe cy’imyaka itatu yari amaze muri FERWAFA, yongeraho ko mu gihe yazakenerwa bazamwegera agatanga umusanzu. Ati “Nejejwe…

SOMA INKURU

Abafite moto zikoresha amashanyarazi barabangamiwe

Nyuma y’iminsi mu Rwanda hatangiye gukoreshwa moto zikoresha amashanyarazi, bamwe mu bamotari bazikoresha barinubira ko batabasha kujya mu bice byo hanze ya Kigali kubera ko ntaho kuzicaginga babona. Ni mu gihe u Rwanda rwihaye gahunda yo guteza imbere ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi, hirindwa imyuka yangiza ikirere ikunze gusohorwa n’ibinyabiziga bikoresha ibikomoka kuri peteroli. Bamwe mu bamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali bakoresha moto z’amashanyarazi, babwiye IGIHE ko babangamirwa n’uko batabasha kugera mu Ntara bitewe n’imiterere ya bateri za moto zabo. Umumotari Nzabamwita Faustin yagize ati “ Sitasiyo ziduha amashanyarazi akoreshai zi…

SOMA INKURU

Tanzania: Hakozwe impinduka zikomeye muri guverinoma

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yakoze impinduka muri Guverinoma, ashyiraho Abaminisitiri bane bashya n’Intumwa Nkuru ya Leta. Muri izi mpinduka zakozwe ku wa 12 Kanama 2021, Dr Stergomena Tax yagizwe Minisitiri w’Ingabo asimbura Elias Kwandikwa witabye Imana ku wa 2 Kanama 2021. Undi washyizwe mu mwanya ni January Makamba wagizwe Minisitiri w’Ingufu asimbuye Dr Medard Kalemani. Perezida Samia Suluhu yagize kandi Prof Makame Mbarawa Minisitiri w’Umurimo n’Ubwikorezi asimbuye Prof Makame Mbarawa, ni mu gihe Dr Ashatu Kijaji yagizwe Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru asimbuye Dr Faustine Ndugulile. Uretse Abaminisitiri, Perezida Samia…

SOMA INKURU