Grand P yagiye mu bitaro biturutse ku mukunzi we

Umuhanzi wo muri Guinéa akaba n’umuherwe ubana n’ubumuga bw’ubugufi, Grand P, yajyanwe mu bitaro kubera umukunzi we ubyibushye cyane yamwicayeho kubibero bigatuma amatako ye acyebana, maze ntabashe kugenda . Grand P, yamamaye muri Afurika nyuma y’aho avuzwe mu rukundo n’umukobwa w’ikizungerezi, ubyibushye bitangaje witwa Eudoxie Yao, aba bombi inkuru yabo y’urukundo yakwirakwiriye mu bitangazamakuru bitandukanye no ku mbuga nkoranyambaga, hamwe bavuga ko ari couple ihabanye cyane mbese itaberanye. Grand P umukunzi we yamwicariye amatako ahita acyebana Inkuru ya Dailycroc ivuga ko Grand P yacyebanye amatako ari kwishimana n’umukunzi we, Eudoxie…

SOMA INKURU

OMS yashimiye u Rwanda ku ntambwe rumaze gutera mu guhangana na covid-19

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima “OMS” ryashimye u Rwanda rumaze gukingira COVID-19 abaturage barwo bagera ku 10%. Rukaba rwageze ku ntego y’ uku kwezi kwa Nzeri yashyizweho n’iri shami hagamijwe guhangana n’iki cyorezo. Dr Salla Ndoungou Ba Umuyobozi w’agateganyo wa OMS mu Rwanda yagize ati: “ Nishimiye ibimaze kugerwaho. U Rwanda rwabaye icyitegererezo mu bikorwa byiza muri aka karere kuva gahunda yo gukingira yatangira muri Werurwe. Ndashimira Guverinoma y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo ku bw’imbaraga zabo zihamye zo kurinda abaturage b’u Rwanda COVID-19”. Muri Gicurasi 2021, Umuyobozi Mukuru wa OMS,…

SOMA INKURU

Imitungo ya vice perezida wa Guinée équatoriale igiye kugurwamo inkingo

Inzego z’ubutabera za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko miliyoni 26.6 z’amadolari yafatiriwe avuye mu mitungo ya Visi Perezida wa Guinée équatoriale, akaba n’umuhungu wa Perezida w’icyo gihugu, agiye gukoreshwa hagurwamo inkingo za Covid-19. Ayo mafaranga ya Teodorin Nguema Obiang Mangue azakoreshwa hagurwa inkingo n’ibindi bikoresho by’ubuvuzi bizoherezwa muri Guinée équatoriale. Obiang yahatiwe kugurisha inzu igezweho yari afite ahitwa Malibu muri California. Imodoka ye yo mu bwoko bwa Ferrari, imikufi n’ibindi bikoresho by’urwibutso by’umuhanzi Michael Jackson byaragurishijwe ngo harangizwe ibibazo yari afitanye n’ubuyobozi bwa Amerika, nyuma yo gushinjwa ibyaha…

SOMA INKURU

Perezida Kagame yatangaje impamvu yizera urubyiruko

Kuri uyu wa mbere tariki 20 Nzeri 2021, mu kiganiro  “The Path Way” gitegurwa n’Umunya-Ghana, Dr. Fred Swaniker washinze Kaminuza Nyafurika y’Ubuyobozi, kibanda ku guteza imbere urubyiruko rwa Afurika, Perezida Paul Kagame wari wakitabiriye yatangaje ko urubyiruko arufitiye icyizere kuko ari ubuzima bw’igihugu bw’ejo. Muri iki kiganiro, Dr. Fred Swaniker yagiye abaza ibibazo bitandukanye Perezida Kagame, cyane cyane ibyerekeye urubyiruko, aho yamubajijie impamvu aha agiciro urubyiruko ndetse akarwizera cyane, kuko usanga ruri mu myanya ikomeye y’ubuyobozi. Mu kumusubiza, Perezida Kagame yavuze ko iyo uvuga urubyiruko uba uvuga ubuzima bw’igihugu n’ahazaza…

SOMA INKURU

Huye: Abanyeshuri 27 bari mu bitaro

Abanyeshuri 27 biga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye barwariye mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare, CHUB, nyuma yo kurya amafunguro bikekwa ko yanduye muri restaurant basanzwe bariramo. Ayo mafunguro yanduye bikekwako bayariye ku Cyumweru saa Sita muri Restaurant Umucyo basanzwe bariramo iherereye hanze ya Kaminuza. UR Huye ibinyujije kuri Twitter yatangaje ko ku wa 19 Nzeri 2021 hari abanyeshuri bayo bagera kuri 27 bagize ikibazo biba ngombwa ko bamwe bajyanwa mu bitaro bya Kabutare n’ibya CHUB, abandi baherwa ubufasha bw’ibanze mu ivuriro ryayo. Yatangaje ko kugeza ubu abakiri…

SOMA INKURU

Sobanukirwa kurushaho “ijoro ry’ibarura”

Mu Rwanda hamaze iminsi havugwa ijoro ry’ibarura, aho usanga abaturage bo hirya no hino iyo bahuye baba bibaza icyo ari cyo ijoro ry’ibarura. ni muri urwo rwego hifashishijwe inyandiko z’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare mu Rwanda “NISR”, kugira ngo iri joro rirusheho gusobanuka ndetse n’impamvu yaryo. Ijoro ry’ibarura ni ijoro ribanziriza igikorwa nyamukuru cy’ibarura. Muri iri barura mbonera, ijoro ry’ibarura ni ijoro ryabaye ku wa 15 rishyira uwa 16 Nzeli 2021. Ni ukuvuga ko amakuru yose abazwa muri iyi minsi 15 y’ibarura afatiye kuri ririya joro. Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare cyatangaje ko iyaba…

SOMA INKURU

Gasabo: Nyuma yo kwanga gutanga ruswa y’igitsina abayeho mu buzima bubi

Kuva Covid-19 igeze mu Rwanda muri Werurwe 2020, ibigo byikorera byagiye bigabanya abakozi ndetse hakaba n’ibifunga amarembo bituma umubare w’abashomeri wiyongera,  ibi bikaba byarahaye ingufu ruswa y’igitsina nk’uko uwo byabayeho abitangaza. Iyi  ruswa y’igitsina mu bigo byikorera, yaherekejwe no kuvanwa mu kazi mu banze kuyitanga, bamwe mubo byabayeho batangaza ko nta cyizere cy’ejo hazaza bagifite bitewe n’ubushomeri bashyizwemo mu buryo bw’akarengane nk’uko babitangaza. Nyuma yo kwanga gusambanywa “kwimana ruswa y’igitsina” ubuzima ntibumworoheye Uwahawe izina rya Murekatete, utuye mu karere ka Gasabo, umurenge wa Kinyinya, akagali ka Kagugu, wakoraga mu kabari…

SOMA INKURU

Bangui: Abapolisi b’abanyarwanda basuwe n’umuyobozi w’ihuriro ry’Ingabo na Polisi

Ejo hashize tariki ya 16 Nzeri 2021, Brig. Gen Ely M’Bareck Elkair, Umuyobozi w’ihuriro ry’Ingabo na Polisi bakorera mu mujyi wa Bangui ho muri Centrafrique bashinzwe kubungabunga umutekano muri uwo mujyi hamwe n’intumwa ayoboye basuye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda 140 bakorera muri Bangui. Brig. Gen Ely M’Bareck Elkair yishimiye isuku yabonye mu kigo n’uko abapolisi babayeho, anishimira ibikorwa by’abapolisi b’u Rwanda bya buri munsi, bakaba   .n’umuyobozi w’itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda baba i Bangui, (CSP) Claude Bizimana. Mu ijambo yagejeje ku bamwakiriye, yashimye ikinyabupfura n’umusanzu w’abapolisi b’u Rwanda mu kubungabunga amahoro…

SOMA INKURU

Abahiritse ku butegetsi Alpha Condé bakomeje gufatirwa ibihano

Kuwa gatatu tariki 15 Nzeli 2021, Umuryango uhuza Ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika ‘ECOWAS’ wafatiye ibihano abasirikare bahiritse ubutegetsi bwa Alpha Condé wayoboraga Guinea, unabategeka gutegura amatora bitarenze amezi atandatu kandi ntihazagire n’umwe muri bo wiyamamariza umwanya uwo ari wo wose. ECOWAS  yateraniye i Accra muri Ghana, yafatiye ibihano bikakaye abahiritse ubutegetsi muri Guinea. Mu bihano byafatiwe abo basirikare bayobowe na Col. Mamady Doumbouya, harimo kubabuza gukorera ingendo mu bihugu bigize ECOWAS no gufatira imitungo yabo. Ibyo bihano byitezweho gushyira igitutu kuri abo basirikare kugira ngo bongere bashyireho ubutegetsi…

SOMA INKURU

Kigali: Bamwe mu bafite amikoro make batuye mu manegeka ntibatereranywe

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko bwatangiye kubaka inzu zubakishije ibikoresho bidahenze kandi birambye, mu rwego gutuza neza abafite amikoro make mu Mirenge ya Gitega na Kimisagara bari basanzwe batuye ahantu hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga. Iyi gahunda yo kuvugurura imiturire y’akajagali igirwamo uruhare n’umuturage ndetse na Leta, aho abaturage batanga ibibanza byabo byari byubatseho inzu zishaje zikavanwaho noneho ubwo butaka Leta ikabwubakaho izindi nzu zijyanye n’Imiturire myiza kandi zikomeye. Ni uburyo butuma abaturage bafite amikoro make bubakirwa inzu zikomeye kandi zirambye, bitabaye ngombwa ko bimurwa mu gace bari…

SOMA INKURU