Ibyo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ku bujurire bwa Dr Habumuremyi

Dr Pierre Habumuremyi yasubikiwe igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe n’amezi atatu ariko Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rugumishaho igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 892 Frw yakatiwe n’urw’Ibanze. Ku wa 27 Ugushyingo 2020 ni bwo Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwategetse ko Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe afungwa imyaka itatu ahamijwe icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiye, anacibwa ihazabu ya miliyoni 892 n’ibihumbi 200 Frw. Dr Habumuremyi yahamijwe iki cyaha bishingiye kuri Kaminuza ye ya Christian University of Rwanda abereye Perezida ndetse akagiramo n’imigabane ingana na 60%, mu gihe umuhungu…

SOMA INKURU

Karongi: Nta mwaka ushize inzu zubakiwe abatishoboye zarasenyutse n’izisigaye ziri mu nzira

Inzu eshanu mu nzu 10 zubakiwe abatishoboye mu murenge wa Rubengera, mu karere ka Karongi zamaze gusenyuka zitaramara umwaka, mu gihe abatuye mu zisigaye nabo bafite impungenge ko ibihe by’imvura byegereje,  nazo zishobora gusenyuka. Muri Kamena 2020 nibwo aba baturage batishoboye batujwe muri izi nzu zubatswe mu mudugudu wa Kabera mu Kagari ka Kibilizi. Umwe muri bari bahawe inzu yavuze ko zatangiye gusenyuka zimaze amezi atatu gusa, ubwiherero burasenyuka burundu batangira gutira abaturanyi. Byaje kugera ubwo inzu yose igwa burundu, abari batujwe muri aya mazu bajya gukodesherezwa. Yavuze ko inzu…

SOMA INKURU

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bambitswe imidari y’ishimwe

Abapolisi b’u Rwanda 158 bagize itsinda ry’abapolisi bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo “RWAFPU-3” baba mu Mujyi wa Juba kuva mu Ugushyingo 2020 n’abandi bapolisi 23 bihariye “IPOs” bambitswe imidari y’ishimwe. Umuhango wo kwambika imidali aba bapolisi wari uyobowe n’intumwa yihariye y’Umunyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye mu butumwa bwo muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Nicholas Haysom. Hari kandi uhagarariye Intumwa z’Umuryango w’Abibimbye muri Sudani y’Epfo, Police Commissioner, Unaisi Lutu Vuniwaqa, umuyobozi wa Polisi wungirije muri Polisi ya Sudani y’Epfo, Lt Gen. Abraham Manyuat Peter, hari n’abayobozi b’amashami y’Umuryango w’Abibimbye muri Sudani…

SOMA INKURU

RwandAir i Lubumbashi

Guhera kuri uyu wa Gatatu taliki ya 29 Nzeri 2021, Sosiyete Nyarwanda y’ubwikorezi bw’abantu n’ibintu mu kirere “RwandAir”, yatangiye ingenzo zerekeza i Lubumbashi, umujyi ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’amabuye y’agaciro wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Ubuyobozi bwa RwandAir buvuga ko iki cyerekezo ari kimwe mu byerekezo bibiri bishya byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane ko no ku italiki ya 15 Ukwakira 2021 hategerejwe gutangira izindi ngendo zerekeza mu Mujyi wa Goma ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ukaba uhana umupaka n’Umujyi wa Gisenyi mu Karere ka…

SOMA INKURU

U Rwanda na Zimbabwe mu masezerano y’ubufatanye mu nzego zinyuranye

U Rwanda na Zimbabwe bimaze gushyira umukono ku masezerano y’ubufatanye mu nzego zinyuranye, zirimo guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi,ibidukikije n’imihindagurikire y’ikirere, ikoranabuhanga, ubukerarugendo. Inganga z’abikorera na zo zasinyanye amasezerano y’ubufatanye. Aya masezerano akaba yasinyiwe mu nama ku bucuruzi n’ishoramari hagati y’u Rwanda na Zimbabwe. Ni inama y’iminsi 3 irimo kubera muri Kigali Convention Centre ikaba yitabiriwe n’abayobozi mu nzego za Leta n’abagize inzego z’abikorera ku mpande zombi. U Rwanda rufite Ambasade muri Zimbabwe n’indege yarwo yerekeza i Harare. Ibicuruzwa Zimbabwe yohereje mu Rwanda mu myaka ya 2019-2020 byari bifite agaciro ka…

SOMA INKURU

U Rwanda ntirukozwa ibyo rushinjwa byo gufunga binyuranyije n’amategeko

U Rwanda rwamaganiye kure raporo y’Umuryango Human Rights Watch (HRW) yasohotse ejo hashize  kuwa Mbere tariki 27 Nzeri 2021, ishinja u Rwanda kuba rwarafunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko abantu barimo abaryamana bahuje ibitsina, abihinduje ibitsina ‘transgender people’, abicuruza, abana bo mu muhanda n’abandi. Ibyo ngo byarakozwe mu mezi make mbere y’uko u Rwanda rwakira inama ihuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma z’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, ‘Commonwealth Heads of Governments Meeting (CHOGM)’, iyo nama ikaba yari iteganyijwe muri Kamena 2021. Yolande Makolo, umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko iyo raporo…

SOMA INKURU

Rwanda: VIH SIDA mu bakora uburaya iri hejuru, ababagana baraburirwa

Hirya no hino mu Rwanda hagaragara abakora uburaya b’igitsina gore ndetse n’abagabo cyangwa abasore bitwa abapfubuzi ndetse n’abandi basa nk’abatamenyerewe mu Rwanda bazwi ku izina ry’abatiganyi bagaragara cyane mu mujyi wa Kigali, ariko abagana aba bose bakaba baburirwa kuko virusi itera SIDA ivuza ubuhuha. Mu kiganiro Dr Athanase Rukundo, ‘Senior Director of Programs at HDI’ yahaye abanyamakuru barwanya SIDA bibumbiye muri ABASIRWA, yabatangarije ko abakora umwuga wo kwigurisha baba bafite ibyago byinshi byo kwandura SIDA ndetse ibi bikanatuma n’ababagana nabo ibi byago biba bitabasize. Ati “Niyo mpamvu akenshi usanga abakora…

SOMA INKURU

Gahanga: Abana 20 bafite ubumuga babuze ba malayika murinzi babavana mu kigo

Umuryango witwa Hope&Homes for Children uvuga ko mu Kigo cy’abafite ubumuga kiri i Gahanga mu Karere ka Kicukiro hari abana 20 bakirererwamo, nyamara gahunda Leta ifite ari iyo kurerera abana mu miryango, ibi bikaba bituruka ku kubura abajya kubarera. Hope&Homes for Children ukeneye ba Malayika Murinzi barera abana bafite ubumuga Hope&Homes for Children uvuga ko abenshi muri abo bana ari abafite ubumuga bw’amaguru n’ubw’amaboko, ubwo mu mutwe ndetse n’abatumva ntibavuge. Umukozi wa Hope&Homes for Children ushinzwe ibijyanye no gusubiza abana mu miryango, Munyaneza Richard agira ati “Hari abana bari mu…

SOMA INKURU

COPCOM yabonye ubuyobozi bushya bwitezweho gukemura ibibazo byamunze iyi koperative

“COPCOM” Koperative y’Abacuruzi b’ibikoresho by’Ubwubatsi n’Ububaji, kuri iki Cyumweru, abanyamuryango bagera ku 116 ni bo bari bujuje ibisabwa, ni na bo bahawe uburengazira bwo gutora komite nshya ibahagarariye,  mu gihe isanganywe abanyamuryango bagera 321. Iki gikorwa cyo kwitorera komite nshya kikaba cyakozwe kuri iki Cyumweru, tariki ya 26 Nzeri 2021,  aho abanyamuryango ba Koperative COPCOM ikorera mumujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Gisozi ahazwi nko mu Gakinjiro ka Gisozi yabonye ubuyobozi mushya, nyuma y’iminsi ivugwamo ibibazo bitandukanye bishingiye ku miyoborere. Kayitare Jérôme ni we watorewe kuyobora…

SOMA INKURU

Amarenga ku kwiyunga kwa Koreya ya Ruguru na Koreya y’Epfo

Kim Yo-jong, mushiki wa Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, yavuze ko iki gihugu cyiteguye kugirana ibiganiro bigamije guhagarika intambara na Koreya y’Epfo, gusa bigashoboka igihe habayeho kubahana hagati y’ibi bihugu byombi bisanzwe bidacana uwaka. Ibi abivuze nyuma y’uko kuwa Gatanu tariki 24 Nzeri 2021, asabye Koreya y’Epfo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika guhagarika gahunda zibiba urwango hagati ya Koreya zombi. Ubwo Koreya zombi zatandukanaga kubera impamvu z’intambara ya Kabiri y’Isi, ibiganiro bigamije kongera kuzunga byaranze maze mu 1948 imwe ihinduka Koreya y’Epfo ishyigikiwe na Amerika, indi…

SOMA INKURU