Kirehe: Baratababaza k’ubw’icuruzwa ry’abana b’abakobwa rikomeje kwiyongera

Bamwe mu batuye n’abakorera muri santere ya Gatore mu karere ka Kirehe, bavuga ko urwego rw’ubugenzacyaha RIB rubakorera Ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu ariko bakavuga ko ahazajya umunzani w’amakamyo muri ako gasantere haparikwa ibikamyo usanga hari abantu bahajyana abana b’abakobwa kubahuza n’abashoferi babyo bakabasambanya, ibintu bafata nk’icuruzwa ry’abantu. Bavuga kandi ko iyo barangije kubasambanya, hari abo bajyana hanze y’igihugu, bityo bagasaba ko ubuyobozi bwagenzura ibyo bikorwa, cyane ko iyo batanze amakuru, abakora nk’abahuza bamerera nabi abatanze amakuru. Umuturage umwe yagize ati: “ hari abo bajyana bakabamarana icyumweru iyo mu bikamyo…

SOMA INKURU

Gisagara: Ubumenyi buke bushyirwa mu majwi nka kimwe mu byongera ihohoterwa

Abakuru b’imidugudu bo mu karere ka Gisagara, mu Ntara y’Amajyepfo baratangza ko kutagira amakuru ahagije ku ihame ry’uburinganire no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ari imwe mu nzinzitizi zituma ihohoterwa rikigaragara mu bo bayobora,bagasaba ko bakongererwa amahugurwa. Ibi babigarutseho mu biganiro byabaye kuwa 13 Ukuboza 2023,bihuza inzego z’abayobozi kuva ku rwego rw’umudugudu kugera ku karere, biteguwe n’Urwego Rushinzwe Kugenzura Iyubahirizwa ry’Ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye mu Rwanda(GMO) ku bufatanye n’Intara y’Amajyepfo. Umuyobozi w’umudugudu wa Mareba, akagari ka Kibirizi, mu murenge wa Kibirizi ho muri Gisagara, Mukangarambe Christine, yavuze ko kutagira amakuru ahagije…

SOMA INKURU

Hatanzwe ibihembo by’indashyikirwa ku ruhare rwabo mu buringanire n’ubwuzuzanye muri siporo

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 10 Ukuboza 2023, muri BK Arena,  Minisiteri ya Siporo, Ambasade y’u Busuwisi mu Rwanda ndetse na UN Women & Gender Monitoring office yahaye ibihembo abagore n’abakobwa 13 bitwaye neza mu mikino itandukanye mu Rwanda bashimiwe uruhare bagira mu gutuma uburinganire n’ubwuzuzanye bugerwaho muri siporo y’u Rwanda.  Muri uyu muhango wanitabiriwe n’urubyiruko rwo mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Rwanda ndetse na bamwe mu bagize amashyirahamwe y’imikino itandukanye mu Rwanda, abayobozi b’ibigo ndetse n’amashyirahamwe ya siporo bashyikirijwe igitabo gikubiyemo ibyo gukurikiza igihe hashyirwa mu bikorwa uburinganire, cyiswe…

SOMA INKURU

How to address, overcome the impact of gender-based violence

While women are typically the primary targets of gender-based violence, its impact extends beyond the individual to society as a whole. Specialists point out that GBV undermines family dynamics, as children experience emotional harm from witnessing their mothers and sisters being abused. This can lead to the dissolution of households, placing added financial strain and negative societal consequences on the new female heads of household. In some cases, victims of GBV may also inadvertently transfer their frustrations onto their children. Annette Mukiga, a feminist and co-founder of Bold Women Rwanda,…

SOMA INKURU

Gicumbi: Umugore yatemye mugenzi we amuziza ibidasanzwe

Umugore wo mu murenge wa Byumba,mu karere ka Gicumbi, yatemye mugenzi we akoresheje umuhoro nyuma na we agerageza kwiyahura mu bwiherero, kuko uwo yatemye yamusuzuguye ubwo yamuhaga inzaratsi ngo aroge umugabo we, undi akanga kuzikoresha. Umugore witwa Nyiramajyambere Chantal w’imyaka 32 y’amavuko yatemye mugenzi we witwa Mukandori. Umugabo wa nyakwigendera yaganiriye na TV1 dukesha iyi nkuru yagize ati “Yamubwiye ati ’ngiye kukwica,nimara kukwica nijyane kuri polisi,nintijyana polisi ndajya wese ariko tujyane.” Uyu yavuze ko uyu mugore ushinjwa ubwicanyi yahamagaye mugenzi we mu rugo rwe arangije amwinjiza mu cyumba cy’abana,amukuramo imyenda…

SOMA INKURU

Gihamya n’ubushakashatsi ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa igitsina gabo

Urubuga rwa Discrimlaw.net ruvuga ko ubushakashatsi bwakozwe na Equal Employment Opportunity Commission(EEOC), Komisiyo iharanira ko abantu babona akazi mu buryo bungana, bugaragaza ko muri Amerika abagabo 10% bakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina iyo bari mu kazi. Iyi Komisiyo ikorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, igaragaza ko benshi mu bagabo banga kuvuga ihohoterwa rishingiye ku gitsina bakorewe, kuko baba batekereza ko babivuze ntawabizera. Ubushakashatsi bwakozwe muri 2005 muri Amerika, bwerekanye ko abana b’abahungu 16% bari barakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina bafite imyaka 18. Muri 2003, abagera kuri 14.2% bo barikorewe…

SOMA INKURU

Rulindo: Gitifu w’umurenge akurikiranyweho ibyaha bitanu birimo gusambanya umwana w’umuhungu

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mbogo, mu karere ka Rulindo, yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 15 y’amavuko. Ku wa Mbere tariki 30 Ukwakira 2023, nibwo uyu muyobozi yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB. Bikekwa ko iki cyaha uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa yagikoreye mu kagari ka Gasharu, mu murenge wa Kicukiro, mu karere ka Kicukiro. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko uyu munyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mbogo, akurikiranyweho ibyaha bitanu. Ati “Akurikiranyweho ibyaha bitanu bikurikira, gusambanya umwana, gusaba cyangwa gukora…

SOMA INKURU

Gatsibo: Umubare w’abangavu baterwa inda ukomeje kwiyongera

Imibare yagaragajwe ubwo habaga inama yari igamije kurebera hamwe uruhare rw’imiryango ishingiye ku myemerere mu gukumira amakimbirane mu miryango, kurwanya imirire mibi, kurinda no kurengera umwana, ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo bwatangaje ko kuva muri Nyakanga kugeza muri Nzeri uyu mwaka wa 2023, abakobwa 242 barasambanyijwe baterwa inda barimo abangavu 77 mu gihe abandi batarengeje imyaka 19. Hagaragajwe ko muri Nyakanga, Kanama na Nzeri, abana 242 batewe inda. Muri abo bana harimo abafite imyaka kuva kuri 14 kugeza kuri 17 bangana na 77, naho abari hagati y’imyaka 18-19 ni 165. Umuyobozi…

SOMA INKURU

Ibibazo by’ingutu ku bana basambanyijwe

Ikibazo cyo gusambanya abana ndetse bamwe bikabaviramo gutwara inda cyahagurukiwe n’inzego zinyuranye ariko igitangaje kinashengura imitima, imitekerereze ndetse n’imibereho y’abagikorerwa ni bamwe mu babyeyi bafite imyumvire idahwitse aho batoteza ndetse bagaha akato abana bahuye n’iki kibazo, bikabaviramo ingaruka zikomeye. Uwineza (izina yahawe), kuri ubu ufite umwana w’amezi arindwi,  akaba yarujuje imyaka 14 muri Gashyantare uyu mwaka, abana na mama we mu kagali ka Gasanze, umurenge wa Nduba, akaba yaratewe inda n’umwana mugenzi we biganaga. Aganira n’umunyamakuru yari ahagaze muri butike ategereje isabune n’isukari yari yemerewe n’umubyeyi ucuruzamo,  yatangaje ko nyuma…

SOMA INKURU

Yakorewe ihohoterwa bimuviramo ingaruka zikomeye

Hirya no hino mu Rwanda haracyagaragara abagore bahohoterwa ku buryo bukomeye nyamara inzego zinyuranye za leta zihora zikangurira abaturarwanda by’umwihariko abashakanye kwirinda ibikorwa byose biganisha ku ihohoterwa, ariko ntibyabujije Uwimana Jaqueline  gukubitwa n’umugabo we ndetse binamuviramo kubura umwana we. Uwimana utuye mu kagali ka Rutonde, mu murenge wa Shyorongi, akarere ka Rulindo, yatangaje ko  yagiye akorerwa ihohoterwa cyane, akaba yaremeje ko umugabo yamukubise atwite inda y’ imfura yabo yari ifite amezi abiri ikavamo. Ati “Namaze mu bitaro icyumweru n’igice nyuma yo gukubitwa n’umugabo ku buryo bukomeye ndetse inda ikavamo, kandi…

SOMA INKURU