Ibya Dr Kayumba Christopher biri kujyenda bihindura isura

Dr Kayumba Christopher, wahoze ari umwarimu w’itangazamakuru muri Kaminuza akaba n’Umusesenguzi mu bya Politiki washimwaga na benshi, yakuwe mu nzu yakodeshaga yakoreragamo ibikorwa bye bishingiye ku ihuriro rya politiki aherutse gushinga, ari naho yari afite ibiro yatangiragamo serivisi z’ubujyanama n’ubushakashatsi zishingiye kuri sosiyete yashinze. Dr Kayumba ni umugabo wubatse izina rikomeye mu itangazamakuru ry’u Rwanda binyuze ku busesenguzi akora no mu kuba yaramaze igihe kinini ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda mu Ishami ry’Itangazamakuru n’Itumanaho. Gusa mu minsi mike ishize, izina rye ryakunze guhuzwa n’inkuru zivuga ku myitwarire ye nyuma…

SOMA INKURU

BPR yibutse abayikoreraga bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi

Banki y’Abaturage y’u Rwanda, BPR Plc, yibutse abari abakozi bayo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, imurika urukuta ruriho amazina ya 33 babashije kumenyekana. Uru rukuta rwubatse ku cyicaro gikuru cy’iyi banki mu Mujyi wa Kigali. Rwanditseho amazina y’abakozi bayo babashije kumenyekana ko bazize Jenoside yakorewe Abatutsi bakorerega mu gihugu hose. Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri iyi banki, Mugisha Shema Xavier, yavuze ko uru rukuta rwashyizweho mu guha agaciro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi no mu guharanira ko batazibagirana. Ati “Nk’ibindi bigo twabuze abantu benshi, haba abakozi n’imiryango. Buri mwaka dufata umwanya…

SOMA INKURU

Uko abakuru b’ibihugu bakiriye urupfu rw’igikomangoma Philip

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 9 Mata 2021, ni bwo Ingoro y’Ubwami bw’u Bwongereza, Buckingham Palace, yatangaje ko igikomangoma Philip w’imyaka 99 wari umugabo w’Umwamikazi w’icyo gihugu yitabarutse. Nyuma y’iyi nkuru y’inshamugongo abakurub’ibihugu batandukanye barimo uw’u Burusiya, Vladimir Putin na Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bihanganishije Umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth II, wapfushije umugabo we. Perezida Joe Biden yafashe mu mugongo Umwamikazi Elizabeth, ashima ibikorwa by’ubutwari byakozwe n’umugabo we uhereye ku rugamba yarwanye mu ntambara ya kabiri y’Isi kugera ku myaka 73 yamaze iruhande rw’Umwamikazi.…

SOMA INKURU

Kuba hari abatanga ubuhamya ni ubutwari bw’ingabo za FPR- Murangira

Perezida wa Ibuka mu Busuwisi, Murangira César yatangaje ko kuba hari abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi babasha gutanga ubuhamya, babikesha ubutwari bw’ingabo za FPR Inkotanyi zabarokoye zigahagarika na Jenoside. Yabitangaje mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, wabereye mu ngoro y’ibiro by’umuryango mpuzamahanga (Loni) i Genève mu Busuwisi. Uwo muhango witabiriwe na Tatiana Vlovaya, Umuyobozi mukuru w’ibiro by’Umuryango w’Abibumbye i Géneve na Ambasaderi Marie Chantal Rwakazina, uhagarariye u Rwanda mu Busuwisi no mu biro bya Loni i Genève . Habanje umuhango wo gushyira indabo ku rwibutso rwa…

SOMA INKURU

Icyihishe inyuma y’ukwiyongera ku batubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19

Kuri iki cyumweru taliki 4 Mata 2021 Abakiristu bizihije umunsi mukuru wa Pasika, abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 cyane cyane abafatiwe mu bikorwa byo kwinezeza no kunywa inzoga binyuranyije n’amabwiriza wariyongeye. Abantu 147 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 higanjemo abafatiwe mu bikorwa byo kunywa ibisindisha biturutse ku byishimo by’Umunsi Mukuru wa Pasika wizihizwa n’Abakiristu batari bake. Mu bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, umubare munini ni abafatiwe mu karere ka Musanze bagera kuri 79 mu gihe mu yindi minsi imibare yari yaratangiye kugabanyuka kuko rimwe na…

SOMA INKURU

Rotary Club yateye inkunga abanyeshyuri bo mu miryango itishoboye

Umuryango ukora ibikorwa by’ubugiraneza wa Rotary club Virunga wahaye abanyeshuri 1500 baturuka mu miryango itishoboye ibikoresho birimo matera, amakaye, inkweto n’ibindi bikoresho by’ishuri bifite agaciro ka miliyoni 52 Frw. Ibi bikoresho byahawe abanyeshuri 1500 bo mu turere twa Ngoma, Kayonza, Rwamagana, Gatsibo na Nyagatare. Ibi bikoresho byatanzwe ku nkunga y’Umuryango wo muri Canada wita ku mwana, Sleeping children around the world. Iki gikorwa kikaba cyasojwe kuri iki cyumweru mu Karere ka Rwamagana kinitabirwa na Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Peter Vrooman usanzwe ari umunyamuryango wa Rotary Club. Buri mwana yahawe…

SOMA INKURU

Rwanda: Imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi ikomeje kuboneka

Igikorwa cyo gushakisha imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ikajugunywa mu musarani uri mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye kirakomeje. Kugeza kuri iki Cyumweru hamaze kuboneka imibiri 47. Igikorwa cyo gucukura hashakishwa iyo mibiri cyatangiye ku wa 26 Werure 2021 mu Mudugudu wa Akamuhoza mu Kagari ka Cyimana nyuma y’amakuru yatanzwe n’umuturage mu buryo bw’ibanga. Ayo makuru yayahaye Uwimana Béatrice umwe mu babashije kurokoka mu muryango wa Rwamanywa Antoine wishwe akajugunywa mu musarani ufite metero 10 z’uburebure ndetse inzu wari utuyemo igasenywa ku buryo nyuma byagoranye kumenya amakuru…

SOMA INKURU

U Rwanda na Zimbabwe mu bufatanye mu byiciro binyuranye

Leta y’u Rwanda na Zimbabwe zasinye amasezerano y’ubufatanye mu byiciro bitandukanye agamije iterambere ry’ibihugu byombi. Muri aya masezerano, harimo ayasinywe hagati y’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere mu Rwanda, RDB, ndetse n’Urwego rwa Zimbabwe Rushinzwe Guteza Imbere Ubucuruzi (ZimTrade), azibanda ku bufatanye mu itangazamakuru no kwamamaza, serivisi zo gufata abanyabyaha ndetse no gukemura amakimbirane binyuze mu bwumvikane. Aya masezerano yasinywe ku ruhande rw’u Rwanda na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Vincent Biruta ndetse na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Umurimo muri Zimbabwe, July Moyo. Minisitiri Moyo yavuze ko “Intego y’Amasezerano y’Ubufatanye hagati ya RDB na ZimTrade yasinywe…

SOMA INKURU

Donald Trump agiye kugaruka mu isura nshya

Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umaze amezi arenga abiri akumiriwe ku mbuga nkoranyambaga, ashobora kongera kuzisubiraho mu gihe cya vuba binyuze mu rubuga rwe bwite. Umujyanama we Jason Miller yabwiye Fox News ati “Ndatekereza ko tugiye kongera kubona Perezida Trump ku mbuga nkoranyambaga nko mu mezi abiri cyangwa atatu.” Yavuze ko urwo rubuga azagaragaraho rushobora kuzahindura imiterere y’imbuga nkoranyambaga burundu kuko ruzaba “rushyushye” kurusha izindi zose. Muri Mutarama nibwo Trump yakumiriwe kuri Twitter na Facebook. Trump bwa mbere yakumiriwe kuri Twitter mu gihe cy’amasaha…

SOMA INKURU

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu yatangaje imigabo n’imigambi ye

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu “UAE” Emmanuel Hategeka, yashyikirije Umwami Salman bin Abdulaziz Al Saud, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu bwami bw’Arabia Saudite, nk’Ambasaderi ufite icyicaro Abu Dhabi. Uyu muhango wabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ku wa Gatatu tariki ya 17 Werurwe 2021, mu ngoro y’Umwami mu Murwa Mukuru Riyadh. Nyuma yo gutanga izo mpapuro, Ambasaderi Emmanuel Hategeka yashimye umubano mwiza usanzwe hagati y’ibihugu byombi, agaragaza ko yiteguye guteza imbere ubufatanye mu nzego zinyuranye. Yagizi ati: “Ni ishema rikomeye kuba nashyikirije Umwami Salman impapuro zinyemerera guhagararira u Rwanda…

SOMA INKURU