Yatanze inama mu kubaka ubudahangarwa ku bindi byorezo byakwibasira Isi

Mu kiganiro cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu kabiri tariki 24 Gicurasi 2022 i Davos mu Busuwisi ahakomeje kubera inama mpuzamahanga y’ihuriro ry’ubukungu ku Isi, “World Economic Forum”, Perezida Paul Kagame asanga kubaka ubudahangarwa ku bindi byorezo bishobora kwibasira Isi mu bihe biri imbere bisaba ibihugu cyane cyane ibikiri mu nzira y’amajyambere gushora imari mu rwego rw’ubuzima n’ubuvuzi nta nk’uko icyorezo cya COVID19 cyabyerekanye. Ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho mu kiganiro cyagarutse ku bikwiriye gukorwa mu rwego rwo kwitegura guhangana n’ibyorezo bishobora kwibasira Isi mu bihe biri imbere, Muri iki kiganiro…

SOMA INKURU

USA ubwicanyi bukomeje gufata indi sura

Muri Leta Zunze Ubumwe bw’Amerika ubwicanyi bukomeje gufata indi sura, aho umusore w’imyaka 18 yishe arashe abanyeshuri 19 n’abandi bantu babiri bakuru mu ishuri ry’incuke rya Uvalde riherereye mu mujyi wa Texas. Ni bwo bwicanyi bukomeye bubereye mu kigo cy’amashuri cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika guhera mu 2018, ubwo abana 17 bicirwaga mu ishuri riherereye mu gace ka Parkland muri Leta ya Florida. Ni ubwicanyi bwa kabiri bubereye kandi mu kigo cy’amashuri y’incuke muri Amerika uhereye mu 2012 nyuma y’ubwabaye muri Sandy Hook i Newtown muri Connecticut. Uwarashe…

SOMA INKURU

Abasirikare ni abenegihugu nk’abandi ntaho bakwiriye guhezwa- Gen Kazura

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Jean Bosco Kazura asanga abasirikare ari abenegihugu nk’abandi, bityo ntaho bakwiye guhezwa mu gihe cyose ibyo bakora biteza imbere igihugu kandi bikaba bikurikije amategeko. Ibi yabigarutseho ku munsi wa nyuma w’inama Y’iminsi 3 ku mutekano w’igihugu yari imaze iminsi 3 ibera i Kigali. Ikiganiro cyibanze ku ruhare rw’inzego z’umutekano mu iterambere ry’igihugu n’iry’abaturage ku mugabane wa Afurika nicyo cyabaye icya nyuma mu byatangiwe mu nama ku mutekano w’igihugu, National Security Symposium 2022. Impuguke n’inararibonye mu by’igisirikare n’umutekano zagaragaje ko amakimbirane n’ubwumvikane buke hagati y’inzego…

SOMA INKURU

Urubyiruko rwibukijwe aho rwakura amakuru nyayo kuri Jenoside yakorewe abatutsi

Ubwo ihuriro ry’urubyiruko ryateguwe ku ntego yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, kwibukiranya ingaruka za Jenoside no kwishakamo imbaraga zo gukomeza kubaka amateka mashya ari nako habungabungwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, hanyomozwa abagerageza kuyihakana no kuyipfobya, Minisitiri Dr Bizimana yarutangarije aho bakura amakuru nyayo kuri Jenoside yakorewe abatutsi . Ibi byabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki 20 Gicurasi 2022, mu butumwa yagejeje ku biganjemo urubyiruko n’abayobozi mu nzego zitandukanye bitabiriye Ihuriro ry’Urubyiruko ryiswe ‘Igihango cy’Urungano’ ribaye ku nshuro ya cyenda, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yibukije…

SOMA INKURU

Idosiye ya Miss Elsa yashyikirijwe urukiko, urubanza rutegerejwe na benshi kuwa kabiri

Kuwa kane tariki 19 Gicurasi 2022 ni bwo dosiye  ikubiyemo ibirego bya Miss Iradukunda Elsa na Notaire Uwitonze Nasira yashyikirijwe Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, urubanza rukaba ruzaburanwa kuwa Kabiri, tariki ya 24 Gicurasi 2022. Mu byaha aba bombi bakurikiranyweho harimo icyo gutanga ubuhamya bw’ibinyoma. Amategeko agena ko uwagikoze abigambiriye iyo kimuhamye ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka itatu n’ihazabu y’ibihumbi 500 Frw ariko itarenze 1.000.000 Frw. Ikindi cyaha bakurikiranyweho ni ukoshya abitabajwe mu nzego z’ubutabera. Iyo umuntu agihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze…

SOMA INKURU

Inkunga yatanzwe n’Ababiligi yitezweho byinshi ku bagore n’urubyiruko

Kuri uyu wa Gatanu, tariki 20 Gicurasi 2022, hagati ya Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana na Ambasaderi w’u Bubiligi i Kigali, Bert Versmessen, hasinywe amasezerano  y’ inkunga ya miliyoni 17,6 z’amayero ni ukuvuga asaga miliyari 18 z’amafaranga y’u Rwanda, akaba azashorwa mu guhanga imirimo ku bagore n’urubyiruko mu Mujyi wa Kigali n’Intara y’Iburengerazuba. Imirimo izahangwa ni iyo mu bijyanye n’inganda, ubwubatsi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ubucuruzi. Abagore n’urubyiruko rwo muri Kigali n’uturere twa Rubavu, Karongi, Rutsiro, Rusizi na Nyamasheke ni bo bazagerwaho n’iyi gahunda. Umushinga wagenewe iyi nkunga uzashyirwa mu…

SOMA INKURU

Abatanga serivise z’ubwishingizi baranengwa

Bamwe mu badepite bagarutse ku kibazo cy’urwego rw’ubwishingizi rutemerera ihiganwa mu mitangire ya serivisi, bavuga ko abaguzi babura amahitamo kubera ishyirwaho ry’ibiciro rusange na serivisi zisa, zimwe zinubirwa ko ziba zikandamiza abaguzi. Komisiyo y’ubukungu mu Nteko Ishinga Amategeko, irasanga hari ikigomba gukorwa mu rwego rwo kuzamura uruhare rw’ubwishingizi mu bukungu bw’igihugu n’imibereho y’abaturage. Ibi byavuzwe ubwo komisiyo y’ubukungu n’ubucuruzi mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe w’abadepite yagaragarizaga iyo nteko raporo yayo ku isesengura yakoreye raporo y’ibikorwa bya banki nkuru y’u Rwanda. Iyi komisiyo y’ubukungu n’ubucuruzi mu isesengura yakoze yagarutse ahanini ku…

SOMA INKURU

Nyagatare: Bane bafashwe bagerageza kwinjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana, yatangaje ko hafashwe abantu bane mu bihe bitandukanye bagerageza kwinjiza ibiyobyabwenge, abandi bahungira mu gihugu cya Uganda. Yagize ati “Aba bantu bafashwe bagerageza kwinjiza mu gihugu urumogi, kanyanga, n’izindi nzoga zitemewe ndetse n’amasashe atemewe gukoreshwa mu Rwanda.” Yongeyeho ko abafashwe bafatanwe ibiro 5 by’urumogi, amasashe atemewe gukoreshwa mu Rwanda ibihumbi 40, Litiro 115 za kanyanga, amacupa 750 y’inzoga bita African Gin, n’amacupa 83 ya Zebra Gin.” SP Twizeyimana yavuze ko ibi bikorwa byagezweho biturutse ku makuru yizewe yatanzwe…

SOMA INKURU

Ibiganiro hagati y’ingabo z’u Rwanda na Uganda byitezweho byinshi

Nyuma y’iminsi ine y’ibiganiro byasojwe ejo hashize tariki 16 Gicurasi 2022, Leta y’u Rwanda na Uganda byashyizeho uburyo bushya bw’imikoranire, mu rwego rwo kurushaho kuzahura umubano hagati y’ibihugu byombi wigeze kumara igihe kinini utameze neza. Ibi bikubiye mu butumwa bwanditswe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba, wari umaze iminsi mu biganiro n’itsinda ry’u Rwanda ryari riyobowe n’Umuyobozi ushinzwe Ubutasi bw’Igisirikare mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), Brig Gen Vincent Nyakarundi. Uyu muyobozi yagize ati “Nyuma y’iminsi ine y’isuzuma ryatanze umusaruro twageze ku myanzuro myiza ijyanye…

SOMA INKURU

Amayeri ya Perezida Putine yatangiye kunaniza intasi za USA

Ubuyobozi bw’intasi za Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwatangaje ko Perezida Putin ashobora gutungurana bidasanzwe, intambara yatangije muri Ukraine akayigeza ku rundi rwego. Umuyobozi w’uru rwego muri Amerika, Avril Haines yatangaje ko bigoye kumenya icyo Perezida Putin ateganya gukora nyuma y’amezi abiri atangije urugamba. Nubwo u Burusiya bwamaze kwigarurira agace ka Donbas, Haines yagize ati “ ntabwo twizeye ko urugamba rwa Donbas ruzatuma intambara ishyirwaho iherezo.” Inzego z’ubutasi za Amerika zavuze ko bisa n’aho Putin ari gutegura intambara izamara igihe kinini ku buryo kuri we intsinzi yarenga n’uduce twa Donbas.…

SOMA INKURU