Rwanda: Gahunda yo kwakira abimukira irakomeje

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko gahunda yo kwakira abimukira baturutse mu Bwongereza ikomeje, kandi ko itatunguwe cyangwa ngo icibwe intege no kuba icyiciro cya mbere cyagombaga kugera mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu cyakomwe mu nkokora. Ni nyuma y’aho ku munota wa nyuma urukiko rw’u Burayi ruburanisha imanza zirebana n’uburenganzira bwa muntu, ruhagaritse by’agateganyo kuzana umwe muri abo bimukira wari waruregeye ndetse abari kumwe nawe mu ndege nabo bakaboneraho. Umuvugizi wungirije wa guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yatangarije RBA ko amasezerano y’ibihugu byombi nta tegeko ahonyora bityo ko iyi gahunda…

SOMA INKURU

I Goma bamwe mu banyekongo bakomeje kwerekana urwango ku banyarwanda

Mu gitondo cyo kuwa Gatatu nibwo ku mupaka w’u Rwanda na RDC i Goma habereye imyigaragambyo ikomeye y’Abanye-Congo bamaganaga u Rwanda barushinja gufasha umutwe wa M23 uhanganye n’igisirikare cy’igihugu cyabo, FARDC. Uretse amashusho yagaragaye abigaragambya bari ku mupaka, hari andi yasohotse barimo kumanura ibyapa biri ku maduka y’abanyarwanda ndetse n’ibyamamaza sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bw’indege, RwandAir. Hari kandi n’ayandi yerekana insoresore zigaragambya ziruka zitanguranwa ku maduka y’abanyarwanda i Goma ngo zisahure ibicuruzwa. Ububiko bw’ibicuruzwa bya Sandro Shyaka, umucuruzi ukomeye mu Karere ka Rubavu ariko ufite ibikorwa mu Mujyi wa…

SOMA INKURU

Ukurahira kwa Perezida kwatumye bashyira abaturage muri guma mu rugo

Igihugu cya Somalia cyashyize umugi wa Mogadishu muri guma mu rugo kubera imihango yo kurahira kwa Perezida mushya President Hassan Sheikh Mohamud. Minisitiri w’intebe Hussein Roble yasobanuye ko bafashe iki cyemezo kugirango bizeze umutekano abashyitsi mpuzamahanga bitabira uwo muhango Ni icyemezo biteganijwe ko kirangira mu masaha ya saakumi n’imwe z’umugoroba muri iki gihugu ubwo umuhango nyirizina uzaba urangiye. Yagize ati“ndasaba nshikamye abaturage ba Mogadishu kwihanganira ko imihanda yafunzwe kuva mu masaha ya nijoro y’ijoro ryakeye kubera ko turi kwakira abashyitsi barimo n’abakuru b’ibihugu by’amahanga baje kwifatanya na Perezida wa Somaliya”…

SOMA INKURU

Haratangwa integuza ku ihungabana ry’ubukungu mu bihugu birimo n’u Rwanda

Banki y’Isi yagabanyije cyane ikigereranyo cyayo cy’uko ubukungu buziyongera ku isi muri uyu mwaka, iburira ko ibihugu bimwe biri mu byago byo kubamo ihungabana rikomeye ry’ubukungu kubera intambara y’Uburusiya muri Ukraine hamwe na coronavirus. Iyi banki yavuze ko Afurika y’uburasirazuba n’ibice bimwe by’Uburayi ari byo byugarijwe mu buryo bw’umwihariko. Yavuze ko hari ibyago by’uko ikizwi nka ‘stagflation’ ni ukuvuga guta agaciro gukomeye kw’ifaranga hamwe n’ubukungu bwiyongera gacyeya – gishobora kongera kubaho bwa mbere kuva mu myaka ya 1970. Aganira na BBC, umukuru wa Banki y’Isi David Malpass yavuze ko bigoye…

SOMA INKURU

Urukingo rwa kane rwa covid-19 rwemejwe muri Amerika

Abajyanama b’ikigo gishinzwe imiti n’ibiribwa muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (FDA), bashigikiye cyane ko urukingo rwa Novavax ruhabwa uruhushya rwo gukoreshwa mu gukingira Covid-19 abantu bakuze. Inteko y’aba bajyanama kuri uyu wa Kabiri yashyigikiye uru rukingo ku majwi 21 hifata umwe gusa, basaba ko Novavax yakoreshwa ku bantu bafite imyaka 18 kuzamura. Rwakozwe n’ikigo Serum Institute cyo mu Buhinde. Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri Novavax, John Trizzino, yavuze ko bizeye ko uru rukingo ruzaba rwageze mu bubiko bwabo muri Amerika mu mpera z’uku kwezi. Yavuze ko biteguye kugeza za miliyoni…

SOMA INKURU

Ukraine: Imirambo y’abarwanaga ku ruganda Azovstal ‘yageze i Kyiv’

Imirambo ya bamwe mu barwanyi ba Ukraine bishwe barwana ku cyambu  cy’ingenzi cyo mu majyepfo ashyira uburasirazuba cya Mariupol yageze mu murwa mukuru Kyiv, nk’uko imiryango y’aba basirikare ibivuga. Iyi miryango ivuga ko ibi byakozwe muri gahunda yo guhererekanya imirambo n’Uburusiya, buri ruhande rubona imirambo 160 y’abasirikare barwo. Abarwanyi bamaze ibyumweru baraheze mu ruganda rwa Azovstal rwo mu mujyi wa Mariupol. Mu kwezi kwa gatanu, abaharokokeye bafashwe nk’imfungwa. Amakuru avuga ko abasirikare ba Ukraine barenga 1,000 bafatiwe i Mariupol boherejwe mu Burusiya. Abo basirikare, bari bafungiwe mu bice bigenzurwa n’abarwanyi…

SOMA INKURU

Perezida Tshisekedi yashinjije u Rwanda

Perezida Felix Tshisekedi wa RD Congo ku cyumweru yatangaje ko “nta gushidikanya” ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23, ariko ashimangira ko bashaka kubana mu mahoro na Kigali. Kuva aya makimbiranye yubuye, ni ubwa mbere yumvikanye kumugaragaro ashinja u Rwanda gufasha uyu mutwe. Abategetsi b’u Rwanda bagiye bahakana ibi birego, bavuga ko ikibazo cya M23 ari ikibazo cya DR Congo ubwayo. Avugira mu ruzinduko yari arimo muri Congo Brazaville aho yabonanye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso, mu ijambo ryaciye kuri televiziyo Tshisekedi yavuze adaca ku ruhande. Yagize ati: “Igihe…

SOMA INKURU

U Burusiya n’u Bwongereza bwaba bugiye guhanganira kuri Ukraine?

Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje Minisitiri w’Ingabo w’u Bwongereza, Ben Wallace, yatangaje ko igihugu cye kigiye kohereza muri Ukraine intwaro zirasa missile nyinshi zungikanya zishobora kugera mu ntera ya kilometero 80, mu mugambi bahuriyeho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Izo ntwaro za M270 (multiple-launch systems) zitezweho guhindura uburyo u Burusiya burimo gukoresha muri iyi ntambara, bwatumye bwigarurira igice kinini cy’Iburasirazuba bwa Ukraine. Ni intwaro ziteye kimwe n’izigiye koherezwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zizwi nka M142 High Mobility Artillery Rocket Systems (HIMARS). Minisitiri Ben Wallace yagize ati “Izi ntwaro…

SOMA INKURU

Umuhate w’u Rwanda mu guharanira uburinganire utangaza benshi

Umwanditsi Mukuru wa Jeune Afrique, François Soudan, ni umwe mu batunguwe n’umuhate u Rwanda rufite mu bijyanye n’uburinganire,  ndetse agira icyo abibazaho Perezida Kagame mu kiganiro bagiranye ndetse akaza kugikoramo igitabo yise ‘The Conversation with President Kagame’. Uyu mugabo yabajije Perezida Kagame impamvu abona guteza imbere abagore mu Rwanda ari ingenzi ndetse n’icyatumye agira uwo muhate. Perezida Kagame mu kumusubiza yamubwiye ko bitumvikana uburyo umuyobozi wifuza iterambere ry’igihugu cye ashobora kwirengagiza 52% by’abaturage bose. Ati “Abagore bagize 52% by’abaturage b’u Rwanda. Kuri njye mbona ari ibisanzwe kuba buri muturage yagira…

SOMA INKURU

Imibiri isaga 9000 yashyinguwe mu cyubahiro

Kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Gicurasi 2022, hashyinguwe imibiri 9181 y’abatutsi bishwe muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu mujyi wa Kigali, ikaba yashyinguwe mu cyubahiro mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro.   Umwe mu bo mu miryango yashyinguye, yavuze ko yishimiye kuba abo mu muryango we bashyinguwe mu cyubahiro Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Rubingisa Pudence, yavuze ko mu bice bitandukanye by’uyu Mujyi hakiboneka imibiri y’abazize jenoside yakorewe abatutsi itarashyingurwa mu cyubahiro anashimangira ko ari kimwe mu bibangamira inzira y’ubumwe n’ubwiyunge igihugu cyiyemeje. Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano…

SOMA INKURU