Yifashishije ingero, umuyobozi wa RIB ku rwego rw’igihugu yakebuye abitwaza imyemerere bagakora ibyaha

Mu kiganiro Polisi y’Igihugu n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, byagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa gatatu tariki ya 4 Ukwakira 2023, Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Col Ruhunga Jeannot , yifashishije ingero, yakebuye abitwaza imyemerere bagakora ibyaha. Col Ruhunga yakebuye abaturarwanda, abibutsa ko abitwaza imyemerere bagashaka gucuza rubanda utwabo batazihanganirwa, ko hari amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ateganya ko gushyira undi mu kaga, kwangisha abantu gahunda za Leta byose bihanirwa n’amategeko. Uyu muyobozi yatanze urugero rw’umuntu wafashwe yateranyirije iwe abasaga 150 bavuye mu turere 15 cyangwa 20,  ababwira ko ababatiza ngo babe…

SOMA INKURU

Shikama wari utuye Kangondo yaburanye atakamba, banerekana ko nta bushake yagize mu gukora ibyaha

Shikama Jean de Dieu w’imyaka 42 wari utuye mu mudugudu wa Kangondo ahazwi nka Bannyahe,  mu murenge wa Remera, mu karere ka Gasabo, akaba umwe mu bashinjwa kwigomeka kuri gahunda ya Leta yo kwimura abari batuye mu manegeka, ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge bwamusabiye gufungwa imyaka 14 no gutanga ihazabu ya miliyoni 2 Frw. Shikama Jean de Dieu yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha “RIB”, tariki 10 Nzeri 2022, aza kugezwa imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwahise rutegeka ko afungwa by’agateganyo. Iki cyemezo yaje kukijurira ariko urukiko ruvuga ko…

SOMA INKURU

FAO project helps improve Rwanda’s soil testing, productivity

A project implemented by the Food and Agriculture Organization of the United Nations (FO) has contributed to soil testing in Rwanda by funding equipment, optimising farmers’ practices and productivity through the right fertilisers that respond to soil and crop nutrient needs. The “Capacity Development on Sustainable Soil Management for Africa – Rwanda” project, which was implemented from July 2020 through May 2023, also provided policy advice on fertiliser quality assessment, according to FAO. During the closing workshop on the project in Kigali, on September 29, FAO indicated that the project…

SOMA INKURU

M23 n’ingabo za FARDC bongeye kwitana ba mwana mu gitero cyagabwe i Masisi

Umutwe w’inyeshyamba wa M23 washinje ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) ko zagabye igitero mu byaro byo muri teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu ya Ruguru, nyuma y’amezi arenga atandatu hari agahenge. Itangazo rya M23 rivuga ko icyo gitero cyo ku cyumweru cyabaye saa cyenda z’amanywa (15h) mu byaro bya Busumba, Kirumbu, Kibarizo na Kilorirwe hamwe no mu nkengero zaho. FARDC yahakanye ibivugwa na M23, ivuga ko ikomeje kubahiriza agahenge. Hashize igihe hari amakuru ko impande zombi zirimo kwitegura imirwano. Mu itangazo, umuvugizi wa M23 mu rwego…

SOMA INKURU

1 Ukwakira, itariki y’amateka n’ubutwari bukomeye

Ku wa Mbere tariki ya 1 Ukwakira, umupaka wa Kagitumba wagabweho igitero. Cyabaye ikimenyetso cy’itangira ry’urugamba rwamaze imyaka ine nyuma y’uko abari bagize umuryango FPR Inkotanyi biyemeje kubohora igihugu hifashishijwe inzira y’intambara kuko izindi zose Leta yariho yari yarazanze. Urwo rugamba rwari umusaruro w’imyaka itatu y’imyiteguro, ubwo mu Ukuboza 1987 hashingwaga FPR Inkotanyi imyiteguro y’intambara igatangira, hagashyirwaho inzego z’Umuryango, gahunda y’igihe gito, iy’igiciriritse n’igihe kirekire zirafutuka byose bigamije guhuza Abanyarwanda bose, ab’imbere n’inyuma y’igihugu, Abahutu, Abatutsi n’Abatwa. Igitabo “Amateka y’u Rwanda kuva mu ntangiriro kugeza mu mpera z’ikinyejana cya XX”…

SOMA INKURU

Abatahutse mu Rwanda bavuye mu mitwe yitwara gisirikare bahawe ibikoresho

Abagabo n’abagore 92 batahutse mu Rwanda bavuye mu mitwe yitwara gisirikare, ibarizwa mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), nyuma yo guhabwa amahugurwa y’imyuga n’ubumenyingiro, ku wa Kane tariki 28 Nzeri 2027, bashyikirijwe ibikoresho bijyanye n’ibyo bize, aho bavuga ko bagiye kubyubakiraho bakihangira imirimo bakabasha kwihutana n’abandi mu iterambere. Nizane Anne Marie wari uzwi ku izina rya Uwiduhaye Marie Chantal, akaba yari afite ipeti rya Premier Sergeant, avuga ko bari barabaswe n’imyumvire yo kurwana urugamba biyumvisha ko bazafata Igihugu, dore ko abategetsi babo bahoraga babizeza ibitangaza by’uko uwo…

SOMA INKURU

Inama Vladimir Putin yagiranye na Andrei Troshev ukuriye abacanshuro ba Wagner ihatse iki?

Amashusho yashyizwe hanze yerekana ko ejo hashize Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yagiranye inama na Andrei Troshev usigaye ayobora umutwe w’abacanshuro wa “Wagner” ufasha u Burusiya by’umwihariko mu ntambara ya Ukraine, bakaba baganiriye ku ngingo zitandukanye zirimo uburyo aba bacanshuro ba Wagner bakomeza gufasha ingabo z’ u Burusiya mu ntambara. Perezida Putin yasabye ko Andrei Troshev ari we uyobora Wagner guhera muri Kamena uyu mwaka ubwo abagize uwo mutwe bivumburaga bayobowe na Yevgeny Prigozhin wahoze abakuriye. Yevgeny Prigozhin yakomeje kugaragara mu nshingano z’ubuyobozi bw’uwo mutwe kugeza muri Kanama uyu mwaka…

SOMA INKURU

Niger : L’ambassadeur de France Sylvain Itté a quitté le pays

Conformément à l’annonce d’Emmanuel Macron dimanche soir, l’ambassadeur de France au Niger a quitté le pays mercredi matin, accédant ainsi aux demandes de la junte militaire au pouvoir depuis le coup d’État du 26 juillet. L’ambassadeur de France au Niger a quitté le pays par avion, mercredi 27 septembre au matin, a-t-on appris de deux sources sécuritaires. Emmanuel Macron avait annoncé dimanche le rapatriement de Sylvain Itté à l’issue d’un bras de fer avec la junte militaire qui s’est emparée du pouvoir le 26 juillet dernier à Niamey. À lire aussiRetrait de la France au…

SOMA INKURU

Rwanda: Icyizere ku igabanuka ry’ibiciro by’ibiribwa

Banki Nkuru y’u Rwanda yatangaje ko hari icyizere cy’uko uko iminsi igenda ishira, ikigero cy’izamuka ry’ibiciro ku masoko kizagenda kigabanuka ku buryo uyu mwaka wa 2023 uzarangira kiri kuri 7.6%, ndetse mu utaha wa 2024 bikazagera kuri 5%. Muri Nzeri nibwo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda, cyatangaje ko ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 12,3% muri Kanama 2023. Ni izamuka rya 0,9% ugereranyije n’ukwezi kwari kwabanje [Nyakanga] kuko byari byiyongereyeho 11,9%. Hari hashize amezi hari agahenge ndetse n’imibare igaragaza ko ibiciro biri kugabanuka. Urugero nko muri Mutarama, byari byazamutse ku kigero…

SOMA INKURU

Kwambara ibirenge ku bakuru b’ibihugu bigize G20 kwavugishije benshi, dore ikibyihishe inyuma

Amafoto y’abakuru b’ibihugu bitabiriye inama y’Ihuriro ry’ibihugu 20 bikize ku Isi, “G20” bambaye ibirenge yatangiye gucicikana ku Cyumweru, yafashwe ubwo bakirwaga na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi mu gace ka Rajghat karimo Urwibutso rwagenewe Mahatma Gandhi wafashije u Buhinde kugera ku bwigenge yavugishije benshi ari nako hanibazwa ikibyihishe inyuma. Nk’uko bisanzwe ku bandi bose basura aka gace, abarimo Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak; Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron; Perezida wa Argentine, Alberto Fernandez; uwa Indonesie, Joko Widodo na Chancelier w’u Budage, Olaf Scholz basabwe gukuramo inkweto. Icyakora iri…

SOMA INKURU