Perezida Iván Duque wa Colombia yari muri Kajugujugu yerekeza ahitwa Cúcuta mu Ntara ya “Norte de Santander”, ari kumwe na Minisitiri w’Ingabo na Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu ndetse na Guverineri w’Intara, indege barimo iraraswa. Icyakora Umuvugizi wa Perezidansi ya Colombia yavuze ko nta muntu wakomerekeye muri uko kuraswa kw’iyo ndege. Indege yageze ku butaka nta kibazo igize Perezida Duque yamaganye icyo gikorwa cyo kurasa indege yari arimo, kuko ngo ni icy’ubugwari, yavuze ko adatewe ubwoba n’ibikorwa “by’ubugome cyangwa se by’iterabwoba”. Muri videwo yahise ishyirwa kuri Twitter, Perezida Duque yagize…
SOMA INKURUCategory: Amakuru yo mu Mahanga
Amwe mu mabanga y’umuherwe Bill Gates yagiye hanze
Muri Werurwe 2020 nibwo Bill Gates yatangaje ko yavuye mu bagize Inama y’Ubutegetsi ya Microsoft, iki cyemezo cyaje gikurikirana n’ikindi yari yarafashe mu 2000 cyo kuva ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru muri iki kigo. Mu itangazo Bill Gates yashyize hanze mu 2020 ubwo yafataga icyemezo cyo kuva mu Nama y’Ubutegetsi ya Microsoft, yavuze ko yabitewe n’uko umwanya munini ashaka kuwuharira ibikorwa by’ubugiraneza asanzwe akora mu bijyanye n’ubuzima, iterambere, uburezi ndetse no kongera uruhare mu kurwanya ihindagurika ry’ibihe. Yagize ati “Ndishimye ndetse mbona icyiciro gikurikiyeho nk’amahirwe yo gukomeza ubucuti ndetse n’ubufatanye bufite…
SOMA INKURUUSA: Abirabura bakomeje kuraswa bakicwa
Umukobwa w’Umwirabura w’imyaka 16, Ma’Khia Bryant, yarasiwe n’abapolisi mu Murwa mukuru wa Leta ya Ohio, Columbus, muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, ahita apfa. BBC yatangaje ko uwo mwana yarashwe nyuma yo kugaragara afashe icyuma mu ntoki asatira ahari hahagaze itsinda ry’abandi bakobwa basakuzaga bavuga ko agiye kugitera umwe muri bo, polisi igerageje kumuhagarika arabyanga. Urupfu rw’uyu mwana rwabaye mu masaha make Derek Chauvin wahoze ari umupolisi muri Minneapolis ahamijwe urupfu rwa George Floyd, ibintu byatangaga icyizere ko haba hagiye kuboneka umucyo ku mpfu za hato na hato zikorwa n’abapolisi…
SOMA INKURUTanzania: Perezida mushya mu matwara amwe nk’uwo asimbuye
Perezida mushya wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yategetse Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta guhangana n’ibibazo bya ruswa ndetse n’ikoreshwa nabi ry’umutungo rikigaragara muri icyo kigo ndetse anirukana umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe Ibyambu, Tanzania Ports Authority (TPA) ashinjwa kunyereza umutungo wacyo. Ibi bibaye nyuma y’aho TPA itunzwe agatoki ku ikoreshwa nabi ry’umutungo muri raporo y’umugenzuzi mukuru w’imari ya leta yo mu mwaka wa 2019-2020, Perezida Suluhu yakiriye kuri iki cyumweru. Yagize ati “Kuri raporo nohererejwe kuva ku wa 27 Werurwe 2021, nibura miliyari 3,6 Tsh zanyerejwe na TPA . Ubwo Minisitiri…
SOMA INKURUTrump n’abayoboke be baba bagiye gutesha agaciro ubuhangage bwa USA
Nyuma y’aho Isi yose yari itegerezanyije amatsiko iyemezwa ry’ugiye kuyobora igihugu cy’igihangage ku isi “USA”, Kuri uyu wa gatatu tariki 6 Mutarama 2021 ibihumbi by’abaturage bashyigikiye Donald Trump binjiye mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika ubwo abayigize bari bateranye ngo bemeze intsinzi y’uwatowe Joe Biden. Abitabiriye iyi myigaragambyo barushije imbaraga abapolisi barinda Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika, ndetse bamwe babaca mu rihumye barinjira. Mu kurinda abadepite n’abasenateri hari abasabwe kuguma mu biro byabo mu gihe abandi bajyanywe ahantu hatekanye kurushaho. Ahagana saa tatu z’ijoro ubwo abasenateri baganiraga ku ngingo yazamuwe…
SOMA INKURUUSA: Covid-19 itumye habaho impinduka zidasanzwe mu magereza
Mu gihugu cy’igihangage ku isi hitezwe impinduka zidasanzwe mu magereza, biturutse k’ubwiyongere bukabije bwa Coronavirus bwatumye bamwe mu mfungwa, abagororwa n’abarinzi ba gereza barwara Covid-19, gereza zimwe zigiye gufungwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Gereza zo mu turere n’iza Leta zitandukanye muri Amerika ziri gushaka uko zimurira abagororwa bamwe mu zindi gereza ndetse aho bishoboka boherezwe mu miryango yabo kugira ngo zifungwe. New York Times yatangaje ko Leta za Missouri na Pennsylvania benshi mu bacungagereza barwaye Coronavirus ku buryo bitagishoboka gukora akazi kabo. Muri gereza zo muri Amerika hamaze…
SOMA INKURUUSA: Hemejwe urukingo rwa kabiri rwa Covid-19
Sosiyete ya Moderna n’abo ifatanyije nabo batangiye kugeza inkingo za COVID-19 mu bice bitandukanye by’igihugu. Ni urukingo rwa kabiri rwemejwe gukoreshwa muri Leta zunze ubumwe z’Amerika. Amakarito y’inkingo mu gitondo cy’ejo ku cyumweru ni bwo yatangiye kugezwa ku bigo by’ubuzima mu mpande zose z’igihugu, kiza kw’isonga mu bifite abantu benshi banduye virusi ya corona. Amerika ifite miliyoni 17 n’ibihumbi 600 banduye iyo virusi kandi yahitanye abarenga ibihumbi 316 nk’uko imibare ya kaminuza Johns Hopkins ibigaragaza. Urukingo rwa Moderna, rwemejwe n’ikigo cy’Amerika gishinzwe ibiribwa n’imiti, kugira ngo rukoreshwe mu bihe bikomeye.…
SOMA INKURUBuyoya wayoboye u Burundi yapfuye
Amakuru dukesha BBC avuga ko Majoro Petero Buyoya yapfuye ageze ku myaka 71 y’ubukuru, akaba yaguye i Paris mu Bufaransa, ariko akaba yari aherutse gukatirwa igifungo cya burundu n’inkiko z’u Burundi. Majoro Petero Buyoya wayoboye u Burundi muri manda ebyiri (1987-1993, 1996-2003) ingana n’imyaka 13, yitabye Imana azize COVID-19 nk’uko byatangajwe n’umuryango we. Petero Buyoya kimwe na bagenzi be bagera kuri 18 bakurikiranyweho kwica Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi wa mbere wishyiriweho n’abaturage Perezida Melchior Ndadaye tariki 21 Ukwakira 1993. Majoro Buyoya abaye umuntu wa kabiri wayoboye u Burundi witabye Imana muri uyu…
SOMA INKURUUganda: Hakozwe impinduka zidasanzwe mu gisirikare n’igipolisi
Kuri uyu wa Gatatu nibwo hatangajwe amavugurura anyuranye mu gisirikare n’igipolisi bya Uganda, akaba yakozwe na perezida Yoweri Kaguta Museveni, aho umuhungu we Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yongeye kumugira umuyobozi w’umutwe ushinzwe kumurinda. Mu zindi mpinduka zakozwe, Maj Gen Paul Lokech yagizwe umuyobozi wungirije wa Polisi asimbuye Maj Gen Sabiiti Muzeyi. Ntabwo icyateye Museveni gukora impinduka cyane cyane ku buyobozi bw’umutwe umurinda kiramenyekana gusa hashize iminsi hari imvururu zishingiye ku matora ateganyijwe umwaka utaha, aho abatavuga rumwe na Leta bagiye bibasirwa cyane ndetse mu kwezi gushize hapfuye abasaga 50. Mu…
SOMA INKURUBobi Wine yatangaje ko agiye kwiyamamaza mu isura nshya
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki 3 Ukuboza 2020, umuhanzi uzwi nka Bobi Wine kuri ubu akaba ari guhatanira kuyobora igihugu cy’abaturanyi cya Uganda, yashyize ku rukuta rwa Twitter rwe amafoto amugaragaza yambaye nk’umusirikare ugiye ku rugamba, ayaherekesha amagambo avuga ko nubwo yanyura mu gicucucucu cy’urupfu adateze kugira ubwoba. Kuri ayo mafoto, uyu mugabo yari yambaye igisarubeti cy’umutuku, ingofero itukura n’inkweto zimeze nk’iz’abasirikare. Yari yambaye kandi agakote kameze nk’akadatoborwa n’amasasu. Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bavuze ko bibabaje kubona umukandida uhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu ageze aho yambara nk’umusirikare…
SOMA INKURU