Angine ni indwara yo kubyimba no kubabara mu muhogo mu gace k’akamironko (pharynx) bitewe na mikorobi. Izi mikorobi zitera angine zirimo amoko 2 hari angine iterwa na virusi hakabaho na angine iterwa na bagiteri. Gusa angine itewe na virusi niyo ifata abantu benshi aho ifata hagati ya 50% na 90% by’abarwayi bayo. Iyi ndwara yibasira cyane cyane abakiri bato gusa n’abakuze barayirwara.Angine itewe na bagiteri iterwa na mikorobi yitwa streptocoque (soma sitireputokoke) ikaba yibasira cyane abantu barengeje imyaka 3. Iyatewe na virusi itandukanye n’iyatewe na bagiteri. Angine ivurwa ite? Nk’uko…
SOMA INKURUCategory: Ubuzima
Ibyagufasha kwirinda kanseri ku gipimo cya 40%, indwara ikomeje kwica benshi
Inzego zinyuranye z’ubuzima ku isi ndetse no mu Rwanda zemeza ko kanseri ari ikibazo gikomeye cyane cy’ubuzima hagendewe ku mibare y’abayirwara ndetse n’abo ihitana ariko nubwo bimeze bitya, Minisitiri w’Ubuzima Dr Nsanzimana Sabin yatanze inama y’ibyakorwa mu kuyirinda ku gipimo cya 40%. Buri mwaka tariki 4 Gashyantare aba ari umunsi mpuzamahanga wo kurwanya kanseri, dore ko kugeza ubu ariyo ndwara itandura ikiri ku isonga mu kuba umwanzi ukomeye w’ubuzima bwa muntu. Imibare yatangajwe n’inzego z’ubuzima mu Rwanda zigaragaza ko igitsina gore ari bo bibasirwa n’indwara ya kanseri cyane, aho muri…
SOMA INKURUBirashoboka kurandura indwara zititaweho uko bikwiriye muri 2030- Inzego z’ubuzima
Abayobozi banyuranye bo mu nzego z’ubuzima mu Rwanda, bahuriza ku ntego yo kurandura indwara zititaweho uko bikwiriye mu Rwanda mu mwaka wa 2030, cyane ko kuzirinda bishoboka. Ibi byagarutsweho none tariki 30 Mutarama, ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya indwara zititaweho uko bikwiriye, insanganyamatsiko y’uyu mwaka ikaba igira iti: ” Tujyanemo mu isuku n’isukura, duhashye indwara ziterwa n’umwanda.” Uyu munsi ukaba wizihirijwe mu karere ka Kicukiro, mu murenge wa Masaka, ukaba witabiriwe n’abatari bake harimo n’abahagarariye inzego z’ubuzima zinyuranye mu Rwanda. Umuyobozi Nshingwabikorwa w’akarere ka Kicukiro, Antoine Mutsinzi yatangarije abitabiriye…
SOMA INKURUKayonza: Ibyagize uruhare mu igabanuka ry’indwara zititabwaho uko bikwiriye mu banyeshuri
Mu karere ka Kayonza hagendewe ku mibare ituruka hirya no hino mu bigo nderabuzima byaho, yerekana ko indwara ziterwa n’umwanda zititabwaho uko bikwiriye zagabanutse mu bigo by’amashyuri. Ibi bikaba byaragezweho nyuma y’ubukangurambaga ku isuku n’isukura by’umwihariko mu kuzirikana guha abanyeshuri amazi atetse cyangwa yatunganyijwe n’ibyuma byabugenewe hamwe n’ibindi bikorwa binyuranye by’isuku n’isukura. Ibi bikaba bitangazwa n’umukozi w’akarere ka Kayonza, mu ishami ry’Ubuzima, ushinzwe ibikorwa by’isuku n’isukura Rugira Jean Baptiste, watanze urugero rw’ibikorwa by’isuku birangwa muri kimwe mu bigo by’ishuri biri muri Kayonza “GS Gishanda”, akaba anemeza ko bigaragaza umusaruro w’ubukangurambaga…
SOMA INKURUIbanga ry’ubuzima burambye ku bafite virusi itera SIDA
Nk’uko Minisitiri y’Ubuzima ibinyujije mu kigo cy’igihugu cy’ubuzima “RBC”, itangaza ko imibare y’abaturarwanda bafite virusi itera sida ari 3%. Ni muri urwo rwego ikinyamakuru umuringanews.com cyifashishije ubushakashatsi bwatangarijwe ku rubuga www.sidainfoservice.com, bwafasha abafite virusi itera SIDA kuramba. Ikintu cya mbere: Umuntu ufite virusi itera SIDA agomba gukora ni ugufatisha ibizamini kugira ngo amenye uko umubare w’abasirikare bari mu mubiri we (CD4) bangana, kugira ngo mu gihe baba bagabanutse harebwe ikibitera gishakirwe igisubizo byihuse hagamijwe kwirinda kurwara SIDA ari nako yibasirwa n’ibyuririzi bitandukanye byanamuviramo kumuhitana. Ikintu cya kabiri: Umuntu ufite virusi…
SOMA INKURURwanda: Imibare y’abaribwa n’inzoka iteye ikibazo, abayoboka abagombozi baraburirwa
Kuribwa n’inzoka ni imwe mu ndwara zirindwi zititabwaho uko bikwiriye zihangayikishije u Rwanda, dore ko hagaragaye abasaga 1500 bagize iki kibazo. Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima gitangaza ko uyu ari umubare w’abagannye amavuriro babashije kumenyekana gusa, ko ariko iyi ari imwe mu ndwara iviramo ubumuga uwariwe n’inzoka igihe atihutiye kujya kwa muganga mu minota 30 akimara kurumwa n’inzoka ndetse n’urupfu rudasigaye. Kubura ubuzima bikomoka ku ndwara zititabwaho uko bikwiriye harimo no kurumwa n’inzoka ndetse no kugira ubumuga burimo kugira ibinya ku gice runaka (Paralysie) bitewe n’ubumara bw’inzoka yakurumye ndetse n’icyo wakoze nyuma…
SOMA INKURUNyuma yo guhindura imyumvire ku ikoreshwa ry’ifumbire yo mu musarani, bishimira inyungu byabagizeho
Abaturage bo murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera batangaza ko nyuma y’ubukangurambaga bwabayeho babamenyesha ibibi byo gufumbiza umwanda wo mu musarani ndetse n’ingaruka zitabarika zigera ku bawukoresha, bafashe umwanzuro wo kureka, bakaba bemeza ko ikibazo cyo kurwaza inzoka cyagabanutse ku buryo bufatika ndetse n’umusaruro wiyongereye. Mukapasika Josephine ni umujyanama w’ubuzima akaba n’umwe mu bagizweho ingaruka no gufumbiza umwanda wo mu musarani, atuye mumurenge wa Cyanika, akagari ka Gasiza, umudugudu wa Nyamiyaga, atangaza ko bagikoresha iyi fumbire byabagiragaho ingaruka nyinshi cyane, by’umwihariko mu bwana bwe n’abo bavukana. Ati: “Iwacu mu…
SOMA INKURURubavu-Mudende: Bishimira intambwe bateye mu guhashya umwanda nubwo hakiri imbogamizi
Abaturage bo mu karere ka Rubavu, mu murenge wa Mudende, mu kagari ka Bihungwe, baturuka mu midugudu inyuranye batangaza ko bahinduye imyumvire bayoboka isuku n’isukura babikesha inyigisho zinyuranye bahabwa n’itorero ryabo, nubwo bemeza ko bagifite inzitizi ibakomereye ibangamira uyu muco mwiza biyemeje. Batangaza ko umwanda wari warababayeho akarande, kwikoza amazi ari ikibazo, kwituma ku gasozi byarabaye umuco, indwara z’umwanda zibahekura ubutitsa, amakimbirane ahoraho yo kwitana abarozi kandi ari ingaruka z’umwanda. Nsengimana Jean Mari Vianey, umuturage wo mu mudugudu wa Mwirima, akagari ka Bihungwe, umurenge wa Mudende, atangaza ko umwanda wari…
SOMA INKURUIntambwe zagufasha kureka itabi no kwirinda ingaruka zaryo
Usanga hirya no hino duhura n’abantu banyuranye bo ubwabo bivugira ko bazi neza ko nubwo banywa itabi ari umwanzi ukomeye w’ubuzima, ko ariko byabananiye kurivaho, yemwe hari n’umugani ugira uti “icyo umutima ukunze amata aguranwa itabi”, ariko ntibikwiriye kuko itabi ni umwanzi ukomeye w’ubuzima. Ni muri urwo rwego umuringanews.com, yifashishije ubushakashatsi bunyuranye mu rwego rwo gufasha abakunzi bacu uko bakwirinda itabi ndetse n’ingaruka zaryo. Ibintu 8 wakora bikagufasha kureka itabi 1.Andika impamvu kureka itabi Bihe igihe gihagije cyo kubitekerezaho, andika impamvu ziguteye gutuma ureka kunywa itabi. Urugero ushobora kwandika uburyo…
SOMA INKURUGisagara:14% barwaye inzoka zo mu nda, dore imwe mu mpamvu muzi itera iki kibazo
Gisagara ni kamwe mu turere tugaragaramo abaturage bakoresha ifumbire ikomoka ku mwanda wo mu musarani bari ku kigero cya 40% ku ngo zakoreweho ubushakashatsi. Ku rundi ruhande Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), kikaba gitangaza ko iyi fumbire ari isoko y’ndwara z’inzoka zo mu nda, harimo izifite ubushobozi bwo kwandura mu gihe kigera ku myaka 5 yaba mu gihe cy’ihinga, isarura ndetse no gufungura. Nubwo RBC, itangaza ibi yaba abaturage ndetse n’umuyobozi w’ ishami ry’ubuhinzi n’ubworozi n’umutungo kamere mu rwego rw’akarere bemeza ko iyi fumbire ikomoka ku mwanda wo mu musarani itanga…
SOMA INKURU