Ambasade y’u Bushinwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yasabye Abashinwa bari mu Burasirazuba bw’iki gihugu, kuvayo mu maguru mashya nyuma y’ubwicanyi bwakorewe bamwe muri bo.
Ubu busabe bwatanzwe nyuma y’uko hari ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bimaze iminsi bikorerwa Abashinwa, aho bamwe bishwe, abandi bakamburwa ndetse bakanashimutwa.
Abibasirwa ni abakora mu mishinga y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri icyo gihugu.
U Bushinwa bwasabye abaherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, iy’Amajyepfo na Ituri kuhava mu maguru mashya.
Ubwanditsi@umuringanews.com