Biryoha akanya gato, bigasiga ubuzima mu kaga: Ingaruka z’ibiyobyabwenge ntizibarika

Mu gihe u Rwanda rukomeje urugendo rwo kubaka igihugu gifite imibereho myiza, hari igice cy’abaturage by’umwihariko urubyiruko cyugarijwe n’ingaruka zikomeye zituruka ku ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Ababikoresha babifata nk’inzira yo guhunga ibibazo by’ubuzima, agahinda, ubushomeri cyangwa ibikomere byo mu mutima, nyamara ibyishimo n’ituze biba iby’akanya gato bikurikirwa n’umwijima w’igihe kirekire. Abahanga mu by’ubuzima batangaza ko ibiyobyabwenge, byaba urumogi, inzoga zivanze n’imiti, mugo n’ibindi bidasubiza ikibazo ahubwo birushaho kukiremereza. Ibyishimo by’ako kanya bihinduka ububabare bw’igihe kirekire. Uwo twahaye izina rya Mucyo w’imyaka 29, utuye mu karere ka Gasabo, avuga ko yatangiye kunywa urumogi…

SOMA INKURU

Abangavu bo muri Rubavu bishoye mu buraya baratabarizwa

Mu mujyi wa Rubavu hakomeje kugaragara abakobwa b’abangavu harimo n’abafite imyaka 13 bishora mu buraya, abenshi muri bo batangaza ko intandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga ari inzara, ubukene no kubura ababitaho, kugeza ubu bakaba bafite ibyago byinshi byo kwanduzwa virusi itera SIDA n’abagabo bababona nk’umuti. Nk’uko byemezwa na Ugiriwabo Xaverine, uhagarariye Koperative y’abakora uburaya ariko biyemeje kubureka, “Abiyemeje guhinduka Gisenyi”, atangaza ko bamwe muri abo bana bashorwa mu buraya n’imiryango yabo cyangwa bakabura uburyo bwo kubaho bakabukora ku giti cyabo, ariko bari mu kaga ko kwanduzwa virusi itera…

SOMA INKURU

Rubavu: Ubukerarugendo burakataje, ariko hadafashwe ingamba amwe mu macumbi yakwica bucece abayagana

Mu gace gakungahaye ku mutungo kamere, kagaragara nk’isoko y’ubukungu, kamwe mu turere tw’u Rwanda, kishimirwa mu rwego rw’ubukerarugendo n’ubucuruzi bwambukiranya imipaka, ariko muri iyo shusho itatse icyizere, Rubavu iracyafite ikibazo kidakumiriwe vuba cyarangiza bucece ubuzima bw’abahasohokera n’abahatuye. Ikibazo nyiri zina gishingiye ku “AGAKINGIRIZO” nk’imwe mu nkingi za mwamba mu kwirinda ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA. Mu mujyi wa Rubavu habera ibirori bitandukanye, ubwiza nyaburanga buganwa n’abaturutse imihanda inyuranye, amajwi y’imodoka n’umuziki byiganjemo, ba mukerarugendo baza mu matsinda. Ariko mu byumba birenga 2,000 by’amacumbi aboneka muri uyu mujyi, hari igikenewe…

SOMA INKURU