Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana ( UNICEF) ryatangaje ko bitewe n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19, abana b’abakobwa bagera kuri miliyoni 10 ku Isi ari bo bashobora kuzaba barashatse imburagihe uhereye ubu kugeza mu 2030. Ni mu gihe mbere y’iki cyorezo habarurwaga abakobwa bafite ibyago byinshi byo gushyingirwa imburagihe bagera kuri miliyoni 100 mu gihe cy’imyaka 10, n’ubwo ibihugu bimwe na bimwe byagerageje guhangana n’iki kibazo. UNICEF igaragaza ko mu myaka 10 ishize, hageragejwe kuburizamo uko gushyingirwa ku bana b’abakobwa miliyoni 25 ku Isi, ariko ubu iyo gahunda ntiyakomeje ku muvuduko…
SOMA INKURUYear: 2021
Bugesera: Urupfu rwe ntiruvugwaho rumwe
Inkuru ibabaje yacacanye ku mbuga nkoranyambaga ikababaza benshi kuri uyu wa mbere tariki 8 Werurwe 2021 ni uy’umugabo w’imyaka 25 witwa Jean Paul Nsabigaba abenshi bazi ku izina rya Danny, wasanzwe mu mugozi yapfuye mu Kagari ka Nyamata Ville, Umurenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera. Bamwe bakwirakwije amafoto ye ku mbuga nkoranyambaga bavuga ko yishwe, abandi basaba ko hakorwa iperereza ryimbitse ku rupfu rwe n’ibindi byinshi ndetse hari n’abakomeje kumwitwaza bakwirakwiza ibihuha bihuza urupfu rwe na Politiki. Nubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rugikomeje iperereza, amakuru yatanzwe n’abo mu muryango…
SOMA INKURUCovid-19: Gereza yahereweho mu gukingirwa Coronavirus n’ababyemerewe
Nyuma y’aho mu Rwanda hagejejwe inkingo zinyuranye ndetse kuwa gatanu tariki 5 Werurwe 2021 gahunda yo gukingira Coronavirus itangijwe ku mugaragaro na Minisitiri w’ubuzima Dr Ngamije Daniel, hakaba hakomeje gukingirwa ibyiciro binyuranye, kuri uyu munsi hatahiwe abagororwa. Ni muri urwo rwegor mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Werurwe 2021, Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) hamwe n’Ikigo gishinzwe Ubuzima (RBC), bazindukiye mu gikorwa cyo gukingira Covid-19 abari muri gereza ya Nyarugenge ahazwi nk’i Mageragere. Abagorwa bakingiwe Coronavirus ku ikubitiro muri gereza ya Mageragere SSP Pelly Uwera Gakwaya, …
SOMA INKURUGatsibo: Umwana yishe mugenzi we bagiye kwahira
Umwana w’imyaka 13 wo mu Karere ka Gatsibo yateye igisongo mugenzi we w’umukobwa w’imyaka 12 bari kumwe bagiye kwahira. Byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Werurwe 2021 mu Kagari ka Mpondwa mu Murenge wa Gitoki mu Karere ka Gatsibo. UmunyamabangaNshingwabikorwa w’Umurenge wa Gitoki, Mushumba John, yabwiye itangazamakuru kouyu mwana yateye mugenzi we igisongo bari bakoze mu giti ubwo bajyanaga kwahira bagenda bakina. Yagize ati “Bari abana batatu bajyanye kwahira bagenda bakina, bari basongoye igiti rero umwe aza kugitera mugenzi we atabishaka, yakimuteye munsi y’igiti mu…
SOMA INKURURwanda: Umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi ukomeje kwagura amasoko
Mu mwaka wa 2018 ni bwo umuherwe w’umushinwa nyiri Alibaba yageze i Kigali, aho yagiranye ibiganiro na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, bigamije kwagura isoko ry’umusaruro w’ubuhinzi bw’u Rwanda mu Bushinwa, by’umwihariko ubw’ikawa. Abahinzi bo mu Rwanda bakomeje kwagura isoko ry’umusaruro wabo mu Bushinwa, babikesha ubucuruzi bw’ikoranabuhanga bukorerwa ku rubuga rwa Alibaba rw’umuherwe Jack Ma wo muri icyo gihugu. Amakuru avuga ko mu byemeranyijweho n’impande zombi icyo gihe harimo n’ubucuruzi bwifashisha ikoranabuhanga, ibyatumye u Rwanda ruba igihugu cya mbere cya Afurika cyayobotse isoko rya Alibaba. Mu myaka isaga ine ubwo…
SOMA INKURURwanda: Uko umubare w’abagore bikorera uhagaze
Nubwo Leta y’u Rwanda yagiye ishyiraho ingamba n’amategeko bigamije guteza imbere umugore no kumwubakira ubushobozi mu ngeri zose, gusa mu bijyanye n’abikorera birasa n’aho bitarumvikana neza nk’uko bimeze mu nzego za Leta. Raporo ivuguruye ya MIGEPROF (Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango) agaragaje ko umubare w’abagore bikorera ukiri hasi cyane cyane mu bice by’icyaro aho bangana na 17%. Uretse kuba umugore yarahawe agaciro yari yarambuwe mu gufata ibyemezo, inzego z’ubuvuzi, uburezi, ubwubatsi n’ibindi, abagore bashishikarizwa kwihangira imirimo kugira ngo bigire kandi be gutegera amaboko iteka ku bagabo babo ahubwo bafatanye mu iterambere.…
SOMA INKURUAbagore n’abakobwa bahohotewe bagenewe ubufasha mu mategeko na bagenzi babo
Kuri uyu wa mbere tariki 8 Werurwe 2021, abavoka b’abagore bari mu Rugaga Nyarwanda rw’Abavoka “Rwanda Bar Association-RBA” baratangiza icyumweru cyo guha ubufasha mu mategeko abari n’abategarugori bakorewe ihohotera rishingiye ku gitsina, mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore wizihizwa none. Biteganyijwe ko mu gihe kizamara, abari n’abategarugori bakorewe ihohotera rishingiye ku gitsina bazahabwa ubufasha mu kuregera no kuburanira indishyi z’akababaro, aho hatoranyijwe dosiye 49 z’abahohotewe mu turere 14 mu gihugu, aho abagore bahohotewe bakazunganirwa mu nkiko ku buntu. Ni icyumweru kandi kizarangwa n’ibindi bikorwa birimo gusobanurira abari n’abategarugori amategeko…
SOMA INKURUKamonyi: Bakurikiranyweho guhishira mugenzi wabo wasambanyije abana babiri
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko ruri gukurikirana abayobozi bane b’Urwunge rw’Amashuri rwa Ruyumba bakekwaho icyaha cyo guhishira umwarimu uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho gusambanya abana babiri b’abakobwa yigishaga. Uyu mwarimu w’imyaka 39 yatawe muri yombi ku wa 26 Gashyantare 2021, aho akekwaho gusambanya abanyeshuri babiri barimo uw’imyaka 17 n’uwa 15. Iperereza ry’ibanze ryakozwe na RIB, ryagaragaje ko abayobozi bane muri iri shuri bagomba gukurikiranwa ku cyaha cyo guhishira uyu mwarimu. Abakurikiranywe ni Umuyobozi Mukuru w’iri shuri, Umuyobozi waryo, ushinzwe imyitwarire ndetse n’ukuriye komite y’ababyeyi barerera muri GS Ruyumba. Bari…
SOMA INKURUPapa Francis yanditse amateka muri kiliziya Gatorika
Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwa Papa Francis muri Iraq, biteganyijwe ko aza guhura n’umwe mu bayobozi bakuru bubashywe mi idini ya Islam ubarizwa w’umu-Shi’a, Ayatollah Ali al-Sistani, mu mujyi mutagatifu Najaf. Uru ruzinduko ni urwa mbere Papa agiriye mu muhanga kuva icyorezo cya Covid-19 cyakoreka Isi, ni n’ubwa mbere mu mateka y’Isi Papa wa Kiliziya gatolika asuye Iraq. Biteganyijwe ko ikiganiro cya Papa na Ayatollah Ali al-Sistani ufite imyaka 90, kiza kwibanda ku kibazo cy’imyizerere cyagiye kigaragara muri Iraq, aho abakirisitu bagiye bahohoterwa, bagacishwa bugufi kuva 2003, ubwo Leta…
SOMA INKURUGatsibo: Nyuma yo gukubitwa bikomeye Gitifu arembeye mu bitaro
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Muhura mu kagari ka Bibare, bavuga ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge yafatanyije n’abashinzwe umutekano bagakubita Gitifu w’akagari kugeza ubwo agiye mu bitaro, bakabeshya ko yari yasinze. Kuwa Gatatu tariki ya 3 Werurwe 2021 ahagana saa Mbili z’ijoro mu Mudugudu wa Rwangendo mu Kagari ka Bibare mu Murenge wa Muhura, abantu icumi bafatiwe mu kabari k’uhagarariye abikorera muri aka Kagari, hari harimo na Gitifu w’aka Kagari aho byavugwaga ko yarwanyije inzego z’umutekano hamwe na Gitifu w’Umurenge. Abaturage bafatanwe mu kabari n’uyu muyobozi basobanuye…
SOMA INKURU