Umuhoza Aurelie w’imyaka 39 uyu munsi ni umuyobozi ushinzwe ubukungu,imari n’imishinga muri ADEPR kuva muri 2017, akaba ariwe wasigaye mubo bari kumwe muri biro nyobozi ya ADEPR kuko abandi bakuwe mu nshingano zabo na RGB kuwa 02/10/2020 kubera ibibazo by’imiyoborere mibi,imikorere n’imikoranire mibi.Icyo gihe Umuhoza Aurelie yahise ahabwa inshingano zijyanye n’imicungire y’abakozi n’umutungo kugeza igihe abazayobora ADEPR mu gihe cy’inzibacyuho bazashyirirwaho. Kuwa 08/10/2020 ubwo RGB yashyiragaho komite y’inzibacyuho yo kuyobora ADEPR Madame UMUHOZA Aurelie yashyizwe mur’iyo komite. Ni ubwo uyu mudamu yizewe muri ADEPR ndetse na RGB yamushyize muri komite…
SOMA INKURUYear: 2021
Rwanda: Inkingo za Covid-19 zamaze kuhagezwa
Uretse izo nkingo zamaze kugera i Kigali, uyu munsi nimugoroba u Rwanda rurakira izindi doze 102,960 z’urukingo rwa Pfizer, nk’uko bivugwa na Minisiteri y’ubuzima mu itangazo yasohoye. Iyi Minisiteri yatangaje ko izo doze zose zizaterwa abantu 171, 480 bashyizwe mu cyiciro cy’abafite ibyago byinshi, mu gihe gukingira bitangira ku wa Gatanu tariki 5 Werurwe 2021; aho gukingira biteganyijwe ko bizahera ku bakozi mu nzego z’ubuzima, abarengeje imyaka 65 y’amavuko, abasanganywe izindi ndwara zidakira, n’abandi bakora mu kazi ko guhangana na Covid-19. Minisiteri y’ubuzima mu itangazo yasohoye yavuze ko uretse izo nkingo…
SOMA INKURUIbyari amabanga byerekana ko Rusesabagina ari umunyarwanda byashyizwe hanze
6600Paul Rusesabagina umaze amezi arenga atanu abwira inkiko ko atari Umunyarwanda, kandi ko yahunze igihugu muri 1996 agatanga n’ibimuranga by’u Rwanda agafata iby’u Bubiligi, arimo kuvuguruzwa n’inyandiko zasohotse mu bitangazamakuru. Rusesabagina wahakanye ko ari Umunyarwanda Ikinyamakuru KT Press cya Kigali Today cyabonye kopi z’inyandiko zo mu mwaka wa 2004 harimo ibaruwa Rusesabagina yandikiye Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka (Immigaration&Emigration), avuga ko yataye urwandiko rw’abajya mu mahanga (Pasiporo). Urwo rwandiko rw’abajya mu mahanga ubusanzwe rwemerwa hose ku isi, rugakora nk’indangamuntu ndetse rukayirusha agaciro kuko ruhesha umuntu uburenganzira bwo kwambukiranya imbibi z’igihugu…
SOMA INKURUIdamage agiye kugezwa imbere y’urukiko ashinjwa ibyaha bitari bike
Urwego rw’Ubucamanza mu Rwanda rwatangaje ko Idamange Iryamugwiza Yvonne azitaba Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ruherereye mu Karere ka Gasabo, ku wa Kane tariki ya 4 Werurwe 2021 atangire kwiregura ku byaha bitandatu ashinjwa. Idamange Iryamugwiza Yvonne w’imyaka 42 y’amavuko yatawe muri yombi tariki ya 15 Gashyantare 2021. Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatawe muri yombi akurikiranyweho kugerageza guteza imyigaragambyo, guhangana n’abaje kumuta muri yombi mu nzira zubahirije amategeko, no gukubita umwe mu bashinzwe umutekano baje kumuta muri yombi. Yamenyekanye cyane mu gihe gito kubera imvugo ze zidahwitse yakwirakwizaga yifashishije imbuga…
SOMA INKURURwanda: Kuri uyu wa gatatu hategerejwe ikije guhangana na Covid-19
Mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki ya 3 Werurwe 2021, u Rwanda rurakira icyiciro cya mbere cy’inkingo za Coronavirus, zizatangwa muri gahunda yo gukwirakwiza inkingo izwi nka Covax. Amakuru yizewe ni uko inkingo u Rwanda ruzakira ari izakozwe na Kaminuza ya Oxford yo mu Bwongereza za AstraZeneca. Uru rukingo ni narwo rwatanzwe muri iyi gahunda mu bindi bihugu bibiri bya Afurika, Ghana na Côte d’Ivoire, aho byombi byatangiye gukingira ku wa 1 Werurwe 2021. Muri ibi bihugu byombi, inkingo zagezeyo mu kwezi gushize aho nka Ghana yakiriye dose 600.000…
SOMA INKURUAbongereza bashyize hanze indege idasanzwe
Sosiyete y’Abongereza isanzwe ikora imodoka, Rolls-Royce, yatangaje ko yitegura kugurutsa indege yakoze yifashisha amashanyarazi, nyuma y’uko isuzuma ryo kuyigendesha ku butaka ryagenze neza. National News yatangaje ko iyo ndege ifite ubushobozi bwo kugenda ibilometero 480 ku isaha, batiri yayo ikabika umuriro wa kilowatt 400 ziyibashisha kugenda ibilometero 515 itarongera gusharizwa. Umuyobozi wa Rolls-Royce, Rob Watson, yasobanuye ko iyo ndege yakozwe mu rwego rwo gushyigikira gahunda Isi yihaye yo kugabanya imyuka ihumanya ikirere. Ati ”Gukora indege yifashisha amashanyarazi ni ingenzi muri gahunda yacu igamije kugabanya imyuka ya Carbone de dioxyde ihumanya…
SOMA INKURUBatawe muri yombi bacuruza amavuta akundwa n’igitsinagore kitari gike
Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abagabo bane bafatiwe mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro, bakekwaho gucuruza amavuta atemewe azwi nka mukorogo abantu bifashisha barimo gutukuza uruhu. Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Werurwe 2021, nibwo aba bagabo bashinjwa kugurisha amavuta ya mukorogo beretswe itangazamakuru. Polisi yatangaje ko aba bagabo uko ari bane yabafatiye mu Murenge wa Gatenga kandi ko icyo gikorwa kizakomeza mu bice bitandukanye by’Igihugu. Aba bagabo bemera amakosa y’uko bacuruzaga aya mavuta ariko bagahakana ko bayakuraga hanze. Umwe yagize ati “ ‘Ncuruza amavuta muri rusange…
SOMA INKURUPerezida wa mbere muri Afurika wafashe iya mbere mu kwikingiza Coronavirus
Kuri uyu wa mbere tariki ya 1 Werurwe 2021, Perezi wa Ghana, Nana Akufo-Addo, yatewe urukingo rwa Coronavirus, aba umukuru w’igihugu wa mbere muri Afurika watewe urukingo muri gahunda ya Covax ndetse anakura urujijo ku batekereza ko rutera ibibazo abaruhawe, arwiteza ku mugaragaro. Perezida Akufo n’umugore we mu gikorwa cyo kwikingiza Covid_19 Perezida Akufo-Addo yarutewe hamwe n’umugore we Rebecca imbonankubone (live) kuri televiziyo bereka abanya-Ghana bose ko ntacyo bitwaye kuba barwiteza. Yandika ku rubuga rwe rwa Twitter, Akufo-Addo, yavuze ko urukingo nta kibazo rufite ndetse ko ruzafasha igihugu cye kurwanya…
SOMA INKURUSarkozy wayoboye Ubufaransa yahanishijwe ibihano bikakaye
Urukiko rwo mu Bufaransa rwakatiye uwahoze ari Perezida w’iki gihugu, Nicolas Sarkozy, gufungwa imyaka itatu nyuma yo kumuhamya ibyaha bya ruswa. Muri iyi myaka itatu yakatiwe Sarkozy umwe niwo azafungwa mu gihe ibiri isubitse. Urukiko rwatangaje ko uregwa afite uburenganzira bwo kujuririra iki cyemezo. Iki cyemezo cy’urukiko cyafashwe kuri uyu wa Mbere, nyuma yo guhamya Nicolas Sarkozy wayoboye u Bufaransa kuva mu 2007 kugera mu 2012 icyaha cyo guha umucamanza ruswa. Sarkozy w’imyaka 66, ashinjwa ko mu gihe yari akiri Perezida, yagerageje guhatira Gilbert Azibert, wari umucamanza, akaba n’Umujyanama Mukuru…
SOMA INKURUTrump yahishuye akamuri ku mutima
Ikinyamakuru The Tribune cyatangaje ko Donald Trump wari waririnze kujya mu itangazamakuru kuva yava ku butegetsi, mu nama y’Aba-Républicains yabereye i Florida ku wa 28 Gashyantare 2021, yatangaje akari ku mutima. Uwahoze ari Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yaciye amarenga yo kongera kwiyamamariza kuyobora icyo gihugu mu matora ya 2024, nyuma y’uko ibirego byo kumutakariza icyizere yabitsinze ubugira kabiri. Trump watanze imbwirwaruhame yikoma imiyoborere y’uwamusimbuye ku ntebe, Joe Biden, waje avuguruza amateka yari yarasinye, yavuze ko ishyaka rye rizasubirana ububasha bwaryo bwo kuyobora Amerika. Ati “Ni…
SOMA INKURU