Habayeho impinduka ku ikoreshwa ry’urukingo rwa “Moderna”

Umuyobozi Mukuru wa Moderna, Stephane Bancel yavuze ko bagiye mu igerageza ku bana bato, nyuma y’uko urukingo rwabo rutanze ibisubizo byiza ku bantu bari hejuru y’imyaka 18. Sosiyete yo mu gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikora inkingo za “Moderna” yatangiye kugeragereza urukingo yakoze rwa Covid-19 ku bana bari munsi y’imyaka 12. Igerageza rizakorerwa ku bana 6750 bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada mu gihe cy’amezi atandatu nkuko Xinhua yabitangaje. Abazitabira igerageza bazahabwa inkingo mu byiciro bibiri, hagati y’icyiciro kimwe n’ikindi hacemo iminsi 28. Moderna ni…

SOMA INKURU

Rwamagana: Baratabaza basaba amazi meza

Abaturage bo mu Karere ka Rwamagana mu Mirenge ya Gahengeri na Musha barasaba ubuyobozi kubafasha kubona amazi meza ngo kuko ayo bavoma aturuka mu miserege, bakayanywa, bakayakaraba, bakayafurisha ndetse bakayatekesha bikarangira abateye indwara zirimo inzoka n’izindi. Ibi byatangajwe n’abaturage batuye mu Murenge wa Gahengeri mu Kagari ka Rugarama mu Midugudu ya Byimana na Nyarucyamo ndetse no mu Murenge wa Musha mu Kagari ka Nyakabanda mu Midugudu ya Ruhita na Rugarama. Aba baturage baturiye umuhanda wa kaburimbo bababazwa no kutagerwaho n’amazi meza ngo ubuyobozi bubabwira ko bigoranye kuyakurura akabageraho. Ibi bibagiraho…

SOMA INKURU

Nyuma yo gutabaza ko bashaka kumwica byarangiye apfuye

Mireille Ndjomouo w’imyaka 44, mu cyumweru gishize yashyize hanze amashusho avuga ko mu bitaro bya Charles-Le Moyne Hospital biherereye mu Mujyi wa Montreal atitabwaho uko bikwiriye. Uwo mugore mu mashusho yafashe, yashinje abaganga kutamwitaho, avuga ko bashaka ‘kumwica’ kuko bamuhaga umuti wa penicillin kandi udakorana n’umubiri we. Bimaze gusakuza ku mbuga nkoranyambaga, yimuriwe mu bindi bitaro ariko tariki 9 Werurwe yaje gupfa nubwo icyamuhitanye kitaramenyakana neza nk’uko The Independent yo mu Bwongereza yabitangaje. Inzego zishinzwe ubuzima muri Canada zatangaje ko zatangiye iperereza ku cyahitanye Mireille. Mu mashusho uwo mugore yari…

SOMA INKURU

Havutse ibibazo bikomeye nyuma y’inkuru ishushanyije y’umwamikazi

Ikinyamakuru cyo mu Bufaransa, Charlie Hebdo, gikomeje kotswa igitutu nyuma yo gusohora ishusho mbarankuru (Cartoon) yerekana Umwamikazi w’u Bwongereza Elizabeth II ashinze ivi ku ijosi rya Meghan Markel umugore w’igikomangoma Harry. CNN ivuga ko iki kinyamakuru cyosohoye iyi shusho kuwa gatandatu, tariki 13 Werurwe, biteza urunturuntu ku mbuga nkoranyambaga, aho abantu bavuze ko bisa neza n’ibyo umupolisi w’umuzungu yakoreye umwirabura wo mu Leta Zunze Ubumwe za Amerika, George Floyd, bikamuviramo urupfu Iyo shusho ije nyuma y’ikiganiro Meghan na Harry bagiranye na Oprah Winfrey, aho Meghan yavuze ko igihe yari atwite,…

SOMA INKURU

Bobi Wine yatawe muri yombi. Arazira iki?

Umudepite akaba n’Umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta ya Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yatawe muri yombi kuri uyu wa Mbere mu Murwa Mukuru wa Kampala. Uyu mugabo uherutse kwiyamamariza kuyobora Uganda, BBC yatangaje ko yatawe muri yombi ubwo yari yitabiriye imyigaragambyo y’amahoro isaba ko abayoboke b’ihuriro rye National Unity Platform bafunzwe n’ababuriwe irengero barekurwa. Abenshi muri abo bayoboke batawe muri yombi mbere na nyuma y’amatora ya Perezida yabaye muri Mutarama uyu mwaka. Uretse Bobi Wine watawe muri yombi, abigaragambyaga banatewe imyuka iryana mu maso kugira ngo batatane. Kuri…

SOMA INKURU

Nigeria: Hafi y’ikigo cya gisirikare abanyeshuri b’abakobwa bashimuswe

Abantu bitwaje intwaro bashimuse abanyeshuri benshi ku ishuri rya Federal College of Forestry Mechanisation, riherereye muri Leta ya Kaduna, mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Nigeria. Icyo kigo abanyeshuri bashimutiwemo kiri hafi y’ikigo cy’imyitozo ya gisirikare. BBC yatangaje ko abo bitwaje intwaro binjiye mu kigo mu masaha y’ijoro ryo kuri uyu wa Kane, bagatangira kurasa ari nabwo bashimutaga abanyeshuri cyane cyane abakobwa. Ntabwo umubare nyawo w’abana bashimuswe uratangazwa gusa birakekwa ko ari benshi. Ababyeyi n’abavandimwe b’abana bashimuswe bazindukiye ku kigo bategereje agakuru k’aho abana babo baherereye ariko baraheba. Gushimuta abanyeshuri ni…

SOMA INKURU

Umugabane w’isi ababana bahuje igitsina bahawe rugari

Bimwe mu bihugu by’i Burayi byari bisanzwe bitanga uburenganzira ku bantu babana bahuje igitsina, ariko mu minsi ishize, mu gihugu cya Pologne hagaragaye tumwe mu duce twatangaje ko twamaganye ibikorwa by’ababana bahuje ibitsina, tuvuga ko bitandukanye n’umuco wabo. Ibi byatumye bamwe mu baturage babana bahuje igitsina badutuyemo bahunga, bakajya mu duce tw’ibyaro twari tukibemerera kuhatura abandi bakajya hanze y’igihugu. Ni ibikorwa byamaganywe cyane ku rwego rw’Isi, ndetse bituma Inteko y’Ubumwe bw’ u Burayi itegura umushinga ugamije gutangaza ko ako gace kose, gatanga uburenganzira n’ubwisanzure ku babana bahuje ibitsina. Akaba ari…

SOMA INKURU

Uburwayi bw’impyiko buza bucece, sobanukirwa ibyakorwa mu kubwirinda

Kuri uyu wa kane tariki 11 Werurwe 2021, mu Rwanda hizihijwe umunsi mpuzamahanga wo kwirinda indwara z’impyiko, ufite insanganyamatsiko igira iti  “Tumenye indwara z’impyiko, ibibazo zitera n’uburyo twazirinda”, dore ko zirwara bucece indwara ikamenyekana zangiritse. Dr Igiraneza umuganga muri CHUK yatangaje ko bakira  abarwayi banyuranye b’impyiko, akenshi baza kwivuza bugeze ku rwego rwa nyuma aho bashyirwa kuri diyalize ikora akazi impyiko ziba zitagishoboye. Damour Selemani wamenyekanye cyane mu ruhando rwa filime nyarwanda, utuye mu karere  ka Nyarugenge, akaba umubyeyi w’abana babiri, yatangaje ko yafashwe n’indwara y’impyiko mu mwaka wa 2018,…

SOMA INKURU

Nyabihu: Hatahuwe imibiri y’abishwe muri jenoside yakorewe abatutsi

Mu musarani w’umuturage utuye mu Murenge wa Karago, mu Karere ka Nyabihu habonetse imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994. RBA yatangaje ko nyiri urwo rugo iyo mibiri yabonetsemo yari aherutse gutabwa muri yombi, arekuwe ahita atoroka. Abaturage bo muri ako gace, bavuze ko iyo mibiri ishobora kuba ari iy’umuryango w’abantu batandatu bishwe batwitswe tariki 7 Mata 1994. Bavuze ko bari bamaze igihe bashakisha iyo mibiri ngo ishyingurwe mu cyubahiro ariko barayibuze. Bikekwa ko nyiri urwo rugo yabonetsemo ari we bakeka ko ariwe wajugunye iyo mibiri mu musarane. Iyi mibiri…

SOMA INKURU

Perezida Kagame na Madame bikingije coronavirus

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakingiwe Covid-19 ku munsi wa Gatandatu u Rwanda rutangiye ku mugaragaro ibikorwa byo gukingira iki cyorezo gikomeje gusubiza ubuzima bw’igihugu inyuma mu ngeri zose. Ku manywa yo kuri uyu wa Kane nibwo Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakingiwe Covid-19. Ni igikorwa cyabereye ku Bitaro byitiriwe Umwami Faisal ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali. Umukuru w’Igihugu yahawe uru rukingo hashize iminsi itandatu u Rwanda rutangiye gukingira. Mu gihugu hose, abantu barenga ibihumbi 230 nibo bamaze guhabwa uru rukingo rwa Covid-19. Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije…

SOMA INKURU