Nubwo zakuriweho TVA ibiciro byakomeje gutumbagira ihurizo ku bazikoresha

Mu kwezi k’ Ugushyingo mu mwaka wa 2019, nibwo Leta yasohoye itangazo rivuga ko umusoro ku nyogeragaciro ku bikoresho byifashishwa n’igitsina gore mu gihe cy’imihango “Cotex” ukuweho hagamijwe ko bidahenda abagore n’abakobwa babikenera buri kwezi, ariko kugeza ubu ababikoresha  batangaza ko ibiciro bitigeze bigabanuka ahubwo bigenda bizamuka umunsi ku wundi. Abakobwa n’abagore batandukanye batangaje ko nyuma y’uko iyi misoro ikuweho nta cyahindutse bitewe n’uko ipaki imwe ya Cotex iri kugura amafaranga 1000Frw cyangwa hejuru yayo. Hari uwagize ati “Njyewe igihe mperukira ku isoko cotex ya super yaguraga hagati y’amafaranga 700Frw…

SOMA INKURU

Uruzinduko rwa Perezida Macron mu Rwanda nyuma ya “Raporo Duclert” ruvuze byinshi

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yageze i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Gicurasi 2021, ni uruzinduko rw’iminsi ibiri, akaba yaherekejwe n’ abayobozi batandukanye mu nzego nkuru z’iki gihugu. Uru ruzinduko rukozwe nyuma y’aho mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Gicurasi hashyizwe hasohowe “Raporo Duclert” yakozwe ku busabe bwa Emmanuel Macron yakoze icukumbura ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside. Raporo Duclert ikaba yaragaragaje ko ubutegetsi bwa Perezida François Mitterrand wayoboraga u Bufaransa mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi bwatije umurindi gahunda ya Jenoside yakorewe Abatutsi…

SOMA INKURU

Rubavu: Ingaruka z’umutingito zikomeje kwiyongera

Nyuma y’aho akarere ka Rubavu gakomeje kwibasirwa n’umutingito wakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo, kugeza ubu inzu 1200 nizo zimaze gutangazwa ko zangijwe nawo. Abakozi b’Ikigo gishinzwe Gaz, Mine na Petrol bavuze ko igihe uyu mutingito uzarangirira kitazwi, gusa ko bashingiye ku bunararibonye bw’ahandi habaye imitingito nyuma y’iruka ry’ikirunga, basanga utajya urenza ibyumweru bibiri. Ibi byatumye kuri uyu wa Gatatu Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Ubutabazi  Kayisire Marie Solange asura aka karere,  yizeza abagizweho ingaruka n’imitingito ko leta y’u Rwanda izakomeza kubaba hafi no kubaha ubufasha bwose bukenewe. Minisitiri Marie Solange yagaragarijwe ingaruka…

SOMA INKURU

Amakuru y’impamo ku itabwa muri yombi kwa Ntamuhanga Cassien

Iminsi ine irirenze ku mbuga nkoranyambaga havugwa inkuru y’itabwa muri yombi rya Ntamuhanga Cassien, aho bivugwa ko yafatiwe muri Mozambique, igihugu yahungiyemo nyuma yo kuva mu Rwanda atorotse Gereza ya Nyanza mu ijoro rishyira ku wa 31 Ukwakira 2017. Amakuru y’itabwa muri yombi rya Ntamuhanga yatangiye kuvugwa ku Cyumweru tariki 23 Gicurasi, gusa kuva icyo gihe nta rwego na rumwe yaba urwo mu Rwanda no muri Mozambique rwigeze ruvuga kuri aya makuru ngo rubyemeze cyangwa se rubihakane. N’abantu b’ingeri zitandukanye baganiriye na IGIHE, bose bagaragazaga ko iyi nkuru nabo bayumvise…

SOMA INKURU

Mali: Ibintu bikomeje guhindura isura

Perezida w’inzibacyuho muri Mali, Bah N’Daw na Moctar Ouane wari Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Gatatu batangaje ubwegure bwabo nyuma y’iminsi ibiri bafungiye mu kigo cya gisirikare cya Kati. Abo bagabo bafunzwe kuri uyu wa Mbere bashinjwa n’agatsiko k’igisirikare kahiritse ubutegetsi muri Kanama umwaka ushize, kugasuzugura. Visi Perezida ari nawe ukuriye agatsiko kari kahiritse ubutegetsi umwaka ushize, Colonel Assimi Goïta kuri uyu wa Kabiri yavuze ko N’Daw na Moctar bavuguruye Guverinoma batamugishije inama. Muri Guverinoma nshya bari bashyizeho mbere y’amasaha make ngo batabwe muri yombi, hari abasirikare babiri b’ibyegera bya…

SOMA INKURU

Muhanga: Hakomeje kuboneka imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi

Nyuma y’aho  imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi ibonetse ahari hari gusizwa ikibanza kizubakwamo inzu y’ababyeyi n’inyubako yari igiye kubakwa ngo ijye yigishirizwamo abaganga, ubuyobozi bwa IBUKA mu Karere ka Muhanga buratangaza ko kugeza ubu hamaze kuboneka imibiri isaga 981. Ni nyuma y’uko hari hashize ibyumweru bibiri ubuyobozi bw’inzego z’ibanze na Ibuka muri Muhanga buri mu bikorwa byo gushakisha iyi mibiri aho byahagaritswe ku wa 25 Gicurasi 2021. Hamaze kuboneka imibiri 981. Perezida wa Ibuka mu karere ka Muhanga, Rudasingwa Jean Bosco, yavuze ko ibikorwa bibaye bisubitswe ariko bakomeje gushakisha…

SOMA INKURU

Le président français Emmanuel Macron est attendu au Rwanda

Le président français Emmanuel Macron est attendu au Rwanda pour une courte visite de deux jours, du 27 au 28 mai. Depuis Nicolas Sarkozy en 2011, aucun président de l’Hexagone ne s’était rendu dans ce pays. Ce déplacement a pour ambition de normaliser des relations bilatérales empoisonnées, depuis plus d’un quart de siècle, par le rôle joué par la France dans le génocide des Tutsi de 1994. Vingt-sept ans après le génocide des Tutsi, il semblerait que les deux pays soient enfin prêts à tourner la page. La France se…

SOMA INKURU

RRA yorohereje abakoresha EBM

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangaje uburyo butandukanye bwo gutanga fagitire za EBM, kugira ngo bafashe abakora ubucuruzi gutanga izemewe kandi  bakoresheje uburyo bubanogeye. Mu buryo bwatangajwe harimo sisitemu ishyirwa muri mudasobwa (Laptop, Desktop, cyangwa Tablet) izwi nka “EBM Version 2.1”, ikaba ishobora gukoreshwa n’abasora banini, abaciriritse cyangwa abandi bose babyifuza. Harimo na “EBM Mobile system” ishyirwa muri telefone igendanwa. Ikaba ifasha umucuruzi gutanga inyemezabuguzi mu buryo bwa SMS. Ubuyobozi bwa RRA, buvuga ko ubu buryo bwo gukoresha EBM muri Telefone igendanwa bwemerewe gukoreshwa gusa n’abasora bafite igicuruzo kiri munsi ya…

SOMA INKURU

Umunyekongo wabyariye mu nzira ahunga iruka ry’ibirunga yatangaje byinshi

Mawazo Devotha, Umunyekongo wabyariye mu nzira yerekeza mu Karere ka Rubavu ahunga iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo giherereye muri Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yahisemo kwita umwana we Umutoni kubera uko yakiranywe urugwiro mu Rwanda. Iruka ry’icyo kirunga ryatumye ku ruhande rw’u Rwanda hahungira Abanyekongo hafi ibihumbi 10, bakigera mu Rwanda bakiranwa urugwiro na bagenzi babo b’Abanyarwanda ndetse n’ubuyobozi. Ku Cyumweru nyuma y’aho iki kirunga gihagaritse kuruka, abenshi muri aba basuye mu gihugu cyabo, gusa abandi bahitamo kuba bari mu Rwanda kubera ko batarizera uko iwabo hifashe. Kugeza ubu Abanyekongo…

SOMA INKURU

Rubavu: Ingamba zo kwirinda ingaruka z’iruka ry’ibirunga zabaraje rwantambi

Benshi mu baturage bo mu karere ka Rubavu mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru rishyira kuwa Mbere baraye hanze batinya ingaruka zishobora guterwa n’imitingito yaturutse ku iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo cyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Icyo kirunga cyacogoye kuruka guhera kuri iki Cyumweru ariko imitingito irakomeje mu bice bicyegereye birimo n’Akarere ka Rubavu, ku buryo isaha n’isaha gishobora kongera kuruka. Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwari bwasabye abaturage kwirinda kurara mu nzu kugira ngo zitabasenyukiraho mu gihe haba habaye umutungito mwinshi. Umunyamakuru wa IGIHE uri mu Karere ka Rubavu…

SOMA INKURU