Rwanda abahagarariye inyungu zabo bakomeje kwiyongera

Kuri uyu wa Kabiri, tariki 29 Kamena 2021, Perezida Paul Kagame yakiriye abadipolomate bahagarariye inyungu zabo mu Rwanda mu biro bye muri Village Urugwiro nyuma y’uko ejo hashize tariki 28 Kamena, yari yakiriye abandi bane. Muri bo harimo harimo Ambasaderi wa Hongrie mu Rwanda, Zsolt Mészáros; Elin Ostebo Johansen wa Norvège; Luke Joseph Williams wa Australie na Michalis A. Zacharioglou wa Chypre. Aba bose bagaragaje ko biteguye gukomeza kunoza ubufatanye n’umubano w’impande zombi no guteza imbere imishinga y’iterambere ihuriweho irimo ubucuruzi, ishoramari, ikoranabuhanga n’ibindi.   NIYONZIMA Theogene

SOMA INKURU

Amabwiriza mashya ku ngamba zo gukumira covid-19

Amabwiriza mashya yatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 29 Kamena, Guverinoma y’u Rwanda yavuguruye amabwiriza yo kwirinda Covid-19 agena ko ingamba nshya zigomba gushyirwa mu bikorwa guhera tariki ya 1 Nyakanga 2021 mu “Mujyi wa Kigali hamwe n’uturere twa Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rutsiro na Rwamagana”. Aya mabwiriza agena ko ingendo zibujijwe guhera “Saa kumi n’ebyiri za nimugoroba kugeza saa kumi za mu gitondo”. Ni mu gihe ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa kumi n’imwe za nimugoroba. Ibindi murabisanga mu matangaza akurikira   ubwanditsi@umuringanews.com

SOMA INKURU

Nyuma yo kwemererwa gushaka abagabo benshi byateye impagarara

Amategeko ya Afurika y’Epfo asanzwe yemerera umugabo kurongora abagore benshi, ndetse n’ababana bahuje ibitsina arabemera. Bigeze ku kuba n’umugore yakwifatira umwanzuro wo kubana n’abagabo bose yifuza icyarimwe, abagabo babiteye utwatsi abagore bo bati “Byaca umuco wo kuyoborwa n’abagabo mu buzima bwacu bwose.” Ibi byatumye abatuye Afurika y’Epfo bacika ururondogoro nyuma y’uko Guverinoma y’icyo gihugu itanze igitekerezo ry’umushinga w’itegeko ryemerera umugore kugira abagabo benshi icyarimwe nk’uko umugabo atunga abo yifuza. BBC yatangaje ko icyo gitekerezo cyasohotse ku Rupapuro rw’Icyatsi rusanzwe rutangarizwaho ibitekerezo Guverinoma yifuza ko rubanda rugira icyo rubivugaho. Bibaye byemewe…

SOMA INKURU

Urujyendo rwa Perezida Kagame muri RDC rwitezweho byinshi ku bihugu byombi

Abakuru b’ibihugu byombi bongeye guhurira ku mupaka wa La Corniche kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Kamena 2021, aho Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yakiriye Perezida Paul Kagame mu ruzindukorw’umunsi umwe yagiriye muri iki gihugu. Nyuma yo kureba ibyangijwe n’ikirunga mu Mujyi wa Goma, biteganyijwe ko bari bugirane ikiganiro n’abanyamakuru kiza kubera kuri Serena Hotel i Goma nyuma bagirane ibiganiro bigamije gutsura umubano w’ibihugu byombi ndetse no gukemura  ibibazo byatejwe n’iruka ry’ikirunga mu bihugu byombi. Hitezwe kandi isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye mu ngeri zinyuranye hagati y’ibihugu byombi.…

SOMA INKURU

Perezida Kagame arakira mugenzi we i Rubavu

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Kamena 2021, Perezida Kagame Paul yakira Tshisekedi ku mupaka wa “La Corniche”. Bombi baraza gusura Umujyi wa Rubavu bareba ingaruka z’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo. Ku wa Gatandatu, Perezida Kagame nawe azasura mugenzi we i Goma, azenguruke muri uyu mujyi areba ibikorwa remezo byangijwe n’iki kirunga mbere y’uko bagirana ibiganiro. Intumwa z’ibihugu byombi byitezwe ko zizashyira umukono ku masezerano agamije gushimangira umubano mwiza usanzwe hagati y’ibihugu. Perezida Tshisekedi yaherukaga mu Rwanda ku wa 21 Gashyantare 2020 ubwo yitabiraga Inama y’ubuhuza…

SOMA INKURU

Menya abo Covid-19 yagize abaherwe mu gihe abandi yabashoye mu kaga k’ubukene

Mu gihe ibihugu byinshi bicyennye byarushijeho gucyena, umubare w’abaherwe batunze za miliyoni wiyongereyeho abantu miliyoni 5.2 ugera ku bantu miliyoni 56.1 ku isi, nk’uko bikubiye mu bushakashatsi bw’ikigo cy’ishoramari Credit Suisse cyo mu Busuwisi. Mu mwaka ushize wa 2020, ku nshuro ya mbere abantu bakuze barenga 1% ku isi bari abaherwe batunze za miliyoni. Kuzahuka kw’amasoko y’imari n’imigabane ndetse n’ibiciro by’inzu byiyongereye biri mu byabafashije mu kongera ubukire. Abashakashatsi bavuga ko kugira ubukire byasaga nkaho “bitarebwa na busa” n’ibibazo by’ubukungu byatewe n’iki cyorezo. Anthony Shorrocks, umuhanga mu bukungu akaba n’uwanditse…

SOMA INKURU

Urubanza rwa Idamage rukomeje kugaragaramo udushya

Kuri uyu wa 22 Kemena 2021 nibwo urubanza rwa Idamange Iryamugwiza Yvonne ukurikiranyweho ibyaha birimo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda rwasubukuwe nyuma y’uko ku wa 15 Kamena 2021 rwari rwasubitswe nyuma y’aho yari yanze kuburana. Uyu munsi iburanisha ryatangiye ahagana saa tatu za mugitondo, ubushinjacyaha butangira busaba umwanya kugira ngo bugire icyifuzo bugeza ku Nteko iburanisha mbere y’uko urubanza rutangira. Ubushinjacyaha bwavuze ko bwifuza ko urubanza rwa Idamange ruburanishirizwa mu muhezo rubishingiye ku mpamvu zitandukanye zirimo n’imiterere y’ibyaha Idamange aregwa. Ubushinjacyaha bwakomeje buvuga ko kuburanisha Idamange mu ruhame byamubera…

SOMA INKURU

Polisi yahagurukiye kwibutsa abakoresha umuhanda ingamba zo guhashya Covid-19

Polisi y’u Rwanda ishami ryayo rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ku wa Kane tariki ya 17 Kamena 2021, ryatangije ubukangurambaga buzamara icyumweru ku bakoresha umuhanda bose. Ubu bukangurambaga bugamije kubakangurira gukomeza gushyira mu bikorwa ingamba zashyizweho na Leta zigamije kurwanya no gukumira ikwirakwira rya Covid-19, Polisi y’u Rwanda ikabibutsa ko kuzikurikiza ari inshingano za buri muturarwanda. Intego y’ubu bukangurambaga ni ukongera kwibutsa abakoresha umuhanda barimo abatwara imodoka, amapikipiki, abatwara ibinyamitende n’abagenda n’amaguru kwambara neza agapfukamunwa nk’uko bikwiye, gukaraba intoki n’isabune n’amazi meza, kugera mu rugo ku masaha yagenwe, kubahiriza guhana…

SOMA INKURU

Kaminuza n’amashuri makuru byigenga biratungwa agatoki mu kwica ireme ry’uburezi

Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na Kaminuza (HEC), yatahuye ko hari Kaminuza n’amashuri makuru byigenga byakiriye abanyeshuri batabikwiriye kuko batatsinze mu cyiciro cy’ayisumbuye. Ubusanzwe umunyeshuri ushoje amashuri yisumbuye aba asabwa kuba yaratsinze amasomo abiri y’ingenzi kugira ngo yemererwe gukomeza muri Kaminuza. Ubuyobozi bw’Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na Kaminuza buvuga ko ibisabwa ku mitsindire y’umunyeshuri biba bishingiye kuri porogaramu ashaka gukurikirana muri kaminuza. Urugero nk’umunyeshuri wifuza kwiga icyiciro cya ‘Bachelor’ mu bijyanye n’ubuvuzi asabwa kuba yaragize hagati ya ‘grade’ A na C, mu gihe ushaka kwiga icya ‘diploma’ asabwa kuba afite hejuru…

SOMA INKURU

Politike yo kohereza mu miryango abana bafite ubumuga yatangiye gushyirwa mu bikorwa

Nyuma y’uko tariki 31 Gicurasi 2021, Guverinoma y’u Rwanda yemeje politiki y’abantu bafite ubumuga, kandi muri yo hakaba harimo ingingo ivuga ko umwana wese agomba kurererwa mu muryango, ufite ibyo akeneye gufashwa agafashwa, ariko ari mu muryango, kuri ubu iyi gahunda yatangiye gushyirwa mu bikorwa  aho abana batangiye koherezwa mu miryango yabo. Muri ADAR-Tubahoze ubu hari abana bafite ubumuga bwo mu mutwe 23 harimo 18 bafite imiryango izwi Byatangajwe na Oswald Tuyizere, umuhuzabikorwa wa gahunda yo gufashiriza abafite ubumuga mu miryango mu Nama y’igihugu y’abafite ubumuga, kuri uyu wa 17…

SOMA INKURU