Kwibuka ni uburyo bwiza bufasha kurema icyizere mu barokotse Jenoside ndetse no kwereka abanyarwanda ingaruka ziterwa no gupfobya Jenoside ndetse n’ibibi by’ingengabitekerezo yayo. Buri sosiyete igira amateka yayo yibuka, ikagira umuco wayo, ikagira ubuhanga n’ubumenyi byayo yibuka, ikabimenya, ikabyigisha, ikabiraga abayo.Igira ibyo yitwararika, ikagenda ibyigisha abana bayo, bikaba uruhererekane n’umurage wayo. Kwibuka rero bifasha sosiyete kumenya uko yitwara: ihera ku byabaye yibuka, igashyiraho inzitiro cyangwa umurongo waho izanyura n‟uko izitwara mu bihe biri imbere. Mu Rwanda habaye Jenoside, biri mu mateka y’ubu n’ahazaza. Kwibuka Jenoside nk’Abanyarwanda, bizafasha kubaka u Rwanda…
SOMA INKURUCategory: politike
Tariki ya 7 Mata umunsi uvuze byinshi kuri Jenoside yakorewe abatutsi
Jenoside yakorewe Abatutsi yarateguwe, bigaragarira mu bikorwa by’ubwicanyi, amagambo y’urwango byayibanjirije, ariko by’umwihariko umugambi wa Jenoside ugaragarira mu buryo ubwicanyi bwatangiriye rimwe mu turere tunyuranye tw’u Rwanda, ubwicanyi busa, bwibasira abatutsi, abana, abakuze, abagore, abarwayi mu bitaro, mu nsengero na za Kiliziya, n’ahandi. Abateguye Jenoside bamaze guhanura indege ya Habyarimana, Colonel Theoneste Bagosora n’abandi bahezanguni bakoresheje inama z’ubwicanyi, bategeka ko hose mu gihugu hajyaho bariyeri, muri iryo joro Abatutsi batangira kwicwa. Guhera tariki ya 7 Mata 1994, ahantu hatandukanye mu gihugu, Abatutsi barishwe, kugera igihe abicanyi batsindiwe Urugamba bagahunga babifashijwemo…
SOMA INKURUAbakoresha imbuga nkoranyambaga bapfobya Jenoside yakorewe abatutsi bahagurukiwe
Leta y’u Rwanda iri mu biganiro n’ibigo byashinze imbuga nkoranyambaga, kugira ngo harebwe uko abazikoresha bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bagezwa mu butabera. Hagati aho abanenga abakoresha nabi izi mbuga, baravuga ko biteguye guhangana nabo muri iki gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi. Imbuga nkoranyambaga muri iki gihe zikoreshwa n’ibyiciro binyuranye by’abaturage, byiganjemo urubyiruko mu kubona amakuru atandukanye. Gusa hari abazikoresha bagamije gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse abandi bagamije kubiba urwango n’amacakubiri. Mu gihe u Rwanda rugiye kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe…
SOMA INKURUImpamvu u Burusiya bwatumije inama idasazwe y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye k’umutekano
U Burusiya bwatumije inama idasazwe y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano, nyuma y’icyo bwise guhimba ibimenyetso hagamijwe gushinja ingabo zabwo gukora Jenoside muri Ukraine. Nyuma y’uko ingabo z’u Burusiya zemeye kuva mu nkengero z’Umurwa Mukuru, Kyiv, Ukraine ikomeje gutangaza amafoto y’imirambo myinshi y’abasivili iryamye mu muhanda mu Mujyi wa Bucha, bivugwa ko bishwe n’ingabo za kiriya gihugu. Harimo abo bigaragara ko bapfuye amaboko yabo aboheye inyuma. Umunyamakuru wa AFP ku wa Gatandatu yatangaje ko yabashije kwibonera imirambo 22 iryamye mu muhanda umwe muri Bucha, naho ku Cyumweru Meya Anatoliy Fedoruk avuga…
SOMA INKURUUko umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 28 uzagenda
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu “MINUBUMWE”, iratangaza ko Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, bizakorwa nk’uko byakorwaga mbere, ariko hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Covid-19 ndetse imihango ngo ntizarenza amasaha abiri. Mu gihe u Rwanda rwitegura kwibuka ku nshuro ya 28, mu kiganiro yagiranye na RBA kuri iki Cyumweru tariki 03 Mata 2022, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, yavuze ko kwibukira ahiciwe abantu no ku nzibutso bizakorwa mu gihugu hose nk’uko byari bisanzwe, gusa ngo amabwiriza yo kwirinda Covid-19 agomba kubahirizwa.Yagize ati “Ni ukureba umubare…
SOMA INKURUPerezida Kagame yageze muri Zambia mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
Nyuma y’aho twari twacishijeho inkuru itangaza ko Perezida Paul Kagame ategerejwe mu Mujyi w’Ubukerarugendo wa Livingstone muri Zambia, mu ruzinduko rw’akazi, aho byavugwaga ko aza kuhagera kuri uyu wa Mbere tariki 4 Mata 2022, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, yamaze kuhasesekara. Kuri ubu Perezida Kagame yageze mu murwa mukuru w’ubukerarugendo wa Zambiya, Livingstone , ku Kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Harry Mwaanga Nkumbula akaba yakiriwe na Perezida Hakainde Hichilema wa Zambiya. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro bivuga ko abakuru b’ibihugu byombi bagirana ibiganiro bibera mu muhezo, nyuma hagakurikiraho inama z’intumwa zyibihugu byombi.…
SOMA INKURUBiyemeje kutongera kwishishanya nyuma y’urugendo rw’isanamitima
Abagera kuri 896 barimo abakoze icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi n’abo biciye bakanabasahura, bamaze amezi atandatu mu rugendo rw’isanamitima mu bumwe n’ubwiyunge, bavuga ko biyemeje kubana neza mu mahoro nta kongera kwishishanya. Babivuze kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Mata 2022 ubwo basozaga urugendo rw’isanamitima bamazemo igihe bigishwa gusaba imbabazi no kuzitanga ndetse no kubana neza. Abamaze igihe bahabwa izo nyigisho z’isanamitima ni abo muri Paruwasi ya Mugombwa mu Karere ka Gisagara igizwe n’imirenge ya Mugombwa na Muganza. Hasobanuwe ko muri iyo paruwasi hiciwe Abatutsi benshi ku buryo abakoze Jenoside…
SOMA INKURUItsinda ry’abaganga b’abapolisi n’abasirikare batanze ubufasha muri Sudani y’Epfo
Itsinda ry’abaganga b’abapolisi n’abasirikare b’u Rwanda bari mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga Amahoro muri Sudani y’Epfo mu Ntara ya Upper Nile mu Gace ka Malakal, batangije ibikorwa byo kuvura ku buntu impunzi zavanywe mu byabo n’intambara. Ni ibikorwa byatangiye ku wa Mbere, tariki ya 28 Werurwe 2022. Bihuje itsinda ry’abapolisi (Rwanda Formed Police Unit RWAFPU-1) rifatanyije na batayo y’abasirikare b’u Rwanda na bo bari mu butumwa bwa Loni ndetse n’imiryango mpuzamahanga yita ku kiremwamuntu. Nyuma yo guhuza imbaraga, izi nzego zose zatangije ubukangurambaga bwo kurwanya indwara zitandura. Umuyobozi w’Itsinda…
SOMA INKURUIngaruka z’intambara ya Ukraine mu Rwanda
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda John Rwangombwa avuga ko ingaruka z’ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine bitazarangirira ku bindi bihugu ku isi gusa kuko no ku Rwanda izi ngaruka zizarugeraho. Guverineri John Rwangombwa yavuze ko hafi 60% y’ingano igihugu cy’u Rwanda gitumiza hanze ituruka mu bihugu by’u Burusiya na Ukraine, bityo igihugu kigomba gushakisha andi masoko gihahiramo ingano n’ibindi bicuruzwa bikomoka kuri peteroli na gazi. Guverineri John Rwangombwa yabwiye abitabiriye igikorwa cyo kugaragariza uko urwego rw’imari na politiki y’ifaranga bihagaze ko nubwo hari impungenge ku kwiyongera kw’inguzanyo zigomba gukurikiranirwa hafi…
SOMA INKURUAbadipolomate b’u Burusiya bakomeje kwirukanwa
Ibihugu byinshi byo mu muryango w’Ubumwe bw’u Burayi birimo u Bubiligi, u Buholandi, Ireland kuri uyu wa Kabiri byirukanye abadipolomate b’u Burusiya, bamwe bashinjwa ubutasi. Ni nyuma y’uko umubano w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Burusiya ujemo agatotsi kubera intambara iki gihugu cyatangije muri Ukraine, akaba ari igitero gikomeye cyagabwe ku gihugu cy’i Burayi kuva intambara ya kabiri y’Isi yarangira. U Bubiligi bwirukanye abadipolomate 21 b’u Burusiya bashinjwa kuba intasi n’ikibazo ku mutekano wabwo nk’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wabwo, Sophie Wilmes, yabibwiye abadepite. U Buholandi nabwo bwirukanye abadipolomate 17 b’u Burusiya.…
SOMA INKURU