Ni ugutinya cyangwa ni amayeri mu kwihakana drone yari yoherejwe ku nyubako ya Perezida Putin?

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahakanye uruhare mu gutegura igitero cya drone cyaburijwemo ku wa Gatatu, ku nyubako Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, akoreramo izwi nka Kremlin. Icyo gitero u Burusiya bwemeza ko cyagabwe na Ukraine, nubwo inzego z’umutekano z’u Burusiya zabashije kukiburizamo kuko zarashe iyo drone nta cyo irakora. Ukraine yo ivuga ko ari ibintu byahimbwe n’u Burusiya kugira ngo bubone icyo bushinja Ukraine no gukomeza intambara bwatangije muri Ukraine umwaka ushize. U Burusiya buvuga ko Ukraine itari kwishoboza gutegura icyo gitero idafashijwe na Amerika. Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida…

SOMA INKURU

Rusizi: Habonetse imibiri isaga 1000 y’abatutsi bishwe muri Jenoside

Iki gikorwa cyatangiye ubwo abakoraga amaterasi babonaga imwe muri iyi mibiri yajugunywe muri iyi sambu, babimenyesha ubuyobozi. Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Dr Kibiriga Anicet aherutse gutangaza ko hoherejwe abantu babarirwa mu 2000 ngo bakomeze bayishakishe. Ihuriro ry’abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe Abatutsi muri Mibilizi, ryemeje ko imibiri imaze kuboneka ari 1064 kandi ko igikorwa cyo kuyishakisha gikomeje. Riti: “Kugeza ubu tumaze kubona imibiri 1064, y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yari yarajugunywe mu nkengero za Kiliziya ya Mibilizi, kandi gushakisha indi birakomeje.” Biteganyijwe ko mu gihe igikorwa cyo…

SOMA INKURU

Congo: Ubwicanyi bwakorewe i Kizimba burabazwa inyeshyamba cyangwa igisirikare cya leta?

Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, yamaganye ubu bwicanyi mbere yo gusaba abaribo EJVM, Urwego rushinzwe gucukumbura ibibazo bya Congo ndetse n’Urwego rwa EAC rushinzwe ubugenzuzi gukora iperereza kuri buriya bwicanyi. Yagize ati “M23 iramagana yivuye inyuma ubwicanyi bwakorewe i Kizimba bukozwe n’Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa. Turahamagarira urwego rushinzwe gucukumbura umuzi w’ibibazo biri mu Burasirazuba bwa Congo, EJVM ndetse n’Urwego rushinzwe ubugenzuzi rwa EAC gukora iperereza bagatangaza ibyarivuyemo.” Sosiyete Sivile yo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru yatangaje ko abasivile 16 barimo abagabo, abagore n’abana…

SOMA INKURU

Dore abizitabira umuhango wo kwimika Umwami Charles III w’Abongereza

Kuri uyu wa gatandatu Umwami Charles III w’Abongereza azimikwa ari kumwe n’umugore we Camilla bita Queen Consort, i Westminster Abbey mu murwa mukuru London. Iyi ni ishusho y’abantu ibihumbi batumiwe muri uwo muhango. Umwami yahisemo ko waba umuhango muto, mugufi kandi w’urunyurane rwa benshi kurusha umuhango nk’uyu uheruka wo kwimika nyina mu 1953. Ubutumire bwohererejwe abantu bagera ku 2,000 – ibi ni bimwe tuzi ku rutonde rw’abatumiwe.   Abo mu muryango w’ibwami Kimwe no mu bindi birori byose, abo mu muryango baza mbere, rero na benshi mu bo mu muryango…

SOMA INKURU

Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis yifatanyije n’abanyarwanda mu kababaro

Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yagaragaje ko yatewe akababaro n’urupfu rw’Abanyarwanda bo mu Burengerazuba n’Amajyaruguru bishwe n’ibiza yiyemeza gukomeza kubasabira. Abantu 130 nibo bapfuye, inzu 5100 zirasenyuka n’imihanda igera kuri 17 irangirika. Papa Francis yoherereje ubutumwa bw’ihumure abashegeshwe n’ingaruka z’ibi biza abunyujije ku ntumwa ye mu Rwanda, Archbishop Arnaldo Catalan kuri uyu wa Kane. Yagize ati “Nababajwe n’inkuru z’abatakaje ubuzima n’ibyangiritse kubera imyuzure yabaye mu Burengerazuba n’Amajyaruguru y’u Rwanda.” Yagaragaje ko akomeza gusabira abapfuye, abakomeretse n’abakuwe mu byabo ndetse n’abari mu bikorwa by’ubutabazi.     UBWANDITSI;umuringanews.com

SOMA INKURU

Perezida Kagame yihanganishije imiryango yabuze ababo n’abakomerekeye mu biza

Perezida wa Repubulika Paul yihanganishije imiryango yabuze ababo n’abakomerekeye mu biza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu bice bitandukanye by’Intara y’lburengerazuba, Amajyaruguru, n’Amajyepfo mu ijoro ryo ku wa 2 rishyira ku wa 3 Gicurasi 2023, bigateza inkangu n’imyuzure byahitanye abantu benshi, abamaze kumenyekana bakaba bagera kuri 127. Itangazo ry’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu rivuga ko ibikorwa by’ubutabazi birakomeje mu turere twibasiwe cyane ari two Rubavu, Ngororero, Nyabihu, Rutsiro, Karongi, Gakenke, Burera, Musanze na Nyamagabe; hibandwa ku bagizweho ingaruka n’ibyo biza ndetse no kwimura abaturage bari mu bice byibasiwe n’ibishobora kwibasirwa n’imyuzure n’inkangu mu…

SOMA INKURU

Rubavu: Abaturage bakomeje gutabaza

Abaturage bo mu karere ka Rubavu barinubira  uburyo abacuruzi binangiye, bakanga kubahiriza ibiciro bishya ku biribwa bitandukanye nk’uko biherutse gutangazwa. Ibi bibaye nyuma y’uko Leta iherutse gushyira hanze ibiciro by’ibiribwa bimwe na bimwe birimo , Umuceri, Akawunga ndetse n’Ibirayi, nyamara abacuruzi ntibagire icyo bahindura kubiciro byari bimaze iminsi byarazamutse bikabije. Abaturage kandi bagasaba Leta guhagurukira iki kibazo kugira ngo abaturage nabo bareke kubigwamo mugihe Leta yavuze ko abaturage bagomba kubahiriza ibyo bociro hanyuma bakerekeza ku biro bishinzwe imisoro kugira ngo basubizwe imisoro bari batanze kuri ibyo biribwa. Mu mujyi wa…

SOMA INKURU

Perezida Joe Biden ntazitabira umuhango wo kwimika Umwami w’u Bwongereza

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko atazitabira umuhango wo kwimika Umwami w’u Bwongereza, Charless III ko ahubwo azahagararirwa n’umugore we, Jill Biden. Umuhango wo kwimika Charles III uteganyijwe mu Bwongereza ku wa 6 Gicurasi, uzanagaragaramo umugore w’uyu Mwami, Camilla, na we uzimikwa nk’Umwamikazi nubwo azaba adategeka. Nubwo uyu muhango biteganyijwe ko uzitabirwa n’abayobozi bavuye mu bihugu bitandukanye hirya no hino ku Isi, Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden we yamaze kuvuga ko atazaboneka. BBC yatangaje ko Perezida Biden ari umwe mu bakuru…

SOMA INKURU

Rusizi district to provide financial aid to vulnerable families

Rusizi district last week launched a new program aimed at providing over Rwf 1 million to each vulnerable family to support their small business projects and improve their livelihood. This initiative is a result of the “Muyobozi Ca Ingando mu Bawe” program, which involves district authorities camping in remote areas to hear and address the problems faced by the population. Dr Anicet Kibiriga, the Mayor of Rusizi district said that the camping program has enabled district officials to interact with the population, meet with private sectors, religious organizations, stakeholders, as…

SOMA INKURU

EAC moves to protect migrant workers from abuse

In the wake of reported human rights violations in the Gulf countries, the East African Community (EAC) is pursuing the harmonisation of labour migration policies to curb exploitation and abuse of migrant workers, The East African reports. The initiative being spearheaded by the International Labour Organisation and the EAC secretariat is targeting to strengthen regional integration to safeguard the lives of those who seek greener pastures in key labour destination countries. The regional technical working committee is reviewing the existing Bilateral Labour Agreements (BLAs) in EAC to develop a guideline…

SOMA INKURU