Abana b’abahungu bagize ingorane zo gusambanywa baravuga ko byabagizeho ingaruka zirimo n’indwara zidakira bagasaba ko umuryango nyarwanda wahagurukira iki kibazo ku buryo bw’umwihariko. Uyu musore wimyaka 18, twamuhimbye Claude ariko aya si yo mazina ye y’ukuri avuga ko yasambanyijwe afite imyaka 14, gusobanura urwo rugendo biragoranye, ariko arabisobanura. Yahize ati “Nari mvuye mu rugo ngiye kuvoma, mpura n’umuntu arantwaza yari mukuru, anjyana mu gashyamba kaba hari hafi ya Expo, amfatiraho icyuma arambwira ngo ryama hasi ankuramo icyuma ndaririra abikoze birandya cyane byabanje kwanga asigamo ibintu bimeze nkamavuta, mva amaraso ndinda…
SOMA INKURUCategory: Ubuzima
Covid-19 ikomeje guhindura isura nyuma y’ingamba zikakaye zo kuyirinda
Uyu munsi kuwa kane tariki 12 Gashyantare 2021, mu Rwanda habonetse abantu 259 bakize icyorezo cya COVID19 bituma umubare w’abamaze gukira ugera ku 13,937 bangana na 81%, abantu batanu nibo bahitanywe n’iki icyorezo, bituma umubarew’abamaze gupfa bose bagera kuri 236. Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abarwayi bashya babonetse ari 132 batumye umubare w’abamaze kurwara Covid-19 ugeraku 17,200 barimo 3,027 bakirwaye barimo 16 barembye. Aba barwayi bashya muri bo abo mu mujyi wa Kigali ni 25, Kayonza 12, Nyaruguru 11, Gisagara 10, Nyamagabe 10, Muhanga 9, Karongi 7, Ruhango 7, Nyagatare 6,…
SOMA INKURURwanda: Inkuru y’inshamugongo y’urupfu rwa Lt. Gen Jacques Musemakweli
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko bwashenguwe n’urupfu rwa Lt. Gen. Jacques Musemakweli waguye mu Bitaro Bikuru bya Gisirikare biherereye i Kanombe mu Mujyi wa Kigali azize urupfu rusanzwe rutewe n’uburwayi. Ubuyobozi bwa RDF buti “Roho ye iruhukire mu mahoro.” RDF yatangaje ko Lt. Gen. Musemakweli yashizemo umwuka ku wa Kane tariki ya 11 Gashyantare. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda riragita riti: “RDF yihanganishije kandi yifatanyije n’umuryango we usigaye, muri ibi bihe bikomeye by’umubabaro. Amakuru y’igihe cyo kumusezeraho no kumushyingura azabamenyeshwa nyuma.” Inkuru y’urupfu rwa Lt. Gen.…
SOMA INKURURutsiro: Inkuba yibasiye umuryango
Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu rishyira ku cyumweru tariki 07 Gashyantare 2021, inkuba yakubise abana batatu b’abanyeshuri bo mu rugo rumwe umwe ahita apfa abandi bagira ihungabana. Ibi byabaye mu masaha ashyira saa munani z’ijoro.Ubuyobozi bw’umurenge wa Musasa buvuga ko iyo nkuba hari n’ibindi bintu yangije. Umwana inkuba yakubise agapfa ni umukobwa wigaga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye, umurambo we wahise ujyanwa ku bitaro bya Murunda mbere y’uko ushyingurwa, ndetse n’abahungabanye bajyanwa muri ibyo bitaro ngo bitabweho. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Musasa, Ruzindana Ladislas yemeje aya makuru. Ati “Uretse…
SOMA INKURURubavu: Akaboga katumye yiyambura ubuzima
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 6 Gashyantare 2021, mu masaha ya saa kumi z’umugoroba mu mudugudu wa Ruhangiro, akagari ka Kabirizi, umurenge wa Rugerero, nibwo Rukara Athanase wari ufite imyaka 27 yiyahuye akoresheje umugozi, umugore we akaba yatangaje ko yabitewe n’amadeni y’ibihumbi 80 by’inyama yari yarikopesheje. Uyu mugabo ngo yatumye umugore we ku isoko, undi agarutse asanga yimanitse mu mugozi. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugerero, Nkurunziza Faustin yemeje aya makuru. Ati “Biravugwa ko byatewe n’ideni ry’inyama zifite agaciro k’ibihumbi 80 yari yarafatiye mukuru we muri Boucherie nuko aramuhinduka yanga kumuha…
SOMA INKURUU Bushinwa bwiyemeje gufasha ibihugu bikennye guhangana na Covid-19
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Bushinwa, Wang Wenbin yatangaje ko hashize iminsi ibihugu bikennye byinubira kuba inkingo za Coronavirus ziharirwa n’ibihugu bikize, bityo bakaba bashaka gutanga umusanzu kugira ngo n’abatuye mu bihugu bikennye bagerweho n’inkingo. Iki gihugu cy’u Bushinwa kikaba cyatangaje ko cyiteguye gutanga inkingo miliyoni 10 muri gahunda ya Covax igamije kugeza inkingo za Coronavirus kuri bose. Icyo gihugu cyatangaje ko ariwo musanzu wacyo mu rwego rwo guharanira gukingira abantu benshi mu bihugu bikize no mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere harimo n’ibihugu bya Afurika. Wenbin ntabwo yatangaje…
SOMA INKURUUko Covid-19 yifashe mu Rwanda
Kuri iki cyumweru tariki 31 Mutarama 2021, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abantu batatu bo mu Mujyi wa Kigali bishwe na Coronavirus mu gihe mu gihugu hose abayanduye ari 186. Minisante yavuze ko abantu batatu bahitanywe na Coronavirus barimo uw’imyaka 91, uwa 72 ndetse n’uwari ufite 66 bo mu Mujyi wa Kigali. Abitabye Imana batumye umubare w’abamaze guhitanwa n’iki cyorezo ungana na 196. Rikomeza rivuga ko mu masaha 24 ashize hafashwe ibipimo 10 782 bituma umubare w’abamaze gupimwa mu gihugu hose ugera ku 888 268. Mu barwayi bashya babonetse harimo abakuwe…
SOMA INKURUIgihugu cya gatanu muri Afurika cyatangiye gukingira Covid-19
Kuri uyu wa kabiri tariki 26 Mutarama 2021 nibwo igihugu cya gatanu muri Afurika aricyo Maroc inzego z’ubuzima zacyo zzatangiye ibikorwa byo gukingira abaturage icyorezo cya COVID-19, iki gikorwa kikaba cyatangirijwe ku bari mu byago byo kwandura kurusha abandi. Muri ibi bikorwa byo gukingira byatangajwe ko abaganga n’abandi bakozi bo mu nzego z’ubuzima bari mu bazahabwa urukingo mbere. Kugeza ubu Maroc ifite dose miliyoni ebyiri z’urukingo rwakozwe na Kaminuza ya Oxford ifatanyije na AstraZeneca. Uretse izi doze z’urukingo Maroc yamaze kubona biteganyijwe ko kuri uyu wa 27 Mutarama yakira izindi…
SOMA INKURUMuhanga: Baratunga urutoki ubuyobozi kugira uruhare mu kwanduzanya Coovid-19
Umwe mu banyamakuru bakorera mu karere ka Muhanga, abajije Meya ikibazo cy’abantu bafatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, uburyo batwarwa mu modoka zirimo iz’Akarere na polisi kandi mu buryo bushyira ubuzima bwabo mu kaga ka Covid-19, asubiza ko nta bundi buryo buhari bwo kubatwara. Anabajijwe kandi ikibazo cy’abanyerondo bivugwa ko bahohotera abaturage, aho ngo babatwara udufaranga twabo iyo babafashe. Mu kubaza ikibazo, abinyujije ku rubuga rwa WhatsApp ruhuza abanyamakuru n’abayobozi mu karere ka Muhanga, umunyamakuru yagize ati “ Maze igihe mbona uko imodoka zitwara abarenze ku mabwiriza zibapakira ku…
SOMA INKURUCoovid-19 yakajije umurego mu gihe gito
Ubusesenguzi bwakozwe bwerekanye ko 65% by’abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bapfuye mu minsi 50 ishize gusa, nanone hakagaragara ko 46% by’ubwandu bwose bumaze kugaragara mu Rwanda bwabonetse muri iyo minsi. Ejo hashize kuwa 18 Mutarama 2021, Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel, yatangarije RBA ku mugoroba wo kuwa 18 Mutarama 2021, yasobanuye ko mu minsi mike ishize, abantu biraye cyane bakadohoka ku ngamba z’ubwirinzi bw’icyorezo bigatuma gifata indi ntera. Yabitangaje nyuma y’uko ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 18 Mutarama bimaze gutangazwa. Byaje bikaze cyane ugereranyije n’ibyari byafatiwe mu yaherukaga…
SOMA INKURU