Kuri iki cyumweru taliki 4 Mata 2021 Abakiristu bizihije umunsi mukuru wa Pasika, abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 cyane cyane abafatiwe mu bikorwa byo kwinezeza no kunywa inzoga binyuranyije n’amabwiriza wariyongeye. Abantu 147 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 higanjemo abafatiwe mu bikorwa byo kunywa ibisindisha biturutse ku byishimo by’Umunsi Mukuru wa Pasika wizihizwa n’Abakiristu batari bake. Mu bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, umubare munini ni abafatiwe mu karere ka Musanze bagera kuri 79 mu gihe mu yindi minsi imibare yari yaratangiye kugabanyuka kuko rimwe na…
SOMA INKURUCategory: Ubuzima
Umubare w’abandura Covid-19 wongeye kuzamuka, dore agace yiganjemo cyane
Itangazo rya Minisante ryo kuri uyu wa 4 Mata 2021, ryerekana ko abarwayi bashya biganjemo abakuwe mu Majyepfo y’u Rwanda. Mu Karere ka Huye hasanzwe 90, Gisagara [75], Ruhango [23], Nyaruguru [18], Nyanza [8], Umujyi wa Kigali [7], Nyamagabe [6], Bugesera [5], Rwamagana [2], Rusizi [2] mu gihe Uturere twa Rubavu, Rutsiro na Kayonza muri buri gace hasanzwe umurwayi umwe wanduye Coronavirus. Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abantu 239 banduye Coronavirus mu bipimo 5500 mu gihe abagera kuri 47 bakize iki cyorezo mu masaha 24 yashize. Kuva mu Rwanda haboneka umurwayi…
SOMA INKURUMenya abagaragaweho ubwoko bushya bwa Covid-19 mu Rwanda
Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yatangaje ko mu cyumweru gishize mu Rwanda hatahuwe abantu 12 bari bavuye mu bihugu by’amahanga bafite ubwoko bushya bwa Coronavirus burimo ubwagaragaye muri Afurika y’Epfo no mu Bwongereza. Ibi Dr Ngamije yabitangaje kuri uyu wa 21 Werurwe mu Kiganiro yagiranye na Radio Rwanda. Minisitiri w’Ubuzima yavuze ko u Rwanda rwubatse ubushobozi burufasha gutahura ubwoko bushya bwa Coronavirus muri Kanama 2020. Ati “Icyo navuga ni uko kuva muri Kanama umwaka ushize twongereye ubushobozi bwacu mu buryo bwo gukurikirana no gusuzuma imiterere ya Coronavirus, uko iri mu…
SOMA INKURUEse urukingo rwa Coronavirus rurinda kuyandura koko? Igisubizo na MINISANTE
Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije, kuri iki cyumweru tariki 21 Werurwe 2021 yatangaje ko Abanyarwanda bakwiye gukomeza kwitwararika ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 kuko urukingo rutarinda uburwayi cyangwa kwandura COVID-19, ahubwo rurinda kuba yahitana uwayirwaye. Minisiteri y’Ubuzima “MINISANTE” iratangaza ko abantu bose bazakomeza kwitwararika ku mabwiriza yo kurwanya Covid-19 arimo no kwambara agapfukamunwa kugeza igihe nibura 60% by’abaturage babonye urukingo. Minisitiri Ngamije asaba abantu gukomeza kwirinda Covid-19 nubwo baba barayikingiwe Byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije, kuri uyu wa 21 Werurwe 2021 mu kiganiro kigamije kugaragaza isura yo gukingira…
SOMA INKURUU Rwanda rwatangiye gukingira abari mu butumwa bw’amahoro
Ejo hashize kuwa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021, u Rwanda rwatangiye gukingira abapolisi, abasirikare n’abacungagereza bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo (UNMISS) no mu Ntara ya Abyei. Umunsi wa mbere wo gukingira icyorezo cya COVID-19 hibanzwe ku gukingira abakorera mu Murwa Mukuru wa Sudani y’Epfo, Juba, ndetse n’abarimo gukorera mu Ntara ya Abyei. Mu bahawe uru rukingo rwa mbere harimo abapolisi b’u Rwanda 356 bagizwe n’abapolisi 319 bari mu butumwa busanzwe bw’Umuryango w’Abibumbye bari mu Murwa Mukuru wa Juba(FPU), 18 bari mu butumwa…
SOMA INKURUHabayeho impinduka ku ikoreshwa ry’urukingo rwa “Moderna”
Umuyobozi Mukuru wa Moderna, Stephane Bancel yavuze ko bagiye mu igerageza ku bana bato, nyuma y’uko urukingo rwabo rutanze ibisubizo byiza ku bantu bari hejuru y’imyaka 18. Sosiyete yo mu gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikora inkingo za “Moderna” yatangiye kugeragereza urukingo yakoze rwa Covid-19 ku bana bari munsi y’imyaka 12. Igerageza rizakorerwa ku bana 6750 bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada mu gihe cy’amezi atandatu nkuko Xinhua yabitangaje. Abazitabira igerageza bazahabwa inkingo mu byiciro bibiri, hagati y’icyiciro kimwe n’ikindi hacemo iminsi 28. Moderna ni…
SOMA INKURURwamagana: Baratabaza basaba amazi meza
Abaturage bo mu Karere ka Rwamagana mu Mirenge ya Gahengeri na Musha barasaba ubuyobozi kubafasha kubona amazi meza ngo kuko ayo bavoma aturuka mu miserege, bakayanywa, bakayakaraba, bakayafurisha ndetse bakayatekesha bikarangira abateye indwara zirimo inzoka n’izindi. Ibi byatangajwe n’abaturage batuye mu Murenge wa Gahengeri mu Kagari ka Rugarama mu Midugudu ya Byimana na Nyarucyamo ndetse no mu Murenge wa Musha mu Kagari ka Nyakabanda mu Midugudu ya Ruhita na Rugarama. Aba baturage baturiye umuhanda wa kaburimbo bababazwa no kutagerwaho n’amazi meza ngo ubuyobozi bubabwira ko bigoranye kuyakurura akabageraho. Ibi bibagiraho…
SOMA INKURUNyuma yo gutabaza ko bashaka kumwica byarangiye apfuye
Mireille Ndjomouo w’imyaka 44, mu cyumweru gishize yashyize hanze amashusho avuga ko mu bitaro bya Charles-Le Moyne Hospital biherereye mu Mujyi wa Montreal atitabwaho uko bikwiriye. Uwo mugore mu mashusho yafashe, yashinje abaganga kutamwitaho, avuga ko bashaka ‘kumwica’ kuko bamuhaga umuti wa penicillin kandi udakorana n’umubiri we. Bimaze gusakuza ku mbuga nkoranyambaga, yimuriwe mu bindi bitaro ariko tariki 9 Werurwe yaje gupfa nubwo icyamuhitanye kitaramenyakana neza nk’uko The Independent yo mu Bwongereza yabitangaje. Inzego zishinzwe ubuzima muri Canada zatangaje ko zatangiye iperereza ku cyahitanye Mireille. Mu mashusho uwo mugore yari…
SOMA INKURUUburwayi bw’impyiko buza bucece, sobanukirwa ibyakorwa mu kubwirinda
Kuri uyu wa kane tariki 11 Werurwe 2021, mu Rwanda hizihijwe umunsi mpuzamahanga wo kwirinda indwara z’impyiko, ufite insanganyamatsiko igira iti “Tumenye indwara z’impyiko, ibibazo zitera n’uburyo twazirinda”, dore ko zirwara bucece indwara ikamenyekana zangiritse. Dr Igiraneza umuganga muri CHUK yatangaje ko bakira abarwayi banyuranye b’impyiko, akenshi baza kwivuza bugeze ku rwego rwa nyuma aho bashyirwa kuri diyalize ikora akazi impyiko ziba zitagishoboye. Damour Selemani wamenyekanye cyane mu ruhando rwa filime nyarwanda, utuye mu karere ka Nyarugenge, akaba umubyeyi w’abana babiri, yatangaje ko yafashwe n’indwara y’impyiko mu mwaka wa 2018,…
SOMA INKURUNyabihu: Hatahuwe imibiri y’abishwe muri jenoside yakorewe abatutsi
Mu musarani w’umuturage utuye mu Murenge wa Karago, mu Karere ka Nyabihu habonetse imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994. RBA yatangaje ko nyiri urwo rugo iyo mibiri yabonetsemo yari aherutse gutabwa muri yombi, arekuwe ahita atoroka. Abaturage bo muri ako gace, bavuze ko iyo mibiri ishobora kuba ari iy’umuryango w’abantu batandatu bishwe batwitswe tariki 7 Mata 1994. Bavuze ko bari bamaze igihe bashakisha iyo mibiri ngo ishyingurwe mu cyubahiro ariko barayibuze. Bikekwa ko nyiri urwo rugo yabonetsemo ari we bakeka ko ariwe wajugunye iyo mibiri mu musarane. Iyi mibiri…
SOMA INKURU