Ikintu cy’ingenzi mu buzima bw’umuntu ufite VIH SIDA

Amakuru dukesha “Igitabo indyo nziza ni isoko y’impinduka nziza mu buzima” avuga ko iyo umuntu ufite virusi itera SIDA akoze imyitozo ngororamubiri bituma yumva ashaka kurya, bikaba ari byiza kuko bimwongerera imbaraga mu mubiri, bityo bikamwongerera iminsi yo kubaho kandi ari mu buzima bwiza. Iki gitabo gikomeze kigira giti “Imyitozo ngororamubiri ituma umuntu yumva amerewe neza, igafasha ufite virusi itera SIDA gukomeza kugira ubuzima bwiza. Inyitozo ngororamubiri ibuza ingingo guhinamirana, ikanatuma imitsi y’umubiri itarya umuntu ikanakomera,umutima ugakora neza kandi n’amaraso agatembera neza. Umuntu ufite virusi itera SIDA agomba gukora imyitozo…

SOMA INKURU

Perezida Kenyatta yanenze urukiko rw’ikirenga

Mu ijambo rya Perezida Kenyatta ryo kuri uyu wa kabiri tariki 2 Kamena 2021, ku munsi mukuru wo kwizihiza imyaka 58 Kenya imaze ibonye ubwigenge  (Madaraka Day), Uhuru Kenyatta yatangaje ko ibyo Urukiko rw’Ikirenga rwakoze ari ukunyuranya n’ugushaka kw’abaturage. Iki cyifuzo cya Kenyatta cyo guhindura Itegeko Nshinga, avuga ko cyari kigamije ahanini kuvanaho intambara, akavuyo no kutumvikana bikurikira amatora y’umukuru w’igihugu, aho yashakaga ko hajyaho uburyo butuma perezida watsinze amatora yamburwa ububasha bumwe na bumwe, hakagira ubuhabwa abamukurikiye ndetse byaba na ngombwa bagahabwa imyanya muri guverinoma. Uku guhindura Itegeko Nshinga…

SOMA INKURU

Nyuma y’imyaka 12 arekuye ubutegetsi

Benjamin Netanyahu wari umaze imyaka 12 ari Minisitiri w’Intebe, akaba ari nawe wari umaze igihe kinini kuri uwo mwanya, agiye kurekura ubutegetsi nyuma y’uko Yair Lapid, ukuriye ishyaka rya Yesh Atid, abashije gushyiraho Guverinoma ihuriweho n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, nk’uko yari yarabisabwe na Perezida wa Israel, Reuven Rivlin, nawe uherutse gusimburwa. Lapid yahawe izo nshingano nyuma y’uko Benjamin Netanyahu, uyoboye ishyaka rya Likud, ryanatsindiye imyanya nyinshi mu Nteko Ishinga Amategeko mu matora aherutse kuba muri Werurwe, ananiwe gushyiraho Guverinoma ihuriweho mu minsi 28 yasabwaga. Guverinoma ya Lapid igizwe n’amashyaka umunani yose,…

SOMA INKURU

Uruhare rw’ababyeyi mu gutiza umurindi igwingira ry’abana

Byagaragaye bamwe mu babyeyi batiza umurindi igwingira n’imirire mibi mu bana babo bakiri munsi y’imyaka itandatu y’amavuko, kubera ko na bo barwaye bwaki bose bakaba bakeneye kuvurwa izo ndwara zigira ingaruka ku muryango no ku gihugu mu gihe gito n’ikirekire. Niyakire Aline utuye mu kagari ka Rukira, umurenge wa Huye mu karere ka Huye, atanga ubuhamya bw’ukuntu yisanze atagira amashereka akagira ngo ni ibibazo bisanzwe bibaho ku babyeyi nyamara na we akeneye kuvurwa imirire mibi. Yabimenye igihe yajyaga kwivuza icyo kibazo ku Kigo Nderabuzima cya Sovu giherereye muri uwo murenge…

SOMA INKURU

Nubwo zakuriweho TVA ibiciro byakomeje gutumbagira ihurizo ku bazikoresha

Mu kwezi k’ Ugushyingo mu mwaka wa 2019, nibwo Leta yasohoye itangazo rivuga ko umusoro ku nyogeragaciro ku bikoresho byifashishwa n’igitsina gore mu gihe cy’imihango “Cotex” ukuweho hagamijwe ko bidahenda abagore n’abakobwa babikenera buri kwezi, ariko kugeza ubu ababikoresha  batangaza ko ibiciro bitigeze bigabanuka ahubwo bigenda bizamuka umunsi ku wundi. Abakobwa n’abagore batandukanye batangaje ko nyuma y’uko iyi misoro ikuweho nta cyahindutse bitewe n’uko ipaki imwe ya Cotex iri kugura amafaranga 1000Frw cyangwa hejuru yayo. Hari uwagize ati “Njyewe igihe mperukira ku isoko cotex ya super yaguraga hagati y’amafaranga 700Frw…

SOMA INKURU

Uruzinduko rwa Perezida Macron mu Rwanda nyuma ya “Raporo Duclert” ruvuze byinshi

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yageze i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Gicurasi 2021, ni uruzinduko rw’iminsi ibiri, akaba yaherekejwe n’ abayobozi batandukanye mu nzego nkuru z’iki gihugu. Uru ruzinduko rukozwe nyuma y’aho mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Gicurasi hashyizwe hasohowe “Raporo Duclert” yakozwe ku busabe bwa Emmanuel Macron yakoze icukumbura ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside. Raporo Duclert ikaba yaragaragaje ko ubutegetsi bwa Perezida François Mitterrand wayoboraga u Bufaransa mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi bwatije umurindi gahunda ya Jenoside yakorewe Abatutsi…

SOMA INKURU

Rubavu: Ingaruka z’umutingito zikomeje kwiyongera

Nyuma y’aho akarere ka Rubavu gakomeje kwibasirwa n’umutingito wakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo, kugeza ubu inzu 1200 nizo zimaze gutangazwa ko zangijwe nawo. Abakozi b’Ikigo gishinzwe Gaz, Mine na Petrol bavuze ko igihe uyu mutingito uzarangirira kitazwi, gusa ko bashingiye ku bunararibonye bw’ahandi habaye imitingito nyuma y’iruka ry’ikirunga, basanga utajya urenza ibyumweru bibiri. Ibi byatumye kuri uyu wa Gatatu Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Ubutabazi  Kayisire Marie Solange asura aka karere,  yizeza abagizweho ingaruka n’imitingito ko leta y’u Rwanda izakomeza kubaba hafi no kubaha ubufasha bwose bukenewe. Minisitiri Marie Solange yagaragarijwe ingaruka…

SOMA INKURU

Amakuru y’impamo ku itabwa muri yombi kwa Ntamuhanga Cassien

Iminsi ine irirenze ku mbuga nkoranyambaga havugwa inkuru y’itabwa muri yombi rya Ntamuhanga Cassien, aho bivugwa ko yafatiwe muri Mozambique, igihugu yahungiyemo nyuma yo kuva mu Rwanda atorotse Gereza ya Nyanza mu ijoro rishyira ku wa 31 Ukwakira 2017. Amakuru y’itabwa muri yombi rya Ntamuhanga yatangiye kuvugwa ku Cyumweru tariki 23 Gicurasi, gusa kuva icyo gihe nta rwego na rumwe yaba urwo mu Rwanda no muri Mozambique rwigeze ruvuga kuri aya makuru ngo rubyemeze cyangwa se rubihakane. N’abantu b’ingeri zitandukanye baganiriye na IGIHE, bose bagaragazaga ko iyi nkuru nabo bayumvise…

SOMA INKURU

Mali: Ibintu bikomeje guhindura isura

Perezida w’inzibacyuho muri Mali, Bah N’Daw na Moctar Ouane wari Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Gatatu batangaje ubwegure bwabo nyuma y’iminsi ibiri bafungiye mu kigo cya gisirikare cya Kati. Abo bagabo bafunzwe kuri uyu wa Mbere bashinjwa n’agatsiko k’igisirikare kahiritse ubutegetsi muri Kanama umwaka ushize, kugasuzugura. Visi Perezida ari nawe ukuriye agatsiko kari kahiritse ubutegetsi umwaka ushize, Colonel Assimi Goïta kuri uyu wa Kabiri yavuze ko N’Daw na Moctar bavuguruye Guverinoma batamugishije inama. Muri Guverinoma nshya bari bashyizeho mbere y’amasaha make ngo batabwe muri yombi, hari abasirikare babiri b’ibyegera bya…

SOMA INKURU

Muhanga: Hakomeje kuboneka imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi

Nyuma y’aho  imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi ibonetse ahari hari gusizwa ikibanza kizubakwamo inzu y’ababyeyi n’inyubako yari igiye kubakwa ngo ijye yigishirizwamo abaganga, ubuyobozi bwa IBUKA mu Karere ka Muhanga buratangaza ko kugeza ubu hamaze kuboneka imibiri isaga 981. Ni nyuma y’uko hari hashize ibyumweru bibiri ubuyobozi bw’inzego z’ibanze na Ibuka muri Muhanga buri mu bikorwa byo gushakisha iyi mibiri aho byahagaritswe ku wa 25 Gicurasi 2021. Hamaze kuboneka imibiri 981. Perezida wa Ibuka mu karere ka Muhanga, Rudasingwa Jean Bosco, yavuze ko ibikorwa bibaye bisubitswe ariko bakomeje gushakisha…

SOMA INKURU