Abasirikare bahiritse ubutegetsi bwa Alpha Condé muri Guinée batumije Inama y’Abaminisitiri y’igitaraganya bavuga ko utabasha kuyitabira arafatwa nk’inyeshyamba igamije kubarwanya. Iyi nama iteganyijwe kuba kuri uyu wa Mbere tariki ya 6 Kanama 2021. Ni nyuma y’umunsi umwe umutwe w’ingabo zidasanzwe utangaje ko wahiritse ku butegetsi Alpha Condé wari uherutse gutorerwa manda ya gatatu nyuma yo guhindura Itegeko Nshinga mu buryo butavuzweho rumwe. Uyu mutwe w’Ingabo udasanzwe uyobowe na Lieutenant-Colonel Mamady Doumbouya wavuze ko kuri uyu wa Mbere haraba Inama y’Abaminisitiri n’abandi bayobozi bakomeye kugira ngo hafatirwemo imyanzuro y’uko igihugu gikomeza…
SOMA INKURUYear: 2021
Nyamagabe: Baratabaza nyuma y’imyaka irindwi bemerewe amashanyarazi bagaheba
Mu Mudugudu wa Nkamba uherereye mu Murenge wa Buruhukiro mu Karere ka Nyamagabe, hari ingo zibarirwa mu 180 zivuga ko zijejwe umuriro w’amashanyarazi imyaka ikaba ibaye irindwi. Mu Mudugudu wa Nkamba mu Murenge wa Buruhukiro barifuza amashanyarazi kuko insinga zibari hafi Abatuye muri uwo mudugudu bavuga ko muri 2014 amashanyarazi yagejejwe ku ishuri ryisumbuye no kuri Kiliziya by’ahitwa mu Bishyiga baturanye hanyuma bo ntibabaheho, ahubwo REG igahindukira igacisha amapoto mu mirima yabo ayajyana mu mudugudu wundi baturanye, bo bagasigara hagati. Umwe mu bahatuye agira ati “Kandi iyo kiliziya yagarukiyeho umuriro…
SOMA INKURUUrukiko rwafashe umwanzuro wo kurekura Jacob Zuma
Nyuma y’imyigaragambyo ikomeye ndetse abantu banatakarijemo ubuzima, Jacob Zuma wahoze uyobora Afurika y’Epfo yarekuwe ava muri gereza nyuma y’amezi abiri yari amaze afunzwe, ariko byakozwe kubera impamvu z’uburwayi bwe. Uyu mugabo yishyikirije inzego z’umutekano ku wa 08 Nyakanga kugira ngo atangire igifungo cy’amezi 15 yari yakatiwe n’urukiko ahamijwe kurusuzugura. Yafunzwe kubera gusuzugura abacamanza bo ku rwego rwo hejuru ba Afurika y’Epfo basigasira demokarasi mu gihe yageragezaga gukwepa kubazwa urusobe rw’ibirego bya ruswa yavuzweho mu gihe cy’ubutegetsi bwe. Uyu mugabo w’imyaka 79 igihe cyari gisigaye ngo asoze igifungo cye azakimara ari…
SOMA INKURURwanda: MINISANTE yatangaje icyegeranyo gishya kuri Covid-19 gitanga icyizere
Imibare mishya itangwa na Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko imibare y’abandura ndetse n’abarwara icyorezo cya COVD-19 bakaremba bakomeje kugabanyuka hashingiwe ku mibare y’ubushakashatsi bugenda bukorwa buri munsi harebwa uko icyorezo gihagaze mu Gihugu. Iyo mibare igaragaza ko hagati ya Kamena na Kanama ubwandu bwa COVID-19 bwigeze kuzamuka bukagera hejuru ya 5% mu Mujyi wa Kigali ukunze kwibasirwa kuri ubu bugeze kuri 0.7% nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi bwa buba bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC). Ku bijyanye n’abarwara COVID-19 bikagera aho bagomba guhabwa ibitaro, imibare yari hejuru cyane guhera mu kwezi kwa Kamena aho…
SOMA INKURUNyuma y’umwaka bavutse imitwe ifatanye batandukanyijwe
Abakobwa b’impanga z’umwaka umwe bo muri Israel bavutse imitwe yabo ifatanye batandukanyijwe. Ni ubuvuzi bw’imboneka imwe bwamaze amasaha 12 nyuma y’amezi bwigwaho. BBC yatangaje ko byakorewe ku Bitaro bya Soroka biri mu Mujyi wa Beersheba mu Cuymweru gishize. Byasabye inzobere zirenga 10 ziturutse hirya no hino muri icyo gihugu ndetse no mu mahanga. Eldad Silberstein ukuriye ibikorwa byo kubaga ku Bitaro bya Soroka, yabwiye Channel 12 News ko ubu abo bana bari gukira neza. Yagize ati “Bari guhumeka neza kandi bari kurya.” Bivugwa ko ari inshuro ya 20 ubuvuzi nk’ubwo…
SOMA INKURUUbusabe bw’ igikomangoma Harry n’umugore we Meghan bwatunguye ab’ibwami
Ikinyamakuru The Sun gikorera mu Bwongereza cyatangaje ko ubusabe bwo kubonana n’umwamikazi bwatunguye cyane ab’ibwami, aho bemeje ko biteye isoni gushaka kubonana n’umwamikazi nyuma y’ibyo bavuze mu kiganiro bagiranye na Oprah Winfrey bagatangaza ko Meghan n’umwana we bakorewe irondaruhu ibwami. Igikomangoma Harry n’umugore we Meghan Markle bagiye kumara imyaka ibiri bivanye mu nshingano z’ibwami, basabye kugirana ikiganiro cyihariye n’Umwamikazi Elizabeth II w’u Bwongereza. Aba bombi bikekwa ko bashaka kumwereka umwana w’umukobwa bibarutse ku itariki 4 Kamena 2021, Lilibet Diana Mountbatten-Windsor, akaba ari umwuzukuruza w’umwamikazi. Uwatanze aya makuru yagize ati “Harry…
SOMA INKURUDore icyaha Uwahoze ari Minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien ari gushinjwa
Kuri uyu wa gatanu tariki 3 Nzeli 2021, nibwo ubushinjacyaha bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge guhamya uwahoze ari Minisitiri w’intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi icyaha cy’ubuhemu yari yaragizweho umwere n’Urukiko rw’Ibanze. Dr. Habumuremyi yari yarahamijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge igifungo cy’imyaka itatu n’igice n’ihazabu ya miliyoni 892 Frw. Icyo gihe ariko uyu mugabo n’abanyamategeko be bajuririye mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, bavuga ko bifuza ko igihano bahawe cyagabanywa cyangwa kigasubikwa na cyane ko amategeko y’u Rwanda yemera ko igihano kiri munsi y’imyaka itanu gishobora gusubikwa. Ubushinjacyahanabwo bwarajuriye buvuga ko bwifuza…
SOMA INKURURuswa iravuza ubuhuha mu masoko ya leta y’ibikorwaremezo
Ubushakashatsi bwakozwe kuva muri Werurwe 2021, ku bufatanye bwa Transparency International Rwanda n’Urugaga rw’aba-enjeniyeri mu Rwanda, higwa ku bunyangamugayo no gukorera mu mucyo mu mitangire y’amasoko ya leta by’umwihariko mu mishanga y’ibikorwaremezo, hakaba haragayemo ruswa ivuza ubuhuha. Appolinaire Mupiganyi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Transparency Rwanda, mu mishinga y’ibikorwa remezo habamo ruswa kandi ku rwego ruhanitse cyane ko ari urwego rushorwamo akayabo k’amafaranga. Ati “Ruswa irahari ndetse nini kuko mu masoko ya leta ni za miliyoni na miliyari ziba zivugwa kandi tuzi neza ko ba rwiyemezamirimo benshi baba bategereje akazi muri aya…
SOMA INKURUUmujyi wa Kigali wafashe iya mbere mu gikorwa cyo kubahiriza uburenganzira bw’abana
Umujyi wa Kigali n’abafatanyabikorwa bawo bashyizeho Urugo Mbonezamikurire rw’Abana bato (ECD) ruzafasha ababyeyi bakorera mu nyubako yawo mu kwita ku mikurire y’abana babo kandi bari ku kazi n’abonsa bakagira icyumba cyo kwifashisha. Imirimo yo kubaka uru rugo mbonezamikurire kuri ubu iri kugera ku musozo ndetse rukazatangira gukora vuba nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ku wa 2 Nzeli 2021. Ni urugo mbonezamikurire rufite ubushobozi bwo kwakira abana 25 bafite guhera ku mezi atatu kugeza ku myaka itatu. Politiki ishyiraho Urugo Mbonezamikurire rw’Abana bato rw’aho abantu bakorera igaragaza ko bifasha cyane…
SOMA INKURUCentrafrique yahaye u Rwanda ubutaka bwo gukoreramo ibikorwa binyuranye
Guverinoma ya Centrafrique imaze guha u Rwanda hegitari 70.500 zizakorerwaho ishoramari mu rwego rw’ubuhinzi no gutunganya ibibukomokaho. Byatangajwe n’Umunyamababanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Ngabitsinze Jean Chrysostrome, wasobanuye ko ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bikorwa bitandukanye biri muri urwo rwego. Yasinyiwe i Bangui ku wa Gatanu w’icyumweru gishize. Mu kiganiro yahaye The New Times, Ngabitsinze yavuze ko ayo masezerano azamara imyaka itanu ishobora kongerwa. Akubiyemo ibijyanye n’ubushakashatsi mu buhinzi, gukoresha ubutaka no kubucunga, gukoresha neza amazi n’ubutaka bijyanye, guteza imbere imbuto zujuje ubuziranenge kandi zitanga umusaruro…
SOMA INKURU