Ingabo z’u Rwanda 165 zifashishwa mu bikorwa byihutirwa zakubutse mu butumwa bw’amahoro


 

Itsinda  ry’abasirikare 165 b’u Rwanda  rigizwe n’abapilote b’ indege, ababungirije, abakanishi ndetse n’abaganga, bakaba bifashishwa mu bikorwa byihutirwa birimo gutwara ingabo aho zikenewe byihuse, abayobozi ba Loni bari muri icyo gikorwa, gutwara abarwayi cyangwa abakomeretse aho bavurirwa ndetse no gutwara ibikoresho bitandukanye n’ibiribwa aho bikenewe,  bagarutse mu Rwanda kuri uyu wa kane tariki 30 Kanama 2018, bavuye  muri Sudani y’Epfo

Ingabo z’u Rwanda 165 zakubutse mu butumwa bw’amahoro

Aba basirikare bakubutse muri Sudani y’Epfo bakaba ari icyiciro cya gatandatu kuva icyo gikorwa kijyanye n’iby’ibyindege cyatangira mu mwaka wa 2012, bakaba bari batangiye  bakoresha indege eshatu za Kajugujugu gusa, ariko kuri ubu zigeze kuri esheshatu, Loni  ikaba yarazongereye kuko yasanze zikenewe mu bikorwa byo kubungabunga amahoro.

Uwari ukuriye bariya basirikare 165 bakubutse mu butumwa bw’amahoro, Maj Mutabazi Pascal, yavuze ko akazi kabo bagakoze neza, aho yemeje ko akazi bari bashinzwe bagakoze neza ndetse na Loni ikaba yarabibashimiye. Yagize ati “twitabazwaga ahantu hagoye kugera aho abandi batinye ariko twebwe tukajyayo kubera umwihariko w’ingabo zacu zibikorana ubunyamwuga, tugatabara abari mu kaga”.

Izi ngabo zifashishwa mu bikorwa byihutirwa birimo gutwara ingabo aho zikenewe byihuse, abayobozi ba Loni bari muri icyo gikorwa, gutwara abarwayi cyangwa abakomeretse aho bavurirwa ndetse no gutwara ibikoresho bitandukanye n’ibiribwa aho bikenewe, babisikanye n’abagenzi babo nabo 165 babasimbuye mu butumwa bw’amahoro bagiye mu gitondo cyo kuri uyu wa kane.

NIYONZIMA Theogene


IZINDI NKURU

Leave a Comment

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.