Sobanukirwa ubwoko bushya bwa coronavirus “Delta” buhangayikishije isi

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), mu mpera za Gicurasi 2020 ni bwo ryatangaje ko ubwoko bushya bwa Coronavirus yihinduranya bwahawe amazina abutandukanya, aho gukomeza kwitirirwa ibihugu bwabonetsemo bwa mbere. Nubwo bwose bufatwa nk’ubwihinduranya muri rusange, ubushakashatsi butandukanye bwerekanye ko hari itandukaniro mu buryo bwo gukwirakwira, kurembya no kwica abandura. Ubwabonetse mu Bwongereza bwiswe Alpha, ubwo muri Afurika y’Epfo bwitwa Beta, mu gihe ubwabonetse mu Buhinde bwahawe izina rya Delta. Ubwiswe Delta bwagaragaye bwa mbere mu Buhinde mu Mpera za 2020 bushyirwa ku isonga mu kwandura vuba ndetse bitekerezwa…

SOMA INKURU

Umubare uri hejuru w’abandura Covid-19 ukomeje gutera inkeke

Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ryo kuri uyu wa 22 Kamena 2021 ryerekanye ko abantu 861 basanzwemo COVID-19 iterwa n’agakoko ka Coronavirus bagaragaye mu bipimo 7.624. Ibi byatumye umubare w’abamaze kwandura uba 32.296 mu bipimo 1.564.486 bimaze gufatwa kuva muri Werurwe 2021. Abarwayi bashya biganje mu Mujyi wa Kigali, ahabonetse 388 ndetse aka gace kari mu turi kubonekamo abanduye benshi. Uyu munsi, i Rubavu habonetse 83, Musanze ni 61, Burera [50], Kamonyi [47], Rutsiro [35], Rwamagana [27], Nyanza [24], Gicumbi [23] na Gakenke [23]. Ni ku nshuro ya mbere mu Rwanda…

SOMA INKURU

Urubanza rwa Idamage rukomeje kugaragaramo udushya

Kuri uyu wa 22 Kemena 2021 nibwo urubanza rwa Idamange Iryamugwiza Yvonne ukurikiranyweho ibyaha birimo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda rwasubukuwe nyuma y’uko ku wa 15 Kamena 2021 rwari rwasubitswe nyuma y’aho yari yanze kuburana. Uyu munsi iburanisha ryatangiye ahagana saa tatu za mugitondo, ubushinjacyaha butangira busaba umwanya kugira ngo bugire icyifuzo bugeza ku Nteko iburanisha mbere y’uko urubanza rutangira. Ubushinjacyaha bwavuze ko bwifuza ko urubanza rwa Idamange ruburanishirizwa mu muhezo rubishingiye ku mpamvu zitandukanye zirimo n’imiterere y’ibyaha Idamange aregwa. Ubushinjacyaha bwakomeje buvuga ko kuburanisha Idamange mu ruhame byamubera…

SOMA INKURU

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda Isheja Sandrine mu mirimo mishya

Sandrine Isheja usanzwe ari umunyamakuru w’imyidagaduro kuri Kiss FM, kugeza ubu yagizwe Umuyobozi Nshingwabikorwa “Executive Director” w’inama y’igihugu y’abahanzi. Ni nyuma y’aho yari amaze amezi agera kuri atatu Sandrine Isheja na Jean Michel Habineza (umuhungu wa Ambasaderi Habineza Joseph) bari mu kazi ko gufasha mu bikorwa bya buri munsi Inama y’Igihugu y’abahanzi. Jean Michel Habineza umuhungu wa Amb. Habineza Joseph yagizwe Umuyobozi Ushinzwe imishinga mu nama y’Igihugu y’abahanzi. Ni akazi bahawe nyuma y’uko Inama y’Igihugu y’abahanzi isabye Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco kubafasha kubona abakozi bahoraho babafasha mu mirimo yo guteza imbere…

SOMA INKURU

Rwanda: Ubwandu bwa Covid-19 bukomeje kwiyongera bidasanzwe

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko byamaze kugaragara ko hirya no hino mu baturage hari icyorezo cya Covid-19 ku buryo bukabije ari nayo mpamvu hafashwe ingamba nshya zigamije gukumira ikwirakwira ryacyo. Ni nyuma y’uko Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye ku wa Mbere tariki 21 Kamena 2021, iyobowe n’Umukuru w’Igihugu yafatiwemo imyanzuro irimo ingamba nshya zo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19, zirimo amasaha abantu badakwiye kurenza bataragera mu ngo zabo ndetse no guhagarika ingendo zihuza Umujyi wa Kigali n’intara ndetse n’izihuza uturere. Muri rusange mu byemezo bikomeye byayifatiwemo harimo ko ingendo zibujijwe guhera…

SOMA INKURU

Polisi yahagurukiye kwibutsa abakoresha umuhanda ingamba zo guhashya Covid-19

Polisi y’u Rwanda ishami ryayo rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ku wa Kane tariki ya 17 Kamena 2021, ryatangije ubukangurambaga buzamara icyumweru ku bakoresha umuhanda bose. Ubu bukangurambaga bugamije kubakangurira gukomeza gushyira mu bikorwa ingamba zashyizweho na Leta zigamije kurwanya no gukumira ikwirakwira rya Covid-19, Polisi y’u Rwanda ikabibutsa ko kuzikurikiza ari inshingano za buri muturarwanda. Intego y’ubu bukangurambaga ni ukongera kwibutsa abakoresha umuhanda barimo abatwara imodoka, amapikipiki, abatwara ibinyamitende n’abagenda n’amaguru kwambara neza agapfukamunwa nk’uko bikwiye, gukaraba intoki n’isabune n’amazi meza, kugera mu rugo ku masaha yagenwe, kubahiriza guhana…

SOMA INKURU

Kaminuza n’amashuri makuru byigenga biratungwa agatoki mu kwica ireme ry’uburezi

Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na Kaminuza (HEC), yatahuye ko hari Kaminuza n’amashuri makuru byigenga byakiriye abanyeshuri batabikwiriye kuko batatsinze mu cyiciro cy’ayisumbuye. Ubusanzwe umunyeshuri ushoje amashuri yisumbuye aba asabwa kuba yaratsinze amasomo abiri y’ingenzi kugira ngo yemererwe gukomeza muri Kaminuza. Ubuyobozi bw’Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na Kaminuza buvuga ko ibisabwa ku mitsindire y’umunyeshuri biba bishingiye kuri porogaramu ashaka gukurikirana muri kaminuza. Urugero nk’umunyeshuri wifuza kwiga icyiciro cya ‘Bachelor’ mu bijyanye n’ubuvuzi asabwa kuba yaragize hagati ya ‘grade’ A na C, mu gihe ushaka kwiga icya ‘diploma’ asabwa kuba afite hejuru…

SOMA INKURU

Politike yo kohereza mu miryango abana bafite ubumuga yatangiye gushyirwa mu bikorwa

Nyuma y’uko tariki 31 Gicurasi 2021, Guverinoma y’u Rwanda yemeje politiki y’abantu bafite ubumuga, kandi muri yo hakaba harimo ingingo ivuga ko umwana wese agomba kurererwa mu muryango, ufite ibyo akeneye gufashwa agafashwa, ariko ari mu muryango, kuri ubu iyi gahunda yatangiye gushyirwa mu bikorwa  aho abana batangiye koherezwa mu miryango yabo. Muri ADAR-Tubahoze ubu hari abana bafite ubumuga bwo mu mutwe 23 harimo 18 bafite imiryango izwi Byatangajwe na Oswald Tuyizere, umuhuzabikorwa wa gahunda yo gufashiriza abafite ubumuga mu miryango mu Nama y’igihugu y’abafite ubumuga, kuri uyu wa 17…

SOMA INKURU

Obamacare yongeye guhabwa agaciro

Obamacare ni gahunda iteganya ko buri munyamerika wese udafite ubundi bwishingizi bw’ubuzima, agomba kwishinganisha muri Obamacare cyangwa agacibwa amande, ariko mu mwaka wa 2017, Inteko ya Amerika yari yiganjemo abo mu ishyaka ry’Aba-Républicain, yasaga nk’iyayitesheje agaciro. Ariko abacamanza barindwi mu icyenda b’Urukiko rw’Ikirenga rwa Amerika, bategetse ko iyi gahunda y’ubwishingizi ya Obamacare igumaho, nyuma y’uko Leta 17 zirangajwe imbere n’iya Texas zari zisabye ko ivanwaho. Ni gahunda izwi nka Affordable Care Act (ACA), ariko yamenyekanye cyane nka Obamacare wanayisinye mu itegeko mu 2010 ubwo yatangizwaga ku mugaragaro, ni uburyo busa…

SOMA INKURU

Butera Knowless mu isura nshya mu muziki

Kuwa w’iki cyumweru turi gusoza tariki 14 Kamena nibwo Butera Knowless yashyize ku isoko Album ye ya gatanu yise ‘Inzora’, iriho indirimbo 11, muri zo harimo iyo  yise “Asante”, anavuga impamvu Aline Gahongayire ariwe muhanzi wenyine ukora indirimbo zihimbaza Imana yifuje ko  bayikorana. Iyi Album kandi iriho indirimbo zirimo ‘Uwo uzakunda’, ‘Akantu’ yakoranye na Social Mula, ‘Up’ yakoranye na Navio na ‘Bado’ yahuriyemo na Ykee Benda bo muri Uganda, ‘Nahise mbimenya’ ye na King James, ‘Confuser’ Platini P, ‘Muzabonana’ na ‘Ikofi’ yahuriyemo Nel Ngabo, Platini P, Igor Mabano na Tom…

SOMA INKURU