Igihe amashuri azatangirira cyamenyekanye nyuma y’igihe kitari gito Covid-19 iyafungishije

Nk’uko byari byatangajwe b’inama y’abaminisitiri ko amashuri agiye gutangira ariko bigakorwa mu byiciro, ni muri urwo rwego Minisiteri y’Uburezi “MINEDUC”yashyize ahabona ingengabihe y’amashuri abanza n’ayisumbuye,  aho icyiciro cya mbere kizatangira kwiga ku itariki ya 02 Ugushyingo 2020, igikurikiyeho kigatangira ku itariki ya 23 Ugushyingo nk’uko ingengabihe y’amashuri iteganyijwe ibigaragaza. Itangazo ryashyizwe ahabona na Minisiteri y’Uburezi kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Ukwakira rigaragaza ko ku itariki ya 2 Ugushyingo 2020, hazatangira igihembwe cya kabiri, hatangire abanyeshuri bo mu mashuri abanza biga mu mwaka wa gatanu n’uwa gatandatu. Hiyongeraho n’abanyeshuri…

SOMA INKURU

Icyo MINEDUC itangaza ku ifungwa ry’amashuri rimazeho iminsi

Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda “MINEDUC” yatangaje ko abanyarwanda batagomba gucibwa intege cyangwa ngo baterwe ubwoba n’ifungwa rya zimwe muri kaminuza zitujuje ibisabwa ahubwo bakwiye kubyishimira kuko bafite ubuyobozi bubareberera. MINEDUC itangaza ibi nyuma yo kwambura uburenganzira bwo gukorera ku butaka bw’u Rwanda Kaminuza eshatu arizo INDANGABUREZI College of Education, Kaminuza ya Kibungo (UNIK) ndetse na Christian University of Rwanda, CHUR. Muri Werurwe 2017, nibwo Inama Nkuru y’amashuri makuru na Kaminuza (HEC) yatangiye gufunga amwe mu mashuri makuru na kaminuza nyuma y’ubugenzuzi bwakoze. Muri ubu bugenzuzi hagaragaye ibibazo bijyanye n’imiyoborere, ibikoresho…

SOMA INKURU

Abari barakumiriwe mu burezi bakomorewe

Minisiteri y’uburezi yongeye gukomorera abantu batize uburezi ariko barangije amashuri y’isumbuye cyangwa Kaminuza, ubu bashobora gupiganira akazi ko kwigisha mu mashuri abanza n’ayisumbuye. Ibaruwa yashyizwe hanze na Minisiteri y’uburezi , iramenyesha abayobozi b’Uturere bose ko nyuma yo kungurana ibitekerezo hafashwe imyanzuro itandukanye ku bijyanye no gutanga akazi ko kwigisha harimo ko n’abatarize uburezi ubu bemerewe guhabwa akazi ndetse ko iyi myanzuro ihita ishyirwa mu bikorwa. Imyanzuro yafashwe ivuga ko, buri Karere kagomba gushyira ku isoko imyanya yose ikeneye abarimu, amatangazo ashyira ku isoko iyo myanya agomba gushishikariza gusaba iyo myanya…

SOMA INKURU

Barahiriye kurwanya igwingira mu bana

Abanyeshuri batorewe inshingano zo kuyobora ihuriro ry’abanyeshuri biga muri Kaminuza gatolika y’u Rwanda barahiriye inshingano batorewe bahiga kurandura imirire mibi n’igwingira mu bana b’u Rwanda bakoresheje ubumenyi biga mu ishuri. Babitangarije mu muhango wo kwakira indahiro zabo wabereye ku kicaro gikuru cya Kaminuza Gatolika y’u Rwanda i Save mu karere ka Gisagara kuri uyu wa 26 Mutarama 2020. Umuyobozi wa komite nshyashya Niyigenda Silas yashimiye kaminuza Gatolika y’u Rwanda uburezi itanga, anavuga ko aho bagiye gushyira imbaraga mu kurwanya igwingira n’imirire mibi mu bana. Ati “Abanyeshuri bose turabasaba gushyira hamwe kugira…

SOMA INKURU

Huye: Abanyeshuri 47 burukanwe burundu

Mu Ntara y’Amajyepfo, mu Karere ka Huye mu kigo cy’amashuri y’isumbuye cya GS Butare Catholique, abanyeshuri 47 birukanwe burundu bazira ikinyabupfura gike. Abo bana biganjemo abiga mu mwaka wa kabiri n’uwa gatanu w’ayisumbuye bahawe inyemezamanota zanditseho ko birukanwe burundu mu kigo ubwo hasozwaga umwaka w’amashuri wa 2019. Umuyobozi w’iryo shuri, Byiringiro Dan, n’ubwo adasobanura neza ikosa abo bana bakoze, avuga ko Komite ishinzwe imyitwarire mu kigo yafashe umwanzuro wo kubirukana burundu kuko bagaragaje imyitwarire mibi cyane nk’uko tubikesha IGIHE. Ati “Twabirukanye kubera imyitwarire mibi; nonese umwana yagira amanota mabi mu gihembwe…

SOMA INKURU

Kwiga uburezi ntibigaharirwe igice kimwe cy’abanyeshiri -Dr Munyakazi

Kuri uyu wa gatatu tariki 8 Gicurasi 2019, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Munyakazi Isaac, yasabye abanyeshuri kugira amahitamo meza, ababwira ko icyifuzo cya Minisiteri y’Uburezi ari uko abanyeshuri b’abahanga bahitamo kwiga uburezi. Ibi byatangarijwe muri Lycée de Kigali, ahari hateraniye abanyeshuri biga muri Collège Saint André i Nyamirambo n’abo muri iki kigo, ubwo Minisiteri y’Uburezi “MINEDUC” yasozaga igikorwa cyo gushishikariza abanyeshuri b’abahanga bo mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye guhitamo amashami y’amashuri nderabarezi (TTC), aho kuyaharira abafite amanota ya nyuma gusa. Ubu bukangurambaga bwateguwe…

SOMA INKURU

Urubyiruko rwasabwe kuba igisubizo mu kurwanya ibiyobyabwenge

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred,  yasabye urubyiruko kumva neza ibyo bazatozwa nyuma bakajya gufatanya n’inzego za leta mu kwigisha urundi rubyiruko rukishora mu biyobyabwenge n’ibindi. Ibi yabibasabye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 2 Mutarama 2018, ubwo yatangizaga ku mugaragaro Itorero ry’Inkomezabigwi icyiciro cya Karindwi ry’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye, mu Karere ka Kayonza, ku ishuri ryisumbuye rya Kayonza (Kayonza Modern School) ahahuriye abanyeshuri 681 baturutse mu mirenge igize aka Karere. Guverineri yagize ati “Tubitezeho gutanga umusanzu wanyu mu kurwanya ibiyobyabwenge,  inda ziterwa abangavu n’ibindi bibazo bibangamiye urubyiruko…

SOMA INKURU

Ingengabihe y’amashuri mu Rwanda iri kuvugururwa, igisubizo cyayo gitegerejwe mu myaka 3

Umwanzuro wa mbere w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15, ugaruka ku gukomeza gushyiraho ingamba n’impinduka za ngombwa zigamije kuzamura ireme ry’uburezi mu byiciro byose by’uburezi, gusuzuma ingengabihe y’amashuri, ibi bikaba bytumye Minisiteri y’Uburezi yemeza ko iri kuvugurura ingengabihe y’amashuri, ku buryo umwaka w’amashuri abanza n’ayisumbuye uzongera gutangira muri Nzeri, mu myaka itatu iri imbere ni ukuvug mu mwaka wa 2022. Uyu mwanzuro ufshwe nyuma y’aho Umuyobozi w’Inama y’uburezi muri Kiliziya Gatolika, Musenyeri Nzakamwita Servelien, agaragarije ko Nyakanga na Kanama, ari amezi arangwa n’ubushyuhe, hamwe amazi akabura bigasaba abanyeshuri kujya kuyavoma, bikabangamira…

SOMA INKURU

Abasaga 1000 nibo batakoze ikizamini cya leta

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko abanyeshuri 1170 batagaragaye mu bizamini bisoza amashuri yisumbuye umwaka wa 2018. Abataragaraye muri ibi bizamini ni 885 bo mu cyiciro rusange na 315 bakora ibizamini bisoza amashuri yisumbuye. Uturere two Mujyi wa Kigali, Gasabo, Nyarugenge na Kicukiro nitwo dufite umubare munini w’abatarakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye. Minisiteri y’Uburezi itangaza ko abanyeshuri bigenga aribo usanga badakora cyane ibizamini. Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye muri Minisiteri y’Uburezi, Munyakazi Isaac, avuga ko bamwe muri aba banyeshuri batagaragaye mu bizamini byaterwaga n’uko bari barwaye, abandi ngo bari bafitanye…

SOMA INKURU

Abarimu bakekwaho kurigisa mudasobwa 25 z’abanyeshuri bari gukurikiranwa

Abarimu batandatu bigisha ku Rwunge rw’Amashuri rwa Kitabura mu Murenge wa Kimonyi, mu Karere ka Musanze, barishyuzwa mudasobwa 25 zatanzwe muri gahunda ya ‘One Laptop Per Child’, nyuma y’uko ziburiwe irengero bagashinjwa kugira uruhare mu ibura ryazo. Abarimu bari kwishyuzwa mudasobwa, bavuga ko nta ruhare bagize mu ibura ryazo bagahamya ko ubusanzwe amasezerano yo gutanga mudasobwa aba hagati y’umubyeyi n’ubuyobozi bw’ishuri. Umwe muri aba barimu yagize ati “Amasezerano aba hagati y’umubyeyi n’ubuyobozi bw’ishuri. Sinzi ukuntu rero umwarimu yajya kuboneka muri icyo kibazo kandi ntabwo ariwe watizwaga.” “Muby’ukuri mudasobwa zatangirwaga mu…

SOMA INKURU