Sobanukirwa itandukaniro ry’umuntu ufite virusi itera SIDA n’urwaye SIDA

Usanga akenshi abantu bagorwa no gutandukanya gutandukanya umuntu urwaye SIDA n’ufite Virusi itera SIDA. Kudasobanukirwa iri tandukaniro niryo rituma hari benshi bagwa mu mutego wo kuba bakwandura cyangwa bagakwirakwiza ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA. Nk’uko Sante.fr ibitangaza Virus itera SIDA ni ubwandu bwa virusi irwanya ubwirinzi bw’umubiri, iyo uwayanduye adakurikiranywe neza ngo yiyiteho, afate indyo yuzuye ndetse n’ibindi byose bituma umubiri we umererwa neza ukagira ubwirinzi buri hejuru niyo itera SIDA ikaba indwara cg uruhurirane rw’indwara zizahaza umubiri. Imiti igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA itaraboneka, kwandura VIH no…

SOMA INKURU

Uretse gusaza dore izindi mpamvu zagutera kuzana uruhara imburagihe

Uruhara cyangwa gutakaza umusatsi, ni uburyo busanzwe bw’umubiri uko ugenda usaza umusatsi uvaho, akenshi rutangira kugaragara mu myaka 30 na 40. Bitangira ugenda utakaza umusatsi mu gace kamwe aho rukunze kuza cyane ni mu gitwariro. Nubwo rukunze kuboneka cyane ku bagabo, gusa n’abagore bashobora kuruzana.Bivugwa akenshi ko uruhara ruturuka ku nkomoko (genetics); ni ukuvuga ko niba umubyeyi wawe arufite, nawe amahirwe yo kurugira aba ari menshi cyane. Ni iki gitera uruhara? Nk’uko byatangajwe hejuru, akenshi ruturuka ku ruhererekane mu muryango, uturemangingo fatizo (genes) dutandukanye uba warakuye ku babyeyi bawe nitwo…

SOMA INKURU

Sosiyete Sivile yikomye ingabo za FARDC ku kuba M23 ikomeje kwigarurira ibice binyuranye itarwanye

Ihuriro rya sosiyete sivile zo muri teritwari zigize intara ya Kivu ya Ruguru riranenga gusubira inyuma kw’ingabo za DR Congo zikareka umutwe wa M23 ugafata uduce dutandukanye nta uwukoma imbere. Kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru, M23 yafashe utundi duce two mu majyaruguru ya teritwari ya Rutshuru, turimo agace k’abaturage batunzwe ahanini n’uburobyi ka Vitshumbi kari ku nkengero z’ikiyaga Rwicanzige (Lac Édouard), hamwe n’agace ka Rwindi. Utu duce n’utundi byegeranye bivugwa ko twafashwe na M23 nta mirwano ibaye, nyuma y’uko ingabo za leta n’imitwe ya Wazalendo bafatanya, bahunze utu duce bagenzuraga…

SOMA INKURU

Imibereho ya muntu igengwa n’ubwoko bw’amaraso ye

Uko ubwoko bw’ amaraso butandukanye ni nako n’ imyitwarire y’ abantu igenda itandukana, hanagendewe ku gitsina,  imyitwarire ituruka ku ruhererekane rw’ imiryango (genetics) ibi byose bigira uruhare runaka mu myitwarire y’ umuntu nk’ uko byagiye byerekanwa n’ ubushakashatsi butandukanye. Mu bushakashatsi bwakozwe n’ impuguke zo mu Buyapani, zagaragaje ko abafite bene aya maraso ari abantu basabana kandi igihe cyose baba biteguye gufungura ubucuti. Mu bijyanye n’ imyitwarire, umuntu ufite amaraso ya A yihugiraho, gusa ariko akaba umuntu wihangana, wifata agapfira muri Nyagasani. Ikindi ni uko ari umuntu ubasha kureba kure,…

SOMA INKURU

Urupfu rwa Mr Ibu rwashegeshe abakunzi ba Sinema

Inkuru y’urupfu rwa John Okafor, wamamaye cyane ku izina rya Mr Ibu yamenyekanye kuwa Gatandatu tariki 02 Werurwe, aho yaguye mu bitaro bya Evercare Hospital azize indwara y’umutima. Perezida wa Nigeria Bola Ahmed Tinubu yavuze ko yababajwe cyane n’urupfa rwa John Okafor, wamamaye cyane ku izina rya Mr Ibu, ndetse ko Abanya-Nigeria batakaje umugabo wagize uruhare mu gukundisha amahanga sinema ya Nigeria. Perezida Tinubu, yifatanyije mu kababaro n’umuryango wa Mr Ibu, mu itangazo ryashyizwe hanze ku Cyumweru tariki 03 Werurwe n’Umujyanama we wihariye ushinzwe itangazamakuru muri Perezidansi, Ajuri Ngelale. Ni…

SOMA INKURU

“Hepatite” indwara zibasira umwijima izivugana benshi ku isi nta gikozwe

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku Buzima, OMS ryatangaje ko bizagera mu 2040 umubare w’impfu ziterwa n’indwara ya Hepatite wararenze uw’iziterwa na Sida, Igituntu na Malaria byose hamwe. Mu makuru OMS iheruka gushyira hanze yagaragaje ko ubwoko butandukanye bwa Hepatite buri mwaka bwica abagera kuri miliyoni hirya no hino ku Isi. Umuyobozi Mukuru wa OMS, Dr Tedros Ghebreyesus yavuze ko uretse kuba iyi ndwara yica buri mwaka hari n’umubare munini w’abatuye Isi babana nayo. Ati “Miliyoni z’abantu hirya no hino ku Isi zibana na Hepatite zitabizi nubwo uyu munsi aribwo…

SOMA INKURU

Umuhanzi ukunzwe muri Afurika amashusho y’indirimbo ye yamuteje ikibazo gikomeye

Ni amashusho y’indirimbo ya Asake ‘Only Me’ yashyize hanze tariki ya 29 Gashyantare 2024, agaragaramo ari kumwe n’ababyinnyi be bambaye nk’abapadiri ndetse bari gukora imwe mu migenzo ikorerwa mu Kiliziya. Uyu muhanzi ugezweho muri Afurika akomeje kwatswaho umuriro kubera amashusho y’indirimbo ‘Only Me’, benshi bagaragaza ko atesha agaciro Abakirisitu. Muri aya mashusho hari aho Asake agera ari kuri Alitari akajya atera ababyinnyi be amafaranga bakagwa hasi nabo bambaye nk’abapadiri, benshi bagaragaje ko ari ugusuzugura Kiliziya. Aya mashusho akijya hanze yateje impagaragara kuri ‘X’, aho abantu batandukanye bagiye bamubwira ko gukora…

SOMA INKURU

Ibyo wamenya kuri parike y’Akagera

Akagera ni imwe muri Parike nkuru z’igihugu cy’u Rwanda, ikaba iri ku buso bwa kilometero kare 1222, ikaba ikora ku turere twa Kayonza, Nyagatare na Gatsibo, mu ntara y’Iburasirazuba. Inyamaswa ziba muri parike y’Akagera ziba ahantu bitewe n’impamvu eshatu harimo aho inyamaswa ibonera umutekano, aho ikura ibyo kurya n’aho yabonera ubuhehere ndetse n’amazi. Abasura parike y’Akagera bavuga ko banezezwa n’ubwoko bw’inyamaswa buyibarizwamo by’umwihariko inyamaswa eshanu  nini z’inkazi  harimo Inkura, Intare, Imbogo, Inzovu n’Ingwe. Uretse buriya bwoko butanu bw’inyamaswa  z’inkazi muri parike y’Akagera hagaragaramo amoko y’inyoni agera kuri 490, ibiti by’iminyinya ndetse…

SOMA INKURU

Imyumvire yo kugendera kure yatiza umurindi SIDA ikomeje kwica abatari bake ku isi

Kwandura virusi itera SIDA kuri ubu ntibikiri nk’uko byari mu myaka 20 ishize, ariko ntibibujije ko SIDA ikiri ikibazo gikomeye gihangayikishije isi. Ku rwego rw’isi abasaga miliyoni 38,4 bafite virusi itera SIDA, muri bo miliyoni 36,7 ni abantu bakuru naho miliyoni 1,7 ni abana bari munsi y’imyaka 15, mu gihe 54% by’abafite virusi itera SIDA ari abagore n’abangavu, abenshi ni abo muri Afurika y’ubutayu bwa Sahara aho u Rwanda ruherereye. Ubushakashatsi bwakusanyije ibitekerezo by’inzobere ku bijyanye n’impamvu abantu barushaho kumva nabi iby’ubwandu bwa virusi SIDA kugeza aho iki cyorezo cyararika…

SOMA INKURU

Hakomeje kwibazwa ikihishe inyuma yo gucika intege kwa APR FC imbere ya Gasogi United

Umukino uheruka guhuza APR FC  na Gasogi United, aya makipe yombi yanganyije 0-0 ariko biciye muri penaliti, Gasogi United isezerera ikipe y’Ingabo kuri penaliti 4-3. Benshi bahise batangira kwibaza ibanga Gasogi United igendana iyo igiye gukina na APR FC, cyane ko bimaze kugaragara ko ikomeje kuyigora aho bahuriye hose. Aganira n’itangazamakuru, rutahizamu w’iyi kipe, Iradukunda Kabanda Serge, yavuze kimwe mu bimaze iminsi bibafasha kudatsindwa n’iyi kipe y’Ingabo. Ati “APR FC tuyifata nk’izindi kipe. Ni ikipe tumaze kumenyera, turayiga iyo tugiye gukina. Tukiga imikinire yayo. Umukino wa gicuti twakinnye tukayitsinda, watumye…

SOMA INKURU