Byinshi ku ndwara y’igituntu ndetse n’abo gikunze kwibasira kurusha abandi

Igituntu ni indwara ikunze gufata cyane cyane ibihaha, ikaba iterwa na bagiteri (bacteries). Uretse ibihaha, igituntu gishobora gufata n’izindi ngingo harimo igufwa ry’umugongo, impyiko, ndetse n’ubwonko. Ibimenyetso byakuburira ko wibasiwe n’indwara y’igituntu Ibimenyetso by’igituntu cyibasiye ibihaha ni inkorora irenge ibyumweru bibiri, iherekejwe no gukorora  ugacira amaraso, kubabara mu gituza cyangwa kubabara mu gihe uhumeka cyangwa ukorora, kunanuka, umunaniro udashira, umuriro, kubira  ibyuya mu ijoro no kunanirwa kurya. Mu gihe igituntu cyafashe impyiko, igufa ry’umugongo cyangwa ubwonko, ibimenyetso byacyo birahinduka, bitewe n’aho cyafashe. Iyo igituntu cyafashe igufwa ry’umugongo, umuntu ababara umugongo,…

SOMA INKURU

Rwanda: Nubwo malariya yagabanyutse, haracyagaragara ibyiciro by’abo yibasira cyane

Bugesera ni kamwe mu turere 10 mu gihe cyashize kagaragaragamo umubare uri hejuru w’abarwaye malariya, ariko kuri ubu inzego z’ubuzima zemeza ko yagabanyutse bifatika nyuma y’ingamba zikomatinyije yaba iz’ubwirinzi n’iz’ubuvuzi zafashwe. Nubwo bimeze gutya hari ibyiciro by’abo ikomeje kwibasira cyane. Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Nyamata, Dr Rutagengwa William, yatangaje ko mu myaka 15 ishize, malariya yahoze iri mu ndwara za mbere yaba mu bitaro ndetse no mu bigo nderabuzima by’akarere ka Bugesera, biturutse ku miterere yaho kuko ubushyuhe buhaba, ububobere, ibishanga, ibiyaga, ibihuru n’ibibanza bicyubakwa n’ibindi byatumaga imibu yororoka cyane,…

SOMA INKURU

Akato n’ihezwa bikomeye yakorewe ntibyamuciye intege, dore ibanga ryabimufashijemo

Ndagijimana Alufonse, ni umwe mu bafite virusi itera SIDA bo mu karere ka Musanze, atangaza ko nyuma yo kumenyekana ko yanduye virusi itera SIDA, yahawe akato ku buryo bukomeye n’umuryango, abaturanyi kugeza k’uwo bashakanye bamugira igicibwa. Atangaza ko ibi bitamuciye intege, ko ahubwo yaharaniye kubahiriza amabwiriza yahabwaga n’inzego z’ubuzima yamufasha kubaho mu buzima bwiza yirinda kwibasirwa n’ibyuririzi ndetse aniteza imbere. Ati: “Mbere bikimenyekana ko nanduye virusi itera SIDA nahawe akato ku buryo bukomeye, kugeza n’ubwo kunywera ku gikombe nanywereyeho bitashobokaga barakijugunyaga, abana ntibabe banyegera ntihagire n’ukandagira iwanjye ndetse no muri…

SOMA INKURU

Rubavu: Batewe impungenge n’abana bakoreshwa imirimo ivunanye

Abaturage bo mu karere ka Rubavu batewe impungenge ari nako batabariza abana bakoreshwa imirimo ivunanye mu birombe bibumba amatafari ndetse n’ababikoreza amabuye akoreshwa mu bwubatsi. Aba bana usanga bakoreshwa imirimo ivunanye biganjemo abo mu mirenge ya Nyundo na Rugerero, aho usanga abiganje muri iyi mirimo bakomoka mu miryango ikennye, aho bo bivugira ko baba bari gushaka ubuzima. Mu murenge wa Nyundo abana bakora mwene iyi mirimo biganjemo ab’imyaka irindwi kugeza kuri 13, barimo guca inshuro bashaka igitunga imiryango yabo, ibyo bamwe mu babyeyi banenga bavuga ko imiryango yabo yagafashijwe n’ubuyobozi,…

SOMA INKURU

Nyuma y’igihe kinini bivugwa ko bazimye, bagaragaye mu gitaramo umwe muri bo yavunikiyemo

Nyuma y’igihe kitari gito itsinda rya Urban Boys ritagaragara ndetse aho byanavugwaga ko ryasenyutse, ryongeye kugaragara mu gitaramo cya Platini P, nubwo umwe muri bo yahagiriye impanuka ndetse akaba atangaza ko yakurijemo imvune. Nizzo Kaboss akimara kugwa ubwo yari asubiye ku rubyiniro, yavuze ko icyabaye ari uko yanyereye, bityo ko ari impanuka. Iyi mpanuka yabaye ubwo abahoze muri Urban Boys bari ku rubyiniro mu gitaramo cya Platini P, aho yahanutse ku rubyiniro akubita hasi. Nizzo Kaboss wo mu itsinda rya Urban Boys yavuze ko kuva yava mu gitaramo cya Platini…

SOMA INKURU

Abasenateri bahishuye aho ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA bwiganje mu Rwanda

Abasenateri bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu kuri uyu wa 2 Mata 2024, babwiye Inteko Rusange ko basanze icyorezo cya SIDA mu rubyiruko gihangayikishije kuko mu turere 14 basuye hose ubwandu bushya bw’iki cyorezo buri mu rubyiruko ruri hagati yimyaka 19 na 24. Abasenateri kandi bagaragaje ko umuryango nyarwanda ukwiye gukangukira kuganiriza abana babo ibyerekeye icyorezo cya SIDA aho kujya babyumva ku bitangazamakuru gusa, cyangwa babibwiwe n’abantu babashuka bashaka kubabyaza umusaruro. Perezida wa Komisiyo Umuhire Adrie ati “Twasanze mu by’ukuri SIDA iri kwiyongera mu rubyiruko, ndetse n’inzego twaganiriye bakavuga…

SOMA INKURU

Amateka atangaje y’uwatorewe kuyobora Sénégal

Itumbagira ridasanzwe rya Bassirou Diomaye Faye rishyize umusozo ku gihe cyaranzwe n’impinduka zikomeye muri politiki ya Sénégal, cyatunguye benshi. Bacye ni bo bari barigeze bumva ibye mu mwaka ushize, none ubu yitezwe kuba perezida.  Amezi yamaze muri gereza hamwe n’inshuti ye Ousmane Sonko yanagize uruhare rukomeye mu kugenwa kwe nk’umukandida, ku mwanya wa perezida waRepubulika yarangiye mu buryo butunguranye, bombi bafungurwa habura icyumweru ngo amatora ya perezida abe. None ubu Faye agomba kwitegura gutangira gukora impinduka zisesuye yasezeranyije mu kwiyamamaza kwe. Uyu wize amategeko no kuyobora muri kaminuza akaza kuba…

SOMA INKURU

Rwanda: Akato n’ihezwa biracyakorerwa abafite virusi itera SIDA

Urugaga Nyarwanda rw’Abafite virusi itera SIDA (RRP+), rutangaza ko kugeza ubu hakigaragara akato n’ihezwa bikorerwa abafite virusi itera SIDA, bikaba bibangamira gahunda yo gukumira ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA. Umwe mu banyamuryango ba RRP+, Uwanyirigira Divine, ni umukobwa urangije amashuri yisumbuye wavukanye virusi itera SIDA, ariko bikaba bitaramuteye gucika intege ahubwo yiha gahunda yo gufata iya mbere mu kurwanya ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA yifashishije imbuga nkoranyambanga. Atangaza ko hari akato kakigaragara ku bafite virusi itera SIDA. Mu buhamya bwe, agira ati « Njye nagize amahirwe yo kudahabwa akato…

SOMA INKURU

Umuraperi w’igihangage yamennye ibanga ry’abagore babiri yifuje gusambanya icyarimwe

Umuraperi Kanye West yatangaje ko hari igihe yifuje gukorana imibonano mpuzabitsina icyarimwe n’uwari umukunzi we kera, Amber Rose n’umuraperi mugenzi we Nicki Minaj, mu myaka yashize. Uyu muraperi yavuze ko ibi yabyifuje ubwo yari kumwe muri studio na Nicki Minaj bakorana indirimbo yo kuri album yitwa “My Beautiful Dark Twisted Fantasy”. Nicki Minaj yaririmbye mu ndirimbo ko yifuza guhurira mu rugo na Kanye na Amber bagakora imibonano mpuzabitsina,mu ndirimbo bombi bakoranye muri 2010 yitwa“Monster” yasohotse kuri album My Beautiful Dark Twisted Fantasy. Muri iyi ndirimbo,Nick Minaj yavuze ko we na…

SOMA INKURU

Yemeza ko amarozi no gusabwa icyacumi byatumye asezera Ruhago

Kuri uyu wa mbere tariki 18 Werurwe 2024, mu kiganiro na B&B FM Nizeyimana Mirafa yatangaje ko icyatumye asezera kuri ruhago ari amarozi no gusabwa icya cumi biri mu byatumye asezera gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga ku myaka 28. N’ikiniga cyinshi yatangaje ko ibirimo amarozi, gusabwa amafaranga n’abo yari yizeye kumufasha ari bimwe mu byatumye asezera uyu mwuga akiri muto. Yagize ati “Icyanteye gusezera nkiri muto ni ikibazo gikomeye kijyanye n’ubufasha aho wiyambaza umuntu akakwereka ko hari icyo umugomba kugira ngo ubone ubwo bufasha rero ni ikintu cyambabaje.” Yakomeje agira…

SOMA INKURU