Uruhare rw’ihindagurika ry’ibihe ku igwingira ry’abana

Ihindagurika ry’ibihe rikomeje kugaragaza ingaruka zikomeye ku mibereho y’abaturage, by’umwihariko abatunzwe n’ubuhinzi. Imvura itagwa ku gihe, amapfa akabije cyangwa imvura nyinshi yangiza imyaka bigira ingaruka zikomeye ku mirire y’imiryango, cyane cyane ku bana bari munsi y’imyaka itanu bikabaviramo kugwingira. Mushimiyimana Pelajiya, umubyeyi wo mu karere ka Nyamasheke, avuga ko mu gihe cy’ihinga giheruka, imvura yatinze kugwa, maze imbuto babibye zumira mu butaka. Ati: “Twahinze ibishyimbo n’ibigori nk’uko bisanzwe, ariko imvura iratinda. Ibyinshi byarumye, ibisigaye bitanga umusaruro muke cyane. Ubu kubona ifunguro rihagije kandi ryuzuye ku bana ni ikibazo gikomeye.” Ibi…

SOMA INKURU

Imyaka 44 ishize Bikira Mariya abonekeye i Kibeho, ubuhamya bwaho bukomeje gukurura Isi

Kibeho yongeye kuba ihuriro ry’amasengesho, mu gihe hizihizwaga imyaka 44 ishize Bikira Mariya abonekeye bwa mbere Mukamazimpaka Nathalie, umwe mu bakobwa batatu bemejwe na Kiliziya Gatolika. Ni urugendo rw’imyaka myinshi rwamuranze n’ubuhamya bukomeye, bwagize Kibeho ikimenyabose ku Isi. Mukamazimpaka Nathalie, ubu ufite imyaka 62, avuga ko amabonekerwa ye atari make, nubwo ayabariwe hamwe n’abandi bantu ari 30 mu gihe cy’imyaka umunani yamaze abonekerwa. Ati: “Bikira Mariya yagiye anyiyereka inshuro nyinshi, rimwe ndi njyenyine mu buriri, ahandi ndi kumwe n’abandi, ku manywa cyangwa nijoro. Si ibintu byabaye rimwe gusa.” Aya mabonekerwa…

SOMA INKURU

Umunsi wa 14 wa shampiyona y’u Rwanda waranzwe n’impinduka nyinshi

Umunsi wa 14 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda wasize isura idasanzwe, ugaragaza impinduka n’uburyo amakipe yiyubatse mu gice kibanza cya shampiyona. Mu mikino yose yakinwe kuri uwo munsi, nta n’umwe warangiye amakipe anganyije, ibintu byongeye gushimangira ko iri rushanwa riri kugenda rizamo ishyaka ryinshi uko iminsi ishira. Mu mikino umunani yabaye, hinjiye ibitego 22, bingana n’umubare munini wagaragaye ku munsi umwe inshuro nke cyane. Ibi byashimishije abakunzi b’umupira w’amaguru, cyane cyane abari bitabiriye imikino yabereye ahantu hatandukanye. Umwe mu bafana bari i Kigali yagize ati: “Uyu munsi wari…

SOMA INKURU

Touadéra mu intsinzi, mu gihe abamurwanya bameza ko birengagijwe

Nyuma y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku itariki ya 28 Ukuboza 2025, imijyi myinshi ya Santrafurika yaranzwe n’amarangamutima atandukanye. Mu gihe bamwe bishimiraga intsinzi ya Faustin-Archange Touadéra, abandi bagaragazaga impungenge n’ubwumvikane buke ku mibare yatangajwe n’inzego z’amatora. Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Amatora (ANE) yatangaje by’agateganyo ko Perezida Touadéra yegukanye amajwi 76.15%, umubare wahise ugaragazwa nk’uwerekana icyizere gikomeye cy’abatoye. Nyuma ye hakurikiye Anicet-Georges Dologuele wagize amajwi 14.66%, mu gihe Henri-Marie Dondra yagize amajwi 3.19%. Ariko aba bahanganye bombi bahise batangaza ko batanyuzwe n’uko amatora yakozwe n’uko amajwi yabazwe. Umwe mu…

SOMA INKURU

Uvira mu mpinduka zidasanzwe: Kuhava kwa AFC/M23 icyuho cy’amahoro n’impungenge z’ejo hazaza

Mu masaha ya nimugoroba y’ejo hashize, nibwo umujyi wa Uvira wo mu Ntara ya Kivu y’Epfo watangiye kwinjira mu kindi gice cy’amateka, nyuma y’uko ihuriro rya AFC/M23 ritangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva muri uwo mujyi. Ni icyemezo cyafashwe mu rwego rwo guha amahirwe inzira y’ibiganiro by’amahoro biri kubera i Doha muri Qatar, ku bufatanye n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Gutangaza iki cyemezo byakurikiwe n’amarangamutima anyuranye mu baturage: hari ababyakiriye nk’intambwe iganisha ku mahoro arambye, n’abandi babifata nk’igihombo ku mutekano bari bamaze iminsi babona. Twabonye ituze, none dusubiye…

SOMA INKURU

Ibyabereye i Remera si ibihuha, Papa Cyangwe ashimangira ko yakuyemo isomo rikomeye

Mu ijoro ryo kuwa 22 Ugushyingo 2025, kuri Kigali Universe i Remera, ibyishimo byari byose, uruvunge rw’abafana baje kwifatanya na Papa Cyangwe mu myaka 5 yari amaze atangiye urugendo rwe rw’umuziki. Ariko inyuma y’urumuri n’amajwi, haje kuvuka amahane, hari abavugaga ko atishyuye abamuhaye ibyuma, we akavuga ko yafunzwe mu nyubako amasaha menshi ku gahato. Nyuma y’iminsi myinshi yo guterana amagambo ku mbuga nkoranyambaga, Papa Cyangwe yaje gushyira hanze itangazo rigaragaza ko ikibazo cyamaze gukemuka burundu. Ariko inyuma y’iryo tangazo, hari amagambo menshi. Ati: “Twese twarababaye”. Mu kiganiro yahaye itangazamakuru, Papa…

SOMA INKURU

Rwanda: Ingaruka z’ihindagurika ry’ibihe rikomeje guhungabanya imibereho y’abaturage

Mu mirima twabashije kugeraho iteyemo ibihingwa binyuraye yo mu karere ka Bugesera by’umwihariko amasaka n’ibigori byumye bitataraganya no kwera. Umuhinzi wari warabigize umwuga w’imyaka 45, Mukandayisenga Vestine yicaye ku gasozi yitegereza imyaka yahinze yiyushye akuya yahindutse umukungugu, amarangamutima aramurenga, mu ijwi ryuje ikiniga ati “Byose ni ingaruka z’ihindagurika ry’ibihe.” Mu ijwi ririmo agahinda ati: “Iminsi y’imvura ntabwo ikigira gahunda. Twabibye dutegereje imvura muri Nzeli, iza muri uku kwezi k’Ugushyingo none tugiye gusarura amapfa. Ibi byose byatumye tutabona na kimwe yaba icyo kurya cyangwa kugurisha.” Uyu ni umwe mu bihumbi by’abahinzi…

SOMA INKURU

Bruce Melodie ashobora gusangira urubyiniro na The Ben mu gitaramo cya “The New Year Groove 2026”

Ibiganiro hagati ya The Ben na Bruce Melodie bigamije gutegura igitaramo cya “The New Year Groove 2026” nubwo bikomeje kuba insobe, ariko biragaragara ko hari icyizere cy’uko aba bahanzi bombi bazaririmbana kuya 1 Mutarama 2026 muri BK Arena. Amakuru yaturutse mu bantu bari hafi y’aba bahanzi yemeza ko ibiganiro bitararangira neza, nubwo impande zombi zamaze kugera ku rwego rwiza rw’ubwumvikane. Umwe mu babikurikiranira hafi yagize ati: “Ibiganiro ntibirarangira, ariko biri ku rugero rwa 50/100. Hari amahirwe menshi ko bazakorana kuko ni ibintu abakunzi b’umuziki bamaze igihe bifuza.” Biravugwa ko icyatinze…

SOMA INKURU

RDC: Siporo yahindutse intambara ya politiki nyuma y’iserukiramuco rya Giants of Africa i Kigali

Mu gihe abenshi babonaga iserukiramuco rya Giants of Africa nk’urubuga rwo guteza imbere urubyiruko n’abatoza ba Basketball muri Afurika, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) byahindutse inkuru itunguranye. Ishyirahamwe rya Basketball muri iki gihugu (FEBACO) ryatangaje icyemezo gikakaye cyo kwirukana burundu abatoza bane n’abakinnyi batandukanye, nyuma yo kugaragara i Kigali bambaye ibirango by’igihugu batabiherewe uburenganzira. Guhera kuwa 26 Nyakanga kugeza kuya 2 Kanama 2025, u Rwanda rwabaye umurwa mukuru wa Basketball y’urubyiruko. Iserukiramuco rya Giants of Africa ryahuje abakinnyi n’abatoza baturutse mu bihugu birenga 15 bya Afurika birimo Ethiopia,…

SOMA INKURU

Rwanda: Umushinga wa miliyari 60 wo kubika gaz ushobora guhindura ubuzima bw’ingo nyinshi

Mu rwego rwo kugabanya ikoreshwa ry’inkwi n’amakara mu guteka, Sosiyete icuruza ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda (SP Ltd) yatangaje ko iri mu mushinga ukomeye wo kubaka ibigega bizabika gaz yo gutekesha bifite agaciro karenga miliyari 60 Frw. Uyu mushinga ukaba uteganywa gutangira gukora mu mwaka wa 2026. Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi mukuru wa SP, Habimana Claudien, mu kiganiro yagiranye na The New Times, yatangaje ko uyu mushinga ugamije gufasha igihugu kwihaza mu ngufu zitandukanye no guteza imbere ikoreshwa rya gaz mu ngo z’abanyarwanda, mu rwego rwo kugabanya ibikorwa bituma amashyamba acibwa…

SOMA INKURU