Guseswa kwa Gasogi United bikomeje kubera benshi urujijo

Guseswa kwa Gasogi United yari imwe mu makipe 16 akina Icyiciro cya Mbere mu Rwanda byatangajwe na Perezida wayo, Kakooza Nkuriza Charles (KNC), bikomeje kwibazwaho na benshi nyuma y’uko yafashe umwanzuro nyuma amaze gutsindwa na AS Kigali igitego 1-0 mu mukino wabaye ku wa 27 Mutarama 2024. Nubwo kugeza ubu bitarasobanuka niba KNC ashobora kwisubiraho nk’uko byagenze mu 2022 ubwo yavugaga ko akuye Gasogi United muri Shampiyona, ariko birasanzwe kenshi ko abayobozi b’amakipe y’umupira w’amaguru batwarwa n’amarangamutima bagafata ibyemezo byibazwaho na benshi, bikarangira bisubiyeho. KNC ntiyishimiye imisifurire yaranze uyu mukino, avuga ko…

SOMA INKURU

Ibanga ry’ubuzima burambye ku bafite virusi itera SIDA

Nk’uko Minisitiri y’Ubuzima ibinyujije mu kigo cy’igihugu cy’ubuzima  “RBC”, itangaza ko imibare y’abaturarwanda bafite virusi itera sida ari 3%.  Ni muri urwo rwego ikinyamakuru umuringanews.com cyifashishije ubushakashatsi bwatangarijwe  ku rubuga www.sidainfoservice.com, bwafasha abafite virusi itera SIDA kuramba. Ikintu cya mbere: Umuntu ufite  virusi itera SIDA agomba gukora ni ugufatisha ibizamini kugira ngo amenye uko umubare w’abasirikare bari mu mubiri we (CD4) bangana, kugira ngo mu gihe baba bagabanutse harebwe ikibitera gishakirwe igisubizo byihuse hagamijwe kwirinda kurwara SIDA ari nako yibasirwa n’ibyuririzi bitandukanye byanamuviramo kumuhitana. Ikintu cya kabiri: Umuntu ufite virusi…

SOMA INKURU

Umunyezamu Lionel Mpasi yagejeje ikipe ye muri 1/4 basezereye Misiri

Umunyezamu Lionel Mpasi yatsinze penaliti yagejeje ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku ntsinzi ikomeye mu gikombe cya Africa cy’ibihugu, isezerera Misiri yegukanye iki gikombe inshuro zirindwi, maze igera muri 1/4. Amakipe yombi yari yaguye miswi 1 -1 muminota 120. DR Congo niyo yabonye igitego cya mbere ku mupira watewe na Yoane Wissa maze Meschack Elia awinjiza n’umutwe mu izamu rya Misiri ku munota wa 37. Misiri – yahabwaga amahirwe muri uyu mukino, yaje kucyishyura hashize iminota icyenda gusa kuri penaliti ya Mostafa Mohamed. Misiri ariko yarangije ari abakinnyi…

SOMA INKURU

Rwanda: Imibare y’abaribwa n’inzoka iteye ikibazo, abayoboka abagombozi baraburirwa

Kuribwa n’inzoka ni imwe mu ndwara zirindwi zititabwaho uko bikwiriye zihangayikishije u Rwanda, dore ko hagaragaye abasaga 1500 bagize iki kibazo. Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima gitangaza ko uyu ari umubare w’abagannye amavuriro babashije kumenyekana gusa, ko ariko iyi ari imwe mu ndwara iviramo ubumuga uwariwe n’inzoka igihe atihutiye kujya kwa muganga mu minota 30 akimara kurumwa n’inzoka ndetse n’urupfu rudasigaye. Kubura ubuzima bikomoka ku ndwara zititabwaho uko bikwiriye harimo no kurumwa n’inzoka ndetse no kugira ubumuga burimo kugira ibinya ku gice runaka (Paralysie) bitewe n’ubumara bw’inzoka yakurumye ndetse n’icyo wakoze nyuma…

SOMA INKURU

Nyuma yo guhindura imyumvire ku ikoreshwa ry’ifumbire yo mu musarani, bishimira inyungu byabagizeho

Abaturage bo murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera batangaza ko nyuma y’ubukangurambaga bwabayeho babamenyesha ibibi byo gufumbiza umwanda wo mu musarani ndetse n’ingaruka zitabarika zigera ku bawukoresha, bafashe umwanzuro wo kureka, bakaba bemeza ko ikibazo cyo kurwaza inzoka cyagabanutse ku buryo bufatika ndetse n’umusaruro wiyongereye. Mukapasika Josephine ni umujyanama w’ubuzima akaba n’umwe mu bagizweho ingaruka no gufumbiza umwanda wo mu musarani, atuye mumurenge wa Cyanika, akagari ka Gasiza, umudugudu wa Nyamiyaga, atangaza ko bagikoresha iyi fumbire byabagiragaho ingaruka nyinshi cyane, by’umwihariko mu bwana bwe n’abo bavukana. Ati: “Iwacu mu…

SOMA INKURU

Rubavu-Mudende: Bishimira intambwe bateye mu guhashya umwanda nubwo hakiri imbogamizi

Abaturage bo mu karere ka Rubavu, mu murenge wa Mudende, mu kagari ka Bihungwe, baturuka mu midugudu inyuranye batangaza ko bahinduye imyumvire bayoboka isuku n’isukura babikesha inyigisho zinyuranye bahabwa n’itorero ryabo, nubwo bemeza ko bagifite inzitizi ibakomereye ibangamira uyu muco mwiza biyemeje. Batangaza ko umwanda wari warababayeho akarande, kwikoza amazi ari ikibazo, kwituma ku gasozi byarabaye umuco, indwara z’umwanda zibahekura ubutitsa, amakimbirane ahoraho yo kwitana abarozi kandi ari ingaruka z’umwanda. Nsengimana Jean Mari Vianey, umuturage wo mu mudugudu wa Mwirima, akagari ka Bihungwe, umurenge wa Mudende, atangaza ko umwanda wari…

SOMA INKURU

Intambwe zagufasha kureka itabi no kwirinda ingaruka zaryo

Usanga hirya no hino duhura n’abantu banyuranye bo ubwabo bivugira ko bazi neza ko nubwo banywa itabi ari umwanzi ukomeye w’ubuzima, ko ariko byabananiye kurivaho, yemwe hari n’umugani ugira uti “icyo umutima ukunze amata aguranwa itabi”, ariko ntibikwiriye kuko itabi ni umwanzi ukomeye w’ubuzima. Ni muri urwo rwego umuringanews.com, yifashishije ubushakashatsi bunyuranye mu rwego rwo gufasha abakunzi bacu uko bakwirinda itabi ndetse n’ingaruka zaryo. Ibintu 8 wakora bikagufasha kureka itabi 1.Andika impamvu kureka itabi Bihe igihe gihagije cyo kubitekerezaho, andika impamvu ziguteye gutuma ureka kunywa itabi.  Urugero ushobora kwandika uburyo…

SOMA INKURU

Gisagara:14% barwaye inzoka zo mu nda, dore imwe mu mpamvu muzi itera iki kibazo

Gisagara ni kamwe mu turere tugaragaramo abaturage bakoresha ifumbire ikomoka ku mwanda wo mu musarani bari ku kigero cya 40% ku ngo zakoreweho ubushakashatsi. Ku rundi ruhande Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), kikaba gitangaza ko iyi fumbire ari isoko y’ndwara z’inzoka zo mu nda, harimo izifite ubushobozi bwo kwandura mu gihe kigera ku myaka 5 yaba mu gihe cy’ihinga, isarura ndetse no gufungura. Nubwo RBC, itangaza ibi yaba abaturage ndetse n’umuyobozi w’ ishami ry’ubuhinzi n’ubworozi n’umutungo kamere mu rwego rw’akarere bemeza ko iyi fumbire ikomoka ku mwanda wo mu musarani itanga…

SOMA INKURU

Iminota y’inyongera yakoze ku ikipe ya Ghana

Mozambique yatsinze ibitego bibiri mu minota itatu gusa y’inyongera isezerera Ghana ariko nayo ntiyasigaye kuko zombi zagize amanota 2 bikura Ghana mu makipe yashoboraga kuzamuka mu kindi cyiciro. Ghana yari yatsinze ibitego bibiri bya Jordan Ayew byose kuri penaliti ndetse mu minota 90 bari bafite ibitego 2-0 biyizeye. Umusifuzi yongeyeho iminota 6 yabyariye Ghana gusezererwa kuko ku monota wa 2 Geny Katamo yatsinze penaliti, iturutse kuri Andre Ayew wakoze umupira n’ukuboko mu rubuga rw’amahina. Ku munota wa 4, Reinildo Mandava yatsinze igitego cya kabiri n’umutwe ku mupira umunyezamu Ofori yarengeje…

SOMA INKURU

Bimwe mu byifuzo byabafasha kwirinda virusi itera SIDA

Hirya no hino mu gihugu hagaragara abatwara abagenzi kuri moto “abamotari”, abenshi muri bo bakaba babarizwa mu cyiciro cy’urubyiruko, kuri ubu ubushakashatsi bukaba bwarerekanye ko rwibasiwe cyane n’ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA, hejuru y’ibyo bakaba ari abantu bakora akazi kabahuza n’abantu benshi batandukanye aho batangaza ko hatabayeho kwirinda ariko bakanabifashwamo n’inzego zinyuranye z’ubuzima icyorezo cya virusi itera SIDA kitabareba izuba. Kubwimana Anatori, utuye mu mudugudu wa Kacyiru, akagali ka Mahango, umurenge wa Rebezo, mu karere ka Ngoma, yagize ati “Urubyiruko rwinshi rw’abamotari bahura n’ibibazo byo kwandura indwara zandurira mu…

SOMA INKURU