Rubavu-Mudende: Bishimira intambwe bateye mu guhashya umwanda nubwo hakiri imbogamizi

Abaturage bo mu karere ka Rubavu, mu murenge wa Mudende, mu kagari ka Bihungwe, baturuka mu midugudu inyuranye batangaza ko bahinduye imyumvire bayoboka isuku n’isukura babikesha inyigisho zinyuranye bahabwa n’itorero ryabo, nubwo bemeza ko bagifite inzitizi ibakomereye ibangamira uyu muco mwiza biyemeje. Batangaza ko umwanda wari warababayeho akarande, kwikoza amazi ari ikibazo, kwituma ku gasozi byarabaye umuco, indwara z’umwanda zibahekura ubutitsa, amakimbirane ahoraho yo kwitana abarozi kandi ari ingaruka z’umwanda. Nsengimana Jean Mari Vianey, umuturage wo mu mudugudu wa Mwirima, akagari ka Bihungwe, umurenge wa Mudende, atangaza ko umwanda wari…

SOMA INKURU

Intambwe zagufasha kureka itabi no kwirinda ingaruka zaryo

Usanga hirya no hino duhura n’abantu banyuranye bo ubwabo bivugira ko bazi neza ko nubwo banywa itabi ari umwanzi ukomeye w’ubuzima, ko ariko byabananiye kurivaho, yemwe hari n’umugani ugira uti “icyo umutima ukunze amata aguranwa itabi”, ariko ntibikwiriye kuko itabi ni umwanzi ukomeye w’ubuzima. Ni muri urwo rwego umuringanews.com, yifashishije ubushakashatsi bunyuranye mu rwego rwo gufasha abakunzi bacu uko bakwirinda itabi ndetse n’ingaruka zaryo. Ibintu 8 wakora bikagufasha kureka itabi 1.Andika impamvu kureka itabi Bihe igihe gihagije cyo kubitekerezaho, andika impamvu ziguteye gutuma ureka kunywa itabi.  Urugero ushobora kwandika uburyo…

SOMA INKURU

Gisagara:14% barwaye inzoka zo mu nda, dore imwe mu mpamvu muzi itera iki kibazo

Gisagara ni kamwe mu turere tugaragaramo abaturage bakoresha ifumbire ikomoka ku mwanda wo mu musarani bari ku kigero cya 40% ku ngo zakoreweho ubushakashatsi. Ku rundi ruhande Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), kikaba gitangaza ko iyi fumbire ari isoko y’ndwara z’inzoka zo mu nda, harimo izifite ubushobozi bwo kwandura mu gihe kigera ku myaka 5 yaba mu gihe cy’ihinga, isarura ndetse no gufungura. Nubwo RBC, itangaza ibi yaba abaturage ndetse n’umuyobozi w’ ishami ry’ubuhinzi n’ubworozi n’umutungo kamere mu rwego rw’akarere bemeza ko iyi fumbire ikomoka ku mwanda wo mu musarani itanga…

SOMA INKURU

Bimwe mu byifuzo byabafasha kwirinda virusi itera SIDA

Hirya no hino mu gihugu hagaragara abatwara abagenzi kuri moto “abamotari”, abenshi muri bo bakaba babarizwa mu cyiciro cy’urubyiruko, kuri ubu ubushakashatsi bukaba bwarerekanye ko rwibasiwe cyane n’ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA, hejuru y’ibyo bakaba ari abantu bakora akazi kabahuza n’abantu benshi batandukanye aho batangaza ko hatabayeho kwirinda ariko bakanabifashwamo n’inzego zinyuranye z’ubuzima icyorezo cya virusi itera SIDA kitabareba izuba. Kubwimana Anatori, utuye mu mudugudu wa Kacyiru, akagali ka Mahango, umurenge wa Rebezo, mu karere ka Ngoma, yagize ati “Urubyiruko rwinshi rw’abamotari bahura n’ibibazo byo kwandura indwara zandurira mu…

SOMA INKURU

Covid-19 ntikiri indwara yo mu buhumekero gusa- Ubushakashatsi

Icyorezo ya COVID-19 cyafatwaga nk’indwara yo mu myanya y’ubuhumekero gusa. Ariko ubushakashatsi bwagaragaje ko Corona virusi yinjirira mu myanya y’ubuhumekero ariko bimwe mu byagaragajwe n’abahanga b’abashakashatsi nuko hari ibizamini byagiye bikorerwa ku bantu bahitanywe na COVID-19 hakagaragara ko COVID-19 igenda ikagera aho yangiza imitsi itwara amaraso uhereye mu bihaha ndetse n’ibindi bice by’umubiri. Iyo imitsi yangiritse ituma amaraso adatembera neza bityo hakabaho kwirema kw’ibibumbe byamaraso bigenda bizibira amaraso ntabashe gutambuka neza ngo agere aho agiye. Ibi bishobora gutuma habaho indwara zibasira umutima (heart attack), Stroke na Gangrene. Indwara zibasira Umutima…

SOMA INKURU

Hagaragajwe ibibazo by’ingutu byugarije urwego rw’ubuzima

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Nsanzimana Sabin yatangarije abadepite bagize Komisiyo ya politiki, uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore mu iterambere ry’igihugu bimwe mu bibazo by’ingutu bibangamiye urwego rw’ubuzima birimo ubuke bw’abakozi, imibereho yabo iri hasi iterwa ahanini no kuba bahembwa umushahara muke. Minisitiri Nsanzimana yagaragaje ko abakora mu rwego rw’ubuvuzi bafite ibibazo bitandukanye, bikeneye gukemurwa kugira ngo umusaruro wabo ukomeze kwiyongera. Ati “ Ntabwo ikibazo ari umubare muke gusa gusa. Harimo n’uburyo bakoreramo, ubuke bwabo butuma batabona n’ikiruhuko, na byo twagiye tubirebaho, haba umushahara ndetse n’agahimbazamusyi, turi gukorana n’inzego za Leta ku buryo kajya…

SOMA INKURU

Rusizi: Baratabaza nyuma y’aho amashyuza akomeje gutwara ubuzima bw’abatari bake

Abaturage bo mu karere ka Rusizi n’abaturuka imihanda yose bajya kwivurisha amazi ashyushye ava mu butaka bita amashyuza, bishimira ko yongeye kugaruka, bagasaba inzego z’ubuyobozi ko hashyirwaho imicungire inoze mu kwirinda impanuka. Uku gusaba imicungire inoze yayo bije  kuko akomeje gutwara ubuzima bw’abantu barimo n’umwana wayaguyemo ku wa Kabiri tariki 2 Mutarama mu 2024. Ubusanzwe bamwe mu bayakoresha bemeza ko hari ubwo bayajyamo barwaye akabafasha korohererwa dore ko hari n’abakora ibilometero byinshi bagiye kwifashisha aya mazi avugwaho kuvura indwara z’imitsi, iz’uzurwungano ngogozi n’iz’impyiko. Nubwo bimeze bityo ariko hari ubwo hashobora…

SOMA INKURU

Impamvu y’intandaro y’agahinda gakabije mu rubyiruko rwa USA

Kaminuza ya Harvard muri Amerika ishami ry’uburezi, muri raporo bashyize ahagaragara bagaragaje ko urubyiruko ruri hagati y’imyaka 18 na 25 muri Leta zunze ubumwe za Amerika, rwibasiwe n’indwara z’umuhangayiko n’agahinda gakabije ruterwa no kubaho nta ntego ndetse n’igisobanuro cy’ubuzima. Iyi raporo ishingiye ku bushakashatsi bwakozwe mu Ukuboza 2022 hifashishijwe urubyiruko rusaga 709 ruri hagati y’imyaka 18 na 25. Muri 709 bifashishijwe mu bushakashatsi, 29% bavuze ko bafite ikibazo cy’agahinda gakabije ndetse 36% bafite ikibazo cy’umuhangayiko. Abagera kuri 58% bavuze ko agahinda gakabije bagaterwaga no kutagira intego ndetse no kubura igisobanuro…

SOMA INKURU

Ubwoko bushya bwa coronavirus bukomeje gukwirakwira ku isi, abatarikingije mu kaga gakomeye

Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe kugenzura no kurwanya indwara “CDC” cyatangaje ko indwara ya Coronavirus yihinduranyije izwi nka “JN.1”  ikomeje gukwirakwira muri iki gihugu, ndetse mu byumweru bike ishobora no kuba yageze mu bindi bice by’Isi, kigaragaza ko abanze gufata inkingo za Covid-19 zirimo n’izishimangira ari bo bari mu byago bikomeye, kuko ubudahangarwa bw’imibiri yabo bufite ubushobozi buri hasi cyane bwo kuba bwahangana n’iyi ndwara. Iki kigo kigaragaza ko mu bandura Coronavirus bashya, abari kuba bafite JN.1 bangana na 20%, ikavuga ko iri kuzamuka ku buryo bwihuse…

SOMA INKURU

Ibyakorwa n’ushaka kugabanya umubyibuho ukabije nta ngaruka bimugizeho

Umuntu bemeza ko afite umubyibuho udasanzwe iyo ibipimo bya “BMI (Body Mass Index)” birenze 25,  ibyago byinshi biterwa no kugira umubyibuho ukabije harimo kugira indwara zinyuranye z’umutima, diyabete, kubura urubyaro ku bagore, kunanirwa gutera akabariro ku bagabo, n’ibindi binyuranye. Muri iyi nkuru rero tugiye kuganira ibyo wakora kugira ngo ushobore gutakaza ibiro kandi nta zindi ngaruka bikugizeho ndetse n’ibyo wakoresha kugira ngo ubigereho hifashishijwe ubushakashatsi bwatangajwe ku rubuga rwa sante.fr Gerageza gusezera isukari n’ibyo irimo byose Niba ushaka gutakaza ibiro no kunyunguta bombo ntuba ukibyemerewe. Kunywa soda kizabe ikizira kuri…

SOMA INKURU