Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, yagaragaje ko inzoga n’ibiyobyabwenge bidakwiriye mu nzira y’urubyiruko rushaka amahirwe y’akazi. Mu kiganiro kuri KT Radio kuri uyu wa Mbere, cyibanze ku kibazo cyo kumenya niba amahirwe y’akazi ari impamo cyangwa inzozi, Minisitiri Utumatwishima yavuze ko kugira inzozi ari byiza, ariko gukora ku nzozi bisaba kwitwararika. Ati: “Wibaza ko ushobora kuba umukire cyangwa ufite akazi keza nyuma yo kunywa Icyuma, Suruduwire n’inzoga zidafite ubuziranenge? Inzozi si ibyo kunywa gusa! Ugomba kubanza kwitegura, wita ku buzima bwawe, ube umuntu utekanye kandi utunganye.” Yagaragaje…
SOMA INKURUYear: 2026
Umuriro mu Burasirazuba bwo Hagati: Iran ntiyemera ibiganiro na USA
Umwuka w’intambara uriyongera mu Burasirazuba bwo Hagati, aho Iran yatangaje ko ititeguye ibiganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’aho ibitero byifatanyije na Isiraheli ku butaka bwayo byaguyemo abasirikare benshi kuva kuwa 28 Gashyantare 2026. Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, imirwano yakomeye mu bice bitandukanye aho Amerika ifite ibirindiro birimo Doha muri Qatar, Kuwait na Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Impungege z’abaturage n’abashoramari zikomeje kwiyongera, aho bafite ubwoba ko intambara ishobora kumara igihe kirekire. Abaturage n’abapolisi bahuye n’ingaruka z’ibi bitero bagaragaza ubwoba n’agahinda. Umuturage wo muri…
SOMA INKURURwanda: Haravugwa zimwe mu mpamvu z’izamuka ry’ibiciro by’ibikorerwa mu nganda
Ibiciro by’ibikorerwa mu nganda zo mu Rwanda bikomeje kuzamuka, aho mu kwezi kwa Mutarama 2026 byiyongereyeho 4,8% ugereranyije na Mutarama 2025. Ibi byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare “NISR” muri raporo yasohotse kuri uyu wa mbere tariki 2 Werurwe 2026. Isesengura ry’iyi raporo rigaragaza ko izamuka rikomeye ryagaragaye cyane mu nganda zitunganya amabuye y’agaciro zazamutseho 20,4%, mu gihe ibiciro by’amashanyarazi byazamutse ku kigero cya 34,8% n’izamuka rya 2,5% mu nganda zikora ibicuruzwa bitandukanye. Umucuruzi ukorera mu Mujyi wa Kigali, twaganiriye, yavuze ko izamuka ry’amashanyarazi rifite ingaruka ku biciro by’ibicuruzwa bya buri munsi.…
SOMA INKURUUrupfu rwa Lt Col Willy Ngoma rukomeje kuvugwaho byinshi
Urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma, wahoze ari umuvugizi w’ihuriro AFC/M23, rukomeje guteza impaka mu karere. Yishwe ku wa 24 Gashyantare 2026, mu gihe hari hasabwe agahenge kugira ngo habe ibiganiro hagati y’impande zihanganye. AFC/M23 ivuga ko yishwe n’ingabo za FARDC zifatanyije n’indi mitwe, zakoresheje indege na drones mu bice bya Masisi. Mu kiganiro kuri Televiziyo y’Igihugu, Senateri Evode Uwizeyimana yagaragaje ko niba urwo rupfu rwarabaye mu gihe cy’agahenge, rushobora gufatwa nk’icyaha cy’intambara. Yagize ati: “Iyo hari agahenge kasabwe, kukarengaho no kugaba ibitero bishobora kubarwa nk’icyaha cy’intambara mu mategeko mpuzamahanga.”…
SOMA INKURUAPR VC isohotse mu mikino ya kamarampaka: Ihinduka n’ibura ry’abakinnyi birashyirwa mu majwi
Ikipe ya APR Volleyball Club, yari isanzwe ifatwa nk’igihangange muri shampiyona y’u Rwanda, yasoje umwaka idakinnye imikino ya kamarampaka (Playoffs) ku nshuro ya mbere kuva hahindurwa imiterere ya shampiyona. Hakaba hakomeje gushyirwa mu majwi ikibazo cy’abakinnyi. Nubwo iyi kipe ari yo ibitse ibikombe bibiri biheruka, yasoje ku mwanya wa gatanu n’amanota 33, inganya na REG VC na Police VC, ariko irushwa ku kinyuranyo cy’imikino yatsinze n’amaseti. Umufana umwe twaganiriye yagize ati: “Biragoye kubyakira. Ikipe iri mu makipe ane ya mbere muri Afurika, ibitse igikombe, ntiyagombye kubura muri Playoffs.” Uyu ni…
SOMA INKURU“Turi abantu mbere yo kuducira imanza”: Basaba kubahwa no kurengerwa nk’abandi
Mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2026, abakora akazi k’uburaya basanzwe bamenyerewe ku izina ry’“indatwa” bo mu Mujyi wa Kigali hamwe n’abandi bo tundi turere, batangaje impinduka bahitamo kwitwa “uturabo tw’abagabo”, izina bavuga ko ribafasha kwitandukanya n’imvugo zibasesereza ari nako basaba ko bafatwa nk’abandi baturage bose bafite uburenganzira busesuye. Umwe mu bahagarariye abakora aka kazi muri kamwe mu turere tugize Umujyi wa Kigali, utifuje ko amazina ye atangazwa kubera impamvu z’umutekano, avuga ko ikibazo nyamukuru atari akazi bakora, ahubwo ari uko badafatwa nk’abantu bafite agaciro n’uburenganzira. Ati: “Akenshi abantu ntibadufata nk’abandi…
SOMA INKURUUruhare rw’ihindagurika ry’ibihe ku igwingira ry’abana
Ihindagurika ry’ibihe rikomeje kugaragaza ingaruka zikomeye ku mibereho y’abaturage, by’umwihariko abatunzwe n’ubuhinzi. Imvura itagwa ku gihe, amapfa akabije cyangwa imvura nyinshi yangiza imyaka bigira ingaruka zikomeye ku mirire y’imiryango, cyane cyane ku bana bari munsi y’imyaka itanu bikabaviramo kugwingira. Mushimiyimana Pelajiya, umubyeyi wo mu karere ka Nyamasheke, avuga ko mu gihe cy’ihinga giheruka, imvura yatinze kugwa, maze imbuto babibye zumira mu butaka. Ati: “Twahinze ibishyimbo n’ibigori nk’uko bisanzwe, ariko imvura iratinda. Ibyinshi byarumye, ibisigaye bitanga umusaruro muke cyane. Ubu kubona ifunguro rihagije kandi ryuzuye ku bana ni ikibazo gikomeye.” Ibi…
SOMA INKURUAbashakashatsi bemeje ubwoko bushya bw’amaraso
Mu gihe ubuvuzi bukomeje gutera intambwe ishimishije, abashakashatsi bo mu Bwongereza batangaje ko habonetse ubwoko bushya bw’amaraso, bwiyongereye ku busanzwe buzwi ku Isi. Ubu bwoko bushya bwiswe MAL. Iyi ntambwe yagezweho n’abahanga bo mu kigo NHS Blood and Transplant, bafatanyije n’abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Bristol, nyuma y’imyaka irenga 50 hari urujijo ku gice cy’ingenzi kigize amaraso cyari kimaze igihe kitumvikana neza mu buvuzi. Mu 1972, abahanga bari bavumbuye antigen y’amaraso bise AnWj, ariko ntibamenye ubwoko bw’amaraso iyikomokaho. Antigen ni proteyine ziboneka ku nsoro zitukura, zigira uruhare runini mu gutuma…
SOMA INKURUNi Ibyishimo by’igihe gito, zikabyara igihombo kirambye
Nubwo inzoga zifatwa na benshi nk’isoko y’ibyishimo n’imibanire, inzobere mu buzima zigaragaza ko kunywa inzoga birenze urugero bifite ingaruka zikomeye ku buzima bw’umubiri n’ubw’ubwonko, zikaba zishobora no guteza ibibazo bikomeye ku muntu uzinywa, ababana nawe ndetse n’umuryango nyarwanda muri rusange. Dr. Murenzi, umuganga w’indwara zo mu mutwe, avuga ko inzoga ari imwe mu bitera indwara nyinshi kandi zitavurwa mu buryo bworoshyebyoroshye. Ati: “Inzoga nyinshi zangiza umwijima, umutima n’ubwonko. Ku bantu bamwe, bitangira nk’imyidagaduro, ariko bikarangira ari uburwayi buhoraho cyangwa ububata bukabije.” Ubushakashatsi bwa Minisiteri y’Ubuzima bugaragaza ko kunywa inzoga bikabije…
SOMA INKURUImyaka 44 ishize Bikira Mariya abonekeye i Kibeho, ubuhamya bwaho bukomeje gukurura Isi
Kibeho yongeye kuba ihuriro ry’amasengesho, mu gihe hizihizwaga imyaka 44 ishize Bikira Mariya abonekeye bwa mbere Mukamazimpaka Nathalie, umwe mu bakobwa batatu bemejwe na Kiliziya Gatolika. Ni urugendo rw’imyaka myinshi rwamuranze n’ubuhamya bukomeye, bwagize Kibeho ikimenyabose ku Isi. Mukamazimpaka Nathalie, ubu ufite imyaka 62, avuga ko amabonekerwa ye atari make, nubwo ayabariwe hamwe n’abandi bantu ari 30 mu gihe cy’imyaka umunani yamaze abonekerwa. Ati: “Bikira Mariya yagiye anyiyereka inshuro nyinshi, rimwe ndi njyenyine mu buriri, ahandi ndi kumwe n’abandi, ku manywa cyangwa nijoro. Si ibintu byabaye rimwe gusa.” Aya mabonekerwa…
SOMA INKURU