Abasenateri bagaragaje ko hakwiriye kugira igikorwa mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ubucucike mu magereza yo mu Rwanda aho kiri hejuru ya 120%. Iki kibazo si ubwa mbere kiganirwaho kuko mu Nteko Ishinga Amategeko muri Komisiyo y’Imibereho Myiza n’Uburenganzira bwa muntu yagicukumbuye muri 2018 na 2019. Icyo gihe yagejeje kuri guverinoma umwanzuro wasabaga ko hakwihutishwa ishyirwaho ry’iteka rya Perezida rigena uburyo bwo gukora igihano cy’imirimo y’inyungu rusange no kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’iteka rya Minisitiri ufite ubutabera mu nshingano ze rigena uburyo ukekwaho icyaha ashobora kugenzurwa hifashishijwe ikoranabuhanga. Kugeza ubu ibyo…
SOMA INKURUMonth: February 2022
Nyuma y’aho Minisitiri asabye ko abanyeshuri b’abatinganyi birukanwa imyigaragambyo yakaze
Minisitiri ushinzwe uburezi muri Kenya, Prof George Magoha yasabye ko abanyeshuri baryamana n’abo bahuje ibitsina bakurwa mu bigo byiga bibacumbikira, bakiga bataha ngo batigisha ingeso mbi bagenzi babo. Prof George Magoha yavuze ko ubusanzwe ntacyo apfa n’abaryamana bahuje ibitsina, gusa ngo si byiza kubavanga n’abandi bana by’umwihariko aho barara. Yavuze ko kubareka bakiga bataha bizafasha ababyeyi babo kubakurikiranira hafi. Abitangaje nyuma y’uko umwana umwe w’umuhungu mu mujyi wa Nairobi asambanyijwe n’umwe mu bo bigana bahuje igitsina. Ntabwo amagambo ya Prof George Magoha yakiriwe neza ku mbuga nkoranyambaga kuko hagaragaye benshi…
SOMA INKURUAlgeria: Kubera ibura ry’akazi hafashwe ingamba zikomeye ku bashomeri
Perezida wa Algeria, Abdelmadjid Tebboune yatangaje ko mu minsi ya vuba abashomeri mu gihugu cye bazajya bagenerwa amafaranga abatunga mu rwego rwo guhangana n’ikibazo gikomeye cy’ibura ry’akazi. Abdelmadjid Tebboune yabwiye abanyamakuru ko guhera muri Werurwe uyu mwaka, abashomeri bafite imyaka iri hagati ya 19 na 40 bazajya bagenererwa amafaranga ya buri kwezi yo kubabeshaho. Abazemererwa guhabwa ayo mafaranga, BBC yatangaje ko ku kwezi bazajya bishyurwa amadolari ijana (hafi ibihumbi 100 Frw), bakishyurirwa ubwisungane mu kwivuza kandi bakabihabwa kugeza babonye akazi. Perezida Abdelmadjid Tebboune yavuze ko Algeria aricyo gihugu cya mbere…
SOMA INKURUUmuburo wa Meteo Rwanda ku mvura nyinshi
Ubutumwa bwatanzwe na Meteo Rwanda bugaragaza ko mu bice bitandukanye by’igihugu muri iki cyiciro cya kabiri cya Gashyantare 2022, ni ukuvuga guhera kuya 10 kugera kuwa 20 Gashyantare 2022 hateganyijwe imvura nyinshi iruta iyari isanzwe igwa. Meteo Rwanda yagaragaje ko hateganyijwe ko imvura izakomeza kuba nyinshi kandi ikazaba iri hejuru y’ikigero cy’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa mu gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Gashyantare mu Rwanda. Ubutumwa bwayo bukomeza bugira buti “Imvura iteganyijwe izaba iri hagati ya milimetero 50 na 200 mu gihe cy’iminsi icumi y’iri teganyagihe, mu gihe impuzandengo y’imvura isanzwe…
SOMA INKURUBiyemeje kurushaho kunoza umurimo babikesha Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare
Nyuma y’iminsi igera kuri itanu bahugurwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare “NISR” ku ibarurishamibare rishingiye ku buringanire, abayitabiriye bo mu nzego zinyuranye baturutse mu turere 15 hamwe n’Umujyi wa Kigali bemeza ko ubumenyi bayakuyemo buzabafasha kurushaho kunoza umurimo. Ushinzwe uburinganire n’iterambere ry’umuryango mu karere ka Nyabihu, Uwurukundo Monique yatangaje ko ashima cyane NISR kuba yarabatekereje nk’abashinzwe gukurikirana ihame ry’uburinganire mu karere ikabahugura. Yemeza ko aya mahugurwa yabafunguye amaso bituma n’aho batajyaga babona imibare ku ihame ry’uburinganire, babashishije kumenya aho bayishakira ndetse n’uburyo bagomba kuyikorera ubusesenguzi kugira ngo ibashe gukoreshwa mu mirimo ya…
SOMA INKURUUwari ushinzwe gukurikirana ibikoresho by’Amavubi yitabye Imana
Baziki Pierre wari ushinzwe gukurikirana ibikoresho by’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, yitabye Imana azize uburwayi. Baziki Pierre yitabye Imana Muri iki gitondo cyo ku wa Mbere tariki 14 Gashyantare 2022, ni bwo hamenyekanye inkuru y’akababaro y’uko Baziki Pierre wari umaze hafi imyaka 10 ari Kit Manager w’Amavubi, yitabye Imana. FERWAFA ibinyujije ku rubuga rwa Twitter yagize iti “Tubabajwe no kubamenyesha inkuru y’incamugongo, y’urupfu rw’uwahoze ari umukozi ushinzwe gucunga ibikoresho (kit Manager), mu ikipe nkuru y’igihugu, Baziki Pierre, witabye Imana azize uburwayi”. Yakomeje igira iti “FERWAFA yihanganishije umuryango wa nyakwigendera. Ruhukira mu mahoro…
SOMA INKURUPasiporo zikoranye ikoranabuhanga zizajya zifashishwa muri “EAC” zasohotse
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka “DGIE”, rwahamagariye abanyarwanda gusaba pasiporo zikoranye ikoranabuhanga zizajya zifashishwa nk’iz’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba “EAC”, zigasimbura izari zisanzwe. Ni mu gihe uru rwego ruherutse gutangaza ko Pasiporo Nyarwanda zisanzwe zizaba zacyuye igihe [ni ukuvuga ko zizaba zitagikoreshwa] guhera tariki 28 Kamena 2022. Itangazo rya DGIE ryo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare 2022, rivuga ko ubu abantu basanzwe bafite pasiporo zishaje zitaracyura igihe bashobora gusaba pasiporo ikoranye ikoranabuhanga ya EAC. Muri 2019, Guverinoma y’u Rwanda ni bwo yari yatangaje ko tariki 28 Kamena 2021 pasiporo…
SOMA INKURUUmuyobozi wa police muri Centrafrique ari mu Rwanda
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yakiriye mugenzi we wa Centrafrique, Bienvenu Zokoue, uri mu ruzinduko mu Rwanda. Bombi bagiranye ibiganiro byabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru. Biteganyijwe ko basinyana amasezerano y’imikoranire hagati y’inzego zombi. Bienvenu Zokoue agiriye uruzinduko mu Rwanda nyuma y’iminsi mike mugenzi we uyobora Gendarmerie, Landry Ulrich Depot nawe arusuye. U Rwanda na Centrafrique bisanzwe bifitanye ubufatanyemu by’umutekano. Ni mu gihe kandi kuva mu 2014, u Rwanda rwatangiye kohereza Abapolisi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kubungabunga amahoro muri Centrafrique. Ubu rufiteyo Abapolisi…
SOMA INKURUPerezida Kagame i Doha muri Qatar
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare 2022, Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi i Doha muri Qatar,amakuru y’uru ruzinduko akaba yatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Qatar. Umukuru w’Igihugu yagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, byagarutse ku mubano w’ibihugu byombi. Qatar yashoye imari mu mishinga y’iyubakwa ry’Ikibuga cy’Indege cya Bugesera aho yaguze imigabane yacyo ingana na 60% naho Guverinoma y’u Rwanda ikagira 40%. Biteganyijwe ko iki Kibuga cy’Indege gishya kizaba gifite ubushobozi bwo kwakira abagenzi bagera kuri miliyoni zirindwi ku mwaka mu cyiciro cya…
SOMA INKURUAbakoresha umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira basabwe guhindura inzira
Polisi y’Igihugu yasabye abakoresha umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira guhindura inzira, bagakoresha Kigali-Musanze-Rubavu kuko uwo bakoreshaga wangijwe n’inkangu yaturutse ku mvura nyinshi imaze iminsi igwa. Uyu muhanda Polisi yaburiye abawukoreshaga bifashishije ibinyabiziga, wangirikiye mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Gatumba mu Kagari ka Cyome mu Mudugudu wa Birambo. Aho hantu amazi y’imvura n’ibyondo bituruka mu misozi byiroshye mu muhanda birawufunga. Mu itangazo ryanyijijwe ku rukuta rwa Twitter ya Polisi y’u Rwanda muri iki gitondo, ryaburiraga abasanzwe bakoresha uyu muhanda kwifashisha uwa Kigali-Musanze-Rubavu. Rigira riti” Turifuza kumenyesha rubanda ko bitewe n’imvura ikabije, inkangu…
SOMA INKURU