Rwanda: Nyuma yo gutabwa muri yombi amakuru y’ubwicanyi bwe ku gitsina gore akomeje kujya hanze

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahishuye amakuru mashya ku buryo Kazungu Denis yemereye ubugenzacyaha ko yishemo abakobwa batandukanye akabashyingura mu gikoni cy’inzu yakodeshaga mu mudugudu wa Gashiriki, akagari ka Busanza, umurenge wa Kanombe mu karere ka Kicukiro. RIB yashyize ahagaragara amakuru y’ibanze ku wa Kabiri, ariko kuri uyu wa Gatatu yahishuriye itangazamakuru ko Kazungu yatangiye gukurikiranwa mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nyakanga uyu mwaka, aho yanafashwe akongera kurekurwa kubera ko nta bimenyetso bifatika byabonekaga. Icyo gihe yafashwe bwa mbere akekwaho gukora ubujura, gufata ku ngufu, no gushyira igitutu ku bantu ariko arekurwa…

SOMA INKURU

Ihohoterwa rikorerwa abana mu bashakanye bafitanye amakimbirane rikomeje gufata indi ntera

Umuhanzi w’Imideli Claude Niyonsaba uzwi ku kabyiniriro ka Young C Designer yatunguwe no gushyirwa umwana, afitanye n’umwe mu bo babyaranye, ku iduka rye ricuruza imyenda igezweho ikunze kwambarwa n’ibyamamare. Uyu musore yazaniwe umwana ku iduka rye riherereye mu Biryogo mu karere ka Nyarugenge. Uyu mugore yageze aho Young C akorera yanga gusohokamo avuga ko yamutaye akaba atajya amuha n’indezo y’umwana babyaranye. Ni ibintu byabaye ahagana saa Kumi n’Igice zo ku wa Kane, tariki ya 24 Kanama 2023. Amakuru avuga ko uretse kuzana umwana Young C yanarwanye n’uyu mugore babyaranye. Itangazamakuru…

SOMA INKURU

Ubwoko bw’ihohoterwa rikorerwa abana n’ingaruka z’igihe kirekire ku barikorerwa

Ihohoterwa rikorerwa abana ni kimwe mu bikomeye bihungabanya uburenganzira bwabo. Ihohoterwa rishingiye ku gitsina, Ihohoterwa ribabaza umubiri n’ihohoterwa ribabaza umutima bifite ingaruka mbi cyane ku buzima n’ibyishimo kandi bituma umwana adatanga umusanzu we wose mu kubaka umuryango mugari. Mu Rwanda, abarenga kimwe cya kabiri cy’abakobwa bose ndetse n’abahungu batandatu mu bahungu icumi bahura n’ihohoterwa rinyuranye mu bwana bwabo. Abana akenshi bahohoterwa n’abantu basanzwe bazi , ababyeyi, abaturanyi, abarimu, abo bakundana ndetse n’inshuti zabo. Mu bakobwa bahura n’ihohoterwa mu Rwanda, hafi 60 ku ijana ni bo babasha kugira uwo babibwira ndetse…

SOMA INKURU

Nyuma yo gukekwaho kwica uwo yarabereye Mukase, urubanza rwe rukomeje kuba urujijo

Umwaka n’amezi ane birihiritse urubanza urubanza rwa Mukanzabarushimana Marie Chantal ukurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa Rutiyomba Akeza Elsie yari abereye Mukase rusubikwa rutaburanishwa mu mizi kuko igihe cyose hagiye habaho impamvu zitandukanye zituma rusubikwa. Urupfu rwa Akeza w’imyaka itanu wamenyekanye ubwo yasubiragamo indirimbo “My Vow” ya Meddy, rwamenyekanye ku wa 14 Mutarama 2022. Yasanzwe mu kidomoro cy’amazi. Ubushinjacyaha bwagaragaje ibimenyetso bituma bukeka ko Mukanzabarushimana wari mukase ari we wamwishe, ari naho bwahereye busaba ko aburanishwa afunzwe ngo atazatoroka ubutabera, ariko Mukanzabarushimana yaburanye ahakana ko atigeze yica Akeza ndetse ko atazi…

SOMA INKURU

Minisitiri ukiri muto wakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Umuhanga mu bukungu Bogolo Joy Kenewendo yavuzwe cyane mu myaka itanu ishize ubwo ku myaka 30 yagirwaga minisitiri w’ubucuruzi n’inganda wa Botswana, umwe mu bato, niba atari we wari muto cyane, mu bari muri guverinoma ku isi icyo gihe. Ubu ni umujyanama udasanzwe wa ONU mu bijyanye n’ihindagurika ry’ikirere kuri Africa. Gusa mu kiganiro cya podcast cya BBC Focus on Africa yaganiriye ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ivangura yahuye naryo nk’umugore uri muri politike yo hejuru. Avuga ku buryo yagizwe minisitiri, yavuze ko yari afite ikiganiro kuri radio ku bijyanye…

SOMA INKURU

Inkomoko y’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icyakorwa mu kurica

Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango itanga umuti urambye wo guca burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ugomba guturuka ku burere ababyeyi baha abana b’abakobwa n’abahungu bakivuka. Hifashishijwe inyandiko ya MIGEPROF ikomeza igaragaza ko ababyeyi bafite imyumvire yo kurera abana babatandukanya, aho buri gitsina kigira ibikiranga ari nabyo bitera ihohoterwa igihe bamaze gukura, bigasaba kubibakuramo byararengeje igihe. MIGEPFOF, itangaza ko imyumvire mibi mu miryango ari intandaro ikomeye ituma abana b’abahungu bakurana imyitwarire igamije guhohotera igitsina gore, naho abakobwa bagakurana imyitwarire yo kumva ko basuzuguritse. Hifashishijwe urugero rw’ubuzima bwa buri munsi, hagaragazwa ko nk’ababyeyi…

SOMA INKURU

Study: Women face gender bias in sectors they dominate

A study conducted by three female gender experts on women leaders from four female-dominated industries found that women in those industries still experience gender bias, Daily Nation reports. While women experience overt discrimination in male-dominated industries like science, technology, engineering and mathematics, the findings of research conducted by the three doctors – Amy Diehl, Leanne Dzumbinski and Amber Stephenson, who specialise in gender studies – show that gender bias is still prevalent in gender-balanced and female-dominated industries. The study, A Cross-Industry Comparison of How Women Leaders Experience Gender Bias, interviewed…

SOMA INKURU

Musanze: Uburaya, kwandura SIDA no guterwa inda ari abana, ubuzima busharira bamwe mu bangavu babayemo!

Mu mujyi w’akarere ka Musanze haboneka abangavu bagaragara mu mihanda inyuranye mu masaha y’ijoro, aho udahetse umwana aba atwite cyangwa atwite anahetse, batangaza ko intandaro ya byose ari kuvutswa uburenganzira bwabo, byabashoye mu buraya bahuriyemo n’akaga gakomeye. Mahoro Jeanne (Amazina twahimbiye umwana-mubyeyi) ni umwana w’imyaka 17, akaba atuye mu karere ka Musanze. Ahetse umwana mu mugongo w’umwaka umwe n’amezi atatu, mu muhanda wa Musanze mu mujyi rwagati hafi y’isoko ry’ibiribwa, agace karimo utubari twinshi n’amacumbi. Mu buhamya atanga, avuga ko nyuma yo kuvanwa mu ishuri ageze mu mwaka wa gatandatu…

SOMA INKURU

Sex crimes: What will it take to end the vice?

To curb sexual violence, the Rwandan government and justice system introduced a new development of publicly publishing the names of all individuals convicted of rape or defilement. This was not only intended to strengthen but also to supplement the current policies and measures in place. However, despite various measures put in place to combat such crimes, there has been an increase in the number of people committing sexual offenses, according to the sex offender registry published by the National Public Prosecution Authority (NPPA). The first registry was released in October…

SOMA INKURU

Huye: Mwarimu muri Kaminuza afunzwe akekwaho ubushoreke no guhoza ku nkeke uwo bashakanye

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatagaje ko rwafunze umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, akekwaho guhoza ku nkeke uwo bashyingiranwe no gukoresha umutungo w’urugo mu buryo bw’uburiganya byiyongera ku bushoreke. RIB ivuga ko uyu mwarimu yafunzwe kuwa 6 Gicurasi 2023. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yemereye IGIHE ko uyu mugabo afunzwe. Yakomeje ati “Arakekwaho guhoza ku nkeke uwo bashyingiranwe no gukoresha umutungo w’urugo mu buryo bw’uburiganya ndetse n’ubushoreke.” Bivugwa ko muri Mutarama uyu mwaka uyu mugabo yigeze nanone gufungirwa ibi byaha birimo ko yakubitaga umugore we ndetse no…

SOMA INKURU