Ibya Sugira na APR biri gutera urujijo benshi

Sugira Ernest yahagaritswe n’ikipe ye ya APR mu gihe kitazwi kuri uyu wa mbere tariki 21 Ukwakira 2019, nyuma yo gutangaza ko yibona cyane mu ikipe y’igihugu kurusha mu ikipe ye ya APR, kuko bamusaba bamusaba gukina agaruka inyuma gato mu kibuga hagati bigatuma atabona uburyo bwinshi bwo gutsinda. Mu kiganiro yahaye itangazamakuru nyuma y’umukino APR yari yahuriyemo na Marines,umutoza Adil Mohammed Erradi, yavuze ko impamvu atitabaza Sugira riko kugeza ubu afite Usengimana Danny n’abandi bakinnyi bagaragaje ko bakwiye gukina. Ati“ Ngiye kubabwira ukuri yego, ukuri kurigaragaza. Icya mbere mbona ari…

SOMA INKURU

Ubwumvikane buke buvugwa muri Rayon Sports bwihishe inyuma y’iyegura rya Visi Perezida wayo?

Nk’uko umuyobozi wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate yabitangaje, bakiriye ndetse banemeza ukwegura kwa Visi perezida wayo wa mbere Twagirayezu Thadee nyuma y’ibaruwa yandikiye komite abisaba, akaba yatangaje  ko yeguye ku mpamvu ze bwite. Uyu mwanzuro ukaba wemerejwe mu nama yahuje Perezida wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate, Muhire Jean Paul, umunyamabanga wa Rayon Sports, Itangishaka King Bernard, CEO wa Rayon Sports, Zitoni Pierre Claver, umunyamategeko wa Rayon Sports, Cyiza Richard, umubitsi wa Rayon Sports, Jean Paul Nkurunziza, umuvugizi wa Rayon Sports na Aimable Sibomana, umujyanama wa Komite wa Rayon Sports. Yagize…

SOMA INKURU

Ikipe ya Mukura VS yahagaritse umutoza wayo mukuru

Ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs, yemeje ko yamaze guhagarika by’agateganyo Umunya-Cameroon Olivier Ovambe Mathurin usanzwe ari umutoza wayo mukuru, kubera imyitwarire idahwitse yagaragaje ku mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwamda. Ni umukino iyi kipe y’i Huye yari yasuyemo Sunrise i Nyagatare, maze amakipe yombi agwa miswi 0-0. Muri uyu mukino umutoza Olivier Ovambe yeretswe ikarita itukura, nyuma yo kwinjira mu kibuga nta burenganzira yabiherewe. Mu kiganiro n’itangazamakuru nyuma y’umukino, umutoza Olivier yagaragaje ko yarenganyijwe, ngo kuko icyatumye yinjira mu kibuga ari uko yari agiye gutabara umukinnyi…

SOMA INKURU

Ibihangage mu mukino w’iteramakofe ku isi bategerejwe i Kigali

Amakuru aremeza ko Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere “RDB” ariyo yasabye ibyamamare Floyd Joy Mayweather na Emmanuel Dapidran Pacquiao kuzaza guteranira ibipfunsi i Kigali mu mukino uzaba mu Ukuboza, gusa bo ntacyo barasubiza. Muri Gicurasi 2015 nibwo aba bagabo baheruka guhura mu mukino wabaye uw’amateka mu iteramakofi, wabereye ahitwa MGM Grand Garden Arena mu Mujyi wa Las Vegas. Icyo gihe Mayweather niwe wegukanye instinzi maze yegukana miliyoni 150 z’amadolari ya Amerika naho Pacquiao watsinzwe ahabwa miliyoni 100. Nyuma y’imyaka ine aba bagabo bifuje kwongera guhangana gusa ntibaremeza neza iby’uyu murwano ushobora no…

SOMA INKURU

APR FC ikozwe mu ijisho na AS Kigali

Umukino wahuje APR FC na AS Kigali wamaze iminota 106, waranzwe n’imvune n’ imvune zikomeye, urangiye amakipe yombi aganyije, aho APR FC yishyuwe igitego yari yaryamyeho mu minota 3 ya nyuma y’umukino. Umukino waranzwe n’ishyaka ryinshi aho amakipe yombi yakomeje gucungana iminota 45 irashira  nta nimwe irebye mu izamu, umusifuzi yongeraho indi 10 nayo irangira ari 0-0. APR FC yakomeje kuyobora umukino kugeza ku munota wa 72 ubwo yafunguraga amazamu ku gitego cyatsinzwe na Danny Usengimana ku mupira mwiza yahawe na Mugunga Yves winjiye mu kibuga asimbuye Sugira. Nyuma y’iki…

SOMA INKURU

Bakame yahishuye ibanga yakoresheje bagatwara igikombe Rayon Sports

Ku wa kabiri w’iki cyumweru ni bwo ikipe ya AS Kigali yegukanye igikombe cya Super Cup, nyuma yo gutsinda Rayon Sports kuri penaliti 3-1. Ni nyuma y’uko iminota isanzwe y’umukino yari yarangiye amakipe yombi anganya ibitego 2-2, Umuzamu Ndayishimiye Eric Bakame yahishuye ko umwungiriza we Hategekimana Bonheur ari we wamufashije kwitwara neza akuramo penaliti z’abakinnyi ba Rayon Sports. Muri uyu mukino Rayon Sports yahushije penaliti eshatu, zirimo ebyiri zakuwemo n’umuzamu Ndayishimiye Eric Bakame wahoze ari Kapiteni wayo. Mu kiganiro uyu muzamu yagiranye n’ikinyamakuru Isimbi, yahamije ko umwungiriza we Hategekimana Bonheur…

SOMA INKURU

Perezida wa Rayon Sports yishongoye ku bategereje ko yeguzwa

Perezida wa Rayon Sports Munyakazi Sadate waraye asinyanye amasezerano y’ubufatanye na La Parisse Hotel azafasha abakinnyi ba Rayon Sports kuzajya bayikoreramo umwiherero ndetse n’imyitozo ngororamubiri, akaba yaboneyeho umwanya wo gutangaza ko nta kintu kimuteye ubwoba ku buyobozi bwe kuko ngo nta gishobora gutsinda ukuri. Ati “Nta na rimwe ikinyoma kijya gitsinda ukuri. Burya iyo uri mu kuri nta kintu kigutera ubwoba.Uzaterwe ubwoba nuko utari mu kuri. Ntari mu kuri naza mu banyamakuru nkababeshya, nkabaha ruswa nkababwira nti muvuge ibi, mwandike ibi kuko turabizi ko bijya bibaho, ariko ibyo tuvuga ni…

SOMA INKURU

Amakipe atarabona impushya azemerera gukina shampiyona

Mu myanzuro yashyizwe ahagaragara n’’akanama gashinzwe gutanga impushya (licences) zo kwitabira amarushanwa ya FERWAFA (FERWAFA Club Licencing First Instance Body) y’umwaka w’amarushanwa wa 2019-2020, amakipe yahawe impushya z’agateganyo ni Marines FC,Kiyovu Sports na Police FC mu gihe izindi 14 zisigaye zigifite byinshi byo gukora. Menshi mu makipe ntarabasha kugeza ibyo yasabwe mu bunyamabanga bwa Ferwafa ariyo mpamvu atigeze ahabwa izi mpushya zo gukina. Aka kanama kandi kemeje ko ibibuga bya Gicumbi FC, Espoir FC na Musanze FC bitemewe hiyongereyeho icya Sunrise FC cya kera ariko hakaba hari kubakwa ikindi mu…

SOMA INKURU

Impinduka ku rugendo rw’Amavubi ntacyo zihungabanya ku mikinire yayo?

Mu gihe byari biteganyijwe ko ikipe y’igihugu Amavubi igera muri Seychelles kuri uyu wa Kabiri, urugendo rwayo rwajemo impinduka kuko iza kumara amasaha agera kuri 16 mu Mujyi wa Nairobi muri Kenya, aho biteganyijwe ko ihaguruka i Nairobi saa 22:00, yerekeza mu Mujyi wa Victoria muri Seychelles, ihagere mu rukererera rwo kuri uyu wa Gatatu saa 03:15. Amavubi yahagurutse i Kigali n’indege ya RwandAir yajyanye n’abakinnyi 19, abatoza n’abayobozi bayaherekeje saa 01:00, yabanje guca i Entebbe muri Uganda mbere y’uko akomeza i Nairobi, aho yageze mu gitondo cyo kuri uyu…

SOMA INKURU

Sadio Mane yasimbujwe yasazwe n’agahinda kavanze n’umujinya

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 31 Kanama 2019,Sadio Mane yagaragaye arakaye cyane ku ntebe y’abasimbura nyuma y’aho yari amaze gusimbuzwa afite umujinya w’umuranduzi w’uko uyu munya Misiri yanze kumuhereza umupira, ku mukino wabahuje na Bunley bakayitsinda ibitego 3-0 Umutoz Jurgen Klopp yavuze ko Mane yababajwe n’uko atahawe umupira na Salaha ahubwo akawupfusha ubusa ariyo mpamvu yasimbujwe habura iminota 6 agasohoka ababaye ndetse bagenzi be barimo Milner baramuhumuriza. Yagize ati “Byatewe nuko yimwe umupira, nibyo.Buri kimwe cyose kimeze neza.Hari ibyabaye mu mukino atishimiye.Sadio agira amarangamutima cyane,hari ikindi cyamubabaje…

SOMA INKURU