Kuri uyu wa Gatatu, tariki 16 Werurwe 2022, abakobwa 19 bagiye gutoranywamo Nyampinga w’u Rwanda 2022 bakoze ikizamini kijyanye n’ubumenyi bafite ku muco. Ikizamini cy’umuco kigira uruhare mu bituma haboneka umukobwa wegukana ikamba rya Miss Heritage n’ubwo atari cyo cyonyine kibigena kuko hari n’akarusho k’imbyino abakobwa bashobora kugaragarizamo umuco no mu bindi bikorwa bagenda bakora bifite aho bihuriye n’umuco. Umukobwa ubaye Miss Heritage ahembwa na Bralirwa binyuze mu kinyobwa cya Primus, ahabwa miliyoni 5 Frw. Muri iki kizamini cya Culture Challenge kiri mu bitanga Miss Heritage muri Miss Rwanda abahatanira…
SOMA INKURUMonth: March 2022
Udukingirizo, inzitiramubu n’imiti y’igituntu by’asaga miliyoni 100 byararigishijwe
Udukingirizo tubarirwa mu bihumbi, inzitiramibu n’imiti y’igituntu bifite agaciro k’ibihumbi 100$ (arenga miliyoni 100 Frw) byari bibitse mu bubiko bw’ikigo gishinzwe ubucuruzi bw’ibikoresho byo kwa muganga muri Kenya byaburiwe irengero. Iyi miti n’udukingirizo bishobora kuba byaribwe bikagurishwa ku bacuruzi b’imiti n’ibikoresho byo kwa muganga bo muri iki gihugu. Si ubwa mbere hari imiti iburirwa irengero muri Kenya kuko n’umwaka ushize hari ibikoresho byo kwirinda COVID-19 byaburiwe irengero kandi byari biri mu bubiko. Kugeza ubu ntacyo Guverinoma ya Kenya iravuga kuri iki kibazo nubwo UN Global Fund yo yamaze gusaba ko…
SOMA INKURUKu myaka 98 yatangiye amashuri abanza afite indoto ashaka kugeraho
Priscilla Sitienei w’imyaka 98 ubu ni umwe mu banyeshuri b’ishuri ribanza, Leader’s Vision, ryo muri Erdoret, umwe mu Mijyi yo muri Kenya. Umwe mubarimu be yemeza ko kuba yigana n’abana barenze kuba abuzukuruza be bitamubuza umuhate n’umurava afite byo kwiga. Leonida Tallam ati “Amasomo akunda cyane mu ishuri ni science, iyobokamana n’imibare. Iyo akurikiranye amasomo, aba yitonze cyane, arakurikira cyane, arakurikira cyane cyane kandi afite umukono mwiza.” Mu nkuru dukesha Euronews ikomeza ivuga ko muri Kenya amashuri abanza yakomoreye abasheshe akanguhe kugirango nabo bumve umunyenga wo kujya mu ishuri nka…
SOMA INKURUUbushakashatsi burakomeje ku binyabuzima bitazwi muri Pariki ya Nyungwe
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe bwatangaje ko hakomeje ubushakashatsi ku binyabuzima bitazwi bishobora kuba biba muri iyi Parike, kugira ngo bimenyekane kandi byitabweho. Ni nyuma y’uko itsinda ry’inzobere mu by’ubushakashatsi ku nyamaswa, ribonye ubwoko bw’uducurama muri iri shyamba bwaherukaga kubonwa mu myaka 40 ishize. Mu ntangiriro z’uku kwezi nibwo itsinda ry’abashakashatsi ku nyamaswa zishobora kuzimira baturutse mu bihugu bitandukanye batangaje ko bashoboye kubona ubwoko bw’agacurama bwa Rhinolophus Hillis cyangwa hillis horseshoe bat mu ishyamba rya Nyungwe. Aba bashakashatsi kandi bagaragaza ko umubare w”ubu bwoko bw’agacurama ari muto, bityo bugomba…
SOMA INKURUU Burusiya bwafatiye ibihano binyuranye ibihangage binyuranye byo ku isi
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, ni umwe mu bayobozi bafatiwe ibihano n’u Burusiya aho batemerewe gukandagiza ikirenge cyabo i Moscow. Urwo rutonde rw’abafatiwe ibihano rurimo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken; ushinzwe ibikorwa bya gisirikare, Lloyd Austin; ushinzwe itangazamakuru, Jen Psaki n’abandi. Hariho kandi abahoze mu buyobozi bukuru bwa Amerika nka Hillary Clinton wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga ndetse n’umuhungu wa Biden witwa Hunter. Imitungo yabo iri mu Burusiya yamaze gufatirwa ndetse ntibemerewe no kwinjira muri icyo gihugu. Gusa ku rundi…
SOMA INKURUUkraine irishyuza u Burusiya asaga miliyari 500 z’amadorali
Minisitiri w’Intebe wa Ukraine, Denys Shmyhal, yatangaje ko igihugu cye kimaze guhomba miliyari 500$ z’ibintu byangirikiye mu ntambara u Burusiya bwagishojeho mu minsi 20 ishize. Uyu muyobozi yashimangiye ko Guverinoma ya Putin ariyo izishyura ibyo byose mu gihe urugamba ruzaba rurangiye. Shmyhal ntabwo yigeze asobanura mu buryo burambuye uko gusana ibyo byangiritse bizakorwa cyangwa se niba mu gihe Ukraine izaba itsinze urugamba nabwo ari u Burusiya buzishyura ibyangiritse gusa yakomoje ku mitungo y’Abarusiya yafatiriwe hirya no hino. Yanavuze ko mu gusana ibyangiritse, igihugu cye cyiteguye gusaba inkunga ibihugu by’inshuti. Yabigarutseho…
SOMA INKURURwanda: Amakuru mashya n’icyegeranyo kuri covid-19
Minisiteri y’Ubuzima “MINISANTE” yatangaje ko ejo hashize ku cyumweru tariki 13 Werurwe 2022, mu Rwanda nta muntu wishwe na Covid-19, habonetse abanduye bashya 5 mu bipimo 6,975 byafashwe. ubwanditsi@umuringanews.com
SOMA INKURUHamenyekanye amatariki y’ingenzi ibarura rusange rya 5 ry’abaturage rizakorerwaho
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare cyasohoye amatariki y’ingenzi ibarura rusange rya 5 ry’abaturage n’imiturire rizakorerwaho, aho rizatangira tariki ya 14 kugera kuri 30 Kanama 2022 ndetse n’urutonde rw’ibibazo bizabazwa. Abaturage hirya no hino mu gihugu bavuga ko bifuza ko iri barura rusange ryatangira kumenyekanishwa kugira ngo bazatange amakuru nyayo. Aba baturage barimo n’abakoreweho igeragezwa muri myiteguro y’iri barura rusange, bavuga ko bazi akamaro k’ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire kuko iyo hatanzwe amakuru nyayo hakorwa igenamigambi rihamye. Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare cyasohoye amatariki y’ingenzi n’urutonde rw’ibibazo bizabazwa n’abakarani mu gihe iri barura rizaba ritangiye gukorwa,…
SOMA INKURUUburusiya bwatangiye guhungabanwa n’ibihano bwafatiwe
Minisitiri w’Imari w’Uburusiya Anton Siluanov yemeje ko binyuze mu bihano bwafatiwe n’ibihugu byo mu Burayi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, hafatiriwe hafi kimwe cya kabiri cy’ubwizigame iki gihugu cyari gifite muri zahabu no mu mafaranga y’amahanga bifite agaciro ka miliyari hafi 300$. Yagize ati “Dufite ubwizigame bwose bugera muri miliyari 640$, ariko ubugera kuri miliyari hafi 300$ ubu ntidushobora kubukoresha.” Yari mu kiganiro na Televiziyo Rossiya 1 ku Cyumweru. Yongeyeho ko ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi birimo gushyira igitutu k’u Bushinwa, kugira ngo nabwo bugabanye ubucuruzi burimo gukorana n’u…
SOMA INKURUAbaturage bo ku kirwa cya Gihaya baratabaza
Abatuye ku Kirwa cya Gihaya barifuza kwimurwa bagatuzwa ahegereye ibikorwaremezo bakeneye dore ko aho batuye bigoye ko bihagezwa, gusa babangamiwe n’uko bahabwa ingurane idashyitse ku butaka bwabo. Umushoramari uteganya kuhubaka hoteli, mu myaka yashize yagiyeyo agurira imiryango 26, aho ayimuye ahatera ubusitani. Abatuye kuri iki kirwa bifuza ko Leta yabimura ikabatuza nk’uko ituza indi miryango itishoboye, cyangwa umushoramari akaba ingurane ikwiye bakimukira ahamaze kugezwa ibikorwaremezo. Kugeza ubu ikibazo bafite ni uko umushoramari, ubutaka bwabo abubarira amafaranga make, atatuma batangira ubuzima ahandi igihe baba bavuye kuri iki kirwa. Milindi Emmanuel yavuze…
SOMA INKURU