Ku itariki 25 na 26 Ukwakira 2018 mu cyumba cy’inama cya Kigali Convention Center mu Rwanda hateganyijwe Inama y’Ubuyobozi bw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi “FIFA” izayoborwa n’Umuyobozi wayo Giovanni Infantino , ikaba iya kabiri muri eshatu ziterana buri mwaka, ikaba iziga byinshi birimo no kwemeza imishinga y’amarushanwa abiri mashya ashobora gutangira mu mwaka wa 2021. Mu nama iheruka uyu muyobozi yabwiye abanyamuryango ba FIFA ko hashobora gushyirwaho Igikombe cy’Isi gito gishobora kwitwa ’Final 8’ cyajya cyitabirwa n’amakipe umunani meza kurusha andi ku Isi. Iki gikombe cyajya gikinirwa buri myaka ibiri…
SOMA INKURUYear: 2018
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yabonye umuyobozi mushya
Kuri uyu wa gatatu tariki 24 Ukwakira 2018, nibwo Umunyamabanga Mukuru wa “OIF” Mushikiwabo Louise, yasezeye ku bo bakoranye mu myaka icyenda ishize avuga ko yishimiye ko Minisiteri isigaye ahantu heza, yahererekanyije ububasha na Dr Sezibera Richard wamusimbuye muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga. Mushikiwabo yavuze ko abashinzwe ububanyi n’amahanga bakwiye kwita ku iterambere ry’igihugu, ati “Ndabashimira Minisitiri Dr Sezibera. Si mushya. Ni umuntu mwiza. Muri mu biganza byiza. Ni umukozi. Afite imico myiza. Ngiye nishimiye ko Minisiteri isigaye mu biganza bizima”. Nyuma yo guhererekanya ububasha, aba bombi baramukanyije, Mushikiwabo yongorera umusimbuye…
SOMA INKURUIngimbi z’amavubi zizacakirana n’iza RDC ejo
Ejo kuwa Gatatu tariki 14 Ugushyingo 2018 nibwo ingimbi z’Amavubi y’u Rwanda zizahangana n’Ingwe za RDC mu batarengeje imyaka 23 mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 23, uyu mukino ukazabera mu Mujyi wa Rubavu, aho aya makipe yombi azaba ahatanira umwanya mu makipe umunani azakina igikombe cya Afurika cy’iki cyiciro, kizabera mu Misiri kuva tariki 8 kugeza kuri 22 Ugushyingo 2019. Muri iyi mikino amakipe ane azagera muri ½ azatsindira itike y’imikino Olempiki izabera mu Buyapani. Umuvugizi wa FERWAFA Bonnie Mugabe yatangaje ko byakozwe mu rwego rwo korohereza…
SOMA INKURUYatangaje ko nta bwoba afite bwo guhangana na APR FC hamwe na Rayon Sports
Masudi Djuma wasinyiye AS Kigali amasezerano y’umwaka umwe,yabwiye abanyamakuru ko ikipe 2 z’ibigugu mu Rwanda APR FC na Rayon Sports zisimburana mu gutwara ibikombe bya shampiyona andi makipe azitinya kubw’ ibigwi byazo bigatuma ziyatsinda zikegukana ibikombe ubutitsa, ariko yatangaje ko agiye guhangana nazo muri uyu mwaka kugira ngo arebe ko yazitwara igikombe cya shampiyona, kuko yemeje ko adatinya na gato ariya makipe. Masudi yavuze ko impamvu yasinyiye AS Kigali amasezerano y’umwaka umwe ari uko yifuza kongera kwerekeza hanze nyuma yo gutandukana na Simba SC, kubera kutumvikana n’umutoza mukuru Masudi yakoresheje…
SOMA INKURUImibiri y’abazize genocide yakorewe abatutsi mu Murenge wa Muhoza imaze imyaka 24 itarashyingurwa mu cyubahiro
Ubwo Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi yagezwagaho Raporo y’ibikorwa bya Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside “CNLG”, by’umwaka wa 2017/2018, Abadepite bagarutse ku kibazo cy’ imibiri y’abatutsi bishwe muri Jenoside imaze imyaka 24 itashyingurwa mu cyubahiro iri mu Murenge wa Muhoza. Hakaba habaye kwemeza ko umwaka ushize habayeho gusaba Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, CNLG n’Akarere ka Musanze, gukora ibishoboka byose imibiri iri mu mva zitandukanye muri uyu murenge igashyingurwa mu cyubahiro mu gihe kitarenze amezi atandatu, ariko ntibyigeze bikorwa. CNLG ivuga ko ikibazo gihari ari ba nyiri abantu badashaka ko iyo mibiri…
SOMA INKURUUwayoboraga BRD Kanyankore urukiko rwemeje ko akurikiranwa afunze
Kanyankole Alexis wahoze ari Umuyobozi Mukuru wa Banki Itsura Amajyambere, BRD ukurikiranyweho ibyaha birimo gusaba no kwakira impano cyangwa indonke, icyaha giteganywa mu ngingo ya kane y’itegeko ryo kurwanya ruswa, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwategetse ko afungwa by’agateganyo iminsi 30. Mu mpamvu rwashingiyeho rwanzura ko akomeza gufungwa, harimo kuba yaremeye ko yahawe impano na Gahima Abdou zirimo ibikoresho byo kwifashisha mu kugorora umugongo. Indi mpamvu ni uko yemeje inguzanyo y’ishuri rya Good Harvest and Primary School mu gihe abakozi ba BRD bari bagaragaje ko ritayikwiriye. Ibi kandi binajyana n’inguzanyo yemereye…
SOMA INKURUIhererekanya bubasha muri Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi ryaherekejwe n’ikiniga kidasanzwe
Kuri uyu wa mbere tariki 22 Ukwakira 2018, ubwo De Bonheur Jeanne D’Arc wari Minisitiri w’Ibiza n’Impunzi yahererekanyaga ububasha n’umusimbuye, yagize ikiniga afata umwanya muto wo kubanza gutuza mbere yo gukomeza ijambo rye, yashimiye Perezida Kagame wamugiriye icyizere cyo kuba Minisitiri kuva kuwa 31 Kanama 2017, yanashimiye Minisitiri Kamayirese umusimbuye ko yamubereye umuvandimwe akamugira inama nk’umuntu umaze igihe muri Guverinoma. Kamayirese Germaine yahawe inshingano z’iyi Minisiteri yahinduye inshingano yitwa iy’Ubutabazi, Minisitiri Kamayirese yashimiye uwo asimbuye akazi yakoze n’ibyo yagejeje kuri iyo minisiteri, avuga ko agiye gukomereza aho afatanyije n’abandi bakozi.…
SOMA INKURUAmajyaruguru: Abagabo 156 bafunzwe bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa
Imibare yo mu myaka ibiri ishize iragaragaza ko mu Ntara y’amajyaruguru hari abagabo 156, bamaze gufungwa bazira gutera abana b’abakobwa inda, mu gihe abakobwa bose hamwe batewe inda ari bato bagera ku 2650 . Mu Ntara y’Amajyaruguru, Akarere ka Musanze kaza ku isonga n’abana b’abakobwa 724 batewe inda bari munsi y’imyaka 18, bagashyira ubukene mu majwi nk’intandaro yo gusambanywa ari bato. Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Habyarimana Jean Damascène, yabwiye RBA ko bafite gahunda yo kubaganya ubukene mu rubyiruko n’ubwo ngo bitazakuraho ibihano by’abatera aba bana inda. Yagize ati “Mu bituma…
SOMA INKURUKwitwa indaya byatumye Sheebah amenya uko agomba kwitwara
Ugbliz yanditse ko Sheebah yaje kumenya impamvu atukwa akitwa indaya na benshi bamushinja imyitwarire idakwiye umukobwa. Yavuze ko ibi byose byatumye yitondera uburyo yitwara ku rubyiniro ari nabyo byatumye avugwa cyane, ngo ibi byose yabikuyemo amasomo ahora azirikana. Umuhanzikazi Sheebah Karungi wo mu gihugu cya Uganda yatangaje ko mu myaka amaze mu muziki yakuye isomo rikomeye ku buryo yitwara ku rubyiniro, imyambarire ye n’ibindi byinshi bituma abantu batari bacye bavuga ko ari indaya. Sheebah atangaje ibi mu gihe yitegura igitaramo cye azakora mu Ugushyingo 2018 kuri Hotel Africana. Sheebah yavuze…
SOMA INKURUMasudi Djuma yijeje AS Kigali igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda
Kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Ukwakira 2018 ku gicamunsi nibwo umutoza Masudi Djuma abakunzi b’umupira w’amaguru bita ‘Commando’ yerekanywe ku mugaragaro nk’Umutoza mushya wa AS Kigali. ibi byabaye nyuma y’aho tariki 17 Ukwakira 2018 aribwo AS Kigali yari yamaze kwemeza uyu mutoza Djuma nk’Umutoza Mukuru wayo, nyuma yo gutandukana na Eric Nshimiyimana wayitoje kuva mu mwaka wa 2014. Masudi Djuma nyuma yo kwerekanwa ku mugaragaro yahise yiha inshingano zo kwegukana igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda. Ati “Ntabwo mfite byinshi byo gutangaza kuko sindahura n’abakinnyi banjye ngo dufatire hamwe ingamba…
SOMA INKURU