Muri Nigeria mu mujyi wa Lagos, ibitangazamakuru bigaruka ku myidagaduro n’imbuga nkoranyambaga byiriwe bihanze amaso ubukwe bwa Davido na Chioma Avril Rowland bamaze kubyarana abana batatu mu myaka isaga 10 bamaranye. Muri ubu bukwe bwitabiriwe na benshi Chioma yapfukamye hasi agaburira umugabo we nyuma yo kwemererwa kubana nk’ umugabo n’umugore mu buryo bwemewe n’amategeko, Davido nawe amuha impano y’imodoka nshya. Ni ubukwe bwitabiriwe n’ibyamamare ndetse n’abanyacyubahiro barimo, Oluṣẹgun Ọbasanjo wayoboye Nigeria kuva 1999 kugeza 2007, Sanwo Olu Mayor w’umujyi wa Lagos. Don Jazzy, Mr P , Rudeboy , Patoranking, Chike, Lojay…
SOMA INKURUCategory: Inkuru zikunzwe
CAF yatangaje igihe igikombe cy’Afurika cy’Ibihugu cya 2025 kizakinirwa n’aho kizabera
Mu nama ya Komite Nyobozi y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika ‘CAF’ yateranye ku wa Gatanu tariki 21 Kamena 2024 i Cairo mu Misiri iyobowe na Perezida w’iri mpuzamashyirahamwe, Dr Patrice Motsepe yemeje ko igikombe cy’Afurika cy’Ibihugu cya 2025 kizakinirwa muri Maroc, kizatangira tariki 21 Ukuboza 2025 gisozwe tariki 18 Mutarama 2026. Muri iyi Nama ya Komite Nyobozi ya CAF kandi yemeje ko igikombe cy’Afurika cy’Abagore WAFCON 2024 kizabera muri Maroc kizatangira tariki 5 Nyakanga kugeza tariki 26 Nyakanga 2024. Iri rushanwa mpuzamahanga rya CAN, rizaba rikinwe ku nshuro ya 35,…
SOMA INKURU“Alarming” consumption of alcohol and e-cigarettes among adolescents, says WHO
The consumption of alcohol and electronic cigarettes among 11-15 year old is “alarming”, according to a report from the European branch of the WHO which recommends public health measures to limit access to alcoholic beverages. “The widespread use of harmful substances among children in many countries in the European region – and beyond – poses a serious threat to public health,” warned the regional director of the World Health Organization (WHO ) Hans Kluge, quoted in a press release. In particular, he calls for increasing taxes, limiting points of sale…
SOMA INKURUSobanukirwa n’uwemerewe gutora, utabyemerewe n’uwatorera aho ageze hose mu Rwanda
Umukozi wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) ushinzwe gutangaza amakuru y’urwo rwego, Moïse Bukasa Karani, atangaza ko kugeza ubu urutonde rw’abemerewe gutora Perezida wa Repubulika n’Abadepite mu kwezi kwa Nyakanga uyu mwaka wa 2024 ruriho amazina n’imyirondoro by’Abanyarwanda hafi miliyoni 9 n’ibihumbi 500. Bukasa avuga ko umuntu wese ufite indangamuntu y’u Rwanda kandi wujuje imyaka 18 agomba kugenzura ko ari no kuri lisiti y’itora kuko Komisiyo y’Amatora ikorana n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA), aho abantu bose bujuje imyaka 18 y’amavuko bahita bashyirwa kuri iyo lisiti. Bukasa yagize ati “Abafite imyaka 18…
SOMA INKURUIndwara z’umutima ntawe zitakwibasira, dore bimwe mu bimenyetso bigaragaza uwo zafashe
Indwara z’umutima nubwo hari benshi bakunze gutekereza ko zifata abakuze, nyamara muri iki gihe siko bimeze kuko n’abato zisigaye zibibasira ahanini bitewe n’ihindagurika mu buryo turya ndetse nuko tubaho. Nk’uko tubikesha urubuga rwa sante.fr hatangazwa ko kurya ibiryo byuzuyemo amavuta mabi kandi byahinduwe cyane, kudakora imyitozo ngorora mubiri, gukora igihe kirekire utaruhuka ndetse na stress nyinshi ni bimwe mu byongera ibyago byo kwibasirwa n’indwara z’umutima mu bakiri bato. Mu gihe wifuza kuramba no kubaho neza, umutima wawe ugomba kuwurinda hakiri kare bimwe mu bishobora kuwangiza. Buri rugingo rw’umubiri mbere yo…
SOMA INKURUIbyo wamenya kuri parike y’Akagera
Akagera ni imwe muri Parike nkuru z’igihugu cy’u Rwanda, ikaba iri ku buso bwa kilometero kare 1222, ikaba ikora ku turere twa Kayonza, Nyagatare na Gatsibo, mu ntara y’Iburasirazuba. Inyamaswa ziba muri parike y’Akagera ziba ahantu bitewe n’impamvu eshatu harimo aho inyamaswa ibonera umutekano, aho ikura ibyo kurya n’aho yabonera ubuhehere ndetse n’amazi. Abasura parike y’Akagera bavuga ko banezezwa n’ubwoko bw’inyamaswa buyibarizwamo by’umwihariko inyamaswa eshanu nini z’inkazi harimo Inkura, Intare, Imbogo, Inzovu n’Ingwe. Uretse buriya bwoko butanu bw’inyamaswa z’inkazi muri parike y’Akagera hagaragaramo amoko y’inyoni agera kuri 490, ibiti by’iminyinya ndetse…
SOMA INKURURIB yaburiye abahanzi bo mu Rwanda
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa 6 Kamena 2024 mu gikorwa cyo gusubiza telefone abantu bazibwe ndetse hanerekanwa abasore batanu bashinjwa kuziba,Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yaburiye abahanzi bakora ibihangano byuzuyemo ibitutsi. Ati “Hari abahanga ibishegu, bogeza ibikorwa by’ubwomanzi n’ubusambanyi, ubu haje n’abatuka abantu bagatuka ababyeyi. Turagira inama abahanzi yo guhanga ibihangano bitabahanganisha n’amategeko kuko guhanga igihangano kiguhanganisha n’amategeko ari inzira yo kuzima, ibihangano nk’ibi bituma utamara igihe, ni byiza guhanga igihangano gituma abantu bahora bakumva bakajya bahora bakwibuka.” Ibi Dr. Murangira yabigarutseho mu gihe muri…
SOMA INKURUBurera-Cyanika: Ababyeyi bavutsa abana amahirwe yo gukingirwa begerejwe serivise
Icyumweru cyahariwe ubuzima bw’umwana n’umubyeyi cyatangirijwe mu murenge wa Nemba, cyakomereje mu mirenge inyuranye harimo n’uwa Cyanika, mu karere ka Burera, aho kuri iyi nshuro habayeho igikorwa cyo gukemura ikibazo cy’abana bacikanywe na gahunda yo gukingirwa kubera impamvu zinyuranye z’ababyeyi. Mu gihe kingana n’icyumweru Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima cyashyizeho cyahiriwe ubuzima bw’umwana n’umubyeyi, mu murenge wa Cyanika uvugwamo kugaragaramo ababyeyi batubahiza ahunda yo gukingiza abana, hashyizweho site z’ikingira muri buri kagali ndetse n’iziri ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda. Nyuma yo kwima umwana amahirwe yo gukingirwa, arakebura bagenzi be Umwe…
SOMA INKURUBurera: Nubwo igwingira ku bana ryagabanutse, ubuyobozi butangaza ko intandaro yaryo yahashinze imizi
Burera ni kamwe mu turere 5 twagaragayemo umubare uri hejuru w’abana bahuye n’ikibazo cy’igwingira nyuma y’ubushakashatsi bushingiye ku mibereho myiza y’abaturage “DHC” bwakozwe muri 2020, bwagaragaje ko ingwingira riri ku kigereranyo cya 41,6%, ariko nyuma ya gahunda zinyuranye zo kurirwanya, igwingira rikaba rigeze ku kigereranyo cya 30,4%. Nubwo umubare wagabanutse ubuyobozi butangaza imbogamizi aka karere kihariye mu kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana. Ibi bikaba byatangajwe kuri uyu wa mbere tariki 3 Kamena 2024, ubwo hizihizwaga ku rwego rw’igihugu gahunda ngarukamwaka y’icyumweru cyahariwe ubuzima bw’umubyeyi n’umwana, insanganyamatsiko ikaba igira iti:…
SOMA INKURUUrutonde rw’inyamaswa zanga urunuka abantu n’uko wakwirwanaho uhuye nazo
Hirya no hino ku isi uhasanga inyamaswa bivugwa ko zikaze cyane ndetse akenshi zitabasha kwihanganira kubona umuntu azica mu maso akaba yazicika zitamwivuganye, ariko nubwo bimeze gutyo usanga zimwe muri zo pariki zirimo isurwa n’abatari bake bagamije kwimara amatsiko bareba izo nyamaswa zitinyitse ku isi. 1.Ingona Ingona niyo nyamaswa ya mbere y’inkazi itihanganira kubona umuntu akaba yayicika itamwishe Ingona ni yo nyamaswa iza ku mwanya wa mbere mu zikaze cyane. Iyi nyamaswa iba mu mazi nubwo rimwe na rimwe iza ku nkombe kota izuba ndetse ikaba iboneka no mu Rwanda;…
SOMA INKURU