Umukozi w’uruganda rwenga inzoga yagaragaye ari kunyara mu kigega zarimo

Abategetsi mu Bushinwa barimo gukora iperereza nyuma ya video yahererekanyijwe cyane ku mbuga nkoranyambaga igaragaza umukozi w’umugabo wo mu ruganda rwenga inzoga rwa Tsingtao arimo aranyara mu kigega zengerwamo, bikekwa ko cyari cyuzuye mbere y’uko zishyirwa mu macupa. Iyo video yarebwe n’abantu ama miliyoni ku mbuga nkoranyambaga Bivugwa ko uru ruganda rwahise rubimenyeshwa polisi hakimara kugaragara iyo video ndetse iki kigega gihita kimena izo nzoga zose. Tsingtao ni imwe mu makompanyi akora inzoga nyishi mu Bushinwa ikaba n’iyambere y’icyo gihugu mu kuzijyana hanze. Inzego z’umutekano ziri gushakisha uwo mugabo wakoraga…

SOMA INKURU

Amafoto yagaragaje isura nshya y’imyitozo y’ingabo za FARDC

Abazungu bivugwa ko ari Ababiligi n’ubwo nta kibyerekana, bagaragaye mu mashusho yashyizwe kuri X n’umwe mu banyamakuru bo muri DRC bari gutoza ingabo z’iki gihugu. Aya mashusho atangajwe nyuma y’uko Leta y’u Rwanda isabye amahanga guhagurukira ikibazo cy’abacanshuro DRC yahaye akazi ngo baze bakorane n’abarwanyi bihurije mucyo bise Wazalendo, iri rikaba ari ihuriro rikorana bya hafi n’ingabo za DRC. Abo bazungu bari gutoreza ingabo za DRC ahitwa Lwama, abo basirikare bari gutozwa bakaba ari abo mu batayo ya 31. U Rwanda ruvuga ko abacanshuro b’Abazungu bagera 2000 bamaze igihe runaka…

SOMA INKURU

Bishimira inyungu bakesha kubungabunga Parike y’Ibirunga

U Rwanda rwashyizeho politiki n’ingamba zigamije kubungabunga no kurwanya igabanuka ry’urusobe rw’ibinyabuzima aho mu ntego z’icyerekezo 2050, biteganyijwe ko u Rwanda ruzaba mu bihugu bifite iterambere ritabangamiye ibidukikije kandi ryihanganira imihindagurikire y’ibihe.  Ni muri urwo rwego abatuye mu mirenge ya Nyange na Kinigi, mu karere ka Musanze bibumbiye mu mashyirahamwe anyuranye, muri bo harimo n’abahoze ari ba rushimusi, kuri ubu bakaba barata inyungu zo gusigasira ibigize Parike y’Ibirunga. Abaturage baturiye Pariki y’Ibirunga bavuga ko kuva aho barekeye kwangiza ibiyigize, bakamenya ibyiza byo kuyibungabunga, kuri ubu bahurijwe hamwe mu mashyirahamwe akora…

SOMA INKURU

Agahinda gakomeye batewe n’abo bashakanye, ntibifuza ko ibyababayeho byagera ku bandi

Ni mu kagali ka Kiyanja, mu murenge wa Nyamirama, mu karere ka Kayonza, ahagaragaye abagore banyuranye batangaza ko bandujwe virusi itera SIDA n’abagabo babo ku bushake, bakaba bemeza ko iki ari ikibazo basangiye na benshi nubwo hari abahisemo kuryumaho bikaba agahinda ka twibanire. Uwo twahaye izina rya Mbabazi kubera impamvu z’umutekano we, ufite imyaka 28, yatangaje ko umugabo we bamaze kubyarana kabiri, ariko bashakanye bose nta numwe ufite virusi itera SIDA, ariko ku nda ya mbere bagiye kwa muganga basanga umugabo yaranduye virusi itera SIDA ariko umugore atarandura, ngo bakomeje…

SOMA INKURU

Impamvu muzi y’itandukana ry’umutoza Yamen Zelfani na Rayon Sports

Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru,tariki ya 8 Ukwakira 2023, nibwo ikipe ya Rayon Sports  izwi ku izina rya Gikundiro yatangaje ko yamaze gutandukana n’umutoza wayo Yamen Zelfani  ku bwumvikane bw’impande zombi. Uyu munya Tunisia,Yamen Zelfani watozaga Rayon Sports yavuye muri iyi kipa nyuma yo kumenyekana ko yatangaje  ko atakomezanya n’iyi kipe mu gihe abafana bayo bari kumutuka. Mu gusaba ubuyobozi bwa Rayon Sports kugenda, umutoza Zelfani yagize ati: “Niba bigeze aho abafana bantuka birengagije akazi keza narimo gukora muri Rayon Sports,byaba byiza dutandukanye neza nkigendera amahoro”. Ubuyobozi bwa Rayon…

SOMA INKURU

Imirwano ikaze irakomeje hagati ya FARDC na M23

Kuva mu rukerera rwo kuri iki cyumweru ibirindiro by’umutwe wa M23 biri muri Teritwari ya Rutschuru,Gurupoma ya Binja ni mu gace k’umuhanda wa Mabenga ugana muri Pariki ya Rwindi ,habaye gukozanyaho hagati ya M23 na FARDC aho yari ifatanyije n’imitwe ya Wazalendo,FDLR na RUD URUNANA. Ni mugihe kandi indi mirwano yaberaga mu gace ka Kinyandonyi na Ngwenda ni mu ntera ya 6Km ugana mu mujyi wa Kiwanja ,aho ingabo za Leta zarashishaga utudege tugagira abadereva tuzwi nka Drones,muri iyi mirwano kandi harimo imitwe y’inyeshyamba z’abanyarwanda za RUD,FPP na PDM iyi…

SOMA INKURU

Nyagatare: Kwihagararaho bya kigabo bibatera guhishira ihohoterwa bakorerwa

Bamwe mu bagabo bo mu karere ka Nyagatare bavuga ko batinya kuvuga ihohoterwa, bakorerwa kubera gutinya gusuzugurwa n’abaturanyi ariko nanone banishingikiriza ko umugabo ari umutware n’umunyembaraga, ku buryo ataneshwa n’umugore. Ndayambaje Froduard, umuturage w’umurenge wa Gatunda, avuga ko nubwo ihohoterwa rigaragara cyane ari irikorerwa abagore, ariko ngo n’abagabo barahohoterwa ahubwo bikagirwa ibanga. Impamvu bigirwa ibanga ngo ni uko kenshi abagabo biyumva ko ari abatware b’ingo, kandi ari abanyembaraga bityo kuvuga ko bahohotewe, n’abagore byaba ari igisebo n’igisuzuguriro kuri bo. Ati “Kwa kundi abagabo twihagararaho ningenda nkavuga ko umugore ampohotera ndasuzugurika…

SOMA INKURU

Yifashishije ingero, umuyobozi wa RIB ku rwego rw’igihugu yakebuye abitwaza imyemerere bagakora ibyaha

Mu kiganiro Polisi y’Igihugu n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, byagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa gatatu tariki ya 4 Ukwakira 2023, Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Col Ruhunga Jeannot , yifashishije ingero, yakebuye abitwaza imyemerere bagakora ibyaha. Col Ruhunga yakebuye abaturarwanda, abibutsa ko abitwaza imyemerere bagashaka gucuza rubanda utwabo batazihanganirwa, ko hari amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ateganya ko gushyira undi mu kaga, kwangisha abantu gahunda za Leta byose bihanirwa n’amategeko. Uyu muyobozi yatanze urugero rw’umuntu wafashwe yateranyirije iwe abasaga 150 bavuye mu turere 15 cyangwa 20,  ababwira ko ababatiza ngo babe…

SOMA INKURU

Indwara y’igituntu ikomeje kwiyongera kandi ntiyibasira ibihaha gusa -Dr Byiringiro

Impuguke mu buzima zivuga ko indwara y’igituntu itibasira ibihaha gusa nk’uko abenshi babizi ahubwo ishobora kwibasira n’ibindi bice by’umubiri bitandukanye. Dr Byiringiro Rusisiro ukuriye agashami gakurikirana indwara y’igituntu mu ishami ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) avuga ko hakiri ikibazo aho usanga hari abatazi uko igituntu cyandura. Asobanura ko iyi ndwara yandurira mu mwuka ndetse uretse ibihaha ishobora gufata n’indi myanya y’umubiri. Yagize ati: “Indwara y’igituntu yandura mu buryo bworoshye kuko yandurira mu mwuka aho uyirwaye akwirakwiza agakoko kayitera iyo aririmba, aseka, avuga cyangwa yitsamura.” Dr Byiringiro akomeza atangaza ko agakoko…

SOMA INKURU

Rwanda: Inyamaswa zishobora kuzaba amateka nizititabwaho kurushaho

U Rwanda ni kimwe mu bihugu byinjiriza akayabo mu rwego rw’ubukerarugendo bushingiye ku byiza nyaburanga byarwo birimo n’inyamaswa; gusa zimwe muri zo ziragenda zikendera uko bwije n’uko bukeye ku mpamvu zirimo ubuhigi n’ubushimusi, mu gihe hari n’izamaze gushiraho. Abashakashatsi ku binyabuzima n’abarebera hafi iby’inyamaswa zo mu gasozi, bavuga ko kuba zimwe zarashizeho n’izindi zikaba ziri mu marembera bigirwamo uruhare n’ubuhigi bunyuranyije n’amategeko bukomeje kwiyongera, ba rushimusi, ndetse no kuziroga. Zimwe zigenda zigabanyuka mu mibare n’aho zagaragaraga, naho izindi hashize imyaka myinshi zitakiboneka ahantu na hamwe mu Rwanda ku buryo bitekerezwa…

SOMA INKURU